APR Vc ntiyahiriwe n’igikombe cy’Afurika iri gukina muri Tunisia
Ikipe ya APR Volleyball Club ihagarariye u Rwanda mu gikombe cy’Afurika cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo mu bakobwa kiri kubera muri Tunisia, iraza guhatanira kuva ku mwanya wa 9 kugera kuri 12
Ni irushanwa ryatangiye taliki ya 07 Mata 2017, ubwo mu Rwanda twatangiraga icyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, rikaba rigomba gusozwa mu mpera z’iki Cyumweru.

Ikipe ya APR Volleyball Club yari mu itsinda rimwe na Pipeline (Kenya), Sonatrach (Algeria) na Bafia (Cameroun), yaje gutsindwa imikino ibiri itsinda umwe, ntiyabasha kuza mu makipe abiri ya mbere yabonye itike ya 1/4, biza gutuma APR VC ikina mu makipe ahatanira kuva ku mwanya wa 9 kugera ku wa 16.
Mu mukino APR Vc yaraye ikinnye, yaje gutsinda ikipe ya Bejaia yo muri Algeria amaseti 3-0 (25-21, 25-19, 25-16), ikaza kongera gukina umukino wo guhatanira kuva ku mwanya wa 9 kugera kuri 12.

Uko imikino ya 1/4 yaraye igenze
Carthage (Tunisia) yatsinze Sfaxien (Tunisia) 3-1 (27-25, 25-15, 23-25, 25-23)
Shams (Egypt) itsinda Injis (Cameroun) 3-0 (25-12, 25-19, 25-16).
Ahly (Egypt) itsinda GSP (Algeria) 3-0 (25-20, 27-25, 25-10)
Prisons (Kenya) itsinda Pipeline (Kenya) 3-2 (13-25, 28-26, 25-19, 23-25 15-13)
Imikino yo guhatanira umwanya wa 9 kugera 16
Ndejje (Uganda) yatsinze ARSU (Seychelles) 3-2 (20-25, 25-21, 21-25, 25-21, 15-10)
FAP (Cameroun) yatsinze Asec (Cote d’Ivoire) 3-0 (25-15, 25-19, 25-10)
Marsa (Tunisia) yatsinze Bafia (CMR) 3-1 (17-25, 25-5, 25-15, 25-20)
Army (Rwanda) yatsinze Bejaia (Algeria) 3-0 (25-21, 25-19, 25-16)
Imikino ya 1/2 iteganyijwe
Carthage (TUN) v Prisons (KEN)
Shams (EGY) v Ahly (EGY)
Guhatanira umwanya wa 5 kugera ku wa 8
Sfaxien (TUN) v Pipeline (KEN)
Injis (CMR) v GSP (ALG)
Guhatanira kuva ku mwanya wa 9 kugera ku wa 12
Ndejje (UGA) v Army (RWA)
FAP (CMR) v Marsa (TUN)
Guhatanira kuva ku mwanya wa 13 kugera ku wa 16
ARSU (SEY) v Bejaia (ALG)
Asec (CIV) v Bafia (CMR)
Andi mafoto ya APR Vc muri Tunisia








Ohereza igitekerezo
|
turabakunda ariko mugerageze muhindure imyenda kuko ninkho ntacyo mwambaye ndebera no 8 nukuri cyose cyose ahahah
hhhhh.ni hatari reba c uriya wambaye imyenda itariho numero biteye ubwoba.bahindure kbsa.