Mu Rwanda hagiye kubera inama (TRTF) izibanda ku bucuruzi hagati y’u Rwanda na Tanzania kugira ngo baganire ku mbogamizi ziburimo, zishakirwe umuti.
Abikorera bo mu Karere ka Rusizi biyemeje gutanga miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda mu Kigega Agaciro Development Fund.
Muri Europa league ikipe ya Liverpool yo mu Bwongereza yasezereye Villareal yo muri Espagne naho Seville yo muri Espagne isezerera Shaktar Donestk yo muri Ukraine.
Shampiona y’icyiciro cya mbere mu mupira w’amaguru irakomeza kuri uyu wa gatanu hakinwa imikino ibiri y’umunsi wa 22
Abaturage batuye mu Mudugudu wa Nyamugari, Akagari ka Gafunzo mu Murenge wa Mwendo w’Akarere ka Ruhango, baratabariza umubyeyi witwa Nyirabahire Venancie, kuko ubuzima bwe buri mu kaga.
Nyirakimonyo Gaudence w’imyaka 55, wo mu Kagari ka Kibatsi, mu Murenge wa Rukira Karere ka Ngoma yishwe n’abantu bataramenyekana ubwo yari avuye kuzitura ihene.
Abaturage batuye mu midudgudu ya Ninzi na Rugabano mu Murenge wa Kagano muri Nyamasheke barasaba guhabwa ingurane nyuma yo kwangirizwa ibyabo hakorwa imihanda.
Munyabugingi Slyvestre w’imyaka 42 wo mu Kagari ka Cyanya mu Murenge wa Kigarama i Kirehe, bamusanze munsi y’imanga ku wa 04 Gicurasi 2015 yapfuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu buhanganye no gutazangera kuba akanyuma mu gutanga ubwisungane mu kwivuza kuko 2015-2016 yarangiye gafite 69.4%.
Umuryango Uyisenga ni Imanzi usanga habayeho ubufatanye bw’ababyeyi, abarezi n’ubuyobozi, ibibazo bituma abana bata ishuri byakemuka.
Polisi yatanze imbabazi kuri moto zo mu Karere ka Ngoma zashakishwaga kubera guhunga abapolisi, bituma biyemeza gukika kuri iyo ngeso.
Itsinda ryavuye muri Sudani y’Epfo risuye u Rwanda rivuga ko igihugu cyabo cyiteguye gutanga umusanzu wabo mu kuzamura ubukungu bw’akarere.
Irushanwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi nka Rwanda Cycling cup ya 2016 riratangira kuri uyu wa Gatandatu riva Kigali kugera Rwamagana
Kigali Today Ltd yongeye guhugura abanyamakuru n’abandi bifuza kuba abanyamwuga mu gufata amafoto, amahugurwa iteguye ku nshuro ya gatatu.
Umugabo wo mu Karere ka Muhanga yatawe muri yombi akurikiranyweho kwica undi mugabo baturanye. Bikekwa ko yamujijije kumusambanyiriza umugore.
Abahinzi bo mu Rwanda bashyiriweho uburyo buzajya bubafasha kumenya imihindagurikire y’ikirere, kugira ngo bibafashe gukoresha ubutaka birinda ibihombo.
Abikorera ngo bagiye gushyiraho uburyo abarimu babona ibyo bakeneye mu buryo bwo kubakopa bakabyishyura mu byiciro binyuze mu mabanki bahemberwamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro butangaza ko mu bana basaga 3780 mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari barataye ishuri, 2500 bamaze kurisubizwamo.
Polisi imaze gutangaza ko Kandabaze Richard wari ufite ipeti rya Assistant Inspector of Police (AIP) yarashwe nyuma agerageza guhangana n’abapolisi barinze sitasiyo ya Polisi ya Busogo mu Karere ka Musanze.
Brig Gen Mujyambere Leopord wari wungirije Mudacumura ku buyobozi bwa FDLR, wafatiwe Goma, yari umwe mu bahanga uyu mutwe wagenderagaho.
CIMERWA yateguye isiganwa ku maguru rigamije gukangurira abantu imikoreshereze myiza y’umuhanda hagamijwe kurwanya impanuka zo mu mihanda rizaba taliki ya 07 Gicurasi 2016.
