Umuyobozi w’impuzamasindika y’abakozi izwi nka COTRAF, Dominic Bicamumpaka, arashinjwa n’abanyamuryango be kwanga kuva ku buyobozi bw’iyi sendika nyuma y’amezi abiri manda ye irangiye, nawe ubwe akemeza ko abatamushaka nta n’umwe uzi uko iyo sendika yabayeho.
Bamwe mu bajyanama b’ubuzima bibumbiye muri Koperative “Dukunde Ubuzima Rubengera” ikorera ku Kigo Nderabuzima cya Rubengera mu Karere ka Karongi barinubira imikoreshereze mibi y’umutungo w’iyi koperative, kuko ngo komite yabo ikoresha umutungo uko yishakiye itabanje kubagisha inama.
Abaturage n’abayobozi b’ibanze b’Umurenge wa Kibilizi mu Karere ka Nyamagabe bagiriwe inama yo gufatanya mu guteza imbere umurenge wabo ntawe uhutaje mugenzi we, abaturage bakurikiza gahunda za leta n’abayobozi bayobora nta gitutu bashyize ku baturage.
Inzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu zitangaza ko abagore 167 aribo bafatiwe mu bikorwa byo gucuruza ibiyobyabwenge mu mwaka wa 2014, mu gihe hafashwe abagabo 80 n’abana 9.
Hagiye gutangira gukorwa inyigo y’uburyo umuhanda Rusumo–Kagitumba uzagurwa ukongererwa metero z’ubugari wari usanganywe, iyi nyigo biteganyijwe ko mu mezi abiri izaba yarangiye igahita ishyikirizwa ikigo cy’igihugu gishinzwe iterambere ryo gutwara abantu n’ibintu (RTDA), kugira ngo nacyo gitangire ishyirwa mu bikorwa ry’uyu (…)
Nyuma y’uko bivuzwe hirya no hino ko mu Rwanda hari abantu bafungwa igihe kiruta icyo baba barakatiwe, KT Radio yabateguriye ikiganiro kuri icyo kibazo kiba guhera 08h30 kuri uyu wa 15/01/2015.
Intumwa z’ibihugu 11 bya Afrika bifite kaminuza zigisha ibijyanye n’itangazamakuru n’itumanaho ziteraniye mu karere ka Muhanga kugirango ziganire uburyo zazamura ireme ry’uburezi mu mashuri yigisha ibijyanye n’itangazamakuru rya Afurika.
Umugabo witwa Birindabagabo Jean Paul, ukurikiranyweho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu cyahoze ari komini Sake, ubu ni mu murenge wa Rukumberi mu karere ka Ngoma; yagejejwe i Kigali akuwe muri Uganda, aho yafatiwe mu cyumweru gishize.
Ndayisenga Valens uzwi nka Rukara yakoresheje iminota 10 n’amasegonda 47 maze yegukana agace kabanziriza utundi mu isiganwa rizenguruka igihugu cya Misiri ryatangiye kuri uyu wa gatatu.
Ikipe ya Rayon Sports imaze gutangaza ko yasinyishije umukinnyi wo hagati Kwizera Pierre amasezerano y’amezi 18 akinira iyi kipe mu mikino yo kwishyura ya shampiyona.
Minisitiri w’iterambere ry’umuryango, Oda Gasinzigwa, ubwo yafunguraga ikigo mboneza mikurire mu karere ka Ngoma yasabye ababyeyi bombi gufatanya mu burere bw’umwana kuva agisamwa kuko kwitabwaho aribyo bituma avamo umuntu muzima.
Urwego rw’igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) ruratangaza ko rwatangije sosiyete y’ubucuruzi izajya ibyaza umusaruro ibikorwa n’abagororwa mu rwego rwo kwishakamo amafaranga azajya yunganira leta mu ngengo y’imari yarugeneraga.
Umuryango wa FPR-Inkotanyi mu Karere ka Nyanza wirukanye burundu Ntivuguruzwa Augustin bahimbaga “Kagina” wari umukozi uhoraho kubera imyitwarire mibi yamurangaga mu kazi irimo kwivanga mu murimo itamureba, no gukoresha izina ry’uyu muryango mu nyungu ze bwite.
Ubuyobozi wa banki ya Ecobank Rwanda bwemeza ko umuntu adashobora koroherwa n’iterambere, haba irye cyangwa se iry’aho atuye igihe atizigamira, kuko umuntu adasigarana ibyo yinjiza ahubwo asigarana ibyo yizigamira bikagenda bigwira akabasha kugira icyo yimarira.
Umwarimu ukekwaho gutera inda umunyeshuri yigishaga yarangiza akanamwica ubu ari mu maboko ya polisi ikorera mu Karere ka Ngororero kuva kuwa 13/01/2015, ikaba igikora iperereza ngo ashyikirizwe urukiko.
Musa Emmanuel w’imyaka 18 y’amavuko wemeza ko akomoka i Burundi amaze amezi asaga ane mu bitaro bya Nyagatare yivuza ubushye yatewe n’umuriro w’amashanyarazi.
