Ubushakashatsi bwakozwe n’ihuriro mpuzamahanga rya diyabete FID (Fédération Internationale du Diabète), bugashyirwa ahagaragara kuwa kane tariki ya 14/11/2013, buvuga ko 10% by’abatuye isi bazaba barwaye indwara ya diyabete mu mwaka w’2035.
Umukobwa w’imyaka 22 wo mu Buhorande aherutse kurumwa n’igitagangurirwa kigira ubumara, ku gutwi kw’ibumoso, maze kuba umukara ndetse gutangira no gushonga.
Abikorera bo mu ntara y’iburasirazubiza barashimira uburyo Leta y’u Rwanda ishyikira imurikagurisha hagamijwe kubafasha gutera imbere banungukira ubumenyi ku bandi.
Sous-lieutenant Bizimana Zakariya wabarizwaga mu mutwe wa Mai Mai na Kaporari Habanabashaka Frederic uvuye muri FDLR batahutse kubera ubwoba bagize nyuma yo kumva amakuru ko imitwe yose yitwaje intwaro muri Congo igiye guhigwa ikamburwa intwaro.
Ku cyumweru tariki 17-11-2013 umuryango FPR Inkotanyi mu Ntara y’i Burengerazuba wungutse andi maboko, nyuma y’amatora ya komite nyobozi nshya y’urugaga rw’urubyiruko muri uwo mu ryango, abakomiseri bane n’abandi bantu batatu binjiye muri komite nyobozi y’umuryango ku rwego rw’Intara.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Pierre Damien Habumuremyi, aremeza ko iki ari cyo gihe cy’uko ubuyobozi bwo mu bihugu bya Afurika bwiyambura isura ya ruswa no kudakorera mu mucyo bwakomeje kubaranga, bagakora ibyiza biteza imbere umugabane kuko nabyo babishoboye.
Nyuma yo kurangiza amashuri yisumbuye mu ishami ry’ubucuruzi ariko ntabashe guhita abona akazi, Habumugisha Michel yatangiye umwuga wo kudoda inkweto (kuzisana) ariko ubu ageze ku rwego rwo gukora ibintu bitandukanye mu ruhu ndetse afite abakozi ahemba.
Nturanyenabo Zacharie w’imyaka 59 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Ruhinga, akagari ka Gitwa, umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano tariki 14/11/2013 amaze gutema inka ye nyuma yo gushaka gutema umugore we, ariko ntibimushobokere.
Ikigo k’igihugu gishinzwe gukwirakwiza imyuga n’ubumenyingiro (WDA) gifatanyije n’abahanzi batandukanye bakoze igitaramo cyo gushishikariza Abanyarusizi kwitabira imyuga kuko ngo ubumenyi ngiro ariwo musemburo w’iterambere.
Umusore uri mu kigero cy’imyaka 23, ari mu maboko ya polisi y’akarere ka Musanze, akekwaho gukoresha amafaranga y’amahimbano, kuko yafatanywe inoti 11 z’amafaranga ibihumbi bitanu y’u Rwanda.
Umukinnyi wa Espoir Basketball Club, Ngandu Bienvenu, ni we wahawe igihembo cy’umukinnyi wahize abandi mu gukina neza muri shampiyona ya Basketbal (MVP 2013) , yasojwe ku mugaragaro ku cyumweru tariki ya 17/11/2013.
Umukino uhuza abakinnyi ba basketball bakomeye mu Rwanda buri wese ku mwanya akinaho (All stars Game) wabereye kuri Stade ntoye i Remera ku cyumweru tariki ya 17/11/2013, ikipe yiswe ‘B’ niyo yegukanye igikombe itsinze ikipe ‘A’.
Nigeria, Cote d’ivoire na Cameroun niyo makipe yabimburiye andi yo muri Afurika kubona itike yo kuzakina igikombe cy’isi kizabera muri Brazil umwaka utaha.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu bavuga ko bishimira kuba igiciro cy’ibirayi cyaratangiye kumanuka ariko bagaterwa impungenge n’izamuka ry’igiciro cy’ibishyimbo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko hari bamwe mu bakozi bo muri ako karere bagaragaweho gucunga nabi umutungo wa Leta kuburyo ngo hagiye gukorwa igenzura ryihariye basanga abo bakozi ibyo baregwa bibahama bagashyikirizwa inkiko, bagahanwa hakurikijwe amategeko.
Bwa mbere mu mateka seminari into yitiriwe mutagatifu Kizito y’i Zaza yatangaje ko umwaka utaha wa 2014 izatangira kwakira abanyeshuri babishaka bavuye mu yandi mashuri barangije icyiciro rusange (Tronc-Commun).
Muhirwa Robert benshi bazi ko yitwa Silas hamwe n’abandi barwanyi bari kumwe nawe muri FDLR RUDI bishe abayobozi babo bahita bitahira mu Rwanda nyuma yo gufatwa bugwate no gushyirwa mu buzima bubi.
Chairman w’umuryango FPR-Inkotanyi mu ntara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aime, arakangurira urubyiruko rw’umuryango FPR n’urubyiruko rw’igihugu muri rusange kuba umusemburo w’iterambere, kuko igihugu gifite urubyiruko rudakora kitatera imbere.
Abanyamuryango ba RPF bakorera mu Kigo cy’Ingoro z’Igihugu z’Umurage w’u Rwanda (INMR), bubakiye inzu mugenzi wabo utari ufite aho aba, atanafite ubushobozi bwo kwikodeshereza inzu igaragara yo kubamo.
Abantu umunani bo mu mudugudu wa Kaganzo akagari ka Remera mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bakubiswe n’inkuba tariki 16/11/2013, icyakora nta n’umwe muri bo witabye Imana, usibye umuntu umwe yatwitse ku kuboko.
Abagize inama njyanama y’akarere ka Ngororero bavuga ko batazongera kwihanganira kubona hari bimwe mu bikorwa remezo byubakwa bitwaye amafaranga atagira ingano nyamara mu gihe gito bikaba byangiritse, ababishinzwe bakavuga ko ari inyigo zakozwe nabi.
Nyuma yo kubona ko icyaha cyo gufata ku ngufu kigenda cyiyongera mu Bushinwa, ngo hashyizwe ahagaragara umwambaro ushobora gutuma kigabanuka: collant (umwenda ufata ku mubiri) ifite ubwoya.
Ubwo bizihizaga umunsi mpuzamahanga wo gutekereza ku ndwara ya diyabete, kuwa 16/11/2013, Abanyehuye n’Abanyagisagara bibumbiye mu muryango Baho umenye nkumenye w’abarayi n’abarwaza ba diyabete, bibukiranyije ko bagomba kwiyitaho kugira ngo badahura n’ingaruka za diyabete.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu gishinzwe kongerera ubushobozi abakozi ba Leta ndetse n’abakorera ibigo byigenga (RMI: Rwanda Management Institute) buratangaza ko gifite ikibazo cy’ubushobozi buke mu kongerera ubushobozi aba bakozi.
Bamwe mu baturage baturiye ibirombe uruganda rwa Rutongo mines rucukuramo amabuye y’agaciro baravuga ko barenganijwe n’ubuyobozi bw’uru ruganda ruturitsa intambi zikabasenyera amazu nyamara ntirugire icyo rubikoraho.
Kayiranga Jean Baptise, umutoza wungirije w’ikipe y’umupira w’amaguru y’u Rwanda Amavubi yabwiye Kigali Today ko ngo Amavubi yagombaga gutsinda Uganda mu mukino wa gicuti wahuje ayo makipe yombi kuwa gatandatu tariki ya 16/11/2013, ariko amakipe yombi akaza kunganya ubusa ku busa.
Nyuma y’icyumweru kimwe gusa mu tubari turi mu karere ka Ruhango hageze inzoga nshya ya Primus iri mu icupa rya santilitiro 50 benshi bitirira umuhanzikazi w’umunyarwanda Butera Knowles, abacuruzi bo muri Ruhango baratangaza ko iyo nzoga ngo ikunzwe cyane.
Hadi Janvier, umusore w’umunyarwanda w’imyaka 22, niwe wagukanye umwanya wa mbere mu gace ka mbere gatangira isiganwa ry’amagare ‘Tour du Rwanda’ 2013’ ryatangiye kuri icyi cyumweru tariki ya 17/11/2013.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda akaba na komiseri mu muryango FPR-Inkotanyi, arasaba urubyiruko rwo muri FPR ndetse n’urubyiruko rw’u Rwanda muri rusange kurangwa n’umuco wo gushakira ibisubizo ibibazi gihugu gifite, aho kuba bamwe mu babitera.
Perezida Kagame kuri icyi cyumweru taliki ya 17/11/2013 yatangiye urugendo rw’akazi aho azitabira inama ihuza ibihugu by’Abarabu na Afurika, inama ibaye ku nshuro ya gatatu mu gihugu cya Koweti.
Umuryango wa Bazimaziki Saveri, umunyarwanda wiciwe i Goma arashwe ku mugoroba wo kuwa gatanu taliki ya 15/11/2013 wasabwe amadolari 300 kugira ngo uhabwe umurambo wa nyakwigendera uzanwe mu Rwanda aho uzashyingurwa.
Amahugurwa y’iminsi ine yahawe abatoza b’umupira w’amaguru bo mu karere ka Kayonza ngo azabafasha gushaka no guteza imbere impano z’umupira w’amaguru mu bana bakiri bato hirya no hino mu mirenge igize akarere ka Kayonza, nk’uko bivugwa na Nsengiyumva Francois umwe mu batoza b’umupira w’amaguru muri ako karere.
