Yanga yahuruje imbaga y’abafana mu myitozo i Kigali

Ikipe ya Yanga yo muri Tanzania mu myitozo ya mbere yakoreye i Kigali,yitabiriwe n’abafana benshi ku kibuga cy’imyitozo cya Ferwafa

Kuri uyu wa Kane ahagana ku i Saa ine n’igice za mu gitondo nibwo ikipe ya Yanga yari isesekaye i Kigali aho ije gukina umukino wa 1/16 cya CAF Champions league,umukino uzabera kuri Stade Amahoro kuri uyu wa gatandatu guhera i Saa cyenda n’igice.

Nyuma yo kugera i Kigali iyi kipe yahise ijya gucumbikirwa muri Hotel the Mirror,maze ku i Saa cyenda n’igice iyi kipe ihita itangira imyitozo ku kibuga cy’imyitozo cya Ferwafa,imiyitozo yakurikiranwe n’abafana benshi cyane barimo n’aba Rayon Sports bari bamaze kureba imyitozo y’ikipe yabo yitegura umukino Musanze,ndetse n’abafana ba APR Fc bari baje kureba ikipe bazahura uko imeze.

Uku niko byari byifashe

National Football League

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

nifurije intsinzi equipe ya APR FC.

blues yanditse ku itariki ya: 12-03-2016  →  Musubize

Dukwiye kwikosora mu myitabire ndetse no mu mifanire.

Amizero Gerard yanditse ku itariki ya: 11-03-2016  →  Musubize

Byiza Kabisa

Wellars yanditse ku itariki ya: 11-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka