Itorero Inyamibwa rya AERG ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, ryakoze igitaramo cyo kumurika abana 86 bari hagati y’imyaka 4 na 16 bitwa “Uruhongore rw’inyamibwa”, batojwe umuco nyarwanda na bakuru babo bagize iri torero.
Ikipe ya Yanga yo mu gihugu cya Tanzaniya yaraye isinyishije rutahizamu w’umurundi, Tambwe Amiss wari umaze iminsi akinira mukeba w’iyi kipe Simba.
Ishyirahamwe rihuza za kaminuza zigenga riratangaza ko rigiye gushyiraho amakipe ashobora gukina muri shampiyona zinyuranye mu Rwanda.
Mu mujyi wa Nyanza mu Karere ka Nyanza mu gace k’ahitwa kuri 40 hazwiho kubera uburaya n’ubusinzi bw’ibiyobyabwenge bitandukanye, hagaragaye umukobwa wuzuraga umwuka akabwiriza abasinzi n’indaya yari asanze ku tubari twaho banywa kuri ayo manywa, ku isaha ya saa kumi z’umugoroba wo ku wa 15/12/2014.
Nyuma yo kubona itike yo kujya muri 1/8 cy’igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’Uburayi (Champoins League), ikipe ya Chelsea yo mu gihugu cy’Ubwongereza yazamutse iyoboye itsinda yari irimo yatomboye ikipe ya Paris saint Germain yo mu gihugu cy’Ubufaransa.
Muri iki gice cya kabiri ku byo abaturage bifuza ko byaganirwa mu nama y’umushyikirano iteganyijwe tariki 18-19/12/2014, turabagezaho ibyifuzo by’abaturage bo mu ntara y’Amajyepfo.
Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rusizi baravuga ko ubuyobozi bw’inzego zibanze bubateranya na bagenzi babo aho bufata ibyemezo bwacya bakivuguruza, cyangwa n’ibifashwe nk’ibyemezo ntibishyirwe mu bikorwa.
Bamwe mu batuye mu Murenge wa Mugunga mu Karere ka Gakenke n’abaturanyi babo bo mu Murenge wa Shyira mu Karere ka Nyabihu barinubira ubujura buhakorerwa n’insoresore bavuga ko zirirwa zinywa inzoga n’ibiyobyabwenge byiganjemo urumogi, ubundi byamara kubarenga bakagenda banura ibyo babonye kugeza naho badatinya kuzitura (…)
Imwe mu miryango itegamiye kuri leta irasaba leta y’u Rwanda n’ibindi bihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba gushyira ingufu mu bikorwa bibungabunga umutekano n’amahoro muri aka karere, kuko ikibazo gitera igihugu kimwe kigera no ku muturanyi.
Abantu bose bohererezanya amafaranga bakoresheje ikigo cya UAE Exchange bashyiriweho amarushanwa yo gutsindira ibihembo birimo itike y’indege yo kujya no kuva Dubai, iyo kujya kwishimira kuri Muhazi, iyo guhahira muri Sawa Citi na Mobicom n’ibintu bitandukanye, guhera kuri uyu wa mbere tariki 15/12/2014 kugeza 15/02/2015.
Umushinga wo guhuza gasutamo (One Stop Border Post) ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo ku Gisenyi witezweho kuzorohereza abakora ku mipaka no gutanga serivisi nziza ndetse bikazongera umutekano ku bakoresha uyu mupaka.
Abitabiriye ihuriro ry’urubyiruko rwibumbiye mu madini atandukanye yo mu Karere ka Rutsiro barasabwa kwirinda ibiyobyabwenge na Sida kuko aribo igihugu gihanze amaso.
Umukozi ushinzwe ibiro by’ubutaka mu Karere ka Nyamasheke witwa Ntezimana Aphrodice yateguje umuturage witwa Ndagijimana Callixte ko azamukubita inshyi nyinshi niyongera kuza kumureba aho akorera.
Umukanguramba w’amashyamba Muyumbu Augustin wo mu murenge wa Nyabirasi ho mu karere ka Rutsiro afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kivumu akekwaho ubwambuzi bushukana yakoreye aborozi bo mu ishyamba rya Gishwati.
Abakozi b’Urwego rw’igihugu rushinzwe kugenzura ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye (GMO), hamwe n’Ishyirahamwe ry’abajyanama mu ihungabana (ARCT-Ruhuka) baremeza ko abashinzwe kwakira abahungabanyijwe n’ihohoterwa nabo bibagiraho ingaruka, ndetse ngo hari n’aho bongera ibibazo by’ababagana aho kubikemura.
Abasore batatu n’umusaza umwe bafungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Kirehe nyuma yo gufatanwa urumogi kuwa gatandatu tariki 13/12/2014, bose bakaba basaba imbabazi bemeza ko batazabisubira.
Umunyamabanga nshingwabikorwa muri Transparency International Rwanda, Mupiganyi Apollinaire, atangaza ko kuba mu Rwanda ruswa ikihagaragara biterwa n’abantu bamwe bayiha icyuho bitewe no kutagira ubunyangamugayo.
