Abafatanyabikorwa b’akarere ka Nyaruguru mu iterambere batagira imihigo bahawe iminsi 15 bakaba bayisinye bitaba ibyo bagahanagurwa ku rutonde rw’abafatanyabikorwa b’aka karere.
Nyuma y’amezi icyenda ishuri ryigisha umuziki ryo ku Nyundo mu karere ka Rubavu rimaze rishinzwe, abaryizemo bagaragaje ko ari ngombwa kwiga umuziki uri ku rwego mpuzamahanga; bikaba byatumye ikigo WDA gishaka abandi bashya bo kuryigamo; ndetse abasanzwe ngo bakazakomeza kugeza ku myaka itatu.
Itorero Inyamibwa rikomeje kwimakaza umuco nyarwanda mu bana bato, aho mu biruhuko by’uyu mwaka bigishije abana bari hagati y’imyaka 7 na 16 bagera kuri 67 ibijyanye n’umuco nyarwanda.
Amafaranga agera kuri miliyoni 150 z’amadolari y’amerika agiye gushorwa mu kubaka imihanda yo mu byaro (feeder road) ireshya na kilomero 2500 mu turere tw’igihugu, izafasha abahinzi mu buhahirane ndetse no kugeza umusaro wabo ku masoko.
Ku isaha ya 18h40 taliki ya 09/12/2014 mu mudugudu wa Bereshi mu kagari ka Hehu mu murenge wa Bugeshi akarere ka Rubavu hegeranye n’umupaka wa Kongo, umusirikare wa Kongo yahateye igisasu by’amahirwe ntihagira uwo gikomeretsa.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Kamembe mu karere ka Rusizi hafungiye abagabo babiri b’abashoferi bakekwaho guha abapolisi ruswa nyuma yo kubafatira mu makosa yo kwica amategeko yo mu muhanda.
Senateri Tito Rutaremara aranenga cyane abagabo bafite ingeso yo kwihakana abana babyaye kuko ngo ari ibintu bibi, ku buryo n’inyamaswa zidatinyuka kubikora uretse ingurube gusa nabwo iyo yabwaguye ntihite ibona ibyo irya biyihagije.
Mu gihe Umuryango w’Abibumbye usaba umutwe wa FDLR gushyira intwaro hasi, abarwanyi bari mu gice cyirwa FDLR-RUD bavuga ko igikorwa cyo gushyira intwaro hasi kitabareba, ahubwo ngo barimo kongera ubushobozi.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda butangaza ko bukiga ku gitekerezo cyo kuba umwaka utaha wa 2015 bakwakira rimwe mu marushanwa akomeye muri uyu mukino.
Kuri sitasiyo ya polisi ya Busasamana mu Karere ka Nyanza hafungiye umusore w’imyaka 27 y’amavuko ukurikiranweho gushaka gusambanya nyina ku ngufu tariki 9/12/2014 ahagana saa yine z’ijoro, mu Mudugudu wa Kidaturwa mu Kagari ka Ngwa ko mu Murenge wa Mukingo mu Karere ka Nyanza.
Gahunda yo kugaburira abanyeshuri biga amashuri y’uburezi bw’imyaka 12 (12-YBE) ngo uretse kurinda abana isari, gusangirira hamwe bigira uruhare kandi mu kubatoza gukundana no kubana neza bigereranwa na gahunda ya “Ndi Umunyarwanda” ku bantu bakuru.
Abagore ibihumbi 3660 bo muri paruwase ya Byimana mu itorero pantekoti mu Rwanda (ADEPR) mu Karere ka Ruhango barishimira ibikorwa by’iterambere bamaze kwigezaho nyuma y’igihe gito babumbiwe mu matsinda abashishikariza kwiteza imbere, ubu mu ngo zabo bakaba bahagaze neza.
Mu rwego rwo kwizihiza imyaka 66 ishize hashyizweho amasezerano mpuzamahanga yo kurwanya Jenoside, muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) ishami rya Huye habereye ibiganiro byibanze ku kugaragaza amakosa yagaragaye muri filime “Rwanda’s Untold Story” yakozwe na BBC.
Umusore witwa Habineza Emmanuel w’imyaka 22 yafatanywe urumogi udupfunyika 5, amaterefoni 16 n’ibindi bintu bitandukanye by’ibikoresho byo mu nzu yagiye yiba.
Bamwe mu baturage bakatiwe kurangiriza ibihano byabo mu mirimo nsimburagifungo ntibayitabira, bityo akarere ka Nyamagabe kakaba kagiye kubahagurukira abadashaka gukomeza imirimo nsimburagifungo bagasubizwa muri gereza.
