Ubuyobozi bw’akarere ka Kayonza burasaba abafite inzuri muri ako karere gushishikarira kwishyura ibirarane by’imyenda bagafitiye bitarenze mu mpera z’uyu mwaka wa 2013. Ako karere gafitiwe imyenda igera kuri miriyoni 349 z’ibirarane by’imisoro ku nzuri yagombaga kuba yarishyuwe kuva mu mwaka wa 2011.
Umushinjacyaha mukuru wa leta mu Rwanda, Richard Muhumuza, aratangaza ko mu gikorwa cyo kugaruza imitungo ya leta yanyerejwe mu buryo budasobanutse ngo hamaze kugaruzwa miliyoni 24 z’amafaranga y’u Rwanda gusa mu gihe habarurwa ko asaga miliyoni 160 ariyo yanyerejwe n’abantu banyuranye, benshi muri bo bakaba abakozi ba leta. (…)
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Karongi iratangaza ko abantu bamaze iminsi biba amabendera y’igihugu mu mirenge itandukanye muri ako karere bamaze iminsi mike bashyikirijwe inzego z’ubutabera.
Ubwo Makoden Negatu uhagarariye Banki Nyafurika itsura Amajyambere BAD, Banque Africaine de Development, mu Rwanda yasuraga akarere ka Rulindo kuwa gatatu tariki ya 11/12/ 2013 yemeje ko iyo banki yiteguye gutanga amafaranga akenewe ngo hubakwe umuhanda uzahuza uturere twa Rulindo mu majyaruguru na Nyagatare mu burasirazuba.
Abajura bataramenyekana bishe idirishya ry’ibiro by’umucungamutungo w’urwunge rw’amashuri rwa Congo-Nil mu karere ka Rutsiro mu ijoro rishyira kuwa kabiri tariki 10/12/2013 bibamo ibikoresho binyuranye birimo mudasobwa 20 z’abana n’ibindi bintu bitandukanye byose hamwe bifite agaciro kari hagati ya miliyoni eshatu n’enye (…)
Ikipe y’igihugu ya Kenya yegukanye igikombe cya CECAFA ku nshuro ya gatandatu nyuma yo gutsinda Sudani ibitego 2-0 mu mukino wa nyuma wabereye kuri sitadi bita Nyayo i Nairobi kuwa kane tariki ya 12/12/2013.
Minisitiri w’umutekano w’igihugu Fazil Harerimana arahamagarira abikorera n’uturere kurushaho kugirana ubufatanye mu bikorwa by’iterambere, ariko agashimangira ko ubwo bufatanye bugomba no kuba hagati y’abikorera ubwabo.
Habimana Samuel w’imyaka 17 y’amavuko yitabye Imana ku mugoroba wa tariki 11/12/2013 agwiriwe n’imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yari ipakiye imbaho mu mudugudu wa Gatoki mu kagali ka Kabuga mu murenge wa Nyagisozi mu karere ka Nyanza.
Mukanyonga Damars w’imyaka 56 y’amavuko ari mu maboko ya polisi guhera tariki ya 12/12/2013, azira guha umupolisi ruswa ngo afungure umuhungu we wari wafatanywe ikiyobyabwenge cya Kanyanga.
Urwego rushinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’ihame ry’uburinganire bw’umugabo n’umugore bita GMO, Gender Monitoring Office, ku bufatanye n’ibiro bishinzwe kugira inama abaturage mu by’amategeko mu karere ka Karongi MAJ, Maison d’Accès à la Justice bumvise kandi bakemura bimwe mu bibazo abaturage babagejejeho kuwa, batanga (…)
Umuryango Partners In Health, Inshuti Mu Buzima wageneye amagare abana 53 bafite ubumuga bwo kutabasha kugenda neza bagatanga n’ibikoresho ku bigo nderabuzima bikorera mu karere ka Kirehe bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 30 mu mihango yabaye kuwa 11/12/2013 mu karere ka Kirehe.
