Mu Rwanda abandi bantu babiri bishwe na Marburg
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko abantu babiri mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29 Nzeri 2024, bishwe n’icyorezo cya Marburg, buzuza umubare w’abantu umunani bamaze gupfa bazize icyo cyorezo.
Itangazo ryashyizwe ahagaragara na Minisiteri y’Ubuzima rivuga ko abamaze kumenyekana banduye ari 26 harimo n’abapfuye, abari kuvurwa ni 18.
Minisiteri y’Ubuzima yasabye Abanyarwanda kudakurwa umutima n’iki cyorezo ariko ibibutsa gushyira mu bikorwa ingamba zo kugira isuku no kwirinda gukoranaho.
Abaturarwanda bose barasabwa gukomeza imirimo yabo nk’uko bisanzwe ariko bakita ku isuku no gukaraba intoki n’amazi meza n’isabune.
Minisiteri y’Ubuzima iributsa Abanyarwanda bose ko uwakwibonaho ibimenyetso birimo kugira umuriro ukabije, kubabara umutwe bikabije, kubabara imikaya, gucibwamo no kuruka, yakwihutira kujya kwa muganga.
Marburg ifite ubukana bwo kwica uyirwaye ku rugero rubarirwa hagati ya 25% na 90% bitewe n’uburyo uwo muntu yihutishijwe kugera kwa muganga, agahabwa imiti itandukanye, kuko nta muti wihariye iyi virusi irabonerwa.
Mu buryo yandura, hari ugukora ku matembabuzi y’uyirwaye. Ntabwo yandurira mu mwuka, uwafashwe akaba atangira ababara umutwe, ahinda umuriro, acibwamo kandi aruka.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko buri mugoroba bagiye kujya batangaza aho bageze bahangana na Marburg kugeza ubu bataramenya aho yaturutse n’igihe umuntu wa mbere mu Rwanda yaba yarayanduriye.
Inkuru zijyanye na: Marburg
- Abari barwaye Icyorezo cya Marburg bose barakize
- Abakize icyorezo cya Marburg barasabwa kwirinda konsa no gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye
- Abantu babiri ni bo bari kuvurwa icyorezo cya Marburg
- Babiri bakize, undi mushya yandura icyorezo cya Marburg
- Abantu batatu ni bo barimo kuvurwa Marbourg
- Undi muntu mushya yanduye icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yakize icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe ni we ukirimo kuvurwa Marburg
- Umuntu umwe gusa ni we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yakize, babiri ni bo bari kuvurwa Marburg
- Minisiteri y’Ubuzima yavuze aho ikeka ko Marburg yaturutse
- Nta muntu wanduye Icyorezo cya Marbug
- Abantu batatu gusa ni bo bari kuvurwa Marburg
- Abantu batanu bakize Marburg
- Abantu umunani bakize Marburg
- Abandi bane bakize Marburg
- Abantu 26 bamaze gukira Marburg
- Ingamba zo guhangana na Marburg zigiye kuvugururwa
- Abantu babiri bakize Marburg
Ohereza igitekerezo
|
Nibyiza ko habaho kwirinda no kurinda Abandi kugirango ubuzima bwabenshi bugire umutekano
Kandi tuzayitsinda