Umukobwa wa Senderi w’imyaka 8 yinjiye mu muziki

Umukobwa wa Senderi w’imyaka 8 yamaze kwinjira mu muziki akaba arimo gukora indirimbo yise “Icyizere” izasohoka tariki 15 Mutarama 2016.

Uyu mukobwa wa Senderi Hit avuga ko mu bahanzi b’Abanyarwanda yikundira Knowless ariko mu kuririmba akazakurikiza se.

Senderi Hit n'umukobwa we Kevine Hit
Senderi Hit n’umukobwa we Kevine Hit

Uyu mwana ufite gusa imyaka 8 y’amavuko, amazina ye ni Keza Kevine ariko izina ry’ubuhanzi ngo akaba yarahisemo gukoresha Kevine Hit nk’uko se akoresha Senderi Hit.

Kevine Hit kuri ubu ari muri studio aho ari gutunganyirizwa indirimbo na Pacentho ikaba izasohoka mu minsi mike iri imbere. Ni indirimbo yise “Icyizere” ikubiyemo ubutumwa bwo kwigirira ikizere mu bikorwa bya buri munsi.

Ubwo twaganiraga na se kuri uyu wa 2 Mutarama 2016, yatwumvishijeho gato (sample) kuri iyi ndirimbo itari yasohoka, ariko uwayumva ntiyabasha kwemera ko ari umwana w’imyaka 8 wayiririmbye kandi ngo abashe kwemera ko ari indirimbo ye ya mbere aririmbye dore ko umwumva aririmba wagira ngo asanzwe ari umwuga akora.

Kugeza ubu ntiturabasha kuvugana na Kevine Hit, kuko azatangira neza kwigaragariza intagazamakuru ari uko indirimbo ye yamaze kujya hanze, bikaba biteganyijwe ko izajya hanze tariki 15 Mutarama 2016.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Nibyizarwose nazisohore nyishi dorekwakirimuto

Johnson yanditse ku itariki ya: 14-01-2016  →  Musubize

amahirwemasa ntuzashyiremo ibikabyo nkapapa wawe thankyou

ngezahayo gerrid yanditse ku itariki ya: 11-01-2016  →  Musubize

Kwifuli Amahirwe Aliko Uzatang Inyigisho

Gatwekabi yanditse ku itariki ya: 11-01-2016  →  Musubize

sha kevine hit nta zaririmbe nka se

butera faith yanditse ku itariki ya: 9-01-2016  →  Musubize

KEZA,
komerezaho sha nawe umere nkabandi bahanzikazi kuko nabo ntacyo bakurusha, ikindi kiza nuko utangiye ukiri muto mu bahanzi bose baririmba ndetse baririmbye hano mu rwanda.
turagukunda cyane.

Courrage ma fille.

Mutwarasibo alexis yanditse ku itariki ya: 6-01-2016  →  Musubize

rwose kevine hit ntazaririmbe nka papa we!

remy yanditse ku itariki ya: 3-01-2016  →  Musubize

ntazaririmbe nka papa we!!

remy yanditse ku itariki ya: 3-01-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka