Abantu bane bari mu maboko ya polisi y’igihugu kuri sitasiyo ya Polisi ya Gasaka, bakekwaho kuba inyuma y’ubujura bw’ibendera ry’igihugu ryibwe ku biro by’akagari ka Bwama mu murenge wa Kamegeri mu ijoro rya tariki 25/05/2014 mu masaha ya saa yine.
Issa Boniface w’imyaka 26 y’amavuko ukomoka mu Gatenga mu karere ka Kicukiro, afungiye kuri station ya Polisi ya Nyamagana mu karere ka Ruhango guhera tariki 24/05/2014, azira kubeshya abaturage ko ari umukozi wa ESWA akabaka amafaranga kugirango abahe amashanyarazi.
Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi mu Rwanda (HCR) ryageneye imodoka Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza n’Impunzi (MIDIMAR) Polisi y’igihugu n’Ikigo gishinzwe abinjira n’abasohoka mu rwego rwo kubongerera ubushobozi mu kunoza akazi kajyanye no kwita ku mpunzi.
Ubuyobozi bwa Banki Nyafurika Itsura Amajyambere (BAD) bwasuye umushinga wa Kivu Watt urimo kubyaza amashanyarazi muri gaz methane yo mu Kivu bareba aho ibikorwa by’uwo mushinga bigeze ndetse n’ikibazo cyabayemo cyatumye utarangirira gihe dore ko ngo wagombye kuba waratangiye gutanga ingufu z’amashanyarazi kuva muri Mutarama (…)
Umurambo w’umugabo witwa Misago Augustin watoraguwe mu kiyaga cya Rweru n’abapolisi bashinzwe gucunga umutekano mu mazi ku mugoroba wa tariki 25/05/2014.
Ibihugu bigize umuryango wa Afurika y’uburasirazuba (EAC), birategura gushyira mu bikorwa amazeserano yasinywe n’aba Perezida mu kwezi kwa kabiri k’uyu mwaka, agamije gufata no guhererekanya abanyabyaha ba buri gihugu, ndetse no gutabara kimwe muri ibyo bihugu mu gihe cyaba cyatewe.
Nyiratsinda Flora warokokeye i Karubamba ho mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza avuga ko abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bafite igihango badakwiye gutatira bagiranye n’ingabo zabatabaye ubwo zahagarikaga Jenoside yorekaga imbaga mu bice bitandukanye by’u Rwanda.
Abanyeshuri biga muri kaminuza ya Carleton bari mu rugendo shuri mu Rwanda baravuga ko bakurikije ibyo abanyamakuru bakorera mu Rwanda bababwiye basanga itangazamakuru ryo mu Rwanda ryateye imbere kurusha uko imiryango mpuzamahanga irivuga.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative ya Coopte Mulindi mu karere ka Gicumbi bavuga ko icyayi ari igihingwa ngandurabukungu ku gihugu kuko cyinjiza amadovise kikanagirira akamaro kanini abagihinga kuko cyabafashije kwivana mu bukene.
Ubwo abakozi b’ikigo cya EWSA ishami rya Ruhango bamushyikirizaga inka ya kijyambere, Umukecuru Mukarubibi Jacqueline warokotse Jenoside akaba atuye mu karere ka Ruhango yatangaje ko ashima cyane Perezida Kagame kuko yatoje Abanyarwanda umuco wo gufashanya.
Ukudahuza kw’amasosiyete acuruza itumanaho mu karere k’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) biracyabangamiye ubwisanzure bw’abaturage mu guhamagarana, kuko ibiciro bigihanitse ariko hashyizweho ingamba zo guhuza imikoranire ibigo bicuruza itumanaho muri aka karere.
Ubwo abahanzi bari mu irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star bataramiraga mu karere ka Ngoma tariki 24/05/2014, Abanyengoma barabishimiye cyane baranabashyigikira.
Abakozi n’abanyamigabane ba Banki y’Abaturage y’u Rwanda/Ishami rya Kibuye basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Bisesero banatera inkunga y’amafaranga miliyoni imwe abarokokeye Jenoside mu Bisesero mu rwego rwo kubafata mu mugongo no kubaherekeza mu rugendo rwo kwigira.
Mu murenge wa Rambura, mu karere ka Nyabihu hashyizweho ikarita ifasha abaturage kurushaho kumenya, gukurikirana, kwitabira no gushyira mu bikorwa gahunda za Leta.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu murenge wa Kanjongo mu karere ka Nyamasheke bahaye ishimwe umuyobozi w’ibitaro bya Kibogora, Dr Nsabimana Damien, kubera ubwitange n’urukundo yakomeje kugaragariza abarokotse mu buryo ayoboramo ibitaro ndetse n’ubufasha yakomeje kugaragaza ku giti cye abuha abarokotse Jenoside (…)
Imibiri 8029 yashyinguwe mu rwibutso rushya rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Karubamba mu murenge wa rukara wo mu karere ka Kayonza tariki 25/05/2014. Imwe muri iyo mibiri yari isanzwe ishyinguye mu mva rusange y’i Karubamba ariko iza kuvanwamo nyuma y’uko bigaragaye ko iyo mva yatangiye kwangirika.
Abanyamuryuango ba FPR-Inkotanyi bo mu karere ka Rwamagana barasabwa kuba intangarugero mu bikorwa bifatika bakora kugira ngo abandi babarebereho kandi bagafasha abandi baturage kuzamuka ngo kuko ibikorwa bya FPR si amagambo gusa ahubwo ni ibikorwa bifatika.
Ikipe y’u Rwanda y’abagore yatsinzwe na Nigeria ibitego 4-1 mu mukino wabereye kuri Stade Umuganda i Rubavu tariki 24/5/2014 mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika kizabera muri Namibia mu Ukwakira uyu umwaka.
Ubuvugizi bw’ingabo z’u Rwanda (RDF) buratangaza ko bwamaganye kure iyicwa ry’umusilikare wa RDF wari m’ubutumwa bwo kubungabunga amahoro mu ntara ya Darfur muri Sudani.
Ikigo cya TTC Rubengera ndetse n’ibigo by’amashuri yisumbuye byo mu Birambo mu Murenge wa Gashali byegukanye imyanya myinshi yo kuzahagararira akarere ka Karongi ku rwego rw’intara mu marushanwa ndangamuco y’indirimbo, imivugo n’imbyino ku nsanganyamatsiko iti “Ndi Umunyarwanda, inkingi y’ubutwari”.
Uregendo rw’ikipe y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 20 mu gushaka itike yo kuzakina igikombe cya Afurika umwaka utaha rwarangiye ku wa gatandatu tariki 24/5/2014 ubwo yatsindwaga na Gabon igitego 1-0 mu mukino wabereye kuri Stade Monedan i Libreville muri Gabon.
Utazirubanda Beza wari utuye mu kagari ka Nganzo mu murenge wa Kivumu mu karere ka Rutsiro aherutse kwiyahurana n’umwana we wari umaze umwaka n’ukwezi kumwe avutse bikaba bikekwa ko yabitewe n’amakimbirane umugabo yari afitanye n’umugore we.
Mu muhanda uturuka mu mujyi rwagati umanuka i Nyabugogo, habereye impanuka ikomeye y’imodoka yo mu bwoko bwa FUSO yabuze feri ikagonga imodoka zari mu nzira, zirimo bisi ya bwa Coaster n’ivatiri na moto nyinshi. Bikaba bivugwa ko abantu batari bacye bashobora kuba bahasize ubuzima.
Umuryango uhuje Abanyeshuri barokotse Jenoside barangije Kaminuza n’Amashuri makuru (GAERG) urasaba ubuyobozi bukuru bw’igihugu kuwufasha kwihutisha igikorwa cyo kubarura imiryango yazimye muri Jenoside yakorewe Abatutsi kuko uko bitinda ni ko hari impungenge z’uko amazina yabo yazibagirana burundu.
Ubwo hatangizwaha icyumweru cyo kurwanya ibiyobyabwenge mu karere ka Ruhango byagaragaye ko iki kibazo kirimo kugenda gikemuka ariko ubuyobozi bw’akarere butunga agatoki inzego z’ibanze kugaragaza imbaraga nke mu kurwanya ibiyobyabwenge bicururizwa cyangwa bigakorerwa aho bayobora.
