Umunyarwanda ukigisha abana ubugome afite ikibazo - Kamanzi

Imyaka Abanyarwanda bamaze bigishwa urwango ngo ni myinshi ku buryo uwaba acyigisha abana ubugome iki gihe yaba afite ikibazo.

Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), Kamanzi Jacqueline, yabitangajwe mu kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byabereye i Sovu mu Murenge wa Kigabiro mu Karere ka Rwamagana, kuri uyu wa gatatu tariki 20 Mata 2016.

Mu kwibuka abana n'abagore bazize Jenoside hashyinguwe imibiri y'abana batatu yari itarashyingurwa mu cyubahiro.
Mu kwibuka abana n’abagore bazize Jenoside hashyinguwe imibiri y’abana batatu yari itarashyingurwa mu cyubahiro.

Yagize ati “Abanyarwanda bigishijwe urwango imyaka myinshi, bakwiye no kugira ikimwaro mu by’ukuri. Umunyarwanda wigisha umwana ubugome areba ibyatubayeho (muri Jenoside) uwo aba afite ikibazo. Dukwiye gushyira imbaraga mu burezi dutoza abana ibyiza tubangisha ikibi.”

Abana bavutse nyuma ya Jenoside bavuga ko bakuze bumva amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Umunyamabanga uhoraho muri MIGEPROF yavuze ko Umunyarwanda ucyigisha abana ingengabitekerezo ya Jenoside afite ikibazo.
Umunyamabanga uhoraho muri MIGEPROF yavuze ko Umunyarwanda ucyigisha abana ingengabitekerezo ya Jenoside afite ikibazo.

Bamwe bavuga ko bagiye bagerwaho n’ingaruka z’iyo Jenoside cyangwa zikagera kuri bagenzi ba bo n’ubwo yabaye bataravuka, ku buryo icyo bashyize imbere ari ukurwanya bivuye inyuma Jenoside n’ingaruka ya yo.

Nikuze Germaine ati “Twakuze twumva ibya Jenoside tubona n’ingaruka byagize. Tugerageza kubaka igihugu cy’ejo hazaza turandura Jenoside kugira ngo twubake igihugu kitarangwamo Jenoside n’ingengabitekerezo yayo.”

Abana basabwe kwirinda ingebitekerezo ya Jenoside.
Abana basabwe kwirinda ingebitekerezo ya Jenoside.

Abarokokeye i Sovu bavuga ko n’ubwo leta yagiye igerageza kubahoza no kubomora ibikomere batewe na Jenoside bagifite intimba ku mitima, bitewe n’uko hari imibiri ya bamwe mu Batutsi biciwe i Sovu kugeza n’ubu itaramenyerwa irengero ngo ishyingurwe mu cyubahiro nk’uko Mukasinawe Veronika abivuga.

Kampirwa Helene wo mu kagari ka Sovu we ati “Basaza banjye biciwe kuri uyu musozi ariko banze kunyereka aho babashyize, umugabo wanjye nayobewe irengero sinigeze mushyingura ngo nshire agahinda, n’indi miryango y’abavandimwe bacu barabahisha ntabwo baberekana, ubu narahebye nararekeye.”

Bamwe mu barokotse Jenoside bagabiwe inka.
Bamwe mu barokotse Jenoside bagabiwe inka.

I Sovu hiciwe Abatutsi benshi muri Jenoside ariko bose imibiri ya bo ntiraboneka ngo ishyingurwe mu cyubahiro. Kugeza mu rwibutso rwa Jenoside rwaho hashyinguye imibiri 620, irimo iy’abagore 350, abana 83 n’abagabo 187.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka