Perezida wa Repubulika Paul Kagame aratangaza ko u Rwanda rukeneye abashoramazi bazi icyo gukora kuko aho igihugu kigeze, kizi ibifitiye abaturage akamaro.
Ikipe ya Rayon Sports yanyagiye ikipe ya Bugesera iyitsinze ibitego 4-0 harimo bitatu bya Ismaila Diarra, mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa gatatu
Madamu wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame arahamagarira urubyiruko rwa Afurika kutitinya ahubwo rugahaguruka rugahanga udushya twarufasha kwiteza imbere.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu y’Ubumwe n’Ubwiyunge (NURC), Fidèle Ndayisaba, avuga ko igipimo cy’Ubumwe n’Ubwiyunge kizaba kizagera kuri 95% mu mwaka wa 2017.
Akarere ka Nyamasheke kahaye ibigo nderabuzima byo mu bitaro bya Bushenge na Kibogora, ibikoresho byo kwa muganga by’agaciro karenga miliyoni 135 z’amafaranga y’u Rwanda.
Tony Blair wahoze ari Minisitiri w’intebe w’u Bwongereza yitabiriye igikorwa cyo gushyigikira Umunyarwanda Eric Dusingizimana wihaye intego yo gukora amateka mashya muri Cricket.
Abaturage bo mu Karere ka Ruhango ntibishimiye igihe gito cyahawe umupfakazi wa Jenoside cyo kuba yavuye mu isambu yatswe mu rubanza yatsinzwemo.
Bamwe mu baturage batuye mu Murenge wa Ruhashya muri Huye bemeye kurangiza imanza z’imitungo yangijwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu bwumvikanye.
Kapiteni w’ikipe y’igihugu ya Cricket Eric Dusingizimana agiye gukora amateka atarakorwa ku isi yo kumara amasaha 51 agarura udupira mu mukino wa Cricket
Ikipe ya Bugesera Fc ikeneye Milioni 78Frws ngo ibashe gusoza shampiona nta kibazo igize, iraza kwakirira Rayon Sports i Kigali
Nyuma y’amezi arenga atanu ashize indirimbo “Indoro” ikunzwe cyane, abahanzi Charly na Nina biteze byinshi ku ndirimbo ije iyikurikiye bise “Agatege.”
Bamwe mu bikorera bo mu gace ka Nyabugogo bavuga ko ifungwa ry’imihanda iza mu mujyi wa Kigali ryabateje igihombo kubera kubura abakiriya.
Abamugaye 79 bahawe amagare mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko bagiye gukoresha ayo mahirwe mu kuyakoresha mu bikorwa bibateza imbere.
Minisitiri w’Ubutabera Busingye Johnston abwira abagomba kwishyura ibyo bangije muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ko kutagira ubushobozi bidakwiye kuba urwitwazo rwo kutishyura.
APR Fc yatsinze ikipe ya Gicumbi ibitego 3-0 mu mukino wabereye kuri Stade ya Kigali kuri uyu wa kabiri, bituma ikomeza kuyobora urutonde rwa Shampiona
Uruganda rw’inzoga rwa Skol rwasohoye icupa rito rya Lager 33cl, mu rwego rwo guhiga izindi nganda zohereza inzoga ku isoko ry’u Rwanda.
Nyuma y’aho umuhanda Kigali - Muhanga ufunguriwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, tariki 10 Gicurasi 2016, kugenda na byo byabaye ingorabahizi bitewe n’umubare w’abantu benshi bari baraye ku Ruyenzi na Kamuhanda mu Karere ka Kamonyi, bifuzaga kwambuka Nyabarongo ngo bagere i Kigali.
Uwitwa Minani Hussein ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yafatiwe i Remera mu Giporoso, aho yazaga aturutse muri Tanzania yabaga.
Leta y’u Rwanda yasinyanye amasezerano n’Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) y’inkunga ingana n’amapawundi miliyoni 117 angana na miliyari 157Frw yo kwagura ibikorwa by’ingufu z’amashanyarazi mu gihe cy’imyaka itanu.
Polisi y’Igihugu yafunguye umuhanda wa Kigali-Musanze nyuma yo gusiburamo icyondo cyari cyawuzuyemo ariko imodoka nto ni zo zemerewe gucamo kugeza ubu.
Abifuza n’abakeneye interineti yihuta ntibakagombye kuyibura cyangwa ngo bahendwe.
Shampiona y’icyiciro cya mbere irakomeza kuri uyu wa kabiri hakinwa imikino y’umunsi wa 23 wa Shampiona, aho abakinnyi bane bahagritswe kubera amakarita
Abahinzi b’unuceri mu Murenge wa Mukindo mu Karere ka Gisagara, baravuga ko bamaze imyaka itatu batabona umusaruro mwiza, bagasaba hashakwa ikibitera.
