Mutuyimana Ibrahim wari ufite imyaka 9, Izabayo Obed w’imyaka 5 na Rukundo Juvon w’imyaka 7 bahitanywe n’impanuka y’imodoka bashyinguwe ku 03/03/2015, ku bufatanye bw’imiryango yabo n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero.
Mu gihe abatoza b’amakipe y’abana bo mu turere twa Musanze na Gicumbi barimo gutegurira abana bari munsi y’imyaka 15 kuzakinira amakipe makuru yo mu Rwanda by’umwihariko amakipe yo mu cyiciro cya mbere yo mu Ntara y’Amajyaruguru, Musanze F.C na Gicumbi F.C, Akarere ka Rulindo kabimburira utundi turere kugira politiki yo (…)
Abantu bane bafungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Busogo mu Karere ka Musanze bakekwaho kwica umwana w’umukobwa w’imyaka 17 witwa Nyiramugisha wo mu Murenge wa Gataraga, mu ijoro ryo ku wa 26 rishyira ku wa 27/02/2015, nyuma yo kumusambanya ku ngufu.
Umufaransa Raymond Domenech wari wifuje gutoza ikipe y’igihugu Amavubi aratangaza ko we iyo yifuza cyane ari ikipe y’igihugu ya Ireland.
Ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, mu Karere ka Burera, haracyagaragara abantu batandukanye bawunyuraho mu buryo butemwe n’amategeko bajya muri Uganda banyuze mu bisambu, kandi barashyiriweho uburyo bworoshye bwo kwambuka.
Nyuma y’umunsi wa kane wa Shampiona y’umukino wa Volleyball mu Rwanda, ikipe ya INATEK mu bagabo iraza ku mwanya wa mbere mu gihe mu bagore Rwanda Revenue Authority ari yo iyoboye.
Bamwe mu basore bo mu karere ka Ngoma baravuga ko kuba ababyeyi babasaba gutaha kare batinda bakabakingirana bakarara hanze bibabangamira, bakaba ngo barahisemo kujya biyubakira "Ikibahima".
Umugabo w’imyaka 27 witwa Jerome Renzaho, utuye mu Mudugudu wa Buranga, Akagari ka Ruhinga mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke, amaranye uburwayi bw’imitsi yo mu mutwe imyaka irenga ibiri.
Abaturage 20 batuye mu Mudugudu wa Bikingi mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu,kuri uyu wa 02 Werurwe 2015 basoje amahugurwa y’icyumweru yo gukora amakara mu byatsi bahabwaga na Croix rouge y’u Rwanda.
Nyuma y’uko ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda bitangaje ko muri Kamonyi hari umugore wabyaye igikeri, ubuyobozi n’inzego z’umutekano zarabikurikiranye, maze abaganga na nyir’ubwite bemeza ko atigeze atwita cyangwa ngo abyare.
Abanyeshuri biga muri Kaminuza y’Abalayiki b’Ababadiventisiti (INILAK) bagiye gushyiraho ikigega bazajya batangamo umusanzu wo gufasha kwishyurira amafaranga y’ishuri bagenzi babo badafite ubushobozi bwo kwiyishyurira.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yibukije ko kurandura umwanda wo ntandaro y’indwara nk’amavunja no gushyiraho ingamba zihamye zigamije guhashya abajura ari inshingano ya buri muyobozi.
Ipikipiki ifite numero ziyiranga RC139R igonganye n’imodoka ahitwa ku Mushumba mwiza mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali ahagana ku isaha ya saa kumi n’ebyiri ihita ifatwa n’inkongi y’umuriro irashya irakongoka.
Mu gitondo cyo ku wa 02/03/2015, abakinnyi b’ikipe ya Espoir FC banze gukora imyitozo kubera ko bamaze igihe cy’amezi 2 badahembwa.
Kuri uyu wa 01 Werurwe 2015, Umuvugizi wa Leta ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo, Lambert Mende Omalanga, n’abasirikare bakuru muri Kivu y’Amajyaruguru, bagaragaje abarwanyi ba FDLR bafashwe n’ingabo za RDC, FARDC harimo abamajoro babiri ngo batashye ariko bo ngo babagaragaza nk’abafatiwe ku rugamba.
Umukobwa witwa Nyirangayaberura Dinah uvuka mu Karere ka Gicumbi, mu Murenge wa Muko, Akagari ka Mwendo, Umudugudu wa Kabuye yabyaye umwana amuta mu musarane.
Urukiko rukuru rwa Gisirikare ruri i Kanombe rwategetse ko urubanza ruregwamo Col Tom Byabagamba, Brig Gen (Rtd) Frank Rusagara na Sgt (Rtd) Francois Kabayiza rwatangira kuburanishwa mu mizi bafunzwe, nubwo ku wa 24/02/2015 bari basabye kuburana bari hanze ya gereza.
