Uruganda rwa Siemens rurifuza gushora imari mu iyubakwa ry’umuhanda wa Gari ya moshi Isaka-Kigali
Minisitiri w’uburezi, Dr Eugène Mutimura, yanenze bamwe mu bashinzwe uburezi bo mu Karere ka Huye batita ku nshingano zabo, abasaba kwisubiraho cyangwa se akazabafatira ibyemezo.
Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba, Munyantwari Alphonse avuga ko mu cyumweru cyahariwe ubufasha bw’amategeko abagabo bazigishwa kudakubita abagore bitwaje ubusinzi.
Kuri uyu wa 25 Mutarama 2018, Kaminuza y’abalayiki b’Abadivantiste (UNILAK) yahaye imyamyabumenyi abanyeshuri 925.
Urwego rw’igihugu rw’imiyoborere RGB ruravuga ko imiryango mpuzamahanga itegamiye kuri Leta itagifatwa nk’abagiraneza, ko ahubwo isigaye ifatanya na Leta mu guteza imbere igihugu mu nguni zose z’imibereho bityo igafatwa nk’abafatanyabikorwa.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda na Startimes basinye amasezerano y’ubufatanye, aho iyi Shampiona izajya itambuka kuri Startimes
Gahunda ya Shampiona y’u Rwanda yongeye guhindurwa, nyuma y’aho ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi itabashije gukomeza mu marushanwa ya CHAN
Mazimpaka Patrick umwe mu batangije Umuryango wa FPR Inkotanyi yitabye Imana kuri uyu wa Kane tariki ya 25 Mutarama 2018.
Abinyujije ku rubuga rwe rwa Twitter, Antoine Hey yatangaje ko yamaze gutandukana n’ikipe y’igihugu Amavubi yatozaga
Uruganda ’Enviroserve’ rutunganya ibyuma by’ikoranabuhanga rubikura mu bisigazwa by’ibindi nkabyo, rwahaye u Rwanda amadolari miliyoni 2.6$ y’ubukode bw’uruganda rugiye gukoreramo mu Rwanda.
Ushobora kuba warabonye zimwe muri izi modoka mu mihanda ya Kigali ukaba wakwibaza ba nyirazo. Niyo mpamvu Kigali Today yagukurikiraniye bamwe mu basitari bo mu Rwanda n’imodoka batwara.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) yakuyeho akato kari karashyiriweho amatungo mu Ntara y’Uburasirazuba, kubera indwara y’Uburenge yari imaze iminsi yarayibasiye.
Perezida Paul Kagame yavuze ko Jenoside yakorewe Abatutsi igihagarikwa hari abamusabye kugabanya u Rwanda mo za leta nto kugira ngo zitandukanye amoko.
Ubuyobozi bw’amagereza mu Rwanda (RCS) bwemeza ko umugoroba w’ababyeyi mu magereza y’u Rwanda wagabanyije amakimbirane hagati y’abagororwa ubu bakaba babanye neza.
Iyo havuzwe uburenganzira bwa muntu mu bijyanye n’itegeko, hari abumva ko bafite n’ubwo gukoresha umubiri wabo uko bashaka harimo no gukoresha ibiyobyabwenge.
Senateri Jim Inhofe wo muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika, yagiranye ikiganiro na bagenzi be kivuga aho u Rwanda rwavuye n’aho rugeze rwiyubaka nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ndetse n’uruhare Perezida Paul Kagame yabigizemo.
Amatsinda abiri y’abasifuzi b’abanyarwanda yamaze kwemezwa ko azasifura imikino mpuzamahanga y’amakipe yabaye aya mbere iwayo ndetse n’ayatwaye ibikombe by’igihugu
Mu biganiro birimo guhuza abakuru b’ibihugu bitabiriye Ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku isi (WEF 2018) i Davos mu Busuwisi, Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame uri muri iyi nama, azagirana ikiganiro na Perezida wa Leta Zunze ubumwe za Amerika Donald Trump.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda mu mupira w’amaguru ntibashije kurenga amatsinda nyuma yo gutsindwa na Libya ku munota wa nyuma w’umukino.
Areruya Joseph hamwe n’ikipe y’igihugu y’abatwara amagare bagarutse mu Rwanda, aho basanze imbaga y’abafana n’abayobozi babategereje ku kibuga cy’indege i Kanombe.
Ubuyobozi bw’Ikigega Agaciro bwatangaje ko kugera ubu amafaranga amaze kugera muri iki kigega ari miliyari 47 Frw. 70% yayo ngo yagurijwe amabanki arimo kungukira iki kigega.
Dr Cyubahiro Bagabe Marc wari umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuhinzi n’ubworozi (RAB) yirukanywe mu kazi, asimburwa na Dr Patrick Karangwa wari usanzwe ari umuyobozi ushinzwe ubushakashatsi.
Urunturuntu rukomeje gututumba hagati y’umuhanzi Sano Alyne n’umuhanzi Rugamba Yverry kubera indirimbo “Naremewe wowe” buri wese yemeza ko ari iye.
Perezida Kagame yageze i Davos mu Busuwisi, aho yitabiriye ihuriro ngarukamwaka rya 48 ryiga ku bukungu ku Isi. Iri huriro ryitabiriwe n’abandi bakuru b’ibihugu n’abayobozi b’ibigo bitandukanye by’ubukungu.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’umupira w’amaguru, irakina umukino wa nyuma wo mu matsinda, aho ikina na Libiya bahatanira umwanya wo kujya muri 1/4
Ubugenzuzi bwakozwe mu Ntara y’Iburasirazuba bwavumbuye abanyeshuri ba baringa mu mashuri abanza n’ayisumbuye, leta yari imaze gutangaho milioyni 443Frw.
Guverinoma y’u Rwanda yahakanye amakuru amaze iminsi akwirakwizwa mu bitangazamakuru ko rwasinyanye na Leta ya