Imihanda ya Kigali-Muhanga na Kigali-Musanze yamaze gufungurwa nyuma y’amasaha agera kuri 48 ku wa Kigali Musanze na 24 kuwa Kigali-Muhanga ifunzwe kubera ibiza.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) igaragaza ko mu bibazo yakira, 99% by’abana bacitse ku icumu mu gihugu bariganyijwe imitungo n’ababarera.
Inka zisaga 22.000 mu Karere ka Ruhango zatangiye gukingirwa indwara y’igifuruta n’ubutaka mu gikorwa kizamara ibyumweru bibiri.
Umugabo witwa Habyarimana Jean Bosco afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Ruhuha mu Karere ka Bugesera ashinjwa gutekera umutwe abaturage akabarya utwabo.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Murambi mu Murenge wa Nyarugenge mu Karere ka Bugesera n’umucungamari wa Sacco bavunzwe bakekwaho kunyereza amafaranga ya VUP.
Ambasaderi w’igihugu cya Malawi mu Rwanda, Hawa Olga Ndilowe, yatangaje ko igihugu ahagarariye kizigira ku Rwanda gahunda yo kurwanya nyakatsi.
Ba Rwiyemezamirimo b’Abanyarwanda bakiri bato bashyiriweho uburyo bwo kumenyekanisha imishinga n’ibikorwa byabo ku rwego mpuzamahanga binyuze mu guhura n’abashyitsi bazitabira inama mpuzamahanga ku bukungu “World Economic Forum on Africa”.
Abarokotse bo mu Karere ka Rulindo barasaba abatarahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, gutanga amakuru bafite y’ahashyinguwe imibiri y’abishwe.
Umukino wagombaga guhuza ikipe ya Bugesera na Rayon Sports wimuriwe i Kigali kuri uyu wa Gatatu ku i Saa cyenda n’igice z’amanywa
Nyuma y’uko Nyabarongo yuzuye ikarenga umuhanda wa Kaburimbo uva Kigali werekeza mu Majyepfo, abantu batari bake bazinduka bajya gukorera no kwiga i Kigali bacitse intege.
Mu rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Mukamira mu Karere ka Nyabihu, bahashyinguye imibiri 79 y’Abatutsi bishwe muri Jenoside, iherutse kuboneka.
Abatuye Umurenge wa Nyanza mu Karere ka Gisagara bari bafite imitungo ahanyujijwe umuyoboro w’amashanyarazi, barasaba ingurane z’ibikorwa byangijwe, bakaba bamaze imyaka ibiri batarishyurwa.
Abaturage umunani bo mu mirenge ya Nyabinoni, Rongi na Mushishiro mu Karere ka Muhanga bahitanywe n’ibiza by’imvura.
Hon. Depite Innocent Kayitare asaba abahagarariye Ibuka gukurikiranira hafi iby’abafungiye icyaha cya Jenoside bandika basubirishamo imanza, ngo hato batazagirwa abere habuze ubashinja.
Imvura idasanzwe yaguye mu Karere ka Gakenke, yateje inkangu zahitanye abantu 34 ndetse zisenya inzu zisaga 400 mu ijoro rishyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016.
Imvura yaguye mu Karere ka Rubavu mu ijoro ryo ku wa Gatandatu ushyira ku Cyumweru, tariki 8 Gicurasi 2016, yateye inkangu mu Murenge wa Nyakiriba, ihitana abantu bane bo mu rugo rumwe.
Abarezi bo mu Karere ka Gisagara baravuga ko biyemeje gusakaza umuco w’amahoro mu Banyarwanda bahereye mu banyeshuri bigisha.
Komisiyo y’Igihugu ishinzwe Kurwanya Jenoside (CNLG) irasaba urubyiruko gukoresha ubushobozi rufite rukarwanya ingengabitekerezo ya Jenoside kugira ngo rwubake ahazaza h’u Rwanda hatarangwa amacakubiri.
Ikipe ya Nyagatare FC yatsinzwe kimwe ku busa na Pepiniere, umutoza wayo yikoma ubuyobozi budatanga inkunga.
Ku munsi wa 37 ari nawo ubanziriza uwa nyuma, Leicester City yashyikirijwe igikombe cya Shampiyona cy’Ubwongereza umwaka wa 2015-2016.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Gakenke, mu ijoro rishyira kuri iki Cyumweru tariki 8 Gicurasi 2016, yateje ugutenguka kw’inkangu zagushije amazu, abagera kuri 23 bakaba bamaze gupfa kandi hari impungenge ko umubare w’abapfuye ushobora kwiyongera.
Bamwe mu bana bafite ubumuga biga, baratangaza ko bashimishwa n’intambwe yatewe mu gushyigikira uburezi budaheza.
Umukinnyi Areruya Joseph ukinira Les Amis Sportifs y’i Rwamagana niwe wegukanye agace ka mbere ka Rwanda Cycling cup kuva Kigali kugera Nyagatare
Abahanzi bagize itsinda Trezzor bateguye igitaramo kimenyekanisha indirimbo yabo nshya bise “Mpore Mpore” kuri uyu wa 7 Gicurasi 2016 kuri The Mirror Hotel.