Ntawera Alphonse wo mu Kagari ka Rwesero mu Murenge wa Kirehe ukekwaho kwica umugore we, Mukamudenge Emeliana, yasabiwe gufungwa burundu.
Abashoramari b’Abayapani biyemeje guhinga indabo mu Rwanda bagamije kuzamura umusaruro wazo nyuma yo gusanga ubuhinzi bwazo bukiri hasi.
Kuba Uburundi na Tanzaniya bidakoresha visa imwe n’ibindi bihugu byo mu muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), byagaragajwe nka kimwe mu bidindiza iterambere ry’ubukerarugendo mu karere biherereyemo.
Abasirikari biga mu Ishuri Rikuru rya Gisirikari rya Nyakinama barashima imbaraga Leta ishyira mu kuvugurura ubuhinzi ngo burusheho gutanga umusaruro.
Mu kagari ka Kirehe mu murenge wa kirehe ku wa 03/02/2016 imodoka yavaga Ngoma yarenze umuhanda igonga umunyeshuri apfira mu bitaro bya CHUK I Kigali.
Komisiyo y’ubumwe bw’Abanyarwanda mu nteko ishinga amategeko igiye gukora ubuvugizi ku nzoga zo mu mashashi zitabarwa mu biyobyabwenge.
Urugaga Nyarwanda rw’abikorera(PSF), rwagiranye amasezerano na kompanyi y’indege ya Turkiya, hagamijwe kugabanya ibiciro by’ingendo z’abacuruzi hagati y’u Rwanda na Turkiya.
Ikipe ya Congo ibaye iya mbere igera ku mukino wa nyuma wa CHAN 2016,itsinze Guinea Penaliti 5-4 nyuma yo kunganya 1-1 mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro kuri uyu wa gatatu
Bamwe mu bamotari ba Koperative COTAMOTEKA itwara abagenzi kuri moto mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi ntibakozwa guhagarara (guparika) ahateganyijwe mu gihe bategereje abagenzi.
Sosiyeti yigenga Ngali Holdings Ltd yahawe ububasha bwo gukusanya amahoro y’inzego z’ibanze yasabwe guhuza umubare w’abakozi bayo n’abasoreshwa.
Abahinzi bo mu Murenge wa Sovu mu Karere ka Ngororero bubakiwe ibigega bizabafasha guhunika neza umusaruro wabo, bagatera imbere.
Bamwe mu bahinzi b’ibigori bo mu Karere ka Nyagatare bavuga ko imirimashuri yatumye umusaruro bakura mu buhinzi wikuba inshuro eshanu.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Ngoma batangaza ko hari byinshi babona byabagira intwari, nyuma yo gusobanurirwa ko bishoboka no ku batari abasirikare.
Umucuruzi wa moto za “Bajaj” mu Karere ka Bugesera witwa Musemakweri Lambert ari mu mabako ya Polisi ashinjwa kurimanganya abaturage yagurishije.
Bamwe mu baturage batishoboye b’Akarere ka Ruhango baravuga ko bababazwa cyane n’inzego z’ibanze zaka amafaranga abagenewe guhabwa inka, bayabura inka zigahabwa abayatanze.
Kuri uyu wa Gatatu kuri Stade Amahoro nibwo hamenyekana ikipe ya mbere izakina umukino wa nyuma,ubwo DR Congo na Guinea ziza guhatana muri 1/2
Mu kagezi kitwa Waruhara wo mu Murenge wa Shangasha mu Karere ka Gicumbi hatoraguwe umurambo w’umusore witwa Bahati.
Urubyiruko rwibumbiye mu muryango “Youth volunteers” rwaganiriye ku mateka yaranze u Rwanda hagamijwe kureba uko hasigasirwa amateka y’ubutwari bw’Abanyarwanda.
Umusaza witwa Kurujyibwami Constantin w’imyaka 75 y’amavuko ku wa 1 Gashyantare 2016 bamusanze munsi y’umukingo yapfuye.
Abapolisikazi babiri bishwe bari mu butumwa bw’amahoro mu gihugu cya Haiti mu Kuboza umwaka ushize, bashyinguwe mu cyubahiro mu bihe bitandukanye mu irimbi rya Rusororo, kuko imibiri yabo itari yagereye rimwe mu gihugu.
Abaturage bo mu mirenge ya Shyara, Nyarugenge na Musenyi mu Bugesera barasaba ubuyobozi kurangiza umuhanda uhuza iyi mirenge kugira ngo woroshye ubuhahirane.
Abaturage bo mu Murenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi bahagurikiye guhinga imboga z’ubwoko butandukanye ndetse n’imbuto kugira ngo barandure Bwaki.
Mu Karere ka Ngororero umwaka w’amashuri 2016 utangiye ibyumba by’amashuri bishya byose bitararuzura.
