Mu gihe habura hafi amezi abiri ngo imikino nyafurika (All african games) itangire,ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda (Ferwacy) ryamaze gutangaza abakinnyi 9 barimo umukobwa umwe bazahagararira u Rwanda muri iyo mikino.
Minisiteri ifite mu nshingano zayo gucunga Ibiza no gucyura impunzi, MIDIMAR, kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, yahaye imiryango 53 yo mu Murenge wa Bigogwe mu Karere ka Nyabihu igizwe n’abahungutse kuva mu mwaka wa 2009 kugeza ubu inkunga y’amabati afite agaciro ka miliyoni zibarirwa muri 12 z’amafaranga y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamyumba mu Karere ka Rubavu butangaza ko igikorwa cyo gutunganya imidugudu y’icyitegererezo izatwara miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda mu kwagurira Umujyi wa Gisenyi ahantu h’icyaro.
Abasaza n’abagore bagikomeye bo mu Murenge wa Nkotsi, mu Karere ka Musanze, mu gitondo cyo kuri uyu wa 15 Nyakanga 2015, bazindukiye ku biro by’akarere basaba ko barenganurwa kuko bakuwe ku rutonde rw’abahabwa inkunga y’ingoboka ya VUP mu buryo bavuga ko budasobanutse.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi(IBUKA) hamwe n’indi miryango iwugize, kuri uyu wa gatatu tariki 15 Nyakanga 2015, basoje ku mugaragaro icyunamo cy’iminsi 100 isobanura igihe Jenoside yo mu 1994 yamaze.
Ubuyobozi bw’Urwego rw’Umuvunyi butangaza ko hateye abatekamutwe biyitirira kuba abakozi b’inzego z’ubutabera ndetse n’Urwego rw’Umuvunyi bagasaba abaturage amafaranga ibihumbi 100 babizeza ko ibibazo bafite mu nkiko no mu Rwego rw’Umuvunyi bazabijyamo bigakemuka.
Minisitiri w’Uburezi, Dr Musafiri Papias Malimba, mu muhango wo gutangiza urugerero rw’abanyeshuri b’Abanyarwanda biga mu mahanga bazwi ku izina ry’”Indangamirwa” kuri uyu wa 14 Nyakanga 2015, yabibukije ko ubumenyi bahahayo bugomba kubakira ku ndangagaciro na kirazira by’umuco Nyarwanda.
Nyuma y’uko polisi n’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze bahagurukiye kurwanya abacuruza n’abakoresha inzoga zitemewe, bamwe batangiye gushaka amayeri yo kuzicuruza bakoresheje amacupa cyangwa ibindi bikoresho bisanzwe bizwi ko bibamo ibicuruzwa byemewe mu gihugu.
Umukinnyi usanzwe ukina mu ikipe ya FC Lausanne-Sport,ikipe ibarizwa mu cyiciro cya kabiri mu gihugu cy’u Busuwisi,Quentin Rushenguziminega yemeye kuzakinira ikipe y’igihugu Amavubi,aho ndetse anategerejwe ku mukino u Rwanda ruzakina mo na Ghana mu kwezi kwa cyenda
Abantu batanu bamaze bashyinguwe kuri iki gicamunsi cyo ku wa 15 Nyakanga 2015 nyuma yo kwitaba Imana babuze umwuka ubwo bari mu mwobo bacukura amabuye y’agaciro yo mu bwoko bwa Wolfram mu kirombe cya Sosiyete ya New Bugarama Mining kiri mu Murenge wa Kagogo mu Karere ka Burera.
Abaturage bo mu Murenge wa Rugera mu Kagari ka Rurembo barishimira ko ibyo urubyiruko rwo muri aka kagari rwemerewe na Perezida wa Repubulika batangiye kubigezwaho.
PC Mukandayisenga Alphonsine, wari umupolisikazi mu Karere ka Kamonyi, yapfiriye ahitwa Gifumba mu rugabano rugabanya Akarere ka Muhanga n’Akarere ka Ruhango ubwo yajyaga mu masengesho ku musozi wa Kanyarira uri mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango.
Inama y’Igihgu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Nyaruguru iratangaza ko hagiye gutangizwa ihuriro (Forum) ry’abagore bafite akazi mu nzego zinyuranye.
Nyuma y’igihe ashakishwa n’amakipe atandukanye ya hano mu Rwanda,Muhire Kevin yamaze gushyira umukono ku masezerano y’imyaka ibiri akinira akinira ikipe ya Rayon Sports
Ubuyobozi bw’Akarere ka Burera bwatangiye ibikorwa byo kubaka Hoteli ku Kiyaga cya Burera izafasha abakerarugendo baturukaga hirya no hino mu Rwanda no ku isi baje gusura ako karere ariko bakabura aho baruhukira bidagadura.
Irakoze Gleme, umukobwa w’imyaka 19 ukora akazi ko kuvugira inka, avuga ko aterwa ishema no kuvugira inka mu birori bitandukanye kandi ari umukobwa, umurimo ubusanzwe ukorwa n’abagabo.
Mu bigo by’amashuri byo mu Karere ka Kirehe harangiye amarushanwa ku biganirompaka mu gutyaza ubumenyi mu rurimi rw’Icyongereza, maze ubuyobozi bw’akarere n’abaterankunga muri icyo gikorwa babishimira urwego abarimu bagezeho mu kuvuga Icyongereza bahamya ko bizazamura ireme ry’uburezi.
Mu gihe umushinga uteza imbere gusoma kwandika no kubara, L3 “Litteracy, Language and Learning”; ufasha ibigo by’amashuri abanza mu buryo bushya bwo gutanga amasomo hifashishijwe terefone uvuga ko terefone ari imwe mu mfashanyigisho zatuma uburezi bugira ireme, abarezi bo mu mashuri abanza na bo bemeza ko kwifashisha amasomo (…)
Inteko Ishinga Amategeko yose (Umutwe wa Sena n’uw’Abadepite) yemeje ko ubusabe bw’abaturage ku ihindurwa ry’ingingo ya 101 y’Itegeko Nshinga bufite ishingiro; aho iyo ngingo n’izindi zifitanye isano na yo zizahindurwa, kugira ngo bihe ububasha Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, bwo kongera kwiyamamariza kuyobora u Rwanda (…)
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga, bazindukiye ku Biro by’Umurenge gukurikirana uko igikorwa cyabarega mu Nteko Ishinga Amategeko, cyo gusuzuma ubusabe bwabo bwo kuvugurura Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga kugira ngo Perezida Kagame azongera kwiyamamaza bamutore akomeze kubayobora.
Abakozi b’Akarere ka Rutsiro kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku rwego rw’akarere bari mu gikorwa cyo gutanga imisanzu mu Kigega “Ishema Ryacu” bavuga ko babikorera kwanga agasuzuguro bimwe mu bihugu by’amahanga bikomeje kugaragariza u Rwanda.
Carry Turk, uhagarariye Banki y’Isi mu Rwanda, yatangaje ko izakomeza gutera inkunga Leta y’u Rwanda kugira ngo ibashe kunoza imyigishirize y’ubumenyingiro no kubugeza henshi mu Rwanda hagamijwe korohereza abakeneya kubwiga kubona amashuri.
Kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ngoma, mu Mujyi wa Butare, hafungiwe abagabo batandatu bakekwaho guhangika abantu babagurisha amayero (amafaranga akoreshwa muri bihugu by’Umuryango w’Ubumwe bw’Iburayi) y’amakorano abandi bita ibiwani.
Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza ngo barifuza ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yazabasura bakamubona imbonankubone kuko basanzwe bamwumva kuri radiyo gusa.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bo mu Murenge wa Mugesera mu Karere ka Ngoma borojwe inka muri 2012 n’umuryango wa FPR ubwo wizihizaga imyaka 25 umaze uvutse, bituye boroza bagenzi babo batishoboye inka 30.
Bamwe mu buyobozi bw’Akarere ka Nyanza n’abayobozi b’ibigo by’amashuri muri ako karere ntibemeranywa na Minisiteri y’Uburezi ku kibazo cy’ijanisha ry’abana bataye ishuri mu mwaka wa 2014-2015 mu bigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye muri ako karere.
Mu nama y’uburezi yahuje abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye yo mu Karere ka Nyanza kuri uyu wa 13 Nyakanga 2015 bafashe umwanzuro ko bagiye kujya bamenyesha ababyeyi imyigire n’imyitwarire by’abana babo hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga.
Abakoresha icyombo giherutse gushyirwa mu Kiyaga cya Mugesera ngo cyoroshye ubuhahirane yagati y’abaturage b’Akarere ka Rwamagana n’ab’aka Ngoma batuye mu bice bikora kuri icyo kiyag, bavuga ko bari mu gihombo baterwa no kutabona umubare uhagije w’abagenzi bakigenderamo.
