Inama njyanama y’akarere ka Rutsiro yateranye tariki 19/12/2013 yemeje ko abanyeshuri bo mu mashuri yisumbuye bazajya bakorerwa isuzumabumenyi nibura rimwe mu gihembwe kugira ngo bashobore gutegurwa neza, bazajye batsinda neza ibizamini bya Leta.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Uwibambe Consolee, avuga ko bateganya uburyo hashyirwaho abantu bakora nk’abajyanama b’ubuzima mu nkambi ya Rukara icumbikiye Abanyarwanda birukanywe muri Tanzaniya hagamijwe kunoza isuku muri iyo nkambi.
Umurambo wa Bimenyimana Thomas wabonetse mu kiyaga cya Kivu tariki 19/12/2013 nyuma yo kugirana amakimbirane na nyina ndetse na bashiki be, bitewe n’uko ari we muhungu wenyine iwabo babyaye, akaba yashakaga kwisanzura no kwikubira imitungo y’umuryango wenyine.
Umusaza w’imyaka 91 witwa Roger-Marc Grenier wo mu Bufaransa ubu ameze neza n’umukunzi we yabonye nyuma y’uko hari hashize igihe atanze itangazo ko ashaka umuntu wo kubana nawe ubuzima bwe bwose akoresheje icyapa.
Minisitiri w’ubuhinzi n’ubworozi, Dr Agnes Kalibata, atangaza ko u Rwanda rurimo kubaka ubushobozi bwo gutunganya umusaruro w’inyama zifite ubuziranenge kuburyo mu minsi iri imbere hagiye gutezwa imbere ubworozi butanga umusaruro w’inyama mu gihe gito.
Bayern Munich yegukanye igikombe cya gatanu muri uyu mwaka nyuma yo gutwara igikombe cy’isi cy’amakipe (clubs) itsinze Raja Casablanca yo muri Maroc ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye i Marrakech muri Maroc ku wa gatandatu tariki 21/12/2013.
APR FC yafashe umwanya wa mbere by’agateganyo muri shampiyona nyuma yo gutsinda Amagaju ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 11 wabereye i Nyamagabe, naho Mukura Victory Sport Sport itakaza umukino wa gatandatu yikurikiranya ubwo yatsindwaga na Kiyovu Sport igitego 1-0.
Abayobozi b’uturere tugize u Rwanda mu mwiherero w’iminsi ibiri bamaze mu karere ka Rubavu wateguwe n’ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali bavuga ko amanama batumirwamo n’inzego zibakuriye atuma badashobora kuzuza inshingano zo kwegera abaturage no kuberekera inzira yo kuva mu bucyene.
Ntamugabumwe Jean Paul w’imyaka 34 y’amavuko yatawe muri yombi nyuma yo gutema mu mutwe umukecuru witwa Ruvugo Sophie w’imyaka 80 y’amavuko akaza kwitaba Imana mu masaha yakurikiyeho.
Abagize ishyirahamwe APRED rishinzwe kuganira ku ruhare rw’abanyamadini n’abanyapoliti mu kugarura amahoro mu karere k’ibiyaga bigari bavuga ko habaye ubushake ku mpande zombi amahoro yaboneka kuko abaturage bafite ubushake bw’amahoro.
Abafashamyumvire b’abasore n’inkumi b’umuryango RWAMREC mu karere ka Karongi barasaba ko bemererwa kuba hafi y’abagore babo mu gihe cyo kubyara kuko ngo bituma umugore atababara cyane.
Mubumbyi Gaspard w’imyaka 36 yafatiwe mu biro by’ibitaro bikuru bya Gihundwe tariki 21/12/2013 ari kwiba ibikoresho by’ibitaro, uyu mumugabo yafashwe ari kugenda atunda ibi koresho yibye abishira hanze akongera agasubira mu bitaro gutora ibindi.