Bamwe mu baturage batuye mu Mudugudu wa Bigega mu Kagari ka Gahondo mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza amarira ni yose bataka ko bateweme urutoki rwari rubatungiye imiryango ariko ntibagire icyo bahabwaa.
Minisitiri ushinzwe imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR), Mukantabana Séraphine aratangaza ko igihugu cy’u Rwanda kiteguye kandi gifite ubushobozi bwo kwakira impunzi igihe cyose baramuka batashye mu kivunge.
Umusore witwa Irimaso ukomoka mu murenge wa Kagogo mu karere ka Burera ari mu bitaro bya Ruhengeri nyuma yo gufatwa agiye kwiba ibinyomoro mu murima uri mu murenge wa Cyanika agashaka kurwanya abari babirinze bakamutemagura ku maguru, ku maboko ndetse no mu mugongo.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, Umuyobozi w’aka karere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Bayihiki Basile n’abandi bakozi b’Akarere ka Rusizi batatu bahakanye ibyaha baregwa byo gukoresha inyandiko mpimbano.
Mbonyi Paul uyobora umurenge wa Mutete na Muvunyi Bosco uyobora umurenge wa Nyamiyaga yo mu karere ka Gicumbi baratangaza ko ku mugoroba wo kuri uyu wa 13/1/2015 beguye ku mirimo yabo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda Ferwafa ryarangije kwemeza ko shampiyona y’icyiciro cya mbere izasubukurwa tariki 27/1/2015 hakinwa umunsi wa 14 wayo ari na wo wa mbere mu mikino yo kwishyura.
Inzobere mu gutegura amarushanwa mpuzamahanga Eric Delafuente agiye kuza gufasha u Rwanda gutegura CHAN ya 2016, nyuma yaho Afurika y’epfo yemereye guha u Rwanda uyu munya Peru wanabafashije gutegura igikombe cy’isi cya 2010.
Patience Irakoze wo mu karere ka Gisagara, wabaye uwa mbere ku rwego rw’igihugu mu bizamini bisoza icyiciro rusange mu mashuri yisumbuye (tronc commun), aratangaza ko n’ubwo yari yiyizeye ko azatsinda yatunguwe n’uyu mwanya wa mbere.
Ikipe ya Etincelles yatangaje ko yarangije kumvikana na rutahizamu Yossa Bertland maze inanemeza ko Mutarambirwa Djabir agiye kuba umutoza wayo wungirije Gatera Mussa.
Ikibazo cy’imbwa zirya abantu cyongeye kuvugwa mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye nyuma y’uko izindi mbwa ziriye abantu mu Murenge wa Shyogwe mu kwezi gushize.
Abana 170 bari mu “ihuriro ry’abiyubaka” bavutse mu mwaka w’1995 babyawe n’abagore bafashwe ku ngufu mu gihe cya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, barasaba gufashwa kwiga kuko nyuma yo gukomeretswa n’amateka y’ibyaye kuri ba nyina bakeneye gutera imbere.
Umuyobozi wa Wisdom School, ishuri ryaje ku mwanya wa kabiri nyuma ya Kigali Parents School mu bizamini bya Leta bisoza amashuri abanza, yemeza ko imitsindire y’umwana ituruka ku bantu batandukanye barimo umwana, umubyeyi, umwarimu n’ishuri ubwaryo.
Abakirisito bo mu Itorero Peresibiteriyeni mu Rwanda (EPR) muri Peresibiteri ya Rubengera, Paruwasi ya Rubengera mu Karere ka Karongi ntibavuga rumwe ku cyumba cy’amasengesho kuko ngo gitangirwamo inyigisho bamwe muri bo bita iz’ubuyobe, kandi ngo kikanagandisha abaturage kuri gahunda ya Leta yo kuboneza urubyaro.
Mu gihe mu gishushanyo mbonera kigari cy’Umujyi wa Karongi, Imirenge ya Bwishyura na Rubengera ifatwa nk’imirenge y’umujyi, bamwe mu baturage bavuga ko kutagaragarizwa igishushanyo mbonera cy’uwo mujyi ngo banegerezwe amabwiriza y’imyubakire bibatera kubaka mu kajagari bikabatera igihombo iyo haje ibikorwa remezo bakabasenyera.
Nyuma y’igihe kinini akarere ka Nyabihu kadafite hoteli, muri Mata uyu mwaka mu murenge wa Mukamira hazaba huzuye Hoteli y’ikitegererezo “Mukamira Guest House” ifite agaciro ka miliyoni zisaga 563.
Umukozi ushinzwe iterambere ry’imibereho myiza n’ubukungu (SEDO) abaturage bakunze kwita Agronome mu Kagari ka Nyarutarama mu Murenge wa Byumba mu Karere ka Gicumbi, Uwizeyimana Delphin hamwe na Bizumuremyi Jean Claude, umwe mu bagize urwego rufasha akarere mu gucunga umutekano (DASSO), bari mu maboko ya polisi nyuma yo (…)
Intara y’Amajyaruguru yamanutse mu turere kureba uko ikibazo cy’umwanda cyifashe ndetse no kureba ingamba zakwifashishwa mu guhangana nacyo.
Abayobozi b’Akarere ka Rubavu n’abatuye mu mujyi wa Gisenyi bagaragarijwe igishushanyo cy’umujyi wa Rubavu mu myaka 30 iri imbere basabwa gutanga ibitekerezo by’ibyo bifuza byashyirwamo, kuwa kabiri tariki ya 13/1/2015.
Nyuma y’imyaka ibiri isoko rya Kijyambere rya Gisenyi risubitswe kubaka, Akarere ka Rubavu gatangaza ko ryamaze kwegurirwa abikorera bagomba kuryubaka mu mezi atandatu rigakorerwamo.
Mu Murenge wa Nzahaha mu Karere ka Rusizi haravugwa urupfu rw’uwitwa Hitimana Innocent bikekwa ko yiciwe mu rugo rwe ku wa 11/01/2015.
Abadepite baturutse muri bimwe mu bihugu byo ku mugabane wa Afurika biri mu muryango w’ibihugu bivuga icyongereza (CPA) biyemeje gukurikirana imikorere ya guverinoma z’ibihugu byabo, mu nama barimo gukorera i Kigali kuva tariki 13-15/01/2014, aho basuzuma ikoreshwa ry’umutungo kamere kugira ngo ugirire akamaro abaturage.
Ikipe ya Mukura VS itangaza ko yarangije kongerera amasezerano rutahizamu wayo Ciza Hussein azatuma akomeza gukinira ikipe kugeza mu kwezi kwa kwa karindwi kwa 2017.
Bamwe mu batwara ibinyabiziga mu karere ka Ruhango baravuga ko ubuto bw’imihanda bagendamo aribwo butuma kenshi bakora impanuka kubera kuyibyiganiramo.
Nyuma y’umunsi umwe gusa umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Murunda mu Karere ka Rutsiro atawe muri yombi akekwaho kunyereza Sima yasagutse ubwo bubaka ibyumba by’amashuri, abandi bafatanyije kuyobora nabo batawe muri yombi.
Polisi ikorera mu Karere ka Bugesera yashyikirije uwitwa Niyigena Fabien moto yo mu bwoko bwa TVS yibiwe mu Rwanda igafatirwa mu gihugu cy’u Burundi, ku gicamunsi cyo kuwa 13/01/2015.
Abasore babiri bakurikiranweho icyaha cyo gusambanya ku ngufu no kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 14 witwa Nikuze Xaverina, kuri uyu wa kabiri tariki 13/01/2015 baburanishirijwe aho bakoreye icyaha, ubushinjacyaha bubasabira igifungo cya burundu.
Abaturage bo mu Karere ka Kirehe n’abandi bahahira ibitoki muri ako karere bahangayikishijwe n’ihenda ry’ibitoki n’ubuke bwabyo bikomeje kuba inzitizi mu mirire.
Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Nzeyimana Oscar, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Bayihiki Basile hamwe n’abandi bakozi batatu bo ku karere bitabye urukiko kuwa 12/01/2015 baburana ifungwa n’ifungurwa by’agateganyo.
Guhera mu kwezi kwa Nyakanga buri murenge wo mu karere ka Nyamasheke ugiye kugira poste ya polisi mu rwego rwo gufasha abaturage gufata abanyabyaha no kubageza aho bagomba gucumbikirwa ku buryo buboroheye.
Ikigo k’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (WDA) kiratangaza ko kigiye gutangiza ishuri ryo guhugura no kwigisha abatekinisiye bakora ku maradiyo mu rwego rwo kubongerera ubumenyi, nyuma y’uko hagaragaye ko hari ibyo bica bitewe n’ubumenyi buke bafite.
Kuri uyu wa mbere tariki 13/1/2015 ku cyicaro gikuru cya Ferwafa hamaze kubera tombola y’uburyo amakipe azahuramuri shampiyona y’icyiciro cya kabiri y’umwaka wa 2015.
Abakozi bakoreraga ku rwego rw’Akarere ka Rutsiro bahawe amabaruwa agaragaza imirimo bazakora hakurikijwe amabwiriza ajyanye n’ivugurura ry’abakozi ba Leta, ariko babiri bamanuwe ku rwego rw’imirenge.
Minisiteri y’imicungire y’ibiza n’impunzi (MIDIMAR) ifatanije n’Akarere ka Nyamagabe bemereye impunzi z’abanyekongo zicumbikiwe mu nkambi y’impunzi ya Kigeme ko ikibazo cy’irimbi cyari kibahangayikishije kigiye gukemurwa vuba.
Bamwe mu babyeyi bagana ibitaro bya Nyagatare barishimira ko basigaye babasha kumenya igitsina cy’umwana bazabyara hakiri kare kuko biborohera kwitegura umwana uri mu nda.