Ubuyobozi bw’akarere ka Kamonyi buratangaza ko ubufatanye bw’abaturage n’abashinzwe umutekano mu guhanahana amakuru biri ku isonga y’ibatumye ibihungabanya umutekano bigabanuka.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burasaba abagize urwego rwa DASSO kwirinda guhutaza abaturage, ahubwo bagashyira ingufu mu kurinda icyahungabanya umutekano cyose.
Impuzamiryango Pro-Femme Twese Hamwe, yanzuye ko izashyigikira gahunda Perezida Kagame yatangije yo kuvuganira uburinganire hagati y’ubukobwa n’umuhungu yiswe HeforShe.
Mu gihe habura iminsi mike ngo imikino nyafurika (All African Games),ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mukino wa Karate iripima n’igihugu cy’u Burundi, mbere y’uko iyi kipe yerekeza muri Congo-Brazzaville.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ibihugu bivuga ko abayobozi babi ndetse n’abatagira icyerekezo bose baba ku mugabane wa Afurika, ari ibintu bikwiye guhagarara.
Nyuma y’igihe kinini nta siganwa ry’amagare babona,abatuye mu karere ka Karongi kuri uyu wa gatandatu baraza kwakira isiganwa ry’amagare riva i Muhanga ryerekeza mu karere ka Karongi
Gahunda y’amatsinda y’ibiganiro by’abaturage bigamije guteza imbere imiyoborere myiza, izakosora amakosa yajyaga akorwa na bamwe mu bayobozi bityo bikihutisha iterambere.
Ingabo z’igihugu zashyikirije abatuye akarere ka Rusizi ivuriro rizajya ritanga serivisi zo gukumira ubwandu bwa virusi itera SIDA ku buntu.
Ubuyobozi bw’Umurenge wa Rwimiyaga burizeza abacururiza mu isoko ryaho ko bugiye guca akajagari katerwaga n’abaza kuhacururiza bavuye ahandi.
Bamwe mu baturage batuye mu mirenge ikora ku mugezi wa Giciye banejejwe no kuba usigaye ubyara amashanyarazi, ubundi warabatwariraga abantu n’imirima.
Akarere ka Nyamagabe kashimiwe ingamba kafashe zo guhuza inzego z’itandukanye, mu gushyira hamwe kugira ngo ihame ry’uburinganire ritezwe imbere.
Nubwo abaturage bo mu Krere ka Kirehe bipimisha SIDA ari benshi, bamwe mu bo twasanze mu Kigo Nderabuzima cya Kirehe tariki 16 Kanama 2015 ntibazi uburyo yandura.
Abatuye mu murenge wa Mwili mu karere ka Kayonza bavuga ko kubona amazi byababereye nko kubonekerwa nyuma y’igihe kirekire batayagira.
Impunzi z’Abarundi zo mu nkambi ya Mahama zatangiye gutoroka inkambi ya Mahama zijya gusabiriza mu baturage zivuga ko inzara yazirembeje.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa 20 Kanama 2015, Minisitiri w’Intebe wa Etiyopiya yageze mu Rwanda aje gutangiza Fondation Meles Zenawi.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi n’iy’Ingabo zasuye umushinga w’ubworozi bw’inka mu Bugesera ku wa 20 Kanama 2015 zemeza ko uzatuma nta nyama zongera gutumizwa hanze.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke bwasabye ibigo by’imari bigakorera gutahiriza umugozi umwe mu nama yabahuje kuri uyu wa 18 Kanama 2015.
Abayozozi bazaKoperative n’amashyirahamwe yose akorera mu karere ka Gatsibo, barashishikarizwa kumenya uruhare rwabo ku musoro kugira ngo babashe kuwutanga batagononwa.
Mu ijoro ryo kuwa 17 Kanama, Musabyimana Yvette wo mu murenge wa Rwimiyaga yataye umwana mu musarane abaturage bamukuramo atarapfa.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa 20 Kanama, mu Kagari ka Gahogo, Umurenge wa Nyamabuye hatoraguwe umurambo w’umugabo bakeka ko wishwe n’inzoga.
Mu rwego rwo kwitegura umukino wa gicuti wa Ethiopia ndetse n’umukino uzahuza u Rwanda na Ghana taliki ya 05 Nzeli 2015,abakinnyi 26 bamaze guhamagarwa mu mwiherero w’ikipe y’igihugu .
Abagenerwabikorwa ba VUP bo mu mirenge ya Mulinga na Rambura, bavuga ko bikuye mu bukene bitewe n’iyi gahunda yabateje imbere.
Umupfakazi w’abana 6 utuye mu Murenge wa Mwurire, Akarere ka Rwamagana, arashinja ubuyobozi kumwambura inka yahawe muri “Girinka”, bukayigabira undi.
Abahinzi b’imbuto n’ibirungo mu murenge wa Sake mu karere ka Ngoma, bavuga ko bubinjiriza ibihumbi 25 ku munsi bikabasha kubatunga.
Ibitangazamakuru mpuzamahanga bitandukanye birimo kwerekana ko Korea ya Ruguru na Korea y’Epfo birimo kohererezanya ibisasu bya misile.