Mu marushanwa ya League des champions ahuza amakipe aba yarabaye aya mbere muri shampiyona z’iwayo yaraye abaye kuri uyu wa 11/12/2013 andi makipe umunani yiyongereye ku yari yamaze kubona bidasubirwaho itike yo kwerekeza muri 1/8 cy’iri rushanwa. Icyagaragaye ni uko amakipe y’Ubudage n’Ubwongereza yose yakomeje.
Umurambo w’umwana w’umukobwa w’imyaka 12 wataruwe mu gice cy’ikiyaga cya Kivu giherereye mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke tariki ya 10/12/2013 nyuma yo kurohama muri iki kiyaga tariki ya 09/12/2013, ubwo yari yajyanye n’abandi bana bato koga.
Abanyeshuri bafashwa kwiga amashuri yisumbuye n’umushinga Partners In Health, Inshuti Mu Buzima bo mu karere ka Burera baratangaza ko uwo mushinga wabafashije cyane kuko iyo batawugira bari kuba baravuye mu ishuri.
Itsinda ry’abiga mu ishuri rya gisirikare rya Kenya bari mu rugendoshuri mu Rwanda baravuga ko ishuri rikuru rya gisirikare ry’u Rwanda rikorera i Nyakinama mu karere ka Musanze riri mu nzira nziza izarigira ishuri ry’icyitegererezo mu karere u Rwanda ruherereyemo kose.
Umugore witwa Mukasine Sabine w’imyaka 30 utuye i Gasenga mu kagari ka Nyamata Ville mu murenge wa Nyamata muri Bugesera wafashwe n’inzego z’umutekano arafungwa nyuma yo gusanganwa udupfunyika tw’urumogi 77 yacururizaga iwe.
Inkongi y’umuriro yibasiye igikoni cya resitora yitwa ‘Umutima Mwiza’ iherereye mu murenge wa Rubengera mu karere ka Karongi ariko ku bw’amahirwe ntihagira umuntu uhiramo.
Umuyobozi ushinzwe irangamimerere mu murenge umwe muri Karongi yasabwe gusohoka mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi kubera ko ngo yaje mu nama ameze nk’utazi icyo aje gukora.
Umugabo ufite imyaka 42 afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, akurikiranyweho icyaha cyo kwiba amakarita yo guhamagara ya sosiyete y’itumanaho ya Airtel afite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 740.
Melanie Brown w’imyaka 38 uzwi ku izina ry’ubuhanzi Mel B, waririmbaga muri Spice Girls yatangaje ko umunsi mukuru wa Noheli azawurira mu Rwanda ari kumwe n’umuryango wa Perezida Paul Kagame.
Umuturage wo mu mudugudu wa Kinkoronko mu kagari ka Gikaya ko mu murenge wa Nyamirama muri Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Mukarange mu karere ka Kayonza, akekwaho kuba yarateye igiti cy’urumogi iwe mu gikari.
Urubyiruko ruri mu itorero mu karere ka Gisagara rurahamagarirwa gufata iya mbere mu kwimakaza ubumwe n’ubwiyunge mu Banyarwanda, kugira ngo amateka mabi yaranze u Rwanda atazongera kandi hanaranduke ibitekerezo bibi yaba yarasize muri bamwe.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere myiza RGB, Rwanda Governance Board, bwagaragaje ko Abaturarwanda bishimira ko hari intambwe igaragara yatewe mu kubagezaho serivisi nziza ariko hakaba hari ibikwiye gushyirwamo imbaraga kurushaho kuko bitaragerwaho ku buryo buhagije.
Mu karere ka Nyabihu habaye impinduka zizatuma abaturage babona abayobozi n’abakozi bashya mu nzego zinyuranye nko mu mirenge no mu bigo nderabuzima hose mu karere, nk’uko tubicyesha amakuru yamenyekanye kuwa 11/12/2013.
Umutoza w’ikipe y’umupira w’Amaguru y’u Rwanda asanga kuba Amavubi akunze gutsindwa akanasezererwa rugikubita mu marushanwa atandukanye yitabira, ahanini bituruka ku makipe abakinnyi bajya mu ikipey’igihugu baba bakomokamo kuko ngo ayo makipe akina muri shampiyona idakomeye, bityo n’abakinnyi bakaba baba bai ku rwego rwo hasi.
