Ishuri rikuru ry’ubukerarugendo n’amahoteli (RTUC) rizatanga impamyabumenyi ku nshuro ya gatatu ku banyeshuri 433 barangije mu mu byiciro bitandukanye y’ubukerarugeno no gutanga serivisi zinyuranye umwaka ushize, kuri uyu wa kane tariki 22/1/2015.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zigiye gutangiza ibitaro mu murwa mukuru wa Repubulika ya Centre Afrique bizajya byita ku nkomere z’abasirikare n’abasivili, igikorwa kibaye bwa mbere mu mateka y’u Rwanda.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Musanze rwahamije Munyaneza Theogene na Siborurema ibyaha bibiri bari bakurikiranyweho byo gusambanya no kwica umukobwa witwaga Nikuze Xaverina, rukatira Munyaneza igihano cy’igifungo cya burundu na ho Siborurema ahabwa igihano cy’igifungo cy’ imyaka 22.
Abarwanyi b’umutwe wa FDLR batatu bitandukanyije nayo bagataha mu Rwanda baratangaza ko zimwe mu mpamvu zitumye bava muri uwo mutwe ari uko nta kintu kigaragara barwanira kandi banabangamiwe n’ubuzima bubi bamazemo iminsi.
Ngirabega Emmanuel, umuyobozi ushinzwe amasomo mu rwunge rw’amashuri rwa Nyagatare akurikiranyweho gusambanya umunyeshuri w’imyaka 22 abereye umuyobozi no kumushora mu buraya, akaba yagejejwe imbere y’urukiko rw’ibanze rwa Nyagatare kuwa 20/01/2015.
Ubuyobozi bwa Luxury Hotel iherereye mu Murenge wa Kimironko mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali buratangaza ko agaciro k’ibyangijwe n’inkongi y’umuriro kataramenyekana, gusa ngo hangiritse ibikoresho byinshi.
Bamwe mu banyeshuri barangije icyiciro rusange bo mu Karere ka Nyabihu barasaba guhindurirwa ibigo by’amashuri boherejwemo n’ikigo cy’igihugu cy’uburezi (REB) kubera impamvu zinyuranye zirimo iz’amikoro ndetse n’abahawe amashami batifuza.
Ubuyobozi bw’ishuri ry’ababikira ryigisha ibirebana n’amahoteri riri mu Karere ka Rubavu muri Paruwasi Muhato buvuga ko uyu mwaka butazakira abanyeshuri mu mwaka wa kane kubera kutamenya gahunda y’ivugurwa ry’ikibuga cy’indege, kandi aho riri harabaruwe mu hazagurirwa ikibuga cy’indege.
Mukaneza Damarce, umujyanama w’ubuzima utuye mu Kagari ka Gasoro mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Nyanza arashijwa n’umuturanyi we witwa Kabarere Safina w’imyaka 27 y’amavuko kumushishikariza gukuramo inda atwite, ndetse no kumuha imiti ivugwaho ubushobozi bwo kuyikuramo.
Ikipe y’igihugu Amavubi yatangiye gukora imyitozo kuri uyu wa mbere yitegura umukino wa gicuti ifitanye na Tanzania tariki 23/1/2015 i Mwanza.
Abakobwa bo mu Karere ka Kirehe bakomeje kugana umukino wa Karaté ari nako batwara imidari mu marushanwa anyuranye ku rwego rw’igihugu, n’ubwo abantu bakunda kuwitirira uw’abahungu kubera ingufu usaba.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango, Mbabazi Francois Xavier avuga ko ubu akarere gafite umutekano uhagije, ariko ikibazo gafite kagikomereye cyane gikomeje guteza umutekano muke ari ibiyobyabwenge.
Ikigo gishinzwe gukurikirana abana bafite ubumuga cya Gatagara giherereye mu murenge wa Gikondo mu karere ka Kicukiro, cyafunguye ishuri ryagenewe kwigisha abana bavukanye ubumuga bwo mu mutwe, kikabafasha kuzakurira mu muryango Nyarwanda bafite akamaro.
Amatorero n’amadini akorera mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi yiyemeje gukorera hamwe ndetse agakora ibiterane byigirwamo ijambo ry’Imana n’ibiganiro bitandukanye kuri gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”.
Urukiko Rwisumbuye rwa Karongi kuri uyu wa 19 Mutarama 2014, rwategetse ko uwari Umuyobozi w’Akarere ka Karongi, Kayumba Bernard, arekurwa akazakomeza kuburana ari hanze.