Kuri uyu wa kabiri tariki 14 Nyakanga 2015, Abanyarwanda benshi bazindukiye ku Ngoro y’Inteko Ishinga Amategeko bagiye kumva uko isuzuma ibitekerezo byabo bisaba ko Ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga ihindurwa rikemerera Perezida Kagame gukomeza kuyobora u Rwanda nyuma ya 2017.
Bamwe mu bakora umwuga wo kubaza no gusudira baretse gukoresha ibikoresho gakondo bihangira umurimo wo gukora imashini zikoresha amanyashanyarazi none baravuga ko byaratumye babasha kwiteza imbere.
Umukinnyi wakinaga mu ikipe y’Isonga uzwi ku izina rya Nshuti Savio Dominique yamze gusinyira ikipe ya Rayon Sports imyaka igera kuri ibiri,aho aje nk’umusimbura wa Ndayisenga Fuadi wamaze kwerekeza mu ikipe ya Sofapaka yo muri Kenya
Abacuruzi bake batangiye gukorera mu isoko rusange rya Bishyenyi bita “common market”, bavuga ko batangiye gukorera mu gihombo kuko batabona abaguzi; ariko abashoramari baryo bo barahamagarira abaguze ibibanza bose kuza kubikoreramo kuko abacuruzi ari bo babimburira abaguzi mu isoko.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Kirehe barashinja ubuyobozi bw’imidugudu kubaka amafaranga ibihumbi bitandatu bwise umusoro w’umudugudu.
Umuhanzi Teta Diana avuga ko yarangije amashuri yisumbuye afite inzozi zo kubona akazi mu bigo by’itumanaho ariko amaze kurangiza kwiga abona si ko bigenze ahita yiyungura igitekerezo cyo kwihangira imirimo.
Uwitwa Rukundo Marcel w’imyaka 30 y’amavuko bakunze kwita Nyaruzungu, wari utuye mu Mudugudu wa Rukuro mu Kagari ka Muhororo ho mu Murenge wa Byimana mu Karere ka Ruhango,bamusanze yimanitse mu giti cy’umuvumu yapfuye.
James McElvar, umwe mu baririmbyi bagize itsinda ry’abanya-Ecosse ryitwa "Rewind", aherutse kurira indege agerekeranyije imyenda 12 yanga kwishyura amayero 50 (hafi 40.000FRW) kubera ko yari yarengeje ibiro yari yemerewe kujyana mu ndege, bimuviramo kwikubita hasi yataye ubwenge mu gihe cy’urugendo.
Mu mwaka w’imihigo ushoje wa 2014-2015, imiryango ibihumbi 10 na 71 y’abatishoboye yahawe ibikotesho bisukura amazi (filtres) bizayifasha kunywa no gukoresha amazi meza mu ngo zabo hagamijwe kurwanya indwara ziterwa n’amazi mabi.
Abakozi ba Hoteli Faraja, imwe mu mahoteli mashya yo mu Mujyi wa Musanze, bavuga ko bamaze amezi hagati y’atatu n’ane badakora ku ifaranga ngo kubaho bikaba bibagoye, bityo bagasaba ubufasha kugira ngo babone imishahara yabo.
Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare mu Rwanda arasanga abakinnyi b’amagare mu Rwanda nibakomeza kuzamura urwego bariho,mu gihe cy’imyaka 10 Valens Ndayisenga cyangwa undi mu nyarwanda ashobora kuzakina isiganwa rifatwa nk’irya mbere ku Isi "Tour de France"
Ubwo abakiristu ba Paruwasi Bare bizihizaga yubire y’imyaka 50 iyi paroisse ishinzwe,bungutse umupadiri mushya,wanahise ahabwa ubutumwa muri Diyosezi ya Butare ari na ho hakomoka Padiri Kayinamura Thelesphore washinze Paroisse ya Bare mu 1965.
Abaturage batuye ahataragezwa umuriro w’amashanayarazi babwiwe ko bagomba gutangira gukora cyane bayitegura kugira ngo azabagereho bariteje imbere imbere bashobore kuyabyaza umusaruro mu bikorwa bitandukanye.
Abaturage barema isoko ryo mu Murenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke barashimira Leta ko yabubakiye isoko ariko bagasaba ko hakorwa n’umuhanda urigeraho kuko kugeza ubu nta modoka ishobora kurigezaho ibicuruzwa bigatuma kuhakorera bigorana.
Gahunda yo kwiga imyuga ku buntu hagamijwe ko abantu babona ubumenyi bwo guhanga imirimo mishya ari benshi yatangijwe mu bigo byigisha imyuga, mu Karere ka Huye yitabiriwe n’abatari bakeya biganjemo abarangije amashuri yisumbuye bitegura kujya muri kaminuza.