Abaturage bo mu mirenge ya Rwimbogo na Gitoki mu karere ka Gatsibo batangiye kwiruhutsa nyuma y’aho abari ku irondo bataye bataye muri yombi umwe mu bajura bibaga insinga z’amashanyarazi witwa Bangayandusha, ndetse n’abo bafatanyaga bakamenyekana n’ubwo bataratabwa muri yombi.
Ubwo hatangizwaga icyumweru cyahariwe ubufasha mu by’amategeko mu karere ka Rulindo, hatangajwe ko muri ako karere bagiye kwita cyane ku gukurikirana imanza z’abana n’abatishoboye.
Abana 25 baturutse muri Uganda, baje gukambika mu Rwanda mu rwego rwo kwitoza kubaho mu buzima bugoye no kubyereka bagenzi babo bo mu bihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba EAC. Bavuga ko mu byo bamenye harimo kuba bateye ibiti ku mihanda mishya iri mu kagari ka Kiyovu, mu mujyi wa Kigali.
Umukobwa uri mu kigero cy’imyaka 19 wigaga mu ishuri ry’imyuga, Amizero Training Center ryo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza, yabyaye umwana tariki 10/12/2013 amuzingira mu myenda arangije amusiga mu nzu abanyeshuri bararamo [dortoir] ahita ajya kwa muganga.
Dusabimana Berchmans uri mu kigero cy’imyaka 62 na Sibomana Celestin uri mu kigero cy’imyaka 48 bafungiye kuri polisi mu murenge wa Rwinkwavu. Abo bagabo bombi bafashwe na polisi tariki 09/12/2013 bateka Kanyanga mu mudugudu wa Twiyunge mu kagari ka Mukoyoyo, mu murenge wa Rwinkwavu wo mu karere ka Kayonza.
Habimana Theoneste w’imyaka 35 ukomoka mu kagali ka Buranga, Umurenge wa Nemba ho mu Karere ka Gakenke amaze kumenyekana nk’umukarani-ngufu udasanzwe kubera gutwara ibintu byinshi, avuga ko atwara kilogarama “900” ku ngorofani.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera, inzego z’umutekano n’abaturage bo muri ako karere baturiye ikirunga cya Muhabura, bameneye mu ruhame ibiyobyabwenge bya kanyanga, urumogi, ndetse n’izindi nzoga zitemewe mu Rwanda, ziza mu mashashi, mu rwego rwo gukangururia abo baturage kubireka burundu kuko bibangiriza ubuzima bikanamunga (…)
Gukaza marondo ngo gutanga amakuru ku kintu cyose abaturage babonaga kidasanzwe iwabo biri mu byo abaturage bo mu kagali ka Mahango mu murenge wa Kibungo muri Ngoma bavuga ko byatumye bahangana n’amabandi bari yabugarije.
Nyuma y’amasaha atanu umusore n’umukobwa yateretaga bari guhaha imyenda y’uwo mukobwa, byaje kurangira umusore yiyahuriye muri iryo soko kuko umukobwa yari amurembeje ashaka ko bajya kugura izindi nkweto mu gihe umusore yavugaga ko uwo mukobwa asanganywe umubare w’inkweto atazabasha kwambara ubuzima bwe bwose.
Umuyobozi w’ingabo za Monusco Gen Dos Santos Cruz yatangaje ko MONUSCO yatangiye ibikorwa byo kurwanya FDLR mu bice bimwe iherereyemo muri Kivu y’amajyaruguru nyuma yo gusabwa gushyira intwaro hasi abagize uyu mutwe bakinangira.
Bamwe mu Banyarwanda baba mu mahanga bari bitabiriye inama y’igihugu y’umushyikirano baherekejwe na perezida wa Sena, Dr. Jean Damascene Ntawukuriryayo, basuye urwibutso rwa Nyamata mu karere ka Bugesera.
Abanyeshuri bo muri kaminuza yigisha iby’amahoteli n’ubukerarugendo (RTUC) baratangaza ko inyigisho zitandukanye bahabwa n’ubuyobozi bw’igihugu zibafasha gusobanukirwa inshingano zabo n’urubyiruko kwirinda abashaka gusubiranishamo Abanyarwanda.
