Umushinwakazi w’imyaka 60, Xiang Renxian, yanze gupfusha ubusa imisatsi ye maze yiyemeza kuyibohamo imyambaro: umupira n’ingofero byo kwifubika.
Abarezi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye bo mu karere ka Rusizi batangiye amahugurwa yo kwigishwa ururimi rw’amarenga kugirango bazabashe kwigisha abana bafite ubuga bwo kutumva no kutavuga muri gahunda y’uburezi budaheza.
Inama njyanama y’akarere ka Nyamagabe yateranye yemeza ingengo y’imari ivuguruye y’umwaka wa 2013-2014. Ingengo y’imari yari yemejwe umwaka ujya gutangira yariyongereyeho miliyari imwe, miliyoni 187, ibihumbi 401 n’amafaranga 929.
Umusaruro w’ibigori byahinzwe n’ingabo z’u Rwanda (RDF) i Gabiro mu karere ka Nyagatare, uratanga ikizere ko igihugu gishobora gusagurira amasoko, nyuma yo guhunika mu kigega cy’Igihugu cy’ibiribwa (Food Security Reserves).
Mu kwizihiza umunsi w’Intwari ku nshuro ya 20, abaturage bo mu mudugudu wa Kiyanzi, akagari ka Kidahwe, ho mu murenge wa Nyamiyaga mu karere ka Kamonyi bifatanyije n’abayobozi batandukanye babasabye kugera ikirenge mu cy’intwari y’Imanzi Fred Gisa Rwigema uhavuka; ibyo ngo bakaba bazabigeraho babanje kwimika isano ibahuje (…)
Ikipe y’igihugu ya Libya yegukanye igikombe gihuza amakipe y’ibihugu bya Afurika bikoresha abakinnyi bakina muri ibyo bihugu imbere (CHAN), nyuma yo gutsinda Ghana hitabajwe za penaliti ku mukino wa nyuma wabereye Cape Stadium muri Afurika y’Epfo ku wa gatandatu tariki ya 1/2/2014.
Umuyobozi w’Ishuli Rikuru ryigisha ubumenyi ngiro mu Ntara y’Iburengerazuba (IPRC West) atangaza ko gahunda y’Itorero igomba guhabwa agaciro gakomeye kandi ikabangikanywa n’ishuri risanzwe kuko kimwe kidashobora kwihaza cyonyine.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Vincent Biruta, asanga abantu bakuru muri rusange bo mu Rwanda bari bakwiye gusaba imbabazi igihugu cy’u Rwanda ngo kuko bagihemukiye.
Umurambo wa Nsengumuremye Jean w’imyaka 28 watoraguwe mu mugezi wa Gatandanda nyuma y’imisi ine uyu musore yaraburiwe irengero, uyu musore wo mu karere ka Nyamasheke yari amaze iminsi acumbitse mu karere ka Rusizi mu murenge wa Kamembe , mu kagari ka Cyangugu aho yakoraga imirimo yo kwikorera imizigo bakunze kwita karani ngufu.
Nyuma yo gusinya amasezerano y’amezi arindwi yo gutoza ikipe ya Rayon Sport, aho yasabwe gutwara igikombe cya shampiyona no kugera kure mu marushanwa nyafurika, Umubiligi Luc Eymael yatsinze AS Muhanga ibitego 4-2 mu mukino w’umunsi wa 16 wa shampiyona wabereye i Muhanga ku wa gatandatu tariki ya 1/2/2014.
Ikipe y’u Rwanda ya Volleyball, kuri icyi cyumweru no ku wa mbere tariki 3/2/2014 izakina imikino ya gucuti n’ikipe y’igihugu ya Botswana mu rwego rwo kwitegura imikino ya nyuma y’amajonjora yo gushaka itike y’igikombe cy’isi kizabera muri Pologne muri Kanama uyu mwaka.