Mu rwego rwo kurwanya ibidindiza iterambere ry’umujyi wa Byumba wo mu karere ka Gicumbi, hafashwe ingamba ko abahawe ibibanza ntibabyubake babyamburwa bigahabwa abashoboye kubyubaka.
Uko imvura iguye mu mashyamba ya Gishwati no mu nkengero yaho, abatuye umugi wa Gisenyi no mu nkengero zawo bahita babura amazi atangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe gutanga amazi (WASAC).
Inama idasanzwe y’abayobozi b’amashyirahamwe y’umupira w’amaguru bo mu karere yabaye ku cyumweru tariki ya 14/12/2014 yemeje ko irushanwa rya CECAFA y’ibihugu rizajya rikinwa ku matariki ya FIFA kandi rigakinwa igihe kirekire.
Ubuyobozi bw’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba IPRC-EAST buratangaza ko gahunda yo gukundisha abana umwuga yageze ku ntego zayo.
Abanyamuryango b’ishyaka ry’ubwisungane mu iterambere (PSP: Parti pour la Solidalité et du Progrés) barishimira uruhare rwabo mu iterambere by’igihugu kuko ibitekerezo by’ishyaka ryabo muri politiki y’igihugu bigerwaho ku kigereranyo cya 80%.
Minisitiri w’ubutabera akaba n’imboni ya Guverinoma mu Karere ka Gicumbi, Johnston Busingye arasaba abikorera n’abavuga rikumvikana bo mu Karere ka Gicumbi gukora bakiteza imbere bityo umujyi wa Byumba ukareka gusigara inyuma.
Abanyarwanda icyenda bari mu modoka imwe bava mu birori bya mugenzi wabo wari warangije amashuri muri Amerika bakoze impanuka ikomeye, umwe ahita ashiramo umwuka abandi umunani barakomereka cyane, ubu bari mu bitaro by’indembe ahitwa Fort Worth muri Texas.
Mu mihigo Akarere ka Muhanga kasinyanye n’umukuru w’igihugu harimo ikiri ku kigero cya 0% ndetse n’uri kuri 2%, mu gihe hagiye gushira amezi atandatu umwaka w’imihigo wa 2014-2015 utangiye.
Umugabo witwa Rwamucyo Jean utuye mu mudugudu wa Kabagabo mu kagari ka Mubumbano mu murenge wa Kagano yafatiwe mu cyuho ubwo yagerageza gutanga ruswa y’ibihumbi 50 ayiha umupolisi amusaba kudakurikirana umuntu w’inshuti ye.
Abanyonzi bo mu Karere ka Ruhango baravuga ko babangamiwe cyane n’izamuka ry’ibiciro by’ibyuma by’amagare kuko ngo rituma badatera imbere.
Umubare w’abaturage bafatwa n’indwara ya malariya mu Karere ka Nyamagabe ukomeje kwiyongera ugereranije n’igihe cyashize, ku buryo mu mezi atanu ashize abarwaye malariya bikubye inshuro ebyiri.
Niyongira Josine uzwi ku izina rya Aline mu mukino w’Urunana aravuga ko ibyo akina bidakwiye gufatwa ko aribyo akora, ahubwo ngo ni inyigisho kuko mu buzima busanzwe ari umukobwa wiyubaha udashobora kugwa mu bishuko bya ba shuga dadi (sugar dady) nk’ibyo Ngarambe yamugushijemo.
Inama y’igihugu y’umushyikirano ni igikorwa ngarukamwaka gihuza Abanyarwanda mu nzego zitandukanye iyoborwa n’umukuru w’igihugu bakaganira ku ngingo zikomeye mu buzima bw’igihugu mu rwego rwo gushaka icyateza imbere Abanyarwanda.
Ikipe ya AS Kigali igeze ku mwanya wa kabiri ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona y’icyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda Rayon Sports 2-1 kuri iki cyumweru.
Bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gatsibo, bavuga ko umunsi wo kuwa mbere ukibabangamiye mu kubona serivisi mu buryo bwihuse ngo bitewe ahanini n’inama zihoraho kandi zigatinda kurangira.
Perezida Paul Kagame yamenyesheje urubyiruko rwageze ku bikorwa by’indashyikirwa ko rutagomba guhugira mu kwishimira ibyagezweho gusa, ahubwo ko rugifite byinshi byo gukora kugirango rwirwaneho rurengere n’igihugu muri rusange.
Ikigo ntaramakuru Kigali Today Ltd cyazaniye abakunzi bacyo amahirwe yo gutsindira ibihembo bitandukanye mu irushanwa ryiswe ““Subiza Utsindire ibihembooo…” rizatangira tariki 15/12/2014 saa yine z’igitondo.
Mu rwego rwo gukomeza gufasha Abanyarwanda kuva mu bukene binyuze mu mihigo, abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi mu ntara y’Uburengerazuba biyemeje kurushaho kugenzura ibikorwa by’imihigo kugira ngo umuco wo gutekinika uranga bamwe mu bayobozi mu nzego z’ibanze uhagarare.