Abana 348 bafashwa n’umushinga Compassion Internationale, bahuguwe ku buryo bwo gutegura indyo yuzuye n’isuku igomba kubahirizwa mbere yo gufata amafunguro. Iki gikorwa kije mu kwezi kwahariwe umuryango gufite insanganyamatsiko igira iti “indyo yuzuye n’isuku ihagije, ni ishingiro ry’umuryango”.
Gufungura indyo yuzuye ntibigombera ubushobozi kuko igizwe n’ibiribwa buri wese abasha kubona bimworoheye ariko nanone ntiyagerwaho mu gihe ibiribwa bidateguranywe isuku; nk’uko byagarutsweho ubwo hasozwaga ukwezi kwahariwe kwita ku isuku no kurwanya imirire mibi mu karere ka Nyagatare.
Mu rwego rwo gukangurira abaturage b’umurenge wa Musambira kwirinda indwara ya Malaria imaze iminsi igaragara ku barwayi bivuriza ku bitaro bya Remera Rukoma no ku mavuriro yo mu karere ka kamonyi, Akarere ka Kamonyi gafatanyije n’umuryango imbuto Foundation, bifashishije abakinnyi b’Urunana mu gutanga ubutumwa bwo kwirinda (…)
Inama njyanama y’akarere ka Rubavu yateranye taliki 22/5/2014 yasabye ko umusaza Rulisa Clément usanzwe ukora akazi ko kuvura ku kigo nderabuzima cya Gacuba II kandi yaroherejwe mu kiruhuko cy’izabukuru yahagarikwa.
Mu karere ka Ngororero umuganda ukomeje kuba inkingi mwikorezi mu itermambere ry’Akarere kuko uhuza abayobozi bo mu nzego zose zaba iza gisivili n’iza gisirikare; nk’uko byemezwa n’umukozi w’Akarere ufite umuganda mu nshingano ze Mme Musabeyezu Charlotte.
Nyuma y’ikiganiro umuryango w’abanyamakuru baharanira amahoro PAX PRESS wagiranye n’abayobozi batandukanye hamwe n’abakozi mu karere ka Ngororero, biyemeje gukorana neza n’itangazamakuru ndetse no guha amakuru abaturage ku bibakorerwa, nyuma yo gusanga ibyo bafataga nk’inzitizi atarizo.
Kuva gahunda y’urugerero yatangizwa mu Rwanda byagiye bigaragara ko ibikorwa bakora biba bifitiye igihugu akamaro kuko usanga hagaragaramo ibikorwa byinshi kandi bifitiye akamaro igihugu ariko abo mu karere ka Gakenke ngo hari imbogamizi bifuza ko zakurwaho kugirango bakomeze gutanga umusaruro wisumbuye.
Iyo ugeze mu mirenge ya Macuba na Karambi yo mu karere ka Nyamasheke, utangazwa no kubona ibimasa biziritse mu mirima ibindi biri mu biraro, ugashaka inka y’inyana ukayibona bigoranye.
Umukobwa w’imyaka 18 y’amavuko aragira inama abakobwa yo kujya babanza bagashishoza mbere yo gusanga abasore babasaba kubana kuko cyane cyane mu mijyi abasore babeshya abakobwa ko bakora akazi keza bagerayo bagasanga ahubwo abo basore ntibagira n’aho baba.
Mujawimana Marie Josée utuye mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Gasaka mu kagari ka Nzega aratangaza ko nyuma yo gucikiriza amashuri kubera ubushobozi buke n’ubupfubyi, umuryango utabara imbabare wa Croix Rouge y’u Rwanda wamufashije kongera kubaka ubuzima bwe.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative “Coopte Mulindi” bashyikirije ku mugaragaro amashuri yasaniye urwunjye rw’amashuri rwa Mulindi ku nkunga ya miliyoni zisaga 26.
Abahinzi bo mu karere ka Burera batangaza ko bafite ikibazo cy’amabanki atabaha inguzanyo zo guteza imbere ubuhinzi bwabo bigatuma batabasha gukora ubwo buhinzi mu buryo bw’umwuga kandi bwa kijyambere.
