Bamwe mu bacuruza ibyo mu bukorikori n’ubugeni, baratangaza ko bahura n’ikibazo cy’uko Abanyarwanda babereka ko bakunze ibikorwa byabo ariko bakarenga bakagura ibinyamahanga kandi kenshi biba bitaruta ibyabo.
Nyuma y’iminsi ine Nkurikiyumukiza Innocent wigaga kuri E.S. Kagogo mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, arohamye mu kiyaga cya Burera akaburirwa irengero, umurambo we wabonetse mu gitondo cyo ku itariki ya 25/02/2014.
Abakozi n’abayobozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyi ngiro (WDA), bagiranye ibiganiro byari bigamije kubasobanurira gahunda ya "Ndi Umunyarwanda" no kubasobanurira amateka nyakuri y’u Rwanda.
Imodoka yo mu bwoko bwa Toyota Coaster ifite purake RAC 650 L, yakoze impanuka irenga umuhanda igwa igaramye gusa ku bw’amahirwe nta muntu wahaguye kuko hakomeretsemo abantu 2 mu bantu 17 bari bayirimo.
Nkurikiyinka Jean Nepomuscene, ukuriye umuryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba ni umwe mu bahamya ko Ngororero yahinduye isura kubera kugira abayobozi bazi icyo abaturage bakeneye.
Imibiri ibihumbi 60 yari yarajugunywe mu cyobo bise CND cyiri ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi akarere ka Ruhango mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yose yamaze kuhimurwa ijyanwa ku biro by’umurenge wa Kinazi.
Mu biganiro bihuza Leta n’abikorera hagamijwe iterambere ry’abacuruzi (RPPD), ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, abikorera bagaragaje ko ibi biganiro ari byo bizagira uruhare rukomeye mu kubaka iterambere ridasubira inyuma kandi bitume batanga n’akazi ku bakozi benshi.
Kirenga Chris, ishimwe Ange, Kayitare Jean Michel Toussaint na Ingabire Tricia ni bo banyeshuri bazahagararira abandi bo mu Turere twa Nyanza na Huye mu marushanwa ku rwego rw’Akarere k’ibiyaga bigari ku bijyanye no kuvugira mu ruhame (public speaking).
Umugabo w’imyaka 47 wo mu gihugu cya Cambodia yafashwe n’abaturage ubwo yari yasinziriye mu mva y’umwana w’umukobwa w’imyaka 17 wari wahashinguwe ashaka kumusambanya.
Igikorwa cyo gutora Nyampinga w’u Rwanda 2014 cyarangiye kuwa gatandatu tariki 22/02/2.2014 ikamba ryegukanwa na Akiwacu Colombe w’amyaka 19 ahize abandi bakobwa 14 bahataniraga uwo mwanya.
Kuri uyu wa kabiri tariki 25/02/2014 haratangira igikorwa cyo gutora no guha amahirwe yo kwegukana igihembo abakinnyi ba filime hakoreshejwe ubutumwa bugufi kuri telefoni igendanwa.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu kimwe n’Abanyecongo bambukiranya imipaka ihuza akarere ka Rubavu n’umujyi wa Goma bavuga ko hari hakwiye gushyirwaho imipaka izwi kandi igaragara kugira ngo hakurweho ikibazo ko umuntu ashobora kuyirenga agahanwa n’amategeko atabizi.
Dr. Nkurunziza Joseph wagize uruhare mu gushinga umuryango Never Again Rwanda yemeza ko nubwo hari uruhare abakoroni bagize mu gutuma Jenoside iba, uruhare runini ari urw’Abanyarwanda kuko hari Abanyarwanda bishe bene wabo kandi batabitumwe n’abakoroni.
Umutoza wa Police FC, Sam Ssimbwa, ubwo yari amaze gutsindwa na Rayon Sport ibitego 2-1 ku cyumweru tariki ya 23/2/2014, yavuze ko igikombe gisigaye hagati y’amakipe abiri, Rayon Sport na APR FC.
Inama y’abaministiri idasanzwe yayobowe na Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, ku wa mbere tariki 24/2/2014 yagize Lt Gen Charles Kayonga, ambasaderi w’u Rwanda mu Bushinwa; ikaba kandi yashyizeho Umunyamabanga uhoraho mushya muri Ministeri y’ubuhinzi n’ubworozi (MINAGRI), n’abayobozi bashya mu bigo bitandukanye.
Espoir Basketball Club yatwaye igikombe cya shampiyona iheruka, yatangiye shampiyona y’uyu mwaka yitwara neza cyane ubwo yanyagiraga 30 Plus amanota 105-40 mu mukino wabereye muri Camp Kigali ku cyumweru tariki ya 23/2/2014.
Muri santere ya Rukomo yo mu karere ka Gicumbi abacuruzi bafungiwe imiryango kubera kutagira ubwiherero rusange bw’abaguzi (client) nyuma yo gusanga n’ubwiherero buhari budafite isuku ihagije.