Ikipe ya Atletico Madrid n’ikipe ya Real Madrid nizo zizakina umukino wa nyuma mu irushanwa ry’amakipe yabaye aya mbere iwayo I Burayi “champions league”.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’Ubworozi, RAB, ishami rya Karama mu Bugesera, kimaze imyaka isaga itatu gikora ubushakashatsi ku bworozi bw’ingamiya.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda(MINICOM) ivuga ko uruganda Aquasan rukora ibikoresho byifashishwa mu gutwara no kubika amazi rugiye kugabanyiriza u Rwanda amafaranga yajyaga hanze.
Mu gihe mu nkambi y’abarundi ya Mahama hakomeje kugaragara umubare munini w’urubyiruko rutwita inda zidateguwe, hashinzwe ikigo kizigisha ubuzima bw’imyororokere ku ngimbi n’abangavu.
Abarimu bigisha muri Ecole Secondare de Kigoma, baravuga ko umunsi w’umurimo ubabera umwanya mwiza wo kwisuzuma bareba niba intego bihaye barazigezeho.
Brig Gen Mujyambere Leopord uzwi nka Ashile yafatiwe Goma n’inzego z’umutekano ajyanwa Kinshasa.
Ikaragiro ry’amata rya Burera rikunze kubura amata, ntirikore uko bikwiye kubera ikibazo cy’amakusanyirizo y’amata kiri muri ako karere.
Umuyobozi wa Hamburg Marines services company, Peter Kramer, aratangaza ko yiteguye kongera inkunga atera u Rwanda mu bikorwa by’uburezi.
Kigali Fashion Week na Kabana Club bateguye igitaramo cyo kwibuka umuririmbyi Whitney Houston kizaba ku wa 13 Gicurasi 2016.
Ikirombe kiri mu Kagari ka Murambi mu Murenge wa Gihango mu Karere ka Rutsiro cyagwiriye abasore babiri bagicukuragamo Koruta bahita bapfa.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo bwashimiye abaturage b’Umurenge wa Ntyazo mu Karere ka Nyanza ku bufatanye bagaragaje bwatumye umuntu washakaga guhungabanya umutekano akoresheje imbunda ahasiga ubuzima.
Umugore wo mu Karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho kwica umugabo we akamujugunya mu musarane, bikamenyekana hashize imyaka itanu.
Atletico Madrid yo muri Espagne yabonye itike y’umukino wa nyuma isezereye Bayern Munich ku kibuga cyayo ku bitego 2-2 mu mikino yombi
Ikipe ya AS Muhanga iratangaza ko nta kibazo ifitanye na Bokota Labama, kandi ko ari gutanga umusaruro mwiza.
Mutimura Dieudonné w’imyaka 13 wo mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma yaguye mu kizenga cy’amazi mu gishanga kigabanya Akarere ka Ngoma na Kirehe basanga yapfuye.
Abasirikare, abapolice n’abasivire 25 baturuka mu bihugu bitandatu by’Afurika barimo guhugurwa ku mategeko y’intambara muri Rwanda Peace Academy.
Umugabo witwa Munzuyarwo Réverien w’imyaka 69 utuye w’i Nyanza yatwikiwe na buji ibikoresho byo mu nzu n’imyenda birakongoka.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi, Tony Nsanganira, yibukije arahamagarira urubyiruko kudapfusha ubusa amahirwe rwahawe yo kwiga ahubwo akarufasha mu iterambere.
Abatuye Akarere ka Nyabihu bavuga ko bamaze gusobanukirwa akamaro k’ibiti bivangwa n’imyaka mu kurwanya isuri no gutanga ifumbire.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, François Kanimba, avuga ko hari politiki iri gutegurwa izorohereza inganda z’imyenda zo mu Rwanda kugira ngo zigabanye ibiciro.
Mu mukino wa Shampiona wabereye kuri Stade Amahoro, Rayon Sports inyagiye APR ibitego 4-0
Abana babiri mu murenge wa Rugerero bahitanywe n’ibiza byatewe n’imvura yaguye kuwa 1 Gicurasi, Sekuru abimenye arimanika.
Umuyobozi mushya w’Umuryango FPR - Inkotanyi mu Karere ka Rutsiro, Ayinkamiye Emerence, yijeje abanyamuryango ko agomba guhangana n’ibibazo byugarije akarere birimo gusubiza abana mu ishuri no kurwanya ikibazo cy’imirire mibi.
Imvura yaguye ku mugoroba wo ku wa 02 Gicurasi 2016 mu mirenge ya Rwankuba na Twumba y’Akarere ka Karongi yahitanye bane barimo n’umukuru w’umudugudu.