Abarwanyi ba FDLR baherutse gutaha mu Rwanda babwiye Kigali Today ko kubasha kugaruka mu Rwanda bakabona bahakandagije ibirenge ari amahirwe kuko nta wakwifuza kugumam muri FDLR dore ko ngo na benshi mu bakiyirimo baba batabishaka.
Abanyeshuri bigaga muri Kaminuza yitwaga Community Intergrated Polytechnic CIP baravuga ko bahejejwe mu gihirahiro n’ubuyobozi bw’iyo kaminuza, nyuma y’aho ifungiwe kubera kutuzuza ibyangombwa.
Ngo Abanyarwanda bakwiye kumenya no kujya bahora bazirikana ko icyo bahuriyeho atari ubwoko ahubwo ari igihugu gituma bose bitwa Abanyarwanda kandi bikaba bikwiye kubafasha kuba bamwe no guharanira imibereho myiza n’iterambere rusange nk’Abanyarwanda.
Gahunda nshya yashyizweho na Ministeri y’Ubucuruzi n’Inganda yo gucuruza ibirayi hifashishijwe amakusanyirizo izanye ibisubizo ku bibazo abahinzi b’ibirayi bari bafite.
Kuri uyu wa kabiri tariki 10.12.2013, abahanzi nyarwanda bakora injyana nyafurika harimo Eric Mucyo n’abandi, bazataramira abakiriya bazaba bari muri “Le Must Pub” aho bazaririmba injyana nyafurika bari kumwe na Dj Adams ari nawe utegura iki gikorwa.
Bamwe mu basoreshwa bo mu karere ka Rulindo bavuga ko uburyo basoreshwa butanejeje kuko ngo bukorwa hadakurikije ibyo baba bakora bibinjiriza.
Abatuye centre ya Kabeza mu murenge wa Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare, batangaza ko biteguye kubyaza umusaruro ikigo cyubatswe n’idini ya Islam bakamenya ibijyanye n’ikoranabuhanga.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru muri Turukiya ryikomye Drogba na Eboue bakinira ikipe ya Galatasalay kuko ngo bitemewe na buhoro muri icyo gihugu kuvanga politiki n’umukino kandi bikaba bibujijwe kwandika amagambo ajyanye n’ibya politiki ku myenda y’abakinnyi.
Abanyamadini atandukanye akorera mu Rwanda barasabwa kugira uruhare rufatika mu kurwanya ihohoterwa rikorerwa mu ngo rikibasira abana n’abagore, kuko imibare iheruka igaragaza ko impfu zituruka kuri ryo yongeye kuzamuka muri uyu mwaka.
Abahinzi b’ibirayi bo mu karere ka Burera bavuga ko iyo umusaruro w’ibirayi wabaye mwinshi bibatera igihombo kuko abacuruzi babirangura ku giciro cyo hasi cyane maze bigatuma amafaranga batakaje babihinga batayakuramo.
Lionel Messi wa FC Barcelone, Cristiano Ronaldo wa Real Madrid na Frank Ribery wa Bayern Munich nibo bakinnyi batatu batoranyijwe, bagomba kuzavamo uwahize abandi bose akazahabwa umupira wa zahabu (Ballon d’Or 2013).
U Rwanda rwifatanije na Afurika y’Epfo kimwe n’ibindi bihugu ku isi, mu guha icyubahiro Nelson Mandela akaba ari muri urwo rwego ku biro by’ubuyobozi butandukanye n’ahandi hari ibendera ry’igihugu n’andi, usanga yururukijwe agezwa hagati.
Kamanzi Damien wamamaye cyane mu mujyi wa Nyanza ku izina rya “Murundi” kubera ibikorwa by’urugomo ndetse akaba akekwaho kuba inyuma yo gufata abagore n’abakobwa ku ngufu n’ubujura bukoresheje ingufu yatawe muri yombi polisi y’igihugu tariki ya 9/12/2013 ahagana saa tanu z’amanywa.