Bamwe mu babyeyi batuye mu karere ka Gakenke bemeza ko hari bagenzi babo bakora imirimo y’ubuhinzi bityo bakumva ko n’abana babo bakuze aribyo bakora ntacyo byaba bitwaye bigatuma batabajyana ku ishuri.
Mu gihe kiriziya ya Orthodoxie imaze igihe gito igeze mu Rwanda, kuri uyu wa 13/12/2014 habatijwe abakirisitu 126 bo muri paruwasi enye zigize akarre ka Kirehe basabwa guhora bameze nk’ifi mu mazi.
Umutoza w’ikipe y’igihugu (Amavubi), Stephen Constantine yarangije gushyira hanze lisiti y’abakinnyi 25 bagomba guhurizwa hamwe hitegurwa umukino wa gicuti iyi kipe ifitanye n’u Burundi i Kigali tariki ya 20/12/2014.
Abanyeshuri bashoje amashuri yisumbuye babona nta mpungenge bafite yo guhura n’ikibazo cy’ubushomeri kuko ngo bizeye ubumenyi bakuye mu masomo cyane cyane ajyanye no kwihangira imirimo.
Inama y’umutekano yaguye y’intara y’amajyaruguru yateranye tariki 12/12/2014 yagaragaje ko muri uyu mwaka mu ntara hose hamaze gukorwa ibyaha 2460 muri byo akarere ka Gicumbi gafite 650 kagakurikirwa na Burera ifite ibyaha 548.
Ababyeyi bageze mu zabukuru bo mu murenge wa Jarama akarere ka Ngoma bavuga ko nubwo bo baranzwe no gushaka abagore benshi ndetse bakanabyara abana benshi nta wakabakurikije ubu kuko bari guhura n’ingaruka zabyo.
Koperative BENINGANZO igizwe n’abasigajwe inyuma n’amateka bakora ibihangano bitandukanye mu ibumba ngo irimo guhomba nyuma yuko imashini bifashishaga mu gukora ibikoresho birimo n’amatasi, ndetse n’ibikoresho by’imitako ipfuye bigatuma abanyamuryango bagenda bayivamo gahoro gahoro.
Leta y’u Rwanda yahagurukiye kuzamura ireme rya serivise zitangirwa mu bitaro byo mu Rwanda, akaba ariyo mpamvu yatangije gahunda zinyuranye zirimo no gusuzuma ibitaro bitandukanye ngo bihabwe ibyemezo byo ku rwego mpuzamahanga (Accreditation).
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu kagari ka Ruhango,Umurenge wa Gisozi, Akarere ka Gasabo bahuriye mu nteko Rusange, kuri uyu wa 13/12/2014, bishimira ibikorwa bagezeho cyane cyane inyubako babashije kwiyubakira ikoreramo akagali kabo bakagakura mu bukode.
Minisitiri w’umuco na Siporo, Joseph Habineza yifatanyije na Club Ibisumizi kuri uyu wa 13/12/2014 batangiza ubukerarugendo na siporo ku musozi wa Huye mu rwego rwo kumenyekanisha amateka y’aho hantu nyaburanga.
Ibitego bya Mugiraneza Jean Baptiste Migi na Sekamana Maxime byatumye ikipe y’Amagaju itakaza umukino wayo wa mbere mu rugo muri shampiyona y’uyu mwaka maze biha ikipe ya APR FC gukomeza kuba iya mbere ku rutonde rw’agateganyo.
Inzu ADALIOS isanzwe ikora filime mbarankuru (filme documentaire) yo mu gihugu cy’Ubufaransa irimo gufata amashusho ya filime yitwa L’espoir du Kivu, izagaragaza ubwiza b’u Rwanda butajya buvugwa, hamwe n’umutungo kamere u Rwanda rushobora gukoresha mu gucyemura ikibazo cy’ingufu z’amashanyarazi n’ibikomoka kuri peteroli.
Abanyarwanda batahuka bavuye mu bice bitandukanye bya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) bavuga ko inzitizi zababujije gutaha ari abarwanyi ba FDLR babatera ubwoba, ariko ngo baramutse bashyize intwaro hasi abanyarwanda benshi bahejejwe mu buhunzi bagaruka mu gihugu cyabo.
Abayobozi bo mu gihugu cya Somalia bakora mu nzego z’ibanze, abajyanama muri Minisiteri, abakora mu rugaga rw’abikorera hamwe n’abakora mu miryango mpuzamahanga bavuga ko ibyo bigiye mu Rwanda mu gihe cy’icyumweru bishobora kubafasha kuzamura igihugu cyabo no kugarura umutekano.
Umufasha wa Perezida wa Repubulika, Madame Jeanette Kagame yifatanyije n’abana baturutse hirya no hino mu gihugu mu kwizihiza ibihe by’iminsi mikuru ya Noheli n’Ubunani, mu birori byabereye mu Rugwiro, kuri uyu wa gatandatu tariki 13/12/2014.