Mu mujyi wa Kigali harubakwa imihanda y’amabuye yitwa "Cobblestone", hagamijwe kurengera ibidukikije, guteza imbere ibikorerwa mu gihugu no kubaka ibirama.
Umuryango uharanira ko Jenoside itazongera kubaho ukundi Never Again, uravuga ko kutumva urusaku rw’imbunda, bidakwiye gutuma abanyarwanda birara.
Mu mafaranga akenewe kugirango ishami rya Loni ryita ku Mpunzi (UNHCR), ribashe kwita ku mpunzi z’Abarundi ziri mu Rwanda, hamaze kuboneka 18% byayo gusa.
Abaturage bo muri Huye bavuga ko indaya basigaye bazita “Ibiryabarezi” kubera ko zirya amafaranga ya bamwe mu bagabo bagataha imbokoboko.
Abahanzi b’Abanyarwanda bakeneye kwerekana umuco Nyarwanda muri Leta zunze ubumwe z’Amerika muri "Rwanda Cultural day".
Amakuru aturuka muri Polisi y’igihugu aravuga ko "transformateur" y’inkorano ari yo ishobora kuba intandaro y’inkongi y’umuriro wibasiye ikigo cy’imyidagaduro cya "Bambino Super City".
Uyu munsi ku tariki ya 21 Nzeli 2016, inkongi y’umuriro yibasiye ahazwi nko kuri “Bambino Super City, haherereye mu murenge wa Masaka mu Kerere ka Kicukiro.
Perezida Paul Kagame, avuga ko iyo bibaye ngombwa u Rwanda rudaseta ibirenge mu guharanira inyungu z’abanyagihugu kuko ari zo ziza ku isonga.
Nzabihimana Jean Bosco, utuye mu karere ka Musanze, yafatanywe igisasu cyo mu bwoko bwa gerenade n’icyuma cya gisirikare, amakuru atanzwe n’umugore we.
Abagize impuzamakoperative “Duhaguruke/ Kora” ikorera mu Mujyi wa Musanze, barashinja ubuyobozi bwabo kurigisa umutungo wa miliyoni 30.
Muri Shampiona y’umupira w’amaguru mu Rwanda ya 2016/2017, umukino uzahuza APR na Rayon Spors uteganyijwe tariki ya 21 Mutarama 2017 hatagize igihinduka.
Ku nkengero z’umugezi wa Nyacyondo mu karere ka Karongi hatoraguwe umurambo w’umugabo witwa Munyakazi Adrien bikekwa ko yatwawe n’amazi.
Munyemana Hudu uzwi nka Nzenze, umunyarwanda wasifuraga hagati mu kibuga ku rwego mpuzamahanga, yatangaje ko atazongera gusifura umupira w’amaguru.
Perezida w’Inama y’Amatorero y’Abaporotestanti mu Rwanda, Musenyeri Alex Birindabagabo asaba abayobozi b’amashuri kwakira agakiza, kugira ngo batange uburezi bufite ireme.
Abaturage bo mu murenge wa Gishari muri Rwamagana batangaza ko Ekocenter bubakiwe na Coca Cola imaze kubagezaho iterambere.
Hadi Janvier wari usanzwe akina umukino wo gusiganwa ku magare atangaza ko yasezeye kuri uwo mukino yabitekerejeho, adahubutse.
Abatuye akarere ka Bugesera bavuga ko bafungiwe amazi imyaka itanu kubera umwenda wa miliyoni 13 frw bafitiye Ikigo gishinzwe amazi, isuku n’isukura (WASAC).
Itsinda ry’abadepite barindwi bo mu Nteko ishinga amategeko y’Ubumwe bw’Iburayi (EU), ryasuye ihuriro ry’abanyarwandakazi bo mu Nteko ishinga amategeko mu Rwanda.
Umuhanzi Niyitegeka Gratien uzwi nka Seburikoko atangaza ko atazasubira gushyingura no mu rusengero kuko iyo agiyeyo arangaza abantu.
Igipimo cy’ubwiyunge bw’Abanyarwanda (RRB) cyerekanye ko abibona mu ndorerwamu y’amoko bagabanutseho 10% hagati y’umwaka wa 2010 na 2015.
Kuri uyu wa mbere ku cyicaro cy’ishyirahamwe ry’umukino wa Handball mu Rwanda hatangiye amahugurwa y’abatoza bakiri kuzamuka, bashamikiye ku bigo bikina umukino wa Handball
Abantu bo mu idini rizwi nk’ “Abakusi” bari bariyemeje gusenga biyicisha inzara, umwe muri bo yapfuye, abandi babiri bazanwa mu bitaro bya Nyanza bamerewe nabi.
