Marburg: Ambasade ya Amerika mu Rwanda yasabye abakozi bayo gukorera mu rugo
Ambasade ya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Rwanda yasabye abakozi bayo gutangira gukorera mu rugo kuri uyu wa 30 Nzeri 2024, nyuma y’uko indwara ya Marburg igeze mu Rwanda, ikaba imaze guhitana batandatu.
Iyi Ambasade yavuze ko serivisi zose zituma abantu bahura n’abakozi bayo,
zirimo izihabwa abafite ubwenegihugu bwa Leta zunze Ubumwe Amerika ndetse n’ibazwa (interviews) ku bashaka kujya muri icyo gihugu, zibaye zihagaze.
Abakorera iyo Ambasade mu Rwanda basabwa gukora akazi kabo bifashishije ikoranabuhanga kuva ku wa Mbere tariki ya 30 Nzeri kugeza ku itariki ya 4 Ukwakira 2024.
Ambasade ya Amerika(USA) yagize iti “Guverinoma y’u Rwanda yemeje ko hari abarwaye Marburg bari kwitabwaho. Bitewe n’uko iyi ndwara ya Marburg yandura, Ambasade ya USA i Kigali yasabye abakozi bayo bose gukoresha iya kure guhera tariki 30 Nzeri kugera ku wa 4 Ukwakira 2024.”
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda(MINISANTE) yatangaje ko abantu batandatu mu Gihugu bitabye Imana bazize Marburg mu gihe hari abandi 20 bayirwaye.
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, yavuze ko abahitanwe n’iyi ndwara hamwr n’abayanduye biganjemo abakozi bo kwa muganga cyane cyane ahavurirwa indembe.
Dr Nsanzimana yavuze ko abitabye Imana barimo guherekezwa mu cyubahiro hirindwa ko hagira abantu bahandurira.
Dr Nsanzimana asaba Abanyarwanda kudakuka umutima ariko bakubahiriza ingamba zo guhangana n’iki cyorezo.
Inkuru zijyanye na: Marburg
- Abari barwaye Icyorezo cya Marburg bose barakize
- Abakize icyorezo cya Marburg barasabwa kwirinda konsa no gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye
- Abantu babiri ni bo bari kuvurwa icyorezo cya Marburg
- Babiri bakize, undi mushya yandura icyorezo cya Marburg
- Abantu batatu ni bo barimo kuvurwa Marbourg
- Undi muntu mushya yanduye icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yakize icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yanduye Icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe ni we ukirimo kuvurwa Marburg
- Umuntu umwe gusa ni we uri kuvurwa Icyorezo cya Marburg
- Umuntu umwe yakize, babiri ni bo bari kuvurwa Marburg
- Minisiteri y’Ubuzima yavuze aho ikeka ko Marburg yaturutse
- Nta muntu wanduye Icyorezo cya Marbug
- Abantu batatu gusa ni bo bari kuvurwa Marburg
- Abantu batanu bakize Marburg
- Abantu umunani bakize Marburg
- Abandi bane bakize Marburg
- Abantu 26 bamaze gukira Marburg
- Ingamba zo guhangana na Marburg zigiye kuvugururwa
- Abantu babiri bakize Marburg
Ohereza igitekerezo
|
Birakwiyeko twirinda kuko ikicyofezo kirakomeyw cyane gusa imana haribyinshi yadufashije nibingibi ibiturinde kd natwe twirinde amagara araseseka ntayorwe kd tubashyimiye amakuru meza mutungezaho
Birakwiyeko twirinda kuko ikicyofezo kirakomeyw cyane gusa imana haribyinshi yadufashije nibingibi ibiturinde kd natwe twirinde amagara araseseka ntayorwe kd tubashyimiye amakuru meza mutungezaho