Rayon Sport yongeye gufata umwanya wa mbere muri Turbo King National Football League, nyuma yo gutsinda Police FC ibitego 2-1 mu mukino w’umunsi wa 18 w’ikirarane wabereye kuri Stade ya Kigali i Nyamirambo ku cyumweru tariki ya 23/2/2014.
Sosiyete y’itumanaho rya telefoni zigendanwa, Tigo yatangije uburyo bwo gufasha abakiri ba yo bo mu Rwanda na Tanzaniya kohereza no kwakira amafaranga.
Umugore wo mu mu mudugudu wa Miyaga mu kagari ka Buhabwa ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza afungiye kuri sitasiyo ya polisi ya Rukara, akekwaho kuba yarahinze urumogi aruvanze n’amasaka.
Umugabo w’imyaka 56 wo mu gihugu cya Bosnie-Herzégovine amaze imyaka itanu amenye ko umubiri we ushobora gukurura ibintu bimwe na bimwe akoresheje ingufu zidasanzwe yifitemo.
Urwego rw’Igihugu rugenzura uburinganire (GMO) rugaragaza ko hari ibyiciro bigenga ubuzima bw’igihugu bitaraha amahirwe angana ibitsina byombi; rukaba rwatangiye kugirana amasezerano n’inzego zitandukanye, ruhereye ku ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA).
Bagirinshuti Joseph w’imyaka 54 akaba atuye mu murenge wa Jenda mu karere ka Nyabihu avuga ko nubwo yagize uruhare mu kurwanya abacengezi mu mwaka w’1997-1998 yemera ndetsa akanasaba imbabazi ko yagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri komini Mutura ubu ni muri Rubavu.
Mu muhango wo gushyingura Padiri Nambaje Evariste uherutse kwitaba Imana azize abagizi ba nabi, depite Jeanne d’Arc Nyinawase yasabye Abanyarwanda guhanga amaso ubutabera kuko yizera neza ko nibumara gukora akazi kabwo ukuri nyako kuzagaragara.
Imwe mu miryango yirukanwe mu gihugu cya Tanzaniya itujwe mu murenge wa Muyira mu karere ka Nyanza iratangaza ko gahunda yo kuyituza mu midugudu bayitezaho kuzahindura byinshi bijyanye n’imibereho ubu babayemo.
Abakozi ba Minisiteri y’Urubyiruko n’Ikoranabuhanga mu Itumanaho n’Isakazabumenyi (MYICT) bifatanyije n’abaturage bo mu Kagari ka Kageyo, mu Murenge wa Mwiri mu Karere ka Kayonza mu gikorwa cyo kubakira Abanyarwanda birukanwe muri Tanzaniya.
Kuba u Rwanda rukomeje kuba mu bihugu bya mbere ku isi mu korohereza ishoramari no kuzamuka mu bukungu, ngo byatumye ikigo mpuzamahanga gitanga ubujyanama ku mikorere, Deloitte, cyifuza guherekeza abashoramari baza gukorera mu Rwanda, kugirango bunguke kandi bateze imbere igihugu.
Nyuma y’iminsi umunyeshuri witwa Nkurikiyumukiza Innocent, wigaga mu kigo cy’amashuri yisumbuye cya E.S.Kagogo kiri mu murenge wa Kagogo, mu karere ka Burera, arohamye mu kiyaga cya Burera na n’ubu umurambo we nturabone.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Mitali Protais, aravuga ko nyuma y’imyaka ishize Abanyarwanda bakora umuganda ndetse ibikorwa byawo bikaba byigaragaza mu nzego zitandukanye, kuri ubu nta Munyarwanda ukwiye kwibutswa kwitabira umuganda.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri hamwe n’abarezi baravuga ko kwigisha amahame y’itorero ry’igihugu mu mashuri bizoroha cyane kuko itorero ku rwego rw’amashuri ryatangijwe abanyeshuri baramaze gucengera ibyiza byaryo ndetse bakaba basanzwe bafite indangacaciro na za kirazira bagenderaho.
Luc Eymael, umutoza mushya wa Rayon Sport ukomoka mu gihugu cy’Ububiligi aribaza impamvu mu Rwanda amakipe amwe n’amwe afite abafana benshi ariko bakareba umupira bacecetse aho gushyigikira amakipe yabo.
Bamwe mu batuye mu mujyi w’akarere ka Muhanga baratangaza ko bahunze icyaro kuko nta mibereho ihamye ikiharangwa kubera ubwiyongere bw’abahatuye kandi imirimo yaho yo itiyongera.
Kuri uyu wa mbere taliki 24/2/2014, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda nyakubahwa Paul Kagame yakiriye mu biro bye uwahoze ari umuyobozi rusange wa Canada (Governor General of Canada) akaba n’umuyobozi w’ikirenga wa Kaminuza ya Ottawa muri icyo gihugu, nyakubahwa Michaelle Jean.
Umuyobozi w’akarere ka Ngoma, Nambaje Aphrodise, aremeza ko aka karere gafite amahirwe menshi mu ishoramari kubera imiterere yako n’uburyo nta bandi bakahashore imari.