Habimana Yotamu amaze imyaka hafi ibiri yarahungiye iwabo kwa nyina mu kagari ka Muyira mu murenge wa Manihira mu karere ka Rutsiro, bitewe n’umugore we witwa Nyirandimukaga Coleta babyaranye abana barindwi wamuhozaga ku nkeke, akamubuza umutekano.
Abakomoka mu muryango wa Rukara rwa Bishingwe batuye mu murenge wa Gahunga, mu karere ka Burera, barasaba ko Rukara rwa Bishingwe yashyirwa mu mubare w’Intwali z’u Rwanda ngo kuko yanze agasuzuguro k’abazungu.
Amazu abiri yari arimo abapangayi y’umuturage witwa Nambajimana Jean Bosco utuye mu murenge wa Kamembe yafashwe n’inkongi y’umuriro ahagana saa kumi n’ebyiri zo ku mugoroba wo kuwa 31/01/2014 arashya arakongoka.
Umunyamabanga wa Leta Ushinzwe Amashuri Abanza n’Ayisumbuye, Dr Harebamungu Mathias arashishikariza urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye guharanira kubaka Ubunyarwanda muri bo birinda kugwa mu mutego w’amateka mabi y’ivanguramoko yaranze u Rwanda mu bihe byatambutse.
Bamwe mu bahinzi b’umuceri mu karere ka Muhanga mu gishanga cya Rugeramigozi barasaba ubuyobozi ko bwabafasha amafaranga bakatwa ku musaruro akagabanuka kuko ngo ntacyo basigarana.
Abanyarwanda birukanwe mu gihugu cya Tanzania bakomoka mu karere ka Ruhango, tariki 31/01/2014, batangiye gutuzwa mu mirenge abenshi banakomokamo. Aba banyarwanda bari bamaze ibyumweru bitatu bacumbikiwe mu murenge wa Ntongwe nyuma yo kuvanwa mu nkambi ya Kiyanzi na Rukara.
Urubyiruko rwiga mu bigo by’amashuri yisumbuye binyuranye byo mu Murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe rurasabwa kugera ikirenge mu cy’intwari z’igihugu u Rwanda rwibuka tariki ya 01/02 buri mwaka.
Abana bigaga ku ishuri ryisumbuye ry’i Nyange banze kuvuga ubwoko bwabo igihe bari batewe n’abacengezi tariki 18/3/1997, ahubwo bagahamya ko ari “Abanyarwanda” bigaragaza ko Abanyarwanda bashobora kugaruka ku isano ibahuza y’Ubunyarwanda.
Kuri iyi tariki ya 1/2/2014 yahariwe Umunsi mukuru w’Intwari, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yifatanyije n’Abanyarwanda kuzirikana ku ntwari z’Igihugu, zitangwaho urugero rwo kuba zaraharaniye inyungu z’u Rwanda n’Ubunyarwanda kurusha inyungu zabo bwite, cyangwa iz’abantu bamwe.
Abanyeshuri bo mu kigo cy’ amashuri yisumbuye cya Murama, basanga kuba bashyikirijwe insakaza mashusho “Télévision”, ikoresha ikoranabuhanga rya Digital ari inkunga ikomeye bahawe, nabo bakazarushaho gukurikira amakuru y’ u Rwanda no hanze , ariko bazanayifashisha mu masomo yabo.
Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) yakiriye inkunga ya moto 30 zizahabwa uturere 30 tw’igihugu n’ingobyi y’abarwayi imwe (ambulance) yagenewe ibitaro bya Kinihira.
Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro baravuga ko hashize imyaka itatu imwe mu mitungo yabo yarangijwe n’ibikorwa byo gukwirakwiza umuriro muri uwo murenge, ariko bakaba batarishyurwa.
Nsabiyaremye Jean de Dieu, umuyobozi w’umudugudu wa Rwerinka, Akagari ka Bwinza ho mu Murenge wa Kinazi, mu Karere ka Huye, yiyemeje guha imbabazi abamwangirije imitungo mu gihe cya Jenoside barenga ijana kandi batazimusabye.
