Abatuye Gisagara baratangaza ko ibyiza bagezeho nyuma yo kwibohora ubuyobozi bubi, ari intangiriro y’ibindi byinshi bari kugenda baganaho. Ibi babitangaje bizihiza umunsi wo kwibohora tariki ya 4 Nyakanga 2015 banashima ingabo ziyobowe na Perezida Paul Kagame zabibagejejeho.
Abikorera bo mu Mujyi wa Rwamagana, kuri uyu wa 5 Nyakanga 2015, bakoze imyigaragambyo mu rugendo rutuje bamagana ifatwa n’ifungwa rya Lt. Gen. Emmanuel Karenzi Karake, ryabaye mu kwezi gushize mu gihugu cy’u Bwongereza.
Mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 10 umaze uteza imbere uburezi bw’umukobwa kuri iki cyumweru tariki 05/7/2015, umuryango wa Imbuto Foundation wishimiye kuba waragize uruhare mu kuzamura umubare w’abana b’abakobwa bitabira amashuri, ngo wavuye kuri 39.1% mu mwaka wa 2005, ugera kuri 54% muri 2014(bagereranyijwe n’abahungu).
Perezida wa Repubulika Paul Kagame avuga ko kuvuga ukuri no kwemera kwitanga ari byo byatumye Abanyarwanda bibohora ubuyobozi bubi bwarangwaga no kubavangura.
Umuhanzikazi Abayizera Grace wamenyekanye ku izina ry’ubuhanzi rya Young Grace ngo asanga urubyiruko rw’u Rwanda rugifite intambwe ndende rugomba gutera kugira ngo u Rwanda rubashe kugera kure cyane hashoboka.
Umuhanzi Eric Nzaramba uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Senderi International Hit n’andi menshi agenda yiyongereraho, arahamya ko ashimshijwe cyane no kuba u Rwanda rwaribohoye akongeraho ko mu Rwanda hatari haba ibyishimo, ko ibyishimo bya mbere bizaba ari uko yegukanye insinzi muri Primus Guma Guma Super Star.
Mu gihe u Rwanda rukomeje kwizihiza isabukuru y’imyaka 21 rumaze rwibohoye, abaturage bo mu Ntara y’Iburasirazuba barishimira intambwe y’iterambere n’umutekano bamaze kugeraho bakavuga ko ibyiza byose babashije kwigezaho muri iyi myaka 21 ari imbuto zeze ku bwitange bw’ingabo zahoze ari iza FPR Inkotanyi zemeye kwitanga (…)
Ubwo hizihizwaga isabukuru ya 21 yo Kwibohora, Perezida Paul Kagame yashimiye abaturage bo mu karere ka Gicumbi ubutwari n’ubwitange mu gufatanya n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi mu rugamba rwo kubohoza u Rwanda.
Ndababonye Emmanuel w’imyaka 34 ukomoka mu Murenge wa Kigina ari mu maboko ya Polisi Sitasiyo ya Nyarubuye kuva tariki 1 Nyakanga 2015 nyuma yo gufatanwa inka 17 azishoreye yitwaje ko aziyishyuye kuko shebuja yanze ku muhemba.
Nyuma yo gutsinda ikipe ya Rayon Sports igitego kimwe ku busa,ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro,ikipe ya Police Fc yabashije gutwara igikombe cyayo cya mbere kuva yagera mu cyiciro cya mbere
Mu rwego rwo kwizihiza imyaka icumi ishize Imbuto Foundation itanga ubufasha ku bana b’abakobwa,kuri uyu wa gatandatu ubwo hizihizwaga umunsi wo kwibohora,habaye irushanwa ryahuje abafatanyabikorwa ndetse n’abagenerwabikorwa b’Imbuto Foundation maze rygegukanwa n’ikipe yari igizwe n’abaminisitiri n’Ingabo.
batanu bari mu kigero cy’imwaka ibiri kugeza kuri 7 barumwe n’imbwa bivugwa ko yasaze yo mu kagari ka Batima mu murenge wa Rweru mu karere ka Bugesera.
Kuri uyu wa 03 Nyakanga 2015 ku Kigo cy’Amashuri cya APRODESOC giherereye mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Gakenke bibutse ku nshuro ya mbere abari abanyeshuri n’abarimu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umugabo witwa Sebyenda Patrick bakundaga kwita Mosayi wakoraga akazi ko kotsa inyama mu Gasenteri ka Cyanika kari mu Murenge wa Musenyi mu karere ka Bugesera yitabye Imana nyuma ngo kunywa uducupa dutanu tw’inzoga yitwa Furaha.
Umusore witwa Musabyimana Mawombe wo mu Kagari ka Rwantonde mu Murenge wa Gatore yafatanwe imifuka ibiri y’urumogi ipima ibiro 80 ku wa 02 Nyakanga 2015 arugemuriwe n’abatanzaniya atabwa muri yombi.
