Kamugwera Agnes w’imyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe n’abantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mu gitondo cyo kuwa 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Abagore n’abakobwa bakunda ikipe ya Gor Mahia, imwe mu makipe akomeye muri Kenya bafite imyemerere idasanzwe yo gutera ingabo mu bitugu ikipe yabo ku bibuga bitandukanye nta makariso bambaye ngo bitume itsinda.
Abana babiri n’umukecuru umwe bo mu murenge wa Bugeshi na Busasamana mu karere ka Rubavu bakomerekejwe n’amasasu yaturutse muri Congo mu ntambara ihuje ingabo za Leta ya Congo n’umutwe wa M23.
Intambara ihuje ingabo za leta ya Congo FARDC na M23 mu kibaya gihuje u Rwanda na Congo mu masaha ya 6h45 kuri uyu wa gatandatu yakomerekeje Gisubizo umusore w’imyaka 16 mu kagari ka Rusura umudugudu wa kageyo.
Abatuye mu mujyi Rwamagana bazindutse bavuga inkuru y’umugabo ngo waguze serivisi z’indaya yicuruzaga mu mujyi wa Rwamagana, bagatahana ariko bagera mu rugo uwari waguze agasanga uwo yatahanye ari umugabo mugenzi we.
Agnes Kamugwera wimyaka 67 wo mu mudugudu wa Murangi mu kagari ka Kamurera ho mu murenge wa Kamembe yitabye Imana anizwe nabantu bataramenyekana. Amakuru y’uyu mukecuru yamenyekanye mugitondo cyo kuwa Gatandatu tariki 26/10/2013, ubwo abaturage bavugaga ko amaze iminsi ataboneka.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki 26/10/2013, umugabo witwa Elie Renzaho w’imyaka 54 yagwiriwe n’ikirombe kiramuhitana, naho bagenzi be batanu bajyanwa mu bitaro bya Ruhengeri.
Leta y’u Buhindi na Minisiteri y’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) yashyize umukono ku masezerano y’inkunga ya miliyoni 20 z’amadolari, azafasha u Rwanda mu kongera agaciro k’ibihingwa byoherezwa mu mahanga.
Abanyeshuri 51 biga muri ES.Kigarama bari bahawe igihano cyo kujya mu rugo iminsi irindwi bakagarukana ababyeyi babo kubera ko batorotse ikigo, batahuwe ko bikodesherezaga amazu iruhande rw’ikigo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda –FERWAFA kuva kuri uyu wa gatandatu tariki 26/10/2013 riratangira gahunda yo guhemba umukinnyi uzajya atsinda ibitego byinshi kurusha abandi buri kwezi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kaminuza bya Kigali (CHUK), buremeza ko inkunga bwatewe n’Ikigo cy’Ababiligi gishinzwe iterambere (BTC) byatumye serivisi batangaga zirushaho kunoga n’amafaranga bakoreshaga mu kugura ibikoresho by’ibanze ashyirwa mu zindi gahunda z’ubuvuzi.
Umugoroba w’ababyeyi watangijwe ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 25/10/2013 watangijwe mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu witegezweho kuzakemura byinshi mu miryango y’Abanyarwanda.
Mu mirenge ine yo mu karere ka Nyabihu hatanzwe inka 43 muri gahunda ya Girinka. Mu murenge wa Bigogwe hatanzwe inka 10, mu wa Kabatwa inka 11, uwa Shyira na Rugera naho hakaba hatanzwe 11 buri hose, Kuri uyu wa Gatanu tariki 25 Ukwakira 2013.
Intambara iri kubera mu burasirazuba bwa Congo yanagize ingaruka ku bice by’u Rwanda byegegeranye, imaze kugwamo Abanyarwanda babiri naho undi arakomereka biturutse ku bisasu byinshi bimaze kuraswa mu Rwanda biturutse mu mpa ingabo za Congo ziherereyemo.
Ishuri ry’Amahoro Rwanda Peace Academy (RPA) riherereye mu karere ka Musanze, kuri uyu wa gatanu tariki 25/10/2013 ryashyize umukono ku masezerano y’imikoranire n’urwego rw’ingabo z’umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba zishinzwe gutabara aho rukomeye arirwo Eastern Africa Standby Force (EASF).
Abaturage bo kukirwa cya Gihaya mu murenge wa Gihundwe mu karere ka Rusizi ibyishimo byari byose kuri uyu wa 25/10/2013 ubwo bazaga gusanganira abashyitsi bo ku rwego rwa karere ka Rusizi bari baje kubashikiriza Poste de sante bagereranya na Hopital kuko ngo mu mateka yabo ari bwo bwa mbere babonye serivisi nk’iyi ibegera.
Akarere ka Nyamagabe karatangaza ko gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo gukusanya amahoro anyuranye bizatanga umusaruro ushimishije amafaranga kinjizaga akiyongera.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kuzigama wabereye mu rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo ruri mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, tariki 24/10/2013, byagaragaye ko abana bo muri uyu murenge bamaze kugira ubwizigame bungana na miliyoni 20.
Kuri uyu wa 25/10/2013, mu Rwanda hinjiye Abanyarwanda 98 bavuye mu buhungiro mu bice bitandukanye bya Congo. Bamwe bavuga ko batashye kubera kurambirwa ubuzima bubi abandi bavuga ko bari bamaze kumenya amakuru y’ukuri ku bibera mu Rwanda.
Murenzi Protais wari umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagali ka Gitovu, umurenge wa Busoro mu karere ka Nyanza yagurishije ishyamba rya Leta ringana na hegitari eshatu amafaranga avuyemo ahitamo kuyifunga aho kuyageza mu isanduku y’Akarere.
Kaminuza ya Pune yo mu Buhindi yatangije ishami ryayo i Kigali ryitwa Singhad Technical Education Society (STES), ryigisha ubumenyi buhanitse mu icungamari n’imirimo itandukanye yo mu nganda, harimo ubwubatsi, gutanga ingufu, ikoranabuhanga n’itumanaho, ubuhanga mu bukanishi, mu buhinzi n’ibinyabuzima.
Bamwe mu batuye akarere ka Muhanga batandukanye baratangaza ko umuco wo gupfubura umaze kumenyekana, wagakwiye kubahwa nubwo byagaragaye ko ushobora gusenya mu gihe bidakozwe neza.
Umusaza w’imyaka 70 witwa Mulangira Iddi ukomoka mu Karere ka Bundibugyo muri Uganda yafashe umwanzuro wo gusubira ku ntebe y’ishuri ribanza mu mwaka wa gatatu kugira ngo atazapfa atazi gusoma no kwandika.
Ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda ku bufatanye n’umutoza w’ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare Jonathan Boyer, kuri uyu wa kane tariki 24/10/2013 ryashyizeho abakinnyi batatu bazayobora (captains) bagenzi babo mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tariki ya 17-24/11/2013.
Bamwe mu bakobwa babyariye iwabo ndetse n’abandi bantu batandukanye barasaba ko izina rihabwa abana babyarwa n’abakobwa batashatse ryahindurwa kuko babona harimo ipfobya.
Tumurere Jean yatemwe n’umugore we Uwimana Christine w’imyaka 24 amushinja kumuca inyuma ubwo nyamugore yari asanze umugabo avugana n’umukobwa kuri telephone.
Abaturage batuye mu mudugudu wa Kageyo akagari ka Rusura umurenge wa Busasamana akarere ka Rubavu baratangaza ko ingabo za Congo zitangiye kurasa mu Rwanda.
Ikipe ya Espoir Basketball Club, iratangira guharanira kongera kwegukana igikombe cya Play off yatwaye umwaka ushize, ikina na APR BBC mu mukino wa ½ cy’irangiza ubera kuri Stade ntoya i Remera kuri uyu wa gatanu tariki 25/10/2013 guhera saa kumi n’imwe z’umugoroba.
Umuhanzi Mugisha Benjamin wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya The Ben yashyize hanze indirimbo nshya yise “Urabaruta” ikaba ari indirimbo y’urukundo asa n’aho abwira umukobwa ko ari nta wundi umuruta kandi ko ari nta wundi wamusimbura.
Mu rwego rwo gufasha abapfakazi barokotse Jenoside b’incike, umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza, Dr Mukabaramba Alvera yasuye abo mu karere ka Gisagara, baraganira banagezwaho imfashanyo irimo ibiryamirwa.
Abahanzi batandukanye baririmba indirimbo zihimbaza Imana twaganiriye ku kibazo cya Theo “Bosebabireba” na ADEPR bemeza ko kuririmbana n’umuyisilamu bitari bikwiriye kuba ikibazo mu gihe abandi bemeza ko biterwa n’amahame y’idini umuntu asengeramo.
Umunyamegisikani (Mexicaine) w’imyaka 40 aherutse gufungwa igihe gito azira kuba inshuti ye y’umukobwa yamuregeye polisi ko yafungishije ikoboyi ye ingufuri ngo atamuca inyuma.
Abadepite bahagarariye ibihugu by’u Burundi, Kenya, u Rwanda, Uganda na Tanzaniya bamaze gusaba ko Leta z’ibyo bihugu zategura uko ururimi rw’Igiswayile rwatezwa imbere kandi rukigishwa abaturage bose rukazakoreshwa nk’ururimi rw’ubucuruzi mu muryango wa Afurika y’Uburasirazuba (EAC).