Abadepite b’Ubuholandi bari mu ruzinduko mu Rwanda, kuri uyu wa 19 Kanama 2015 bemereye Perezida Kagame gufatira ibyemezo abaregwa Jenoside bari iwabo.
Perezida w’Uburundi Pierre Nkurunziza uherutse gutsinda amatora kuri uyu wa tariki 20 Kanama 2015 yarahiye.
Abarobyi bo mu Kiyaga cya Mirayi i Gashora mu Karere ka Bugesera baganira na Polisi tariki 18 Kanama 2016 biyemeje kubungabunga umutekano aho bakoreramo.
SACCO Ingenzi Gasaka igiye gukurikirana abanga kwishyura inguzanyo bahabwa, kuko biteza igihombo ikigo kandi bikagira ingaruka ku bayigana.
Abanyeshuri ba Musanze Polytechnic barinubira ko bamaze amezi hafi atanu batabona amafaranga ya buruse ariko bakishyuzwa amafaranga y’amacumbi yakagombye kuva kuri buruse.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iratangaza ko abazafatwa babangamira gahunda y’ubucuruzi bw’ibirayi biciye mu ikusanyirizo kugira ngo irinde umuturage guhendwa bazabihanirwa..
Ikigo cy’imisoro n’amahoro, RRA, kirasaba ibigo by’ubwishingizi gutanga imisoro ya TVA byakase abanyamagaraji n’abacuruza ibyuma by’ibinyabiziga.
Intumwa ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Karere k’Ibiyaga Bigari,Thomas Perriello, kuri uyu wa 19 Kanama 2015 yasabye Perezida Kagame ibisubizo by’ibibazo byugarije u Burundi.
Ikipe ya Rayon Sports yerekeje muri 1/2 nyuma yo gutsinda ikipe ya Mukura ibitego 2-1, mu gihe ikipe ya APR Fc isezerewe na Police kuri Penaliti 4-3,nyuma yo kunganya igitego 1-1 mu mikino y’Agaciro Development Fund.
Guhera mu ntangiriro z’umwaka utaha wa 2016 za Sacco zizatangira kwifashisha ikoranabuhanga, abanyamuryango babashe guherwa serivisi muri sacco bagezeho yose.
Minisitiri w’Intebe, Murekezi Anastase, afungura uruganda rwa Cimerwa ku wa 18 Kanama 2015 yasabye Abanyarwanda gukoresha amahirwe ahari mu guhanga imirimo mishya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyabihu ngo bugiye kwibanda mu byaro mu kwegereza abaturage amashanyarazi muri itanu mu mirenge ikagize.
Kuva ubu Ikigo cy’Igihugu cy’Imisoro n’Amahoro (RRA) cyatangiye gufasha uturere mu kwakira imisoro n’amahoro mu rwego rwo kunoza ikusanywa ry’imisoro.
Bamwe mu bacuruzi ba Musanze bakoresha indangururamajwi n’umuziki bakurura abakiriya ngo bibongerera abakiriya ariko hari abakavuga ko bibangamira abandi bacuruzi.
Kuri uyu wa gatatu harakomeza imikino y’Agaciro Development Fund,aho ikipe ya Rayon Sports iza kwisobanura na Mukurai Muhanga, mu gihe APR Fc nayo iza kuba ikina Police Fc ku Kicukiro.
Urwego rushinzwe ubuzima mu Karere ka Gastibo n’amavuriro akarimo, ku wa 18 Kanama 2015, bigiye hamwe uko babonera igisubizo impfu z’ababana n’ababyeyi bapfa babyara.
Perezida Kagame atangaza ko nta mpaka zari zikwiriye kubaho, kugira ngo umugore ahabwe agaciro akwiriye.
Umuyobozi w’Akarere ka Burera, Sembagare Samuel, aravuga ko mu gutanga isoko ryo kuba isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika hajemo ikibazo bikaba ngombwa ko riseswa rikongera gutangwa bundi bushya mu gihe ryagombye kuba ryaratangiye kubakwa muri Gicurasi 2015.
Ihuriro ry’amakoperative y’ababoshyi bo mu karere ka Ngororero ryashinze ishuli ryigisha ubukorikori ku rubyiruko n’abakuze babyifuza, mu rwego rwo kuzamura ishoramari ry’akarere.
Ikigo cy’ikoranabuhanga, RwandaOnline Platform Ltd, cyamurikiye abakozi b’Akarere ka Gicumbi, kuri uyu wa 18 Kanama 2015, urubuga rwitwa www.irembo.gov.rw ruzajya rufasha abaturage guhabwa serivisi mu buryo buboroheye.
Abakozi b’akarere ka Nyaruguru kuva ku rwego rw’akagari kugeza ku karere, basobanuriwe itegeko rishya ribagenga mu mirimo yabo ya buri munsi.
Mu gihe habura amezi hafi atatu ngo isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi ku izina rya Tour du Rwanda ngo ritangire,ubu hamaze gushyirwaho umutoza uzaba utoza iyo kipe ariwe Sterling Magnell