Mu rwego rwo kunamira abazize Jenoside yakorewe Abatutsi no kumenya amateka yayo, abakozi ba Unguka Bank, basuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kamonyi kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015 banemerera imiryango y’abarokotse Jenoside inkunga y’inka eshanu.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye yo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza tariki 03/07/2015 rwashimiye mu ruhame Rtd. Major Gapfizi Aloys wamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu mu 1994.
Koperative Imbere heza igizwe n’inkeragutabara yaremeye inka 20 abanyamuryango bayo, mu rwego rwo kuzereka ko ibyo zakoze zibohora igihugu bihabwa agaciro gakomeye no mu rwego rwo kuzifasha kugira ngo zirisheho kwiteza imbere.
Perezida Paul Kagame yanenze bikomeye ibihugu by’amahanga byisaba ubuyobozi buriho kwita ku burenganzira bwa muntu mu Rwanda, akavuga ko nta burenganzira bifite bwo kwibutsa ubuyobozi buriho icyo gukora, kuko bujya gutangira urugamba rwo kwibohora ari cyo cyari kigamijwe.
Kuri iki cyumweru taliki ya 05/07/2015 harakinwa irushanwa rya Handball ryitiriwe umunsi wo kwibohora (Liberation day tournament),irushanwa riza kwitabirwa n’amwe mu makipe ya hano mu Rwanda
Nyuma y’imyaka itanu Rayon Sports yongeye kugera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’amahoro,aho igomba guhura kuri uyu wa Gatandatu n’ikipe ya Police Fc iheruka gutsindirwa ku mukino wa nyuma n’ikipe ya APR Fc umwaka ushize wa 2014
Ministiri w’Urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana arizeza ingabo zabohoye igihugu ko urubyiruko ayoboye rwiteguye kurwana urugamba urwo ari rwo rwose, kugira ngo umutekano w’igihugu n’ibyagezweho bikomeze kubungabungwa.
Kuri uyu wa gatandatu tariki 4 Nyakanga 2015 u Rwanda rwizihije imyaka 21 rumaze rwibohoye, umunsi wizihirijwe mu gihugu hose. Abanyamakuru bacu bakorera mu turere twose tw’igihugu badukurikiraniye uko imyiteguro yawo n’uko wizihijwe mu mafoto.
Imiryango y’abamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu ituye mu kagari ka Ruhanga mu karere ka Gasabo, yashimiye bamwe mu rubyiruko n’ubuyobozi bw’ako karere igikorwa k’isuku no kubaremera babakoreye muri iki gihe hategurwa isabukuru yo kwibohora ku nshuro ya 21.
Abaturage bo mu murenge wa Rambura akarere ka Nyabihu bahisemo gushimira ingabo za RDF uburyo zababohoye bagabira inka umwe mu bamugariye ku rugamba, mu gihe bari kwitegura kwizihiza isabukuru y’imyaka 21 zibohoye igihugu.
Mu gihe mu buryo buzwi urugamba rwo kwibohora rwatangiye ku wa 1 Ukuboza 1990,ubwo ingabo zari iza FPR Inkotanyi zafataga intwaro zigahirika ingoma y’igitugu ya Juvenal Habyarimana, Abanyarwanda bari barahejejwe ishyanga bagataha, urugamba rwo kubohora u Rwanda ntirwarangiye nk’uko hari ababyibwira ahubwo rukomereje mu (…)
Madamu Jeannette Kagame wa yatuje ababyeyi bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu karere ka Nyanza mu murenge wa Rwabicuma, amazu y’agaciro ka miliyoni 175 z’amafaranga y’u Rwanda.
Umuhanzi ukomoka muri Uganda Radio Moses unaririmba mu itsinda rya Good Life, aratangaza ko yibonamo nk’Umunyarwanda uba hanze, akavuga ko atishimira umuntu umwita umushyitsi mu Rwanda.
Imiryango y’Abarundi ituye hirya no hino mu mijyi no mu biturage byo mu turere tugize Intara y’Amajyepfo, muri rusange yishimira uko Abanyarwanda babakiriye. Icyakora, ibi ntibibabuza kuba bafite ibibazo bifuza ko byakemuka bagafashirizwa aho bari bitabaye ngombwa ko bajya mu nkambi. Kimwe mu bibereye inzitizi abahungiye mu (…)
Umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Kibangu ruherereye mu murenge wa Ngoma ho mu karere ka Nyaruguru, arakekwaho guha akazi umwarimu utagira amasomo yigisha ngo bakanafatanya kunyereza ibiryo bigenewe gutunga abanyeshuri.
Nyuma y’imyaka 21 u Rwanda rubohowe n’ingabo zari iza FPR Inkotanyi, abatuye ahitwaga muri Perefegitura ya Gikongoro - ubu ni mu gice kinini cy’Uturere twa Nyamagabe na Nyaruguru- bishimira ko batakicwa n’inzara, kuko ubu basigaye bahinga bakeza. Bavuga kandi ko ibi babikesha ubuyobozi bwiza.
Imwe mu miryango y’Abarundi yahungiye mu Rwanda mu Mujyi wa Muhanga, ivuga ko yakiriwe nk’abavandimwe mu gihe yari imaze kwiheba kubera ibibera iwabo.
Ku bufatanye bwa Minisiteri ya Siporo n’umuco,Minisiteri y’ubutegetsi bw’igihugu na Minisiteri ifite urubyiruko mu nshingano zayo,mu Rwanda hagiye kubakwa ikibuga muri buri murenge mu rwego rwo gufasha iterambere ry’imikino biturutse mu nzego zo hasi.
Akarere ka Nyabihu karateganya kubaka inzu yo gukoreramo nshya izasimbura iyari isanzwe ikorarwamo ubu ikazarangirana n’umwaka w’ingengo y’imari wa 2016-2017, ikazatwara amafaranga y’u Rwanda agera muri miliyoni 800.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa na Kaminuza ya Kigali (University of Kigali) mu Karere ka Musanze ngo bwasanze ababarirwa muri 90% barenga Intara y’Amajyaruguru bajya gushaka amakaminuza ngo batishimiye kujya kwiga ahandi bituma iyi kaminuza ihashyira ishami ryayo.
Kuri uyu wa 3 Nyakanga 2015, Jeannette Kagame, Umugore wa Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ari mu Karere ka Nyanza, Murenge wa Rwabicuma aho agiye gushyikiriza abakecuru bagizwe incike na Jenoside yakorewe Abatutsi amazu ajyanye n’igihe yo kubamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’umufatanyabikorwa wako mu iterambere PIMA, wita ku gukurikirana amakuru no gukora ubuvugizi kuri Politiki za Leta bamaze gufata imyanzuro yarushaho gukemura ikibazo cy’abana biga mu burezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 badafata amafunguro ku ishuri.
Amakuru aturuka muri Bolivia, igihugu kiri muri America y’Amajyepfo, aravuga ko umushumba wa Kiliziya Gatulika, Papa Francis, azagisura ngo akaba yasabye kuzazimanirwa ibibabi bya Coca bikorwamo ikiyobyabwenge cya Cocaine.
Ubwo Ikigo cy’Igihugu cy’Imiyoborere, RGB, cyashyikirizaga ishyirahamwe ry’imfubyi zirera zo mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Nkingo, mu Murenge wa gacurabwenge, inkunga y’icyuma gisya n’umurima wo guhinga bifite agaciro ka miliyoni eshatu n’igice; Prof. Shyaka Anastase, Umuyobozi wa RGB, yatangaje ko ubuhamya (…)
Ishyirahamwe Duhozanye rihuza ababyeyi bapfakajwe na Jenoside, risanzwe rikorera mu Karere ka Gisagara, bagabiye abapfakazi wa Jenoside bo mu karere ka Huye mu murenge wa Mbazi bibumbiye muri koperative Abihanganye, kuri uyu wa kane tariki 2 Nyakanga 2015.
Abaturage batuye mu karere ka Rutsiro mu ntara y’Iburengerazuba batangaza ko kuba bafite umutekano uhagije bitandukanye n’igihe cy’intamabara y’abacenegezi ubwo bari badatekanye, babibonamo kwibohora bakabizirikana abvuga ko uwabihakana ari utazi iyo ntamabara.
Urubyiruko 118 rwo mu Murenge wa Busogo rwarangije urugerero, rurasabwa gukura amaboko mu mufuka, rugakora rugahera ku mirimo yo hasi yitwa ko isuzuguritse idasaba igishoro kinini kugira ngo rwiteze imbere
Mu kiyaga cya kivu hafatiwe abakongomani batanu n’amato yabo bari bavogereye amazi y’u Rwanda n’imitego ya kaningini itemewe kurobeshwa mu Rwanda na yo irafatwa, kuri uyu wa gatatu tariki a 1 Nyakanga 2015.
Ubushakashatsi bukorwa cyane cyane n’abarimu bo muri kaminuza ngo iyo bukoreshejwe bugira uruhare mu iterambere ry’igihugu n’abayobozi bakabona imibare n’amakuru afatika agaragaza uko ikibazo giteye n’uko cyakemurwa baheraho bafata ibyemezo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango,Oda Gasinzigwa,avuga ko ubuyobozi bwiza bwafashije abagore kwibohora imyumvire yo kumva ko badashoboye,yaterwaga n’ubuyobozi bubi bwabagaragazaga nk’abadashoboye none nyuma yo guhabwa umwanya ubu ngo bageze kure mu iterambere.
Umugabo witwa Rubwiriza Tharcisse w’imyaka 26 y’amavuko ari mu maboko ya Polisi kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamata mu Karere ka Bugesera kuva mu cyumweru akorwaho iperereza kubera gukekwaho gusambanya umwana w’imyaka ine.
Mu ruzinduko bamwe mu bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda, imitwe yombi bagiriye ku Rwibutso rwa Jenoside rwa Nyarubuye ku wa 30 Kamena 2015 bababajwe n’ubwicanyi ndengakamere muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Nyarubuye biyemeza kuba abavugizi b’urwibutso rwaho rushyinguwemo imibiri ibihumbi 51 ngo rwubakwe.