Nubwo hari intambwe imaze guterwa muri gahunda y’ubumwe n’ubwiyunge mu karere ka Gakenke, ngo hari ibitaragerwaho bitewe nuko hari abaturage benshi bagiha agaciro cyane iby’intambara y’abacengezi yabaye mu mwaka wa 1997-1998 bakaba bataremera kuvuga ibyo babonye.
Imikino ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo ku mugabane w’u Burayi isoza amatsinda isize ikipe ya Liverpool isezerewe rugikubita, mu gihe Cristiano Ronaldo adashoboye gukuraho umuhigo wa Messi.
Umukobwa witwa Muhoza Clarisse wo mu Murenge wa Kigina mu Karere ka Kirehe yafatiwe mu Murenge wa Nyarubuye aho yari acumbitse yihisha inzego zishinzwe umutekano, nyuma yo gutwika mugenzi we Tuyishimire Gaudence bakoranaga mu kabare “Self service” mu isantere ya Kirehe agahita atoroka.
Sikubwabo Anastase watangiye igisirikare mu ngabo z’u Rwanda zatsinzwe (FAR) muri 1993 avuga ko intambara y’abacengezi na FDLR-Foca yazirwanye ariko nta nyungu yakuyemo uretse kuraswa no guta igihe mu mashyamba.
Polisi y’igihugu irasaba abashoferi kwirinda umuco wo gutanga ruswa kuko usibye guhanwa igihe ufashwe uyitanga, ruswa imunga ubukungu bw’igihugu.
Kuri sitasiyo ya Polisi ya Muganza yo mu Karere ka Rusizi hafungiye umukobwa w’imyaka 20 y’amavuko ukurikiranyweho icyaha cyo kujugunya umwana we mu musarani nyuma yo kumubyara.
Mu ijoro ryo kuwa Gatandatu tariki 06/12/2014, mu Mudugudu wa Giheta mu Kagari ka Giheta mu Murenge wa Munini ho mu Karere ka Nyaruguru hatoraguwe umurambo w’umwana w’uruhinja bikekwako yari yajugunywe, imbwa zatangiye kumurya.
Minisiteri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) yakiriye inkunga ingana na miliyoni 16 z’amadolari ya Amerika ($), ahwanye n’amanyarwanda miliyari 11, yatanzwe n’igihugu cya Koreya y’epfo kuri uyu wa kabiri tariki 09/12/2014, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ubuhinzi no guteza imbere imyuga n’ubumenyingiro mu Rwanda.
Kuva kuwa 01/12/2014, Akarere ka Nyabihu gafite umunyamabanga nshingwabikorwa mushya ariwe Ngabo James.
Mwumvinezayimana Fiacre uyobora akagari ka Gasiza mu murenge wa Bushoki ho mu karere ka Rulindo yafunguwe kuri uyu wa 09/12/2014, nyuma y’igihe afungiye kuri station ya Polisi ya Murambi acyekwaho urupfu rw’umuturage wo mu kagari ayobora.
Abaturage batuye mu Murenge wa Kinihira, Akarere ka Ruhango baravuga ko mu bihe by’imvura bahura n’ibibazo by’imihanda bakabura uko bagenderana n’indi mirenge bahana imbibi, bityo ugasanga ubuhahirane burahagaze.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bahamya ko abantu bose barwanyije ruswa yacika burundu, ariko ngo abayobozi nibo bagomba gufata iya mbere mu kuyirwanya baha serivisi nziza abaturage aho kubasiragiza.
Bamwe mu bafite ubumuga bo mu Karere ka Rulindo basanze bakwiye kwiteza imbere aho guhora bategeye amaboko abandi, bahitamo gukura amaboko mu mifuka kandi ubu bamaze gutera intambwe bagana ku iterambere.
Mu gihe havugwa ikibazo cy’icuruzwa ry’abantu mu gihugu no hanze yacyo, ababyeyi bavuga ko abakobwa ari bo bakunze kugwa mu mutego w’ababashuka bakabajyana babemereye akazi.
Abagabo 10 biganjemo abatwara moto n’imodoka bafungiye kuri polisi mu Karere ka Rubavu bakurikiranyweho icyaha cyo gushaka gutanga Ruswa ubwo babaga bafatiwe mu makosa.
Umushinga ACCESS PROJECT ufatanya n’Akarere ka Ngororero mu bikorwa by’ubuzima cyane cyane mu kwita ku buzima bw’umubyeyi n’ubw’umwana, utangaza ko muri aka karere abagore bashya basamye inda batangirwa amakuru kugira ngo bakurikiranirwe hafi bakiri bakeya aho bari kuri 36% gusa.
Bamwe mu batuye Akagari ka Kagina hafi y’irimbi rya Ruyigi bagaragaza ko bishimiye gusubizwa uburenganzira bwo kwicukurira imva, kuko kugura imva byarushagaho gukenesha umuryango wagize ibyago mu gihe abatabaye bashoboraga kuwufasha gucukura.
Abayobozi bo mu Karere ka Nyamasheke bihanangirijwe kurya umwenda wa rubanda mu bikorwa byose bakora mu karere cyane ibikenera amafaranga.
Abayobozi b’inzego zitandukanye ku rwego rw’igihugu n’intara y’Iburengerazuba bahagurukijwe no kureba ibibazo bituma abana bata amashuri abandi bagasibizwa mu buryo butumvikana.
Urubyiruko rwishyize hamwe mu kigo cyitwa Solid Africa kugira ngo rufashe cyane cyane abarwayi bakunze kugana ibitaro bafite ubushobozi buke butuma babaho nabi kandi barwaye, bikabagiraho ingaruka zo kudakira neza.
Mu gihe umubare w’ubwiyongere bw’abarwara marariya mu karere ka Kirehe ukomeje gufata indi ntera, abakinnyi b’Urunana bakomeje gusura imwe mu mirenge igize ako karere batanga ubutumwa bujyanye no kwirinda iyo ndwara mu makinamico.
Kwigisha abaturage amategeko biratanga ikizere mu kugabanya imanza kuko usanga ahanini, ibyinshi mu bibazo by’abaturage biba bishingiye ku manza zitarangira cyangwa zitarangijwe neza akenshi ziterwa n’uko abaturage nta bumenyi bafite ku mategeko.
Polisi y’u Rwanda irashimirwa ko umubare w’ibyaha wagabanutse ku kigero cya 5% hagati y’ukwezi kw’Ukwakira n’Ugushyingo ugereranyije no mu mezi abiri yabanje.
Banki nyafurika itsura amajyambere (BAD) yahaye u Rwanda inguzanyo ya miliyari 13 Rwf, yo kubaka ikigo cy’ubuvuzi bw’ikitegererezo mu muryango w’Afurika y’uburasirazuba (EAC), kikazitwa ‘Center of Excellence in Biomedical Engineering/CEBE’.
Umusore w’imyaka 21 uvuka mu murenge wa Giheke mu karere ka Rusizi yatawe muri yombi na polisi y’igihugu nyuma yo gushinjwa kwiba moto ku rusengero rw’abametodiste mu kagari ka Kibogora mu murenge wa Kanjongo.
Umuganga ukora mu kigo nderabuzima cya Kigarama mu murenge wa Kigarama afungiye kuri Polisi sitasiyo ya Kirehe akekwaho gusambanya umwana w’imyaka 17 ubwo yari arwaje murumuna we.
Nubwo abaturage benshi bigishijwe uburyo bwo gucana kuri Rondereza mu rwego rwo kubungabunga ibidukikije bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gicumbi banga gucana kuri Rondereza bakicanira ku mashyiga kugirango babone uburyo bota umuriro.
Bamwe mu baturage bo mu kagali ka Nyumba mu murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye bemeza ko igiti cyitiriwe amahoro bateye mu mwaka wa 2007 mu gihe cy’imanza za Gacaca cyababibyemo ubumwe n’ubwiyunge mu miryango.
Ishami rya Polisi mpuzamahanga (Interpol) rikorera mu Rwanda rifatanije n’izindi nzego z’Igihugu bagaragaje ibicuruzwa binyuranye byafashwe kuko bicuruzwa mu buryo butemewe n’amategeko.
Abaturage bo mu Kagari ka Nyamirama mu Murenge wa Karangazi mu Karere ka Nyagatare baravuga ko bahangayikishijwe n’ubujura mu igurisha ry’imyaka yabo kubera iminzani idakora neza n’ingemeri (mironko cyangwa udusorori bifashisha bapima imyaka) nini by’abacuruzi.
Rumwe mu rubyiruko rwarangije amashuri yisumbuye na za kaminuza, ruremeza ko rudashobora kwanga gutanga ruswa mu gihe habonetse amahirwe y’akazi mu gihe bagenzi babo bo bavuga ko gutanga iyi ruswa atari ukwihesha agaciro.
Action Aid ifatanyije na FVA (Faith Victory Association) batangije umushinga wo kurwanya inzara mu ngo bateza imbere ubuhinzi bugamije kwihaza ku biribwa.
Ikipe ya Police HC yizeye kwitwara neza ku mukino wayo wa kabiri w’irushanwa ngarukamwaka rihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo muri aka karere ka Afurika y’iburasirazuba.
Inshuti z’umuryango Rwanda Youth Healing Center “RYHC” ziba I Boston muri Leta zunze ubumwe za Amerika ziravuga ko zanyuzwe n’uko igikorwa cyo gucuruza impano zavanye mu Rwanda cyagenze, zikavuga ko ibi bikorwa bizakomeza hagamijwe gushakira inkunga uyu muryango w’urubyiruko rwarokotse jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.