Mu gihe abahinzi ba Kawa bo mu murenge wa Kibilizi bakorana n’uruganda rutunganya kawa rwa KOAKAKA bahangayikishijwe no kuba badahabwa ifumbire nk’uko bisazwe bigenda bikaba bishobora kuzagira ingaruka ku musaruro wabo, ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe buratangaza ko bugiye gukurikirana imiterere y’iki kibazo.
Sergent Nzeyimana Pierre witandukanyije n’umutwe wa FDLR aratangaza ko anenga bagenzi be batsinzwe bakanga kugaruka ngo bubaka igihugu cyabo. Uyu musirikare atangaza ko yagiye muri FDLR kubera amaburakindi naho ngo ubundi ntiyari ayobewe ko batsinzwe.
Abagore batatu bamaze icyumweru baranze kwakirwa nk’impunzi zitahutse mu nkambi y’agateganyo ya Nyagatare iri mu karere ka Rusizi kubera ko bari baratahutse mbere bakongera gusubira muri Congo bakagaruka bavuga biyita impunzi bagamije guhabwa ibyo abatahutse babona.
Inzego z’umutekano zifatanyije n’abaturage babashije kugaruza moto y’umugenzuzi w’imari w’akarere ka Rutsiro yari yibwe mu ijoro rishyira tariki 06/12/2013 ndetse n’uwayibye witwa Munyeshyaka Claude w’imyaka 19 y’amavuko atabwa muri yombi.
Urugaga rw’abikorera bo mu karere ka Huye rufatanyije n’ubuyobozi bw’akarere batangiye umwiherero w’iminsi ibiri mu karere ka Karongi ngo barebe aho bavuye n’aho bageze kuva mu 2009 bityo bakarushaho gukaza umurego.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Plan Rwanda mu karere ka Bugesera bwagaragaje ko abana 55 mu myaka itatu ishize bacishirije amashuri kubera gutwara inda zitateganyijwe, by’umwihariko mu murenge wa Mayange ni 28 mu mashuri ane.
Ndagijimana Vincent arishimira ubworozi bw’inka imwe, kuko imaze kumugeza kuri byinshi harimo kuba yariguriye ikibanza akagera ahantu hari ibikorwa remeza birimo amazi n’amashanyarazi.
Abatuye ndetse n’abagenda mu mujyi wa Huye baratangaza ko amatara rusange ari muri uyu mujyi no mu nkengero zawo ari igisubizo ku bibazo by’ubujura bwakorwaga nijoro bakaba basaba ko yakomeza akagezwa kure kuko agarukira hafi.
Abaturage bo mu murenge wa Rwabicuma mu karere ka Nyanza bafite amasambu atarahingwaga akaba yahawe abandi bantu ngo bayahinge barizezwa ko bazajya bahabwa icyatamurima.
Umugore wo mu gihugu cy’Ubuyapani witwa Tomomi Monmae, w’imyaka 44, akaba ari umushomeri, aherutse gucumbikirwa mu buroko nyuma yo gutabaza polisi inshuro ibihumbi 15, mu gihe cy’amezi atandatu gusa, kandi nta kibazo yagize.
Umuyobozi mukuru ushinzwe ubushakashatsi n’ububiko-shakiro kuri Jenoside, aravuga ko urubyiruko rukwiye kwitabira ibikorwa byo kurwanya Jenoside no kurwanya ingengabitekerezo yayo, nk’Abanyarwanda bazaba bafata ibyemezo mu bihe biri imbere.
Umuyobozi w’akarere ka Nyamasheke, Habyarimana Jean Baptiste, aratangaza ko kubaka Ubunyarwanda nyabwo ari inkingi ikomeye irwanya gutonesha n’ivangura kandi bukaba buvura ibikomere by’Abanyarwanda.
Inzego zitandukanye za Leta na Guverinoma zagiranye ibiganiro n’Abanyarwanda baba mu mahanga (Diaspora) mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” kugira ngo nabo bazayisobanurire abo babana mu bihugu babamo bayumva neza.
Abakuru b’ibihugu 70 bazitabira imihango yo gusezera kuri nyakwigendera Nelson Mandela mu mihango izaba ejo kuwa kabiri tariki ya 10/12/2013 kuri sitadi bita FNB Soccer City mu mujyi wa Johannesbourg.
Umuhanzikazi w’amafilime, Ninon Ruheta ufite imyaka 15 gusa y’amavuko, agiye kumurika filime ye ya mbere yanditse yise “Amahirwe yanjye ni wowe” iki gikorwa kikaba kizaba ku itariki 13.12.2013 ahabera imurikagurisha i Gikondo (Expo Ground).
Mu mikino y’igikombe cya CECAFA irimo kubere muri Kenya igeze muri ½ cy’irangiza aho Kenya yasezereye u Rwanda izahura na Tanzania yasezereye Uganda, naho Zambia yasezereye u Burundi igakina na Sudan yasezereye Ethiopia.
Ikipe ya Arsenal ihagaze ku mwanya wa mbere muri shampiyoa y’Ubwongereza, yatomboye kuzahura na mukeba wayo Tottenham Hotspurs mu mukino w’icyiciro cya gatatu (third round) mu gikombe cy’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza ( FA Cup).