Ahitwa i Hindiro mu karere ka Ngororero habereye impanuka imodoka ikoreshwa n’umuryango utegamiye kuri leta (ONG) igonga abanyeshuri, babiri bahita bahasiga ubuzima abandi benshi barakomereka, ubu bajyanywe kwa muganga.
Urwego rw’abinjira n’abasohoka mu Karere ka Nyanza, ku wa 28/02/2015 rwatangaje ko hari abasore batanu n’umukobwa umwe bo muri aka karere bari bashowe mu icuruzwa ry’abantu ariko uwo mugambi ukaburizwamo utaragerwaho.
Kuba abarezi ari bamwe mu bakozi ba Leta bahembwa amafaranga makeye ugereranyije n’abandi ndetse n’ibiciro ku masoko ngo bituma babaho mu buzima bugoranye kandi bikaba byagira ingaruka ku bo bigisha bityo bakaba basaba ko Leta yabashyiriraho ihahiro ryihariye rijyanye n’ubushobozi bwabo.
Mu gitondo cyo ku wa 02/03/2015, mu Murenge wa Ruli mu Karere ka Gakenke hatoraguwe umurambo w’umugore w’imyaka 52 witwa Anastasie Mukangeruka, bivugwa ko yaraye atwawe n’umugezi wa Nyabarongo mu ijoro ryo ku wa 01/03/2015 ubwo yari avanye n’umugabo we mu kabari, akaza kumusigaho intambwe nyuma umugabo akamushaka akamubura.
Nyuma y’igihe kinini abarema isoko rya Rusumo riri mu Murenge wa Gatumba mu Karere ka Ngororero basaba ko bakubakirwa isoko rya kijyambere, ubu imirimo yo kuryubaka yamaze gutangira.
Uretse Akarere ka Nyaruguru katagira ikipe y’abana bafite munsi y’imyaka 15 batozwa umupira w’amaguru, mu tundi turere tugize Intara y’Amajyepfo bafite amakipe ategura abana, bigatanga icyizere ko mu minsi iri imbere amakipe y’u Rwanda azaba akinisha abana barwo gusa.
Umuyobozi w’ibitaro bya Rubavu, Maj. Dr Kanyankore William avuga ko nubwo umurwayi ahabwa imiti igomba kumukiza, akenera urukundo rumuha icyizere ko azakira hamwe n’amafunguro amwongerera imbaraga z’umubiri, nyamara ngo hari abarwayi baza mu bitaro badafite ababitaho.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Panthere du Ndé igitego kimwe mu mukino ubanza, ikipe ya Rayon Sports yongeye kuyitsinda igitego kimwe ku busa mu mukino wo kwishyura.
Abagore bo ku kirwa cya Ishwa giherereye mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bibumbiye mu itsinda ry’abantu 10 ryitwa “Ishwa nziza” borojwe Inkoko 50 mu rwego rwo kubatinyura kwikorera ngo biteze imbere, ku wa 28/02/2015.
Bamwe mu bahinga mu gishanga cya Kayumbu kiri mu Murenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi bibumbiye muri Koperative KOPABAKAMU, binubira uburyo Koperative ibakuraho umusaruro wishyura ibyo bahawe mu ihinga kuko basigarana muke, ngo bikarutwa n’uko buri wese yakwita ku musaruro we.
Bamwe mu baturage b’Umurenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi baravuga ko nta bushobozi bafite bwo kubona amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 300 basabwa ngo babashe kubaka ibigega bya Biyogazi.
Nyuma y’uko ababyeyi barerera mu ishuri rya GS Gasagara riherereye mu Murenge wa Gikonko mu Karere ka Gisagara babonye ko batoroherwa no gutanga umusanzu ugenewe ifunguro ry’abanyeshuri, bahisemo guhingira hamwe bityo ngo ntihakagire ubura ifunguro.
Umubyeyi witwa Mukarubimbura Brigitte utuye mu Murenge wa Kibirizi Akagari ka Ruturo mu Karere ka Gisagara, yiyemeje gufasha abana bagaragarwaho n’imirire mibi mu gace atuyemo ndetse akanigisha ababyeyi uko bategura indyo yuzuye ngo abikorera urukundo akunda abana.
Umugore witwa Mukantambire Venantie warutuye mu Murenge wa Miyove mu Kagari ka Gakenke mu Mudugudu wa Gisiza mu Karere ka Gicumbi bamusanze munzu amanitse mu mugozi yapfuye.
Njyanama y’Akarere ka Ruhango iravuga ko ingengo y’imari ya 2014-2015 ivuguruye, kuba yaragabanutseho amafarana miliyoni zirenga 106 nta mungenge bikwiye gutera ngo atari menshi cyane.
Muri Shampiyona ya Volleyball yakomeje tariki 28 Gashyantare na 01 Werurwe Kirehe VC yongeye gutsindwa na Kigali VC i Kirehe kuri iki cyumweru seti 3-0 nyuma yo gutsindwa ku wa gatandatu bigoranye na APR VC sets 3-2.
