Abaturiye Pariki y’Akagera bavuga ko inyamaswa zikiri hanze y’uruzitiro rw’iyo pariki ari imbogamizi ku mutekano wabo ndetse n’imyaka bahinga.
Shamamba Kenedy Akitondo, umupolisi wa Kongo wafatiwe mu Rwanda m’Ukuboza 2014, na Bievenue Steven Asimwe, umusirikare mu ngabo za Kongo FARDC na we wafatiwe mu Rwanda muri Kamena 2015, kuri uyu wa 18 Nyakanga 2015 bashyikirijwe JVM, itsinda ry’ingabo zigenzura iby’imipaka, ICGLR, kugira ngo ribashyikirize igihugu cyabo.
Ku wa 16 Nyakanga 2015, abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Ngororero, Komite Nyobozi y’akarere hamwe na bamwe mu bakozi n’abafatanyabikorwa bose hamwe babarirwa muri 62 bakoze umwiherero ugamije gusuzuma aho bageze mu kwihutisha iterambere ry’akarere bashyira mu bikorwa igenamigambi ryako rikubiye muri DDP (District (…)
MFARMS, ni uburyo bw’ikoranabuhanga buzajya bufasha abacuruzi b’amafumbire hirya no hino mu gihugu, kugaragariza Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, uko ibikorwa by’ubucuruzi bw’amafumbire bihagaze.
Abanyeshuri basaga 60 bigaga ibijyanye n’ubumenyingiro muri Paruwasi Gaturika ya Nyamasheke basoje amasomo bari bamazemo imyaka ibiri bahabwa impamyabumenyi ndetse bahabwa n’ibikoresho by’ibanze bazaheraho bifite agaciro ka miliyoni 4 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abatuye ndetse n’abakorera muri Santere ya Gitare iri mu Murenge wa Kagogo, mu Karere ka Burera, batangaza ko inzoga z’inkorano nk’Umurahanyoni n’Umunini zaharangwaga zagabanutse ku buryo ngo urugomo n’uburaya byaterwaga n’ubusinzi bwazo, na byo byagabanutse.
Indege yo mu bwoko bwa kajugujugu y’ingabo z’Ummuryango w’Abibumbye zibungabunga amahoro muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (MONUSCO) yakoze impanuka ku kibuga cy’indege cya Goma kuri uyu wagatandatu tariki ya 18 Nyakanga 2015 ubwo yari irimo igwa kuri iki kibuga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rutsiro buratangaza ko bwemeye amakosa ku kibazo k’isuku, bunatangaza ko bwiyemeje kwikubita agashyi ngo iyi suku nke irangire. Babitangaje bwo itsinda ry’abadepeti ryari ryahagurukijwe n’iki kibazo ryabagendereraga kuri uyu wa gatandatu tariki 18 Nyakanga 2015.
Umwana uri mu kigero k’imyaka 17 wakinaga na bagenzi imbere y’ikiyaga giherereye mu murenge wa Kacyiru mu kagali ka Kamatamu, yarohamyemo ahita apfa ubwo yageregazaga kujyamo koga.
Abaturage batuye umurenge wa Kaduha na Musange tumwe mu duce twakunze kurangwamo n’ingebitekerezo ya Jenoside akorewe Abatutsi mu 1994, bavuga ko ingengabitekerezo yatumaga abacitse ku icumu rya Jenoside bicwa yashize bitewe no kwishyira hamwe bakunga ubumwe.
Umushinga LVEMP II w’ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) ugiye gutera imigano ku nkombe z’umugezi wa Nyabarongo. Ikazaterwa ku burebure bwa kilometero 74, hagamijwe kubungabunga amazi y’uyu mugezi akomeje kwanduzwa n’isuri ituruka mu misozi iwukikije.
Abagore bo mu turere twa Nyanza, Gisagara, Nyaruguru, Karongi na Musanze bakora umwuga w’ubuhinzi mu cyaro bibumbiye mu ihuriro rifashwa na Action AID baravuga ko kuba Leta y’u Rwanda yarabahaye ijambo byabahesheje kugira uruhare mu bibakorerwa.