Nk’uko mumaze kubimenyera, buri cyumweru Kigali Today ibagezaho inkuru zicukumbuye. Ubu twabahitiyemo kubagezaho inkuru zijyanye n’ikibazo cya ba rwiyemezamirimo bakoresha abaturage ariko hagashira igihe batarabishyura. Uyu munsi turahera ku ntara y’Amajyaruguru.
Semana Gisubizo Yves, umunyeshuri wabaye uwa mbere mu ntara y’Amajyaruguru akaza ku wa kane mu gihugu cyose mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza yashyikirijwe ibihembo byo kumushimira.
Nyuma y’uko uwari perezida w’inama njyanama y’akarere ka Nyamasheke, Musabyimana Innocent yeguriye kuri iyo mirimo, abajyanama bakabyemeza byari bitegerejwe ko Guverineri na we abyemeza.
Imvura yiganjemo amahindu n’umuyaga mwinshi yasakambuye amazu 45 ndetse inangiza ibintu byinshi birimo imyaka nk’ibigori, insina n’ibindi bitandukanye mu Kagari ka Maranyundo mu Murenge wa Nyamata mu Karere ka Bugesera.
Umuyobozi ushinzwe kumenyekanisha amakuru n’ubuvugizi muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Ladislas Ngendahimana atangaza ko abayobozi b’uturere beguye mu mezi abiri ashize bateguye ku mpamvu zabo bwite nk’uko bagiye babitangaza, ahubwo hari inshingano zabo batasohoje uko bikwiye.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Burera bavuga ko kuba hari abana bata ishuri biterwa n’uko ababyeyi babo baba batabitaho bibereye mu gushaka ibiraka bibaha amafaranga hirya no hino, ibyo bita “Guhendebuka” muri ako gace.
Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Sheikh Musa Fazil Harerimana yashimye uburyo abana babana na ba nyina muri gereza ya Gicumbi bitabwaho haharanirwa ko uburenganzira bwabo budahungabana.
Inkuba yahitanye umugabo witwa Nzarinyurahe Etienne w’imyaka 38 wari utuye mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Gihango ho mu Karere ka Rutsiro.
Ishuri rikuru ry’imyuga rya Rusizi (IPR: Integrated Polytechnic of Rusizi) ngo ryitezweho kuba ibisubizo mu iterambere ry’Akarere ka Rusizi ndetse n’igihugu muri rusange.
Carolyn, umukobwa w’Umwongerezakazi wo mu kigero cy’imyaka nka 29, mu kiganiro “Mon incroyable addiction” (bishatse kuvuga “icyo nkunda byahebuje”) gihita kuri imwe muri televiziyo zo mu Bwongereza, yatangaje ko yatakaje amayero ibihumbi 170 (hafi miliyoni 145 z’amafaranga y’u Rwanda) kugira ngo ashobore gusa n’umukinnyi wa (…)
Irushanwa ry’umupira w’amaguru ryiswe “Spaz Cup” ryari rimaze igihe kibarirwa mu mezi abiri ribera mu Murenge wa Cyanika, mu Karere ka Burera, ryashojwe ku wa gatandatu tariki ya 17/01/2015, ikipe yitwa Muhabura FC ari yo itwaye igikombe.
(*Guca urusaku mu tubari byatumye umujyi ubiha!) Hapi Nuya! (Happy New Year – Umwaka Mwiza)
Aline Gahongayire, ari guhumurizwa n’abahanzi banyuranye kubera ibihe bikomeye arimo byo gutandukana n’umugabo we.
Umuryango Humura ukorera mu karere ka Ngoma warihiye ubwisungane mu kwivuza abana 100 birukanwe muri Tanzaniya batujwe mu murenge wa Rurenge unabaha ibikoresho by’ishuri ndetse wanatagiye kubigisha imyuga itadukaye ngo babashe kwiteza imbere bave mu bukene.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe bafite abana abagaragaje indwara ziterwa n’imirire mibi bahawe ihene 140 n’ingurube 100 mu rwego rwo kuyihashya.
Bamwe mu baturage b’Akagari ka Shonga mu Murenge wa Tabagwe mu Karere ka Nyagatare bahitamo kujya kunywera ibiyobyawenge nka Kanyanga mu gihugu cya Uganda.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ngera ho mu Karere ka Nyaruguru baravuga ko hari gahunda za Leta cyane cyane izigenerwa abakene zitabageraho, ahubwo zikagenerwa abatazikwiye bo bita ko bishoboye.
Bikorimana Gerrard n’Uwamwiza Francine baraye bemereye imbere y’Imana n’abantu ko bagiye kubana akaramata ubuzima bwabo bwose bashigaje ku isi.