Mu bikorwa by’urugerero rw’Intore z’inkomezabigwi z’Akarere ka Kamonyi, ziyemeje gukora ubukangurambaga buganisha ku mibereho myiza y’abaturage kuko ariyo nzira y’iterambere.
Mu mwaka wa 2016 wonyine u Rwanda ruzatanga miriyoni 94 z’amadorari ya Amerika ku mpunzi z’Abarundi zigera ku 100,000.
Ababyeyi bo mu Karere ka Rwamagana ntibavuga rumwe ku kibazo gitera indwara z’imirire mibi mu bana bari munsi y’imyaka itanu.
Komisiyo y’Abadepite ishinzwe ubuhinzi, ubworozi n’ibidukikije ikomeje gusuzuma umushinga w’itegeko ryo gushyiraho urugaga rw’abanyamwuga mu bidukikije inarutangaho ibitekerezo.
Abagize Komite Nyobozi icyuye igihe mu Karere ka Ngororero bahamya ko basoje manda zabo bemye kuko bazamuye akarere.
Munyambibi Joseph wari umupfumu yishwe akubiswe n’uwitwa Ndungutse Theoneste wari ufite uburwayi bwo mu mutwe arimo kumuvurira iwe mu rugo.
Ubwo bizihizaga Umunsi w’Intwari ku wa 1 Gashyantare 2016, abagore mu Murenge wa Kanombe mu Karere ka Kicukiro bavuze ko Perezida Kagame akwiriye kuba mu ntwari zikiriko.
Mu gitondo cyo ku wa 01 Gashyantare 2016 mu Ruzi rw’Akagera, ubwato bwaroshye abagabo batanu, batatu muri bo baburirwa irengero babiri bararokoka.
Abatuye Akarere ka Ruhango baravuga ko bamaze kumenya neza ko ubutwari atari amagambo, ahubwo ko ari ibikorwa kandi biharanirwa.
Ku Munsi w’Intwari, abaturage b’i Kirehe bibukijwe ko u Rwanda rutajya rutsindwa basabwa guharanira iryo shema bitoza umuco wo gutsinda.
Kuri uyu wa 01 Gashyantare 2015, mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Karangazi batoraguye umurambo w’umuntu uciwe umutwe.
Ubuyobozi bwa Gereza ya Karubanda buvuga ko ikibazo cy’ubucucike bw’imfungwa n’abagororwa bafite kizakemuka vuba, kuko hari amazu mashya bujuje.
Umuyobozi wa Kivu y’Amajyaruguru muri DRC yatangaje ko ashimira Polisi y’u Rwanda uburyo icungira umutekano Abanyekongo baza kureba imikino ya CHAN mu Rwanda.
Abayobozi b’Ikigo cy’Amashuri Abanza cya "Etoile" mu Karere ka Karongi bavuga ko ibanga ryo gutsindisha abana baryigamo ari ubufatanye n’ababyeyi.
Koperative y’abahinzi, IABM, ihinga mu gishanga cya Makera mu Karere ka Muhanga iravuga ko ihangayikishijwe n’amatungo ndetse n’abajura bayangiriza ibigori.
Nyuma yo kugezwaho amateka y’intwari, abaturage b’Umurenge wa Ngamba basobanuriwe ko buri wese ashobora kuba intwari bitewe n’ibikorwa bye.
Teta Diana yanyuzwe cyane no kubona indirimbo ye "Velo" ikinwa kuri televiziyo mpuzamahanga kandi atarayitanzeyo.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu karere ka Gicumbi, abaturage basabwe gukomeza kubumbatira umutekano intwari z’u Rwanda zaharaniye.
Abanyarwanda baba muri Republika ya Congo / Brazzaville bakiriye Ambasaderi mushya Jean Baptiste Habyalimana, wahatangiye imirimo yo guhagararira u Rwanda.
Abaturage bo mu murenge wa Muhima barakangurirwa gukora ibikorwa by’ubutwari kuko ngo kuba Intwari bidasaba ko umuntu aba atakiriho gusa.
Umuturage wo mu Murenge wa Kibangu, Isa Mpozenzi, wari konseye igihe cy’abacengezi yashimiwe ahabwa inka kuko yabashije kwambura imbunda abacengezi.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Alphonse Munyantwari, arakangurira abayobozi basigiwe ubuyobozi bw’uturere two muri iyo ntara mu gihe cy’inzibacyuho kuzagira ijisho ridahuga.
Abaturage b’Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Burera barasabwa gufatanya bakarwanya ibiyobyabwenge kuko uwabinyoye adashobora kuba intwari.
Mu birori by’umunsi w’Intwari z’u Rwanda byabereye mu Karere ka Nyanza, hari abifuje ko n’“Umuturage Utazwi” yahagararirwa mu byiciro by’intwari.