Umucuruzi witwa Nzeyimana Jean Marie Vianney ukorera mu karere ka Huye yazanye imurikagurisha yateguye ku giti cye mu karere ka Nyanza rikaba rizamara ibyumweru bibiri n’igice.
Abaturage b’akagali ka Buramira mu murenge wa Kimonyi ho muri Musanze, nyuma y’uko babonye ko igisimba cyitazwi cyiri kuruma abantu ku bwinshi, biyemeje kugihiga, baza kubivumbura ari bitatu babasha kwicamo kimwe.
Mu rwego rwo guteza imbere no kumenyekanisha umuryango wa Afrika yunze ubumwe (African Union) hamwe n’ibyo ukora mu Rwanda, hateguwe amarushanwa mu bigo by’amashuli azaba tariki 02-03 Gashyantare 2014.
Abakozi ba sosiyete ya MICON REAL Line Ltd harimo n’umwe wari ushungereye aho bashinga amapoto ku muhanda wa Kigali –Huye bakubiswe n’amashanyarazi y’ikigo cya EWSA bajyanwa mu bitaro bya Nyanza ari indembe.
Tagisi yo mu bwoko bwa Toyota Hiace ifite puraki RAC 676 C yavaga mu Mujyi wa Rubavu yerekeza i Kigali yakomeze impanuka, abagenzi batatu bahita bitaba Imana, abandi umunani barakomereka.
Abayobozi bakuru ba kaminuza y’u Rwanda, bahuriye mu karere ka Musanze kuva kuri uyu wa kane tariki 30/01/2014, mu mwiherero w’iminsi ibiri kugirango baganire ku nshingano bahawe yo guhindura iyi kaminuza imwe mu z’icyitegererezo muri Afurika.
Mu bukangurambaga ku ikoranabuhanga bwabereye mu murenge wa Nyungo akarere ka Rubavu, Minisiti w’urubyiruko n’ikoranabuhanga yasobanuye ikoranabuhanga yifashishije interuro eshatu zigira ziti: “Ikoranabuhanga ni urufunguzo, Ikoranabuhanga ni ibanga ry’ejo hazaza, ikoranabuhanga ni ubukungu”.
Abakora ubucuruzi bw’akajagari ku muhanda mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu barasabwa kubireka bakagana udusoko bashyiriweho “selling point”. Ni nyuma y’aho abemeye bagacururiza mu dusoko twabugenewe, bagarararije impungenge zo kubangamirwa n’abacururiza ku muhanda bigatuma batagurisha uko bikwiye.
Nyuma y’uko kuwa gatatu tariki 29.1.2014 hasohokeye itangazo ryambura uwari Nyampinga wa CBE Uwase Samantha Ghislaine ikamba yahawe ngo abe Nyampinga w’iri shuri mu mwaka w’amashuri 2013-2014, impaka zirakomeje aho bamwe bemeza ko yarenganye abandi bakemeza ko yahawe igihano kitajyanye n’ikosa yakoze.
Bamwe mu bacuruza ifumbire bo mu turere twa Musanze na Burera, baravuga ko serivisi y’ikoranabuhanga ya mVisa ije kubafasha kubona ifumbire mu buryo bworoshye kandi bwihuse cyane ko umucuruzi azaba ashobora kugurira aho ashaka.
Bamwe mu baturage batuye imidugudu ine yo mu murenge wa Cyeza cyane igice cy’akagari ka Kivumu bavuga ko bamaze ibyumweru bibiri barabuze umuriro w’amashanyarazi nyuma yuko hibwe icyuma gisakaza umuriro mu bice bitandukanye bigize uyu murenge.
Abafasha mu by’amategeko 72 baturutse mu mirenge icyenda igize akarere ka Ruhango, basobanuriwe tekiniki zo kuba umufasha mu by’amategeko ndetse banibutswa ko kurega atari byo bakwiye gushyirwa imbere.