Umuhanzi Patrick Nyamitari wamenyekanye cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana ubu akaba akora n’izindi ndirimbo zitanga ubutumwa bunyuranye, aratangaza ko nyuma yo gukora indirimbo Nyirakidederi abakunzi ba muzika ye bamusabye kubagezaho indi ndirimbo bityo abagezaho indirimbo nshya yise “Rangwida”.
Umuyobozi w’inama y’ubutegetsi ya Koperative Umwalimu SACCO, Nzagahimana Jean Marie Vianney aravuga ko kuba umwarimu ahembwa amafaranga make bitavuze ko atagomba kwizigamira.
Ndikumana Jean Bosco utuye mu Kagari ka Mushongi mu Murenge wa Mpanga mu Karere ka Kirehe ari mu maboko ya Polisi, sitasiyo ya Nyarubuye akekwaho kwica umugore we witwa Nyirabuyange Atalie amukubise umugeri mu nda mu ijoro ryo ku itariki 16/01/2015.
Urubyiruko rutuye mu cyaro rwifuza ko impano zarwo zakwitabwaho mu bijyanye n’imikino nk’umupira w’amaguru aho usanga bitezwa imbere mu mijyi mu cyaro ntibihagere, kandi hari urubyiruko rwifitemo impano zo gukina umupira w’amaguru.
Abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 batishoboye barimo imfubyi zirera biteganyijwe ko bagiye kongera guhabwa amazu muri uyu mwaka nyuma y’uko mu mwaka ushize hatanzwe amazu 40 ku batishoboye barimo inshike zitagira abazifasha.
Bavakure Jean Claude w’imyaka 32 y’amavuko ukomoka mu Karere ka Ngororero yiyahuje umuti wica udusimba mu myaka mu gitondo cya tariki ya 18/01/2015 bamusuka amata ariko biba iby’ubusa arapfa.
Abatuye Akarere ka Ruhango by’umwihariko abakiristu b’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi, bakiranye urugwiro rudasanzwe korari Ambassadors of Christ Choir yifatanyije nabo mu giterane y’iminsi 14 kimaze igihe gito gitangiye.
Abikorera bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko mu gihe cyose hatabayeho ubufatanye bizagorana kugera ku iterambere na gahunda z’imbaturabukungu, bityo iki kibazo kikazavugutirwa umuti mu itorero ry’abikorera benda kwitabira.
Bamwe mu babyeyi bo mu Karere ka Huye batekereza ko urubyiruko rukwiye kujya rwigishwa kuboneza urubyaro.
Abagize inama njyanama y’Akarere ka Burera bari mu mwiherero w’iminsi ibiri mu mujyi wa Nyanza biga ku bibazo bireba akarere kabo bikeneye ibisubizo mu buryo burambye.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, Nduwayo Viateur yatawe muri yombi n’inzego z’umutekano akekwaho kunyereza amafaranga ya gahunda ya VUP yo mu Murenge wa Nyakarenzo yahoze ayobora, ubu akaba afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kamembe.
Kaminuza Gatulika Nyafurika zigisha umwuga w’itangazamakuru n’itumanaho zigiye guhugura abakenera amakuru kugira ngo barusheho kuyasobanukirwa.
Aborozi bo mu Murenge wa Mutendeli biganjemo abahawe inka muri gahunda ya “Gira inka” barashima ko ubwisungane mu kuvuza amatungo (MUSA y’amatungo) bwatumye babasha kuvuza amatungo, ariko by’umwihariko bakemura ikibazo cyabagaho igihe inka inaniwe kubyara neza bikaba ngombwa ko bayibaga.
Akarere ka Ngoma kagiye gushora amafaranga y’u Rwanda hafi miliyari ebyiri mu kubaka imihanda ifite ibirometero 35 izafasha abahinzi kugeza umusaruro wabo ku masoko (feeder road) badahenzwe n’ababasanga iwabo babagurira ku giciro gito kubera imihanda mibi.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amaraso (NCBT) kiratangaza ko gikeneye abantu benshi batanga amaraso yo gufashisha indembe kugira ngo kibashe kubona n’ayo mu bwoko bwa O Negatif adakunze kuboneka.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Burera bavuga ko kuba muri aka karere hagaragara bamwe mu bana bafite umwanda ku mubiri cyangwa abarwaye amavunja, biterwa n’uko ababyeyi babo batita ku burere bwabo ahubwo bagahugira mu gushaka imibereho gusa badakozwa iby’isuku.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo bashinja bagenzi babo kuba hakiri abagifite imyumvire yo kuragira mu gasozi, mu gihe ubuyobozi bwababujije bubasaba ko amatungo yabo agomba kororerwa mu biraro,bityo bakabasha kubona ifumbire bagafumbiza imyaka yabo.