Urubyiruko rw’abangavu n’ingimbi rwo mu karere ka Nyamasheke rurasabwa kurwanya rwivuye inyuma inda zitateganyijwe ndetse n’icyorezo cya SIDA kugira ngo rubashe gukura neza ruharanira ubuzima bwiza bw’ahazaza.
Urubyiruko rwo mu karere ka Nyanza rurasabwa kwipimisha igituntu kandi abamaze kwandura iyo ndwara bakwiriye kwivuza kandi bakirinda kwanduza bagenzi babo kuko indwara y’igituntu ari indwara ikira.
Kuri icyi cyumweru tariki ya 8/12/2013, kuri Stade Amahoro i Remera ikipe ya Police FC yahatsindiye Rayon Sport ibitego 2-1 mu mukino wateguwe n’urwego rw’Umuvunyi mu rwego rwo gusoza icyumweru cyahariwe iwe kurwanya ruswa.
Komite nshya y’abanyeshuri bo mu ishami rya Kaminuza y’u Rwanda, Rwanda Teachers’ College (RTC) ryahoze ari Rukara College of Education ryo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza, yiyemeje guteza imbere ireme ry’uburezi mu bigo by’amashuri abanza n’ay’uburezi bw’ibanze yo mu murenge wa Rukara n’inkengero za wo.
Bahujwe n’umuryango AMI, abacitse ku icumu n’abari barafungiwe icyaha cya Jenoside bo mu Kagari ka Shyembe, Umurenge wa Maraba, Akarere ka Huye, bemeranyijwe kwishyura imitungo yangijwe ku buryo bw’imibyizi yo guhinga kuko ngo bibafitiye akamaro cyane.
Umurundi Hope Irakoze w’imyaka 25 niwe wegukanye irushanwa rya Tuster Project Fame (TPF) ku nshuro yaryo ya gatandatu tariki ya 8.12.2013 ahabwa amafaranga asaga miliyoni 35 z’amafaranga y’u Rwanda.
Inka eshatu zororerwaga hamwe n’izindi mu rwuri rw’uwitwa Sayinzoga Jean mu kagari ka Bumba mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro zakubiswe n’inkuba tariki 07/12/2013 zihita zipfa.
Abagize Ishuri rikuru rya gisirikare mu gihugu cya Kenya (Kenyan National Defense College), barimo gusura inzego za Leta, iza gisirikare, ubukerarugendo n’inganda byo mu Rwanda, mu rwego rwo kwiga uburyo ngo bajya kuvugurura amasomo batanga, nyuma yo kwegeranya ibyo bazabona mu bihugu byose bazageramo.
Ku cyumweru tariki 08/12/2013 saa10h35 isoko rya Gisenyi ryafashwe n’inkongi y’umuriro bitewe n’insinga z’amashanyarazi zahiye hangirika imyenda ariko abaturage batabarira hafi hataragira byinshi byangirika.
Itsinda ry’abagore bagera kuri 30 bo mu karere ka Muhanga bibumbiye mucyo bise “Club Soroptimist” bishatse kuvuga itsinda ry’ibyiza by’umugore, riravuga ko rigiye guhangana n’ikibazo cy’abana b’abakobwa bacikisha amashuri bagatangira guhura n’ingorane cyane cyane izo gutwara inda zitateguwe.
Mu kagari ka Kibirizi umurenge wa Rubengera, inkuba yakubise inzu abantu bareberagamo umupira, abarenga icumi bagwa igihumura hangirika n’ibikoresho bitandukanye.
Abayobozi b’ibihugu 40 byo muri Afurika bitabiriye inama ihuza ibihugu by’Afurika n’igihugu cy’Ubufaransa bayishoje biyemeje gushyira hamwe hagakorwa umutwe w’ingabo zishinzwe gutaba ahabaye ibibazo.
Abanyarwanda 129 biganjemo abagore n’abana batahutse mu Rwanda taliki 6/12/2013 bavuye muri Kivu y’amajyaruguru aho bavuga ko igihe kigeze ngo batahe bave mu buhungiro n’imihangayiko baterwa n’intambara za buri munsi.
Abakinnyi babiri b’u Rwanda Hadi Janvier na Ndayisenga Valens, bashyizwe ku rutonde rw’abakinnyi 24 bitwaye neza muri uyu mwaka, bakazatorwamo uwa mbere muri Afurika mu mwaka wa 2013.
Ikipe y’u Rwanda Amavubi ku nshuro ya kabiri yikurikiranye yasezerewe muri ¼ cy’irangiza cya CECAFA. Kuri ku wa gatandatu tariki ya 7/12/2013 yatsinzwe na Kenya igitego 1-0 mu mukino wabereye Mombasa.
Abakomoka mu muryango wa Rukara rwa Bishingwe batuye mu mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, basaba ko mu gace Rukara rwa Bishingwe akomokamo hakubakwa inzu cyangwa hagashyirwa ikindi kimenyetso kigaragaza amateka y’uyu mugabo.
Mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Rulindo bukomeje gushyira ingufu mu kwimura abaturage batuye mu manegeka babatuza aheza, hari bamwe muri bagenzi babo bavuga ko basanga uburyo iguranwa ry’ibibanza rikorwa bitabanogeye.
Umushinga w’Iterambere Ridaheza (Projet de Développement Local Inclusif) ukorera mu karere ka Nyamasheke urasaba ko abateganya kubaka ibikorwa remezo batekereza uburyo bwo korohereza abafite ubumuga ndetse n’abandi bantu bafite intege nke, bityo babashe gutera imbere icyarimwe n’abandi nta we usigaye.
Sendashonga Gerard wo mu karere ka Karongi ni rwiyemezamirimo ukora ibintu bitandukanye mu ruhu harimo inkweto, imikandara, ibikapu n’amasakoshi. Amaze imyaka irenga 20 ari byo bimutunze n’umuryango we ku buryo ageze ku rwego rwo gukoresha abandi bantu bane.
Turatsinze Gad wo mu mudugudu wa Cyeru mu kagari ka Kayonza mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza yasanze igisazu mu murima yahingaga ku gicamunsi cya tariki 06/12/2013, ku bw’amahirwe nticyamuturikana.
Nshumbusho Francois na Nyirarukundo Agnes bo mu kagari ka Kabura mu murenge wa Kabarondo mu karere ka Kayonza bafungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Kabarondo kava tariki 07/12/2013 bakekwaho gukora no gukoresha inzoga ya Kanyanga.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yavuze ko ibipimo by’imiyoborere mu Rwanda bigaragazwa n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) n’imwe mu miryango mpuzamahanga, ari byo Abanyarwanda bakwiye kwibonamo, kuruta “ibiharabika igihugu” yagereranyije n’uko umuntu yakwambikwa umwenda utamukwira.
Iriniga Jean Marie Vianney wari umukuru w’umudugudu wa Kigarama mu kagari ka Nkira mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro, yimanitse mu mugozi ahita ashiramo umwuka tariki kuri uyu wa Gtanu 6/12/2013 nyuma y’uko ngo yari amaze iminsi avuga ko atazageza ku bunani akiriho.
Umugabo witwa Karekezi Jean bakunda kwita Rutwe utuye mu kagari ka Kibenga mu mudugudu wa Kindonke mu murenge wa Mayange mu karere ka Bugesera, yaraye araririwe n’irondo kuko yashakaga kwica umugore we.
Solange Iradukunda w’imyaka umunani y’amavuko yitabye Imana akubiswe n’inkuba, nyina we bari kumwe agwa igihumure, ariko hashize umwanya muto aza kuzanzamuka, kuri uyu wa Gatanu tariki 6/12/2013.
Umugore witwa Esperence Nyirandegeya uvugako ngo asazwe ari ari umuhanuzi watumwe n’Imana ku bantu batandukanye ngo ababurire kuva mu byo bakora bidashimishije Imana, yasakiranye n’undi mukecuru witwa Nyirandegera bahuriye mu nzira igana mu mujyi wa Kamembe mu karere ka Rusizi benda kurwana.
Korali “Abaturajuru” yo mu itorero ry’Abadivantisiti b’umunsi wa karindwi izamurika alubumu yayo y’amajwi volume 3 na DVD volume 2 y’amashusho yise “Igihugu,” kuri iki cyumweru tariki 8/12/2013.
Ubuyobozi bw’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Bwongereza bwasabye amakipe yose ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru muri icyo gihugu ko mbere ya buri mukino mu iteganyijwe mu mpera z’icyi cyumweru, bafata umunota wo kwibuka Nelson Mandela witabye Imana ku wa kane tariki ya 5/12/2013.
Ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’Amahiri (RRA) cyashyikirije Suleiman Bitwayiki igihembo yatomboye cy’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 100, nyuma y’uko inyemezabuguzi ye igize amahirwe muri tombola yari igamije gushishikariza abaguzi kwaka inyemezabuguzi (Facture).
Intore 1735 ziri ku rugerero ku ma site ya Nyarurena, Rukomo n’iya Nsheke mu murenge wa Nyagatare, mu karere ka Nyagatare ziratangaza ko urugerero ari amahugurwa bazungukiramo byinshi.
Muri tombola y’uko amakipe azahura mu gikombe cy’isi kizabera muri Brazil, yabereye mu mu mugi wa Bahia uherereye mu majyaruguru y’igihugu cya Brazil kuri uyu wa gatanu tariki ya 6/12/2013, hagaragayemo itsinda rya kane rizaba rikomeye rigizwe n’u Bwongereza Uruguay, Costa Rica n’u Butaliyani.
Aba banyarwanda batahutse bavuga ko batakaje agaciro ku Bunyarwanda aho ngo kuba muri Congo bahoraga batukwa bagatotezwa n’Abacongomani, babafata nk’abatagira igihugu kandi ari Abanyarwanda.
Ikigo cy’ubwishingizi cy’abanya-Kenya UAP, cyatangiye guhugura abantu benshi bazakorana nacyo, bakagifasha kuzamura umubare w’abafata ubwishingizi mu Rwanda, ngo bakiri ku kigero gito cya 2.3%.