Ubucuruzi bw’ibirayi bwaranzwe n’uruhurirane rw’ibibazo byatumaga abahinzi batabona inyungu ziva mu buhinzi bwabo n’ abaguzi bakagura ibirayi ku giciro cyo hejuru byahawe umurongo ngenderwaho nyuma y’ibiganiro byahuje Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), Urugaga rw’Abikorera (PSF) ndetse n’amakoperative (…)
Umutoza usanzwe utoza ikipe ya Gicumbi Fc Ruremesha Emmanuel arahakana amakuru avuga ko yaba yaramaze kumvikana n’ikipe ya Kiyovu Sports kuzayibera umutoza mu mwka w’imikino utaha,gusa akemeza ko iramutse imwegereye baganira.
Kuri uyu wa Gatandatu nibwo igikombe giterwa inkunga na Nyakubahwa Perezida wa Republika y’u Rwanda Paul Kagame,kizwi ku izina rya CECAFA Kagame Cup kiza gutangira mu mujyi wa Dar Es Salaam muri Tanzania,aho APR ihagarariye u Rwanda iza kuba ikina na Al Shandy yo muri Sudan ku i Saa Saba.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi IGP Emannuel Gasana arasaba abakora umwuga wo gutwara abagenzi kuri moto bo mu turere twa Huye na Gisagara, guharanira umutekano, buri wese aba ijisho rya mugenzi we, bakumira ibyaha bitaraba, banatangira amakuru ku gihe kandi vuba.
Nyuma y’uko ubushakashatsi bwo muri 2011 bw’ikigo mpuzamahanga gikora ubushakashatsi ku mibereho y’abantu, RTI, bugaragaje ko mu Rwanda abanyeshuri 15% barangiza umwaka wa gatatu w’amashuri abanza batazi gusoma ikinyarwanda, mu bigo by’amashuri abanza, imyigishirize y’Ikinyarwanda yarahindutse ku buryo abana basigaye (…)
Nyuma y’aho umuntu utarivuze yatanze amakuru y’ahajugunywe abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, hakaba hamaze kuboneka imibiri 55 mu minsi 2 gusa, Ubuyobozi bwa IBUKA mu Karere ka Rutsiro bukomeje gusaba abanya-Rutsiro baba bafite amakuru y’ahajugunywe imibiri y’ abatutsi bishwe muri Jenoside kugira ngo (…)
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko abaturage b’iyo ntara by’umwihariko abo mu mirenge ihana imbibi na Pariki y’Akagera badakwiye gukomeza kubarirwa iby’inyamaswa ziyirimo kandi na bo bashobora kuzisura.
Itsinda ry’Abasenateri ryasuye Akarere ka Muhanga kuri uyu wa gatandatu tariki 17 Nyakanga 2015 riranenga ibikorwa by’imihanda byagombye kuba byubakwa mu Karere ka Muhanga.
Abaturage b’Akarere ka Rwamagana bibumbiye mu matsinda 404 yo kwiteza imbere afashwa n’Umuryango Nyafurika w’Ivugabutumwa (AEE), barishimira ko nyuma yo kwibumbira hamwe bagakora ibikorwa by’iterambere, ubu babashije kwigobotora ubukene bukabije barimo kandi bakaba bakomeje urugendo rwo gutera imbere ubudasubira inyuma.
Impunzi z’abanyekongo zo mu nkambi ya Kigeme zirishimira ko zavuwe indwara z’amenyo zatumaga benshi barara badasinziriye, izi ndwara zikaba zitavurwaga umunsi k’uwundi bitewe n’uko serivisi z’amenyo zihenze.
Ubuyobozi bwa Ibuka mu karereka Rutsiro buratangaza ko inzibutso zishyinguyemo abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri mata 1994, zigomba kubera ishuri abazisura bikazafasha gukumira Jenoside ku buryo itazongera kuba bagendeye ku mateka.