Ishuri ry’ubumenyi ngiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) hamwe n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) batangije igikorwa cyo gukangurira kwihangira imirimo rukava mu bushomeri.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 16/11/2013, abantu 50 baturuka mu mirenge ya Gasaka, Cyanika, Tare, Kibilizi na Kamegeri basoje amahugurwa y’iminsi itanu kuri hanga umurimo, aho bigishwaga gutegura imishinga bagamije kwihangira imirimo.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) bwasanze mu karere ka Karongi, hakigaragara ibibazo byo guhutaza umuturage mu buyobozi bw’ibanze, ahanini bishingiye kukutamenya agaciro k’imikoranire n’abafatanyabikorwa barimo n’umuturage.
Kuva ingabo za Congo zagaruka mu duce M23 yahozemo, abaturage bo mu murenge wa Bugeshi mu karere ka Rubavu basanzwe bajya gukorera i Kibumba muri Congo bavuga ko bahura n’Abanyarwanda bari basanzwe muri FDLR ubu bashyizwe mu ngabo za Congo.
Ubushakatsi bwakozwe ku bijyanye n’imiterere y’ibirunga, imicikire y’imigabane ishobora kuzaba mu kiyaga cya Kivu hamwe n’ingaruka z’imitingito ikunze kugira ingaruka ku Rwanda n’akarere bugaragaza ko nta ngaruka imitingito no kuruka kw’ibirunga byagira ku Kivu.
Irondo ryafashe imodoka ya FUSO ifite ikirango RAA 600R itwaye ibiti bya Kabaruka. Iyo modoka yafatiwe mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza mu ijoro rishyira tariki 15/11/2013 itwawe n’umushoferi witwa Kayinamura Jean Claude.
Abanyarwanda 59 bagarutse mu Rwanda bavuye mu duce dutandukanye muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo, aho bavuga ko ubuzima butari buborohereye ariko kubera kubura amakuru y’impamo y’ibibera mu Rwanda bagahitamo kunambira muri icyo gihugu.
Umushinga wifashisha ubutumwa bugufi witwa “SMS Feedback” witezweho gufasha mu gukemura ibibazo abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bahura nabyo. Uwagize ikibazo azajya yohereza ikibazo cye mu butumwa bugufi agahita ahabwa igisubizo kandi agafashwa kugikemura mu buryo bwihuse.
Abasanzwe ari abakiriya ba Equity Bank mu karere ka Rubavu bavuga ko batunguwe no kubona iyi banki igiye kumara iminsi itatu ifunze imiryango idakora, kuko bizatuma abadafite amakarita ya ATM batazashobora kubona amafaranga.
Bazimaziki Saveri w’imyaka 29, yiciwe mu mujyi wa Goma arashwe ajugunywa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu inyuma ya Hotel Ihusi yegeranye n’umupaka w’u Rwanda, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Mu karere ka Nyanza hashyizweho uburyo bushya bwo kunoza serivisi z’abakorewe ihohoterwa hifashishijwe ikarita nsuzuma mikorere, mu rwego rwo kurwanya serivisi mbi zahabwaga rimwe na rimwe abakorewe ihohoterwa.
Polisi ikorera mu karere ka Ruhango yataye muri yombi litiro zigera kuri 660 z’inzoga yitwa igikwangari na litiro ishanu za kanyanga, mu mukwabo wabaye kuri uyu wa Gatanu tariki 15/11/2013.
Koperative “Kundumurimo Munyarwanda” yo mu murenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro, yatashye ku mugaragaro inzu mberabyombi y’ikitegererezo yuzuye itwaye miliyoni 38 z’amafaranga y’u Rwanda, ikaba kuwa Kane tariki 14/11/2013.
Abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari muri clubs zirengera ibidukikije bateye ibiti bisaga 200 ku nkengero z’umuhanda werekeza mu mujyi wa Karongi. Igikorwa bafashijwemo n’umuryango “Inshuti z’Ibidukikije Amis de la Nature (ANA).
Abaturage bo mu karere ka Ngororero barakangurirwa kwitabira ubuhinzi bw’imigano, kubera ubuaka bwako bugizwe n’imisozi ihanamye ikunze guteza isuri, nk’uko babigirwamo inama n’ishyirahamwe Nyarwanda ryita kubidukikije ARECO (Association Rwandaise des Ecologistes).
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera bwahagurukiye abakozi bakorera muri ako karere batujuje ibyangombwa ku buryo bitarenze ukwezi kwa 11/2013 umukozi uzaba ataruzuza ibyangombwa bisabwa azahagarikwa ku kazi.
Nyuma ya tombola yakozwe ku wa gatanu tariki ya 15/11/2013, u Rwanda rwashyizwe mu itsinda rya gatatu ririmo Uganda, Sudan na Eritrea mu mikino y’igkombe cya CECAFA y’ibihugu izabera muri Kenya kuva tariki ya 27/11/2013.
Aba banyarwanda bageze mu nkambi ya Nyagatare bavuga ko bafashe umugambi wo kugaruka mu gihugu cyabo, nyuma yo kumva amakuru meza y’uko igihugu cyabo kirimo umutekano n’ubutabera busesuye.