“Car-free zone” na “Rond-point” ya Kimuhurura zigiye gushyirwamo ibintu bizajya bikurura urujya n’uruza rw’abantu n’abanyamaguru barusheho kuhidagadurira.
Mu mvura yaguye ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki ya 19 Nzeli 2016 mu Karere ka Nyabihu, Inkuba yahitanye umwana na nyina.
Abaturage bo mu kagari ka Rwambogo, umurenge wa Butare, mu Karere ka Rusizi, bavuga ko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana bata ishuri kubera kwigira kure.
Imiryango 210 itishoboye yo mu karere ka Rubavu, yahawe amatungo agizwe n’ihene n’intama, azayifasha kugira imibereho myiza.
Perezida Paul Kagame yavuze ko u Rwanda rwishimiye kwakira ikigo kizafasha umugabane wa Afurika mu ishyirwa mu bikorwa ry’intego z’iterambere rirambye (SDG Center for Africa).
Ayinkamiye Emerence umuyobozi w’akarere ka Rutsiro, aributsa ababyeyi ko gutoza abana kwizigamira, ari ukubagabanyiriza ibibazo bashobora guhura nabyo imbere.
Imvura y’urubura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku itariki ya 19 Nzeli 2016, yangije hegitari 40 z’imyaka n’ibisenge by’amazu 87.
Ikipe ya Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye mu mukino wa Karate, ni imwe mu zabonye imidali myinshi mu irushanwa ryabereye i Kigali muri iki cyumweru
Muri iyi minsi usanga abantu benshi bafite ibibazo birebana n’amazina yabo
Abajyanama b’akarere ka Gicumbi biyemeje kurandura ruswa ivugwa muri ako karere nyuma yo kugaragarizwa ko iri ku rwego rwo hejuru.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze gutangaza imyambaro ibiri itandukanye izajya ikinana mu mwaka w’imikino wa 2016/2017
Kankindi Nancy, umukobwa wa Maitre Sinzi Tharcisse wamenyekanye mu mukino wa Karate, aratangaza ko yiteguye kugera ku rwego Se yagezeho akaba yanarurenga
Perezida Paul Kagame yagaragarije amahanga uburyo ikoranabuhanga ritagira isi umudugudu umwe gusa, ahubwo ryagira n’uruhare mu kongera ubukungu nk’uko byagaragaye mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere.
Umushumba wa Dioyesezi Gatulika ya Kabgayi, Musenyeri Mbonyintege Samaradge, yatangije Paruwasi nshya ya Ruyenzi, bitewe n’ubwiyongere bw’abakristu muri ako gace.
Abatuye mu kagari ka Ngondore umurenge wa Byumba, bavuga ko abasigajwe inyuma n’amateka, batuye mu mudugudu wa Bukamba babangamira umutekano.
Uwamahoro Latifah yashyizwe mu mwanya w’umunyamabanga mukuru w’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda (FERWAFA), nta piganwa ribaye.
Impuzamiryango iharanira uburenganzira bwa muntu (CLADHO) itangaza ko igiye kwita ku bana baterwa inda zitateguwe, ibaganiriza, inabafasha mu bijyanye n’amategeko.
Ibitaro bikuru bya Byumba biri kubaka inyubako nshya, izunganira iyari imaze imyaka 69, mu rwego rwo kunoza serivisi.
Abaturage bo mu kagari ka ryabega umurenge wa Nyagatare, banenzwe kuba bagihabwa inkunga y’ibiribwa, kandi bafite ubutaka bwera cyane.
Abatuye mu duce twa Musamvu na Karenge two mu murenge wa Kibungo, muri Ngoma, bahangayikishijwe n’ibura ry’amazi ridasanzwe.
Abaririmbyi n’abandi bakora ibijyanye na muzika mu Rwanda bahamya ko igitaramo Sauti Sol yakoreye mu Rwanda cyabasigiye isomo bazagenderaho.
Imvura ivanze n’umuyaga yasambuye amashuri, amazu y’abaturage 35, inangiza bimwe mu bicuruzwa,mu murenge wa Nasho, mu karere ka Kirehe.
Migabo Celestin wari umukuru w’umudugudu wa Gisunzu, mu karere ka Rutsiro, umuryango we wamusanze mu bwiherero, yimanitse mu mugozi yapfuye.
Abagize urubyiruko rushamikiye ku muryango FPR-Inkotanyi bahagarariye abandi mu karere ka Kicukiro, barasabwa kuba maso, bakamenya ibiranga abyihebe byiyitirira Isilamu.
Ku mugoroba wo ku wa gatandatu tariki ya 17 Nzeli 2016, itsinda ry’abahanzi ryitwa "Sauti Sol" ryo mu gihugu cya Kenya, ryaje mu Rwanda, rimurika album nshya ryise" Live and Die in Afrika"