
Minisitiri w’Ubuzima, Dr. Sabin Nsanzimana, mu butumwa yashyize ahagaragara kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Nzeri 2024, yasobanuye ko umubare munini w’abayirwaye n’abo yahitanye wiganje mu bakora kwa muganga, cyane cyane ahakora indembe.
Minisiteri y’Ubuzima, inzego za Leta zindi, n’abafatanyabikorwa, barimo gukorana mu gushakisha abahuye n’abo barwayi, ndetse n’abahuye n’abitabye Imana, kugira ngo na bo basuzumwe.
Iyi virusi yandurira cyane mu gukora ku maraso n’amatembabuzi y’uyirwaye, cyangwa gusangira ibikoresho n’imyambaro byakoreshejwe n’uyirwaye.
Minisitiri Nsanzimana yasobanuye ko uwanduye virusi, bishobora gufata hagati y’iminsi itatu kugera ku byumweru bitatu ataragaragaza ibimenyetso.
Ati "Ni indwara igira ubukana bwinshi, ku buryo uwahuye na yo agira ibyago byo kuba yamuhitana.Icyakora turimo gukora ku buryo abo ducyeka bapimwa kare, abagaragayeho ubu burwayi bagakurikiranwa kugira ngo twirinde ko hagira abaremba, cyangwa ko hagira abongera guhitanwa na yo."
Ibimenyetso biranga iyi ndwara ni umuriro mwinshi, kubabara umutwe, kuruka, gucibwamo, n’ibindi.

MINISANTE ivuga ko uwahuye n’uwarwaye iyi ndwara, bamushakira aho akurikiranirwa hari abaganga, kugira ngo barebe ko atagaragaza ibimenyetso, yanabigaragaza agahabwa ubuvuzi bukwiriye.
MINISANTE isaba abaturage kudakuka umutima no kubahiriza ingamba zo guhangana n’iki cyorezo, cyane cyane kwirinda gusangira ibikoresho n’umuntu ufite ibimenyetso bisa n’ibya Marburg.
Abantu kandi bagirwa inama yo gukaraba intoki bakoresheje amazi meza n’isabune, ndetse no gukoresha umuti wagenewe kwica udukoko uzwi nka Sanitizer, n’ibindi.
Minisiteri y’Ubuzima yihanganishije imiryango y’abahitanywe n’iki cyorezo, ibizeza ko Leta y’u Rwanda izakomeza kubaba hafi.

Inkuru zijyanye na: Marburg
- Abari barwaye Icyorezo cya Marburg bose barakize
- Abakize icyorezo cya Marburg barasabwa kwirinda konsa no gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye
- Abantu babiri ni bo bari kuvurwa icyorezo cya Marburg
- Babiri bakize, undi mushya yandura icyorezo cya Marburg
- Abantu batatu ni bo barimo kuvurwa Marbourg
- Undi muntu mushya yanduye icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yakize icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe ni we ukirimo kuvurwa Marburg
- Umuntu umwe gusa ni we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yakize, babiri ni bo bari kuvurwa Marburg
- Minisiteri y’Ubuzima yavuze aho ikeka ko Marburg yaturutse
- Nta muntu wanduye Icyorezo cya Marbug
- Abantu batatu gusa ni bo bari kuvurwa Marburg
- Abantu batanu bakize Marburg
- Abantu umunani bakize Marburg
- Abandi bane bakize Marburg
- Abantu 26 bamaze gukira Marburg
- Ingamba zo guhangana na Marburg zigiye kuvugururwa
- Abantu babiri bakize Marburg
Ohereza igitekerezo
|