Abashinwa batuye mu karere ka Nyamasheke, by’umwihariko abakora muri sosiyete China Road and Bridge Corporation ikora umuhanda muri aka karere, ku mugoroba wa tariki 30/01/2014 bakoze ibirori byo gusoza umwaka wa 2013 bigendanye n’Ingengabihe y’Ukwezi (Lunar Calendar) bakoresha iwabo.
Nubwo byasobanuwe bihagije kuva mbere hose ko mu Rwanda nta Jenoside 2 zahabaye, bamwe mu bagize inzego zitandukanye kuva ku mudugudu no mu tugari bamaze iminsi bahabwa ibiganiro kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, bavuga ko aribwo bumvise neza ko habaye gusa Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inganda zo mu Rwanda zirashimirwa ubushake zigira mu gucunga neza ibizikorerwamo no kwita ku bidukikije, nk’uko bitangazwa n’ubuyobozi bwa Minisiteri y’Inganda n’Ubucuruzi (MINICOM).
Abarwanyi ba FDLR batashye taliki ya 28/1/2014 batangaza ko batashye kubera gutinya ko uyu mutwe ushobora kuraswaho na MONUSCO ifatanyije n’ingabo za Congo (FARDC) nk’uko byandekeye M23 yarwanyaga Leta ya Congo na ADF-Nalu irwanya Leta ya Uganda.
Impugucye muri Kaminuza n’abashakashatsi bo mu bihugu bigize umuryango wa CEPGL hamwe na kaminuza yo mu gihugu cy’Ububiligi ndetse n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere RGB baraganira ku mikorere y’umuryango w’ubukungu w’ibihugu by’ibiga bigari mu myaka 50 iri imbere.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba buri tariki 1 Gashyantare, abaturage bo mu karere ka Burera batangaza ko kwibuka Intwali z’u Rwanda bituma n’abandi baharanira kugera ikirenge mu zacyo cyane ko ngo ari zo zatumye u Rwanda rugera aho rugeze ubu.
Umuyobozi w’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zishinzwe kugarura amahoro muri Kongo-Kinshasa, Martin Kobler, yatangaje ko muri uyu mwaka wa 2014 bashyize imbere kurwanya umutwe wa FDLR kimwe na ADF Nalu, umutwe ukomoka muri Uganda.
Abacamanza baburanisha urubanza rwitirirwa Lt Joel Mutabazi kuri uyu wa 30/01/2014 bamujyanye mu karere ka Rwamagana kwerekana aho bivugwa ko yari yarahishe imbunda mu rugo rw’uwitwa Mutamba Eugene, nyirarume wa Lt Mutabazi.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Kayonza ngo bifuza ko gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” yashyirwamo ingufu mu mashuri, kandi ikaba rimwe mu masomo y’ingenzi yigishwa kuko mu mashuri ariho hari imbaraga z’ahazaza h’u Rwanda.
Abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari barasaba ubuyobozi bw’akarere kubazamura mu ntera bagahabwa 15% by’umushahara nk’uko babimenyeshejwe n’ubuyobozi muri Nyakanga 2013 ariko bikaba bitarashyizwe mu bikorwa.
Umuryango nyarwanda FCYF (Fair Children and Youth Foundation) watangije ibikorwa byawo mu Karere ka Gakenke kuri uyu wa 30/01/2014 uzibanda gufasha abantu bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga kwiga unabakorere ubuvugizi.
Abayarwanda batahutse bavuye muri Congo kuri uyu wa 30/01/2014 bavuze ko batari bazi ko bakwakiranwa impuhwe bitewe n’ibihuha babwirwaga mu mashyamba ya Congo.
Ubuyobozi bw’ikipe ya Rayon Sport buratangaza ko kugeza ubu butarumvikana n’umutoza w’Umubiligi Luc Eymael uri mu Rwanda, akaba yari yaje gusimbura umufaransa Didier Gomes da Rosa ariko kugeza ubu amafaranga arimo gutuma impande zombi zitumvikana.