Abakozi ba Leta mu karere ka Rusizi biga muri Congo bageze ku mupaka wa Rusizi ya mbere mu gitondo cya tariki 21/12/2013 abakora ku mupaka barabagarura bababwira ko ari itegeko bahawe n’ubuyobozi bw’akarere ka Rusizi.
Umuyapanikazi w’imyaka 19, Vanilla, yibagishije inshuro 30 zose (chirurgie esthétique), kugira ngo ase n’ibipupe bikorerwa mu gihugu cy’Ubufaransa.
Umunyeshuri w’Umunyamerika aherutse guhanga umupira (T-shirts) ukoze ku buryo amazi awumenekaho akawunyereraho yose uko yakabaye nta na makeya awusigayeho.
Mukagakwaya Jeanne n’abana be bane bakomoka mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza bafunze inzu babagamo maze berekeza mu bitaro bya Nyanza kubera ingaruka zikomoka ku mwana we w’imfura yarumwe n’imbwa nawe akuruma nyina n’abandi bana bato bavukana akabasigira ibisazi.
Rutahizamu wa Liverpool Luiz Suarez, yamaze kongera amasezerano muri iyo kipe azamugeza mu mwaka wa 2018, akazajya ahembwa ibihumbi 170 by’ama pounds azatuma aba umukinnyi wa mbere uhembwe amafaranga menshi mu mateka y’iyo kipa kuva yashingwa mu myaka 121 ishize.
Umushinjacyaha mukuru w’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICC), Fatou Bensouda, yatangaje ko asubitse by’agateganyo kuburanisha Perezida w’igihugu cya Kenya Uhuru Muigai Kenyatta, kuko nta batangabuhamya bafatika afite muri uru rubanza.
Ndagijimana w’imyaka 41 wo mu murenge wa Nyakarenzo mu karere ka Rusizi yafashwe n’abaturage tariki 20/12/2013 yikoreye ikibuye gikoze muri beto ashaka kukigurisha abaturage ababwira ko imbere y’icyo kibuye harimo zahabu.
Gatera John wi’imyaka 40 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mayange mu karere ka Bugesera nyuma yo gukubita ise umubyara ndetse n’umugore we abaziza imitungo.
Mu karere ka Rwamagana hamaze gufungurwa ishami ry’umuryango mpuzamahanga bita “Soroptimist”, ugamije gufasha abagore kugera ku iterambere n’imibereho myiza, kugera ubwo buri mugore wese azagerwaho n’ibyiza abandi bagore bose batigeze bagira.
Abanyeshuri n’abarimu bo muri Kaminuza y’u Rwanda, ishami rya College of Medecine and Health Sciences ryahoze ryitwa KHI bamaze iminsi ibiri batanga serivisi z’ubuvuzi ku Banyarwanda birukanywe muri Tanzaniya bacumbikiwe mu nkambi ya Rukara mu karere ka Kayonza, kuva tariki 19/12/2013.
Abacuruzi bo mu karere ka Rubavu bavuga ko babangamiwe n’izamuka ry’ibiciro by’amafarini n’akawunga kubera imisoro ya TVA yashyizwe kubicuruzwa bikorerwa mu Rwanda, mu gihe byambuka mu mujyi wa Goma bikagura amafaranga macye.
Abahinzi bo mu tugari tumwe na tumwe tugize uwo murenge wa Nyange akarere ka Ngororero, bavuga ko bibasiwe n’icyatsi cy’icyonnyi cyitwa kurisuka cyangiza ibihingwa ntibabone umusaruro uko bari bawutegereje.
Mu Rwanda rwo ha mbere abagabo nibo bagiye bavugwaho cyane mu bigwi no mu butwari butandukanye, ariko kuri iyi nshuro twabateguriye bamwe mu bakobwa n’abagore bo ha mbere amateka avuga ko nabo bagiye bakora ibikorwa bitangaje.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwafunze by’agateganyo Hotel Golf Eden Rock iri ku nkengero z’ikivu mu karere ka Karongi, igikorwa cyabaye ahagana mu ma sa yine z’igitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Uwitwa Uwitonze Ephrem w’imyaka 35 na Musabyimana Ismael w’imyaka 25 y’amavuko bo mu mudugudu wa Gitaramuka mu kagari ka Kagenge mu murenge wa Mayange, bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu karere ka Bugesera, nyuma yo gufatanwa mudasobwa eshatu z’inyibano zigenewe abana bo mu mashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Mukura bwafashe icyemezo cyo guhagarika abakinnyi babiri Ntakirutimana Jarudi na Nkurikiye Jackson, bakaba bagomba kumara amezi abiri badakina, nyuma yo gufatirwa mu kabari mu masaha akuze cyane basinze, kandi bari bafite umukino.
Ku munsi wa 11 wa shampiyoan y’umupira w’amaguru mu Rwanda hateganyijwe imikino ibiri ikomeye cyane, aho kuri uyu wa gatandatu tariki ya 21/12/2013 , Kiyovu Sport yakira Mukura kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo, naho AS Kigali ikazahakinira na Rayon Sport ku cyumweru tariki 22/12/2013.
Umuryango FXB watangije gahunda y’imyaka ibiri igamije gufasha abana b’impfubyi za SIDA n’abagifite ababyeyi bakirwaye batagishoboye gufasha abo bana bagikeneye kubaho, kwiga no kurerwa mu rukundo no kubona iby’ingenzi umwana wese akeneye ngo abeho neza.
Umwe mu myanzuro yavuye mu nama ya cyenda y’abana intara y’Amajyaruguru, ni uko abana bo muri iyi ntara biyemeje gutunga itungo rigufi buri wese, kugira ngo bakure bafite umuco wo kwigira, muri gahunda yiswe ‘Gira Itungo Rigufi Mwana’, nk’uko babyemeje kuri uyu wa Gatanu tariki 20/12/2013.
Muri ibi bihe by’imyiteguro y’iminsi mikuru ya noheri n’ubunani abaturage biganjemo urubyiruko batangaza ko bifuza amafaranga y’iminsi mikuru ariko mu kuyashaka hakaba ababihomberamo, kuko kubera imikino y’amahirwe bishoramo.
Evariste Rwigema w’imyaka 64 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Gasharu mu kagari ka Kagusa mu murenge wa Mukura mu karere ka Rutsiro, avuga ko atunzwe n’igikoma n’ibiryo byoroheje nyuma yo gukubitwa akagirwa intere azira amakuru ngo yatanze mu nkiko gacaca.
Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), Jerome Gasana, aremeza ko gahunda batangije yo guteza imbere ubuhanzi ari kimwe mu bimenyetso bigaragaza ubushake mu mpinduramatwara batangiye yo guha imyuga agaciro mu Banyarwanda.
Minisiteri ishinzwe kurwanya Ibiza no gucyura impunzi (MIDIMAR) iratangaza ko ibikorwa byo kubaka inkambi ya Mugombwa izashyirwamo imunzi z’Abanyecongo bari mu Rwanda mu nkmabi ya gateganyo ya Nkamira bizaba byarangiye mu mpera z’ukwezi kwa Mutarama 2014.
Umuyobozi w’ibigo bya HVP Gatagara byita ku bafite umubuga mu Rwanda, Nkubili Charles, na Rev. Fr. Dr René Stockman uyoboye aba “Frères” b’urukundo ku isi, bashyize umukono ku masezerano azashyikirizwa Ministiri w’ubuzima; basaba Leta y’u Rwanda guteza imbere ikigo cya HVP Gatagara kiri i Gikondo mu mujyi wa Kigali.
Mu murenge wa Mugombwa ho mu karere ka Gisagara hatangijwe ku mugaragaro imilimo yo kubaka inkambi igenewe kwakira impunzi zaturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo izarangira mu kwezi kwa mbere.
Nshimiyimana Daniel w’imyaka 18 wo mu mudugudu wa Bikoki mu kagari ka Kageyo mu murenge wa Mwiri wo mu karere ka Kayonza ku mugoroba wa tariki 19/12/2013 yinaze mu kibumbiro [valley dam] inka zishokamo ahita apfa.
Mu gihe imanza z’abakekwaho uruhare mu kwica Abatutsi bari barahungiye muri kiriziya ya Paruwasi Gaturika ya Nyange mu karere ka Ngororero zikomeje, abakirisitu basengera muri iyo paruwasi baragaya cyane ubugwari bw’abakoze ayo mahano.
Umukozi ushinzwe imiyoborere myiza mu karere ka Ngororero, Musabeyezu Charlotte, aratangaza ko mu karere ka Ngororero bagiye kwifashisha ibihangano by’abaturage batandukanye mu rwego rwo guteza imbere no kwimakaza ibikorwa by’umuganda.
Abana bahagarariye abandi mu mirenge n’uturere mu ntara y’Iburasirazuba barasaba Perezida w’u Rwanda ko yabafasha akabashyiriraho gahunda bise “Gira itungo mwana”, izafasha buri mwana wese kugira itungo yakorora akiri muto akazakura agenda arumbukirwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro bwahinduye abagize akanama gashinzwe gutanga amasoko ya Leta mu karere mu rwego rwo gutanga serivisi nziza no kunoza imikorere.
Inspector of Police Clement Mucyurabuhoro wari ushinzwe ubugenzacyaha mu karere ka Musanze, mu ijoro ryo kuri uyu wa kane tariki 19/12/2013 ahagana 20h00 yarashwe n’abantu bataramenyekana ahita yitaba Imana.
Umuririmbyi w’umunyarwanda Lil G yasusurukije abaturage bo mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, barabyina biratinda ubwo yari ari muri kampanye yo kwigisha abo baturage gukoresha agakingirizo mu rwego rwo kwirinda SIDA.
Shekinah Worshipteam Rubavu izamurika alubumu yabo ya mbere bise “Tawala” mu gitaramo bateguye cyo kuramya no guhimbaza Imana kizabera ku rusengero rwa Evangelical Restoration Rubavu tariki 28/12/2013.
Kuva Ikigega cy’Iterambere Agaciro cyatangijwe ku mugaragaro muri Kanama 2012, Abanyarwanda bo mu gihugu n’abo hanze yacyo biyemeje gutanga miliyari 26 mu rwego rwo kubaka igihugu cyabo none bamaze kugezamo amafaranga agera kuri miliyari 20 na miliyoni 393 ibihumbi 245 na 893.
Minisiteri ishinzwe umuryango wa Afurika y’uburasirazuba mu Rwanda (MINEAC) yakoreye umunsi mukuru impuguke z’u Rwanda zakoze imishyikirano yo gutegura amasezerano y’ifaranga rimwe; ikaba kandi yashimye ibigo bitanu by’icyitegererezo mu muryango, ndetse n’umunyeshuri wanditse ku ruhare rw’ibikorwaremezo mu iterambere rya EAC.
Ikamyo yo mu bwoko bwa Benz-Axor yo mu gihugu cya Tanzaniya yagonze ivatiri ya Toyota Carina E ku bw’amahirwe abantu barimo basohokamo amahoro uretse imodoka yangiritse inyuma.
Gatsinzi Emery uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Riderman, Umugaba Mukuru w’Ibisumizi akaba ari nawe wegukanye insinzi muri PGGSS3, kuri uyu wa gatandatu tariki 21/12/2013 aramurika alubumu ye ya gatanu yise “Igikona”.
Nyirahabimana Theresie n’umuhungu we bo mu mudugudu wa Nyarwashama ya kabiri mu kagari ka Mukoyoyo mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza baguwe gitumo batetse kanyanga tariki 18/12/2013 bariruka hafatwa ibikoresho bayitekeragamo.