Urwego rw’Umuvunyi rwatangiye gukwirakwiza udusanduku ahantu hatandukanye, tuzajya dufatsha abaturage gutanga amakuru n’ibirego kuri ruswa.
Umusore w’imyaka 19 uvuka mu murenge wa Ruhango akarere ka Rutsiro taliki ya 21/2/2014 yatawe muri yombi n’abaturage bo mu mudugudu wa Bereshi mu karere ka Rubavu hafi y’umupaka w’u Rwanda na Congo agiye muri FDLR nk’uko abyiyemerera.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu karere ka Bugesera mu mpera z’icyumweru bahuriye muri kongere maze bishimira ibyo bagezeho mu mwaka ushize kandi banatangaza ibyo bashyize imbere muri uyu mwaka.
Umugabo witwa Hasengimana Jean Paul w’imyaka 31 y’amavuko afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kabarore, nyuma yo gufatanwa ibendera yari yibye ku Kagali ka Ndatemwa gaherereye mu Murenge wa Kiziguro mu Karere ka Gatsibo.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri yisumbuye bo mu karere ka Gisagara, barashima gahunda ya “Ndi umunyarwanda”, bavuga ko yatumye bahindura imyumvire, ndetse bagahamya ko iyi gahunda buri wese nayishyira mu bikorwa u Rwanda ruzarushaho kuba rwiza.
Nyuma yuko habayeho ukutumvikana ku mubare w’impunzi z’abanyarwanda bari muri Congo hagati ya Leta ya Congo n’ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku mpunzi (UNHCR) byabaye ngombwa ko hakorwa irindi barura birangira habonetse impunzi 185 003.
Mu gusoza umuganda ngarukwa kwezi wabaye tariki 22/02/2014, abaturage bo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu bashimiwe n’ubuyobozi bw’akarere uruhare bagira mu kwirindira umutekano kugeza aho bafata bamwe mu babahungabanyiriza umutekano bitwaza intwaro.
Mu gihe akarere ka Rubavu kakiriye urumuri rutazima rw’icyizere mu mpera z’icyumweru dusoje, Kigali Today irabagezaho amateka ya Ngeze Hassan uvuka muri ako karere akaba yarashinze ikinyamakuru KANGURA cyagize uruhare runini mu gushishikariza Abahutu kwica Abatutsi.
Mu muganda rusange wo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 22/02/2014, abantu basaga ibihumbi 5000 bahuriye mu gikorwa cyo kwimura imibiri y’Abatutsi ibihumbi 60 itarashyingurwa mu cyubahiro yari mu cyobo cy’ahitwa ku Rutabo mu murenge wa Kinazi mu karere ka Ruhango.
Me Evode Uwizeyimana, Umunyarwanda akaba n’impuguke mu mategeko wari umaze igihe kitari gito mu mahanga,akaba yaranamenyekanye kenshi ku maradiyo mpuzamahanga nka BBC ndetse n’ijwi ry’Amerika, ngo gutahuka kwe ntibikwiye kuba ikibazo kuko agarutse mu gihugu cye kugirango afatanye n’abandi Banywarwanda kucyubaka.
Minisitiri w’umutungo kamere, Stanislas Kamanzi arasaba abaturage b’umurenge wa Mushubati mu karere ka Rutsiro gufata neza ingemwe za kawa bateye mu muganda rusange kuko zizabagirira akamaro mu minsi iri imbere.
Shampiyona ya Basketball y’umwaka wa 2014 yatangiye kuri iki cyumweru tariki 23/2/2024, ikaba yatangijwe ku mugaragaro i Rubavu, ahakinwa umukino uhuza APR BBC n’ikipe nshya ya Gisenyi Basketball Club yo mu mugi wa Rubavu.
Rutahizamu wa Manchester United, Wayne Rooney, nyuma y’iminsi atavuga rumwe n’ubuyobozi bw’iyo kipe ku byerekeranye no kuyigumamo, byaje kurangira asinye amasezerano y’imyaka itanu n’igice akazamugeza mu mwaka wa 2019, akazajya ahembwa ibihumbi 300 by’ama Pounds buri cyumweru.
Mu mukino wa Turbo King National Football League uza guhuza Police FC na Rayon Sport kuri iki cyumweru tariki ya 23/2/2014 , Umutoza wa Police Fc Sam Ssmbwa yiyemeje kuwutsinda kugirango yiyongerere amahirwe yo kuguma mu makipe ahatanira igikombe cya shampiyona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe bwafashe ingamba zo gukangurira abaturage kwitabira umuganda buha ibyemezo abawitabiriye kugira ngo abatawitabiriye babashe gutahurwa, bityo bahabwe ibihano biteganijwe.
Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda, Johnson Busingye, arihanangiriza abanyamategeko ba Leta kuri we asanga aribo bashora Leta mu manza rimwe na rimwe ikazitsindwamo kandi hari uburyo bwo kuba zakumirwa hakiri kare.