Kuva kuwa kane tariki 22/5/2014, umukozi w’akarere ukora mu biro by’ubutaka ushinzwe ibipimo na GIS, ari mu maboko ya polisi mu mujyi wa Kigali aho akurikiranywe ho kwaka abaturage ruswa ingana n’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 400.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu mu mirenge ya Cyanzarwe na Busasamana bakoranye n’umushinga wa EMA Alexis, bavuga ko bamaze amezi arenga ane batishyurwa mu gihe bagombye gutungwa n’imirimo bakoze.
Mw’ijoro ryakeye ahagana mu masa Saba n’igice zo kuri uyu wa gatandatu tariki 24/5/2014, umurambo w’umusore witwa Adriano Mwizerwa watoraguwe mu muhanda rwagati mu mudugudu wa Murambi mu Kagari ka Rusagara mu Murenge wa Gakenke.
Abana bo mu karere ka Rusizi bakorewe umuhango wo kwibuka bagenzi babo baziza Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, baganirizwa ku mateka yaranze u Rwanda ari nayo yagejeje u Rwanda kuri Jenoside ariko banibutswa uruhare rwabo mu kwiyubaha.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Boneza mu karere ka Rutsiro bufatanyije na polisi icunga umutekano wo mu kiyaga cya Kivu bataye muri yombi abasore batanu, barobaga mu Kivu mu ijoro ryo kuwa kabiri rishyira kuwa gatatu tariki 21/5/2014 bakoresheje imitego itemewe yitwa kaningini.
Bamwe mu bana bahoze baba ku nuhanda batangaza ko leta n’ababyeyi bafite uruhare mu gukura abana ku mihanda, kuko bajyanwamo n’ubukene mu miryango abandi bakoherezwa n’ababyeyi babo.
Aho umwami Mibambwe wa III Sentabyo yabaye i Mbilima na Matovu hagati yo mwaka wa 1741 na 1746, haracyagaragara bimwe mubiti yaba ibyari ku marembo n’ibindi byari uruzitiro.
Abakozi b’ibitaro bya Ruhengeri n’ibigo nderabuzima bibishamikiyeho bibukatse abakozi, abarwayi n’abarwaza 27 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994. Mu buhamya n’amagambo byavuzwe, byagarutse ku ruhare abakozi b’ibyo bitaro bagize, aho batanze bagenzi babo bakoranaga umunsi ku wundi bakicwa.
Urubyiruko rusoje amashuli yisumbuye ruri ku rugerero mu karere ka Gakenke baratangaza ko bishimiye ibikorwa bakorwa n’ubwo nta mafaranga bakuramo, kuko bari kwiyubakira igihugu nyuma yo gukora ibikorwa bifite agaciro ka miliyoni 49 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abayobozi n’impuguke mu by’amazi n’imiturire inoze bitabiriye inama ya Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yasojwe kuri uyu wa gatanu tariki 23/05/2014 i Kigali basanga kubura amazi meza no kutanoza imiturire y’imijyi, ari imbogamizi kuri ejo hazaza h’umugabane w’Afurika.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri y’Ubutabera, Isabelle Kalihangabo, atangaza ko nta gitangaje ko imiryango itegamiye kuri Leta itavuga rumwe na Leta kuko itabibasaba ahubwo ngo iyo miryango igaragaraza ahari ikibazo igafasha Leta kugikemura.
Akarere ka Nyanza kegukanye itike yo kuzahagarira Intara y’Amajyepfo ku rwego rw’igihugu mu marushanwa y’imivugo n’indirimbo yateguwe mu rwego rwo kwitegura isabukuru y’imyaka 14 polisi y’igihugu imaze ishinzwe.
Itsinda ry’abanyeshuri biga ku kigo cya Collège de la Paix mu karere ka Rutsiro ryababajwe n’uko ritabashije gufashwa kwitabira amarushanwa ku miyoborere myiza yabaye ku rwego rw’intara tariki 22/05/2014 mu gihe nyamara bari bamaze ukwezi n’igice babonye itike yo gukomeza nyuma yo kuba aba mbere ku rwego rw’akarere.