Ku isaha ya saa kumi z’igitondo cyo kuri uyu wa 25/10/2013 nibwo imirwano yongeye kubura hagati ya M23 n’ingabo za Congo, aho abaturage bari batuye Kibumba barenga 400 bamaze guhungira mu Rwanda.
Habimana Maheneri wari ufite imyaka 19, wo mu murenge wa Munyiginya ho muri Rwamagana yaguye mu kiyaga cya Muhazi mu ijoro rishyira tariki 24/10/2013 apfiramo.
Bamwe mu batuye akarere ka Kamonyi basanga byaba byiza abakobwa bigishijwe imyitwarire ikwiye irimo kutiyandarika no gukunda umurimo, kuko hari abagaragaza imyitwarire itari myiza, kandi aribo babyeyi b’ejo hazaza.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana, aratangaza ko kuva u Rwanda rwashyiraho gahunda yo guteza imbere ikoranabuhanga n’itumanaho (ICT), hari byinshi bimaze guhinduka mu mibereho y’abaturage cyane cyane ibiganisha ku bukungu.
Ndikumana bakunze kwita Rukara w’imyaka 27 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu, Akagali ka Katarara mu murenge wa Ntyazo mu karere ka Nyanza yatemaguwe bikabije mu mutwe, igikanu no ku maboko bamuziza ko ngo abanye neza n’umukoresha acururiza inyama z’inka.
Ihuriro ry’igihugu nyunguranabitekerezo ry’imitwe ya politiki (NFPO) ryasabye ko imitwe ya politiki yose iririmo, yakwemeza cyangwa igahakana ko ari abanyamuryango, nyuma y’ishyirwaho ry’itegeko rishya rigenga imitwe ya politiki.
Abasirikare 27 ba FDLR bashaka gutaha mu Rwanda kuva tariki 14/10/2013 babujijwe gutaha n’ubuyobozi bwa Congo na MONUSCO. Muri aba harimo 25 bafungiye mu kigo cya MONUSCO naho abandi babiri bari mu maboko ya FARDC.
Aborozi b’inka zitanga amata bo mu karere ka Burera batangaza ko ikusanyirizo ry’amata begerejwe ryatumye barushaho kumenya agaciro k’inka kuko basigaye babona amafaranga aturutse ku mata bagurisha kuri iryo kusanyirizo.
Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) zirateganya ko mu gihe kitarenze imyaka 5 zizajya zifashisha imashini zikora nk’abantu (Robots) mu bintu bitandukanye harimo gutwara ibintu no kurwana ku rugamba.
Itsinda ry’abadepite 4 bayobowe na Honorable Kaboneka Francis bafashe akanya ko kuganiriza urubyiruko rw’abakobwa bo mu ishuri ryisumbuye rya Gashora Girls Academy of Science and Technology, riri mu karere ka bugesera ku mateka yaranzwe u Rwanda n’Abanyarwanda.
Abasaza, abakecuru, ababyeyi, abasore n’inkumi babarirwa hafi muri 200 baraye ku biro by’umurenge wa Bwishyura, aho bari baje guhembwa amafaranga y’amezi atatu bamaze batishyurwa na rwiyemezamirimo urimo gusana umuhanda Muhanga-Karongi.
Nyuma yo kumara imyaka irenga ibiri abaturage b’imirenge ya Mushubi na Nkomane batorohewe no kwambuka umugezi wa Rwondo ubatandukanya kuko ikiraro cyaho cyari cyarasenyutse bigasaba kuvogera, abatuye iyi mirenge bavuga ko kuba iki kiraro kigiye kuzura ari inkunga ikomeye mu iterambere ryabo.
Umugabo witwa Nsengiyumva utuye mu kagari ka Kintambwe mu mudugudu wa Nyiragiseke mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera ari mu maboko ya polisi azira gukubita umugore we Uwamariya Marie Louise umugeri mu nda agahita apfa.
Intumwa zo muri Togo ziri mu Rwanda, ziravuga ko imikorere ya Mwalimu SACCO ikwiye kubabera urugero, kuko hari byinshi imaze kugezaho umwalimu wo mu Rwanda, haba ku giti cyabo ndetse no ku buzima bw’igihugu.
Umukino wa shampiyona w’umunsi wa kane wahuje Police FC na APR FC kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo kuri uyu wa gatatu, warangiye amakipe anganyije ibitego 2-2 ariko mu buryo bwatunguye cyane abawurebaga.
Umutoza w’ikipe y’u Rwanda y’umukino w’amagare, Jonathan Boyer, yashyize ahagaragara amazina y’abakinnyi 10 bazaba bagize amakipe abiri muri atatu azaba ahagarariye u Rwanda mu isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ rizaba kuva tarki 17-24/11/ 2013