Umutoza w’ikipe y’igihugu Amavubi yamaze guhamagara urutonde rw’abakinnyi bagera kuri 26 mu rwego rwo gutegura imikino ibiri mpuzamahanga ya gicuti n’amakipe ya Nigeria na Afurika y’epfo.,aho kandi na Jimmy Mulisa usanzwe ari umuyobozi wa Tekiniki mu ikipe ya Sunrise yagizwe umutoza wungirije .
Mu gikorwa cy’imurikabikorwa kiri gukorwa n’abikorera ndetse n’abafatanyabikorwa b’Akarere ka Gicumbi abaturage bishimiye ko bari gupimwa zimwe mu ndwara zitandukanye bakamenya uko ubuzima bwabo buhagaze.
Minisiteri y’Umutungo Kamere yahagurukiye ikibazo cy’ubutwarwa n’inzuzi n’imigezi muri tumwe mu turere two mu ntara y’Amajyepfo, isaba abayobozi bireba gufata ingamba zirimo no kuba hatangwa ibihano kubabigiramo uruhare bateza isuri.
Itsinda Gakondo Group rigizwe n’abahanzi 13 harimo n’abakomeye nka Teta Diana, Jules Sentore, Daniel Ngarukiye, Nziza Francis n’abandi, na Masamba Intore uriyobora, kuri uyu wa 17 Nyakanga 2015 rirataramira abakunzi baryo muri Hotel des Milles Collines.
Ally Soudy Uwizeye wahoze ari umunyamakuru n’umushyushyarugamba mu Rwanda mbere yo kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika avuga ko yashimishijwe n’amashusho y’indirimbo “Mbilo Mbilo” y’umuhanzi Eddy Kenzo, agaragaramo imbyino zisa neza neza n’izikoreshwa mu muco Nyarwanda anatangaza ko ababazwa no kuba abahanzi (…)
Umuyobozi wa Polisi mu Karere ka Muhanga, Chief Spertendant Francis Muheto, aratangaza ko ugereranyije n’amezi ashize, abamotari batangiye guhindura imyumvire kuri amwe mu makosa bakoraga abangamira ibikorwa by’abashinzwe umutekano n’abagenzi.
Abakozi b’Ibitaro bya Gahini byo mu Karere ka Kayonza barasabwa kubaha umurwayi kuko ari we mukoresha wabo mukuru, nk’uko byavuzwe n’umuyobozi w’ibyo bitaro Dr. Muvunyi Alphonse tariki 16 Nyakanga 2015 ubwo ibyo bitaro byashimiraga abakozi babyo babaye indashyikirwa mu mwaka wa 2014/15.
Mu gihe cy’iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 21 Jenoside yakorewe Abatutsi, abayoboke b’itorero ADEPR hirya no hino mu gihugu batanze umusanzu wo kubakira uwacitse ku icumu rya Jenoside umwe muri buri paruwasi muri 367 ziri mu gihugu. Kuri uyu wa 16 Nyakanga 2015, mu Karere ka Kamonyi, amaparuwasi 10 akaba yashyikirije (…)
Kuri uyu wa kane tariki 16 Nyakanga 2015 hafi y’Ibiro by’Akarere ka Rutsiro hataburuwe imibiri 54 y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 nyumay’aho umuntu utamenyekanye yandikiye ubuyobozi aburangira aho babajugunye.
Ibikorwa byo kurwanya umutwe wa FDLR mu Burasirazuba bwa Congo kuva 2015 yatangira ntibyawugabanyije intege, ahubwo byawuhaye uburyo bwo kwisuganya no kwihuriza hamwe kandi biwuha n’ingufu z’ibikoresho kuko aho irwaniye n’ingabo za Congo izambura ibikoresho.
Nyuma y’imyaka 3 umuturage witwa Mukambonyumuhutu Godelive wo mu Murenge wa Matyazo mu Karere ka Ngororero yaranze ko abantu baguze imitungo ye muri cyamunara bayikoresha, Ubuyobozi bw’Intara y’Iburengerazuba bwahagurukiye gukemura icyo kibazo, no gukangurira abaturage kutigomeka ku byemezo by’inkiko.