Ku munsi wa 2 w’umwiherero w’abayobozi ubera Gabiro mu Karere ka Gatsibo, Perezida wa Repubulika, Paul Kagame yongeye kwihanangiriza abayobozi bareba inyungu zabo aho kureba iz’abaturage bayobora.
Nyuma yo gusezerera Liga Desportiva Muçulmana de Maputo, Umutoza Wungirije wa APR FC aravuga ko afite icyizere cyo kuzasezerera Al Ahl yo mu Misiri kuko ngo atari ikipe iva mu ijuru.
Abayobozi b’inzego z’ibanze ndetse n’abaturage bo mu Karere ka Burera barasabwa kurwanya icuruzwa ry’abantu rigaragara ku mupaka uhuza u Rwanda na Uganda, batanga amakuru kandi banandika abaturage bose mu ikaye y’umudugudu.
Imikino y’umunsi wa munani wa shampiona y’umukino w’intoki wa Basketball yasubitswe nyuma y’impanuka yabereye mu Karere ka Kamonyi ku wa 1 Werurwe 2015 igahitana umukinnyi wa Kigali Basketball Club witwa RUTAYISIRE Jean Guy
Umugabo witwa Kayonga John w’imyaka 58 utuye mu Kagari ka Mareba mu Murenge wa Nyarubuye yitabye Imana mu ijoro rishyira tariki 27 Gashyantare 2015 nyuma yo gukubitwa n’abana babiri bari basanzwe baragirana ku ibuga rya Nyarubuye.
Ikipe y’abafite ubumuga yo mu Karere ka Gicumbi ya “Gicumbi Stars” irasaba ko yakwitabwaho kugirango ibashe kuzamuka mu makipe akomeye yo mugihugu na yo ikajya ijyenerwa ingengo y’imari.
Mu Mudugudu wa Mwirute, Akagari ka Mwirute, mu Murenge wa Rukoma; Polisi yafatanye ikilo cy’urumogi umugabo witwa Ukwizabigira Emmanuel, ahita ashaka gutanga ruswa y’amafaranga ibihumbi 20, ibyaha biba bibiri.
Abaturage bagera kuri 1300 bo mu Murenge wa Jarama Akarere ka Ngoma nyuma yo kumara hafi umwaka wose batishyuwe na rwiyemezamirimo Ntakirutimana Florien ufite kompanyi ECOCAS umwenda wa miliyoni zibarirwa muri 33 noneho bagiye kumujyana mu nkiko.
Amakuru dukesha Umuvugizi wa Polisi yo mu Muhanda (Traffic Police), CIP Emmanuel Kabanda, aravuga ko abantu batanu mu bakoreye impanuka mu Kagari ka Sheli mu Mudugudu wa Kangayire ari bo bamaze kwitaba Imana naho 11 akaba ari bo bakomeretse.
Ikigega gishinzwe kwita ku bidukikije mu Rwanda (FONERWA) cyatanze miliyari n’igice z’amafaranga y’u Rwanda ngo azakoreshwa mu bikorwa bitandukanye birimo ahanini kwita ku nkengero z’Umugezi wa Nyabarongo.
Nyuma yo gusaba Minisitiri w’Intebe kwegura ku mirimo ye ku wa 26 Gashyantare 2015 akamusubiza ku wa 27 Gashyantare 2015 amumenyesha ko ubwegure bwe bwemejwe, Makuza Lauren, wari ushinzwe Iterambere ry’Umuco muri Minisiteri y’Umuco na Siporo, ntakibarizwa muri MINISPOC.
Abayobozi b’igihugu bari mu mwihererero i Gabiro mu karere ka Gatsibo, bifatanyije n’abaturage bahatuye n’abandi bo mu karere ka Nyagatare bituranye, mu gikorwa buri mpera cy’umuganda usoza ukwezi, kuri uyu wa gatandatu tariki 28/2/2015.
Umuryango utegamiye kuri leta uharanira uburenganzira bw’ikiremwamuntu (CLADHO), utangaza ko abaturage bo mu Rwanda batazi akamaro k’umuryango wa Afurika yunzu Ubumwe (RURA) bitewe n’uko leta idashyira ingufu mu kubisobanura.
Akanama kamaze amezi ane mu igenzura ry’impamvu yateye igitangazamakuru cya BBC guhitisha filimi yise “Untold story”, kasoje kanzuye ko iki gitangazamakuru cyabikoze nkana kirengagije amahame y’itangazamakuru n’amasezerano cyari gifitanye na leta y’u Rwanda.
Abacuruzi bamaze umwaka bimuwe mu isoko ryo ku Kamonyi bakazanwa mu isoko ry’Ababikira b’ababernardine riri Gihinga mu murenge wa Gacurabwenge; barataka igihombo baterwa no kutabona abaguzi kuko iryo soko bimuriwemo riherereye inyuma y’amazu y’ubucuruzi kandi akaba nta cyapa imodoka zihagararaho kiri ku muhanda.