Kuva ku wa 15 Nyakanga 2015, abantu 4 bo mu Murenge wa Ndaro mu Karere ka Ngororero barimo umunyamabanga nshingwabikorwa w’akagari ka Kibanda, umwungiriza we, umukuru w’umudugudu wa Ruhuha wo muri ako kagari hamwe na rwiyemezamirimo bari mu maboko ya Polisi bashinjwa kwangiza nkana inshyamba kimeza rya Mukura.
Umusore wo mu Kagari ka Karwasa mu Murenge wa Gacaca, Akarere ka Musanze wagize ikibazo cy’uburwayi bwo mu mutwe biturutse kuba yaranywaga ibiyobyabwenge bitandukanye akagira amahirwe yo “gukira” yatangiye gufasha abandi bafite uburwayi bwo mu mutwe.
Leta y’u Rwanda ihangayikishijwe n’ibibi bikomeje kuza byihishe inyuma y’ikoranabuhanga nubwo hari ibyiza byinshi ryazanye. Bikaba byatumye ihagurukira iki kibazo itangiza gahunda igamije guhagarika ko ryakwangiza abana b’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera butangaza ko Kaminuza y’Ubuvuzi, University of Global Health Equity (UGHE), izubakwa muri ako karere mu Murenge wa Butaro, biteganyijwe ko izatangira kubakwa mu kwezi kwa Nzeri 2015.
Kuva mu mwaka ushize wa 2014 abaturage bivuriza ku bitaro bya Kabgayi barinubira kuba bigurira imiti iyo bagiye kwivuriza ku bitaro bya Kabgayi, kandi baratanze amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA).
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe abakomatanije ubumuga bwo kutumva, kutavuga no kutabona wizihijwe ku uyu wa 15 Nyakanga 2015, abahagarariye inzego zishinzwe abafite ubumuga mu Rwanda babasabiye gushyirwa mu cyiciro cyihariye kurusha abandi, kubera ubukana bw’ubumuga bafite.
Akarere ka Musanze, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015 katangiye imyiteguro yo gushinga ikipe y’imikino ngororamubiri izategura abasore n’inkumi bazajya bitabira amarushanwa yo mu gihugu no hanze ,ikaba yitezweho kuzamura urwego uwo mukino uriho uyu munsi.
Umugabo witwa Igirukwigena Bonaventure utuye mu Mudugudu wa Kijibamba mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke yatawe muri yombi nyuma ashinjwa kugerageza gufata ku ngufu umukobwa we, byamunanira akamutemagura.
Umuryango nterankunga w’Abadage uzwi ku izina rya GIZ, wahaye ibikoresho by’ishuri ibigo 10 by’amashuri yigisha ubumenyingiro muri Kigali, bizifashishwa mu guha abanyeshuri amahugurwa azabafasha guhitamo neza ibyo bifuza kwiga n’imirimo bifuza gukora.
Umusore w’imyaka 19 wo mu Kagari ka Nyagahinika mu Murenge wa Kigeyo ho mu Karere ka Rutsiro ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Kivumu akekwaho gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 7 y’amavuko wigaga mu mwaka wa mbere w’amashuri abanza.
Women Foundation Ministries, Umuryango Mpuzamahanga udaharanira Inyungu, urimo gutegura igiterane mpuzamahanga cyiswe All Women Together cyangwa mu Kinyarwanda “Abagore Twese Hamwe” kizabera ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali kuva ku wa 28-31 Nyakanga 2015.
Guverineri w’intara y’Amajyepfo yibukije abaturage ko, kumva ko bari mu bwoko bumwe bw’Abanyarwanda, bukeneye kubaho neza no gutera imberao. Bakigenera ikibakwiriye kandi cyateza imbere igihugu cyabo barwanya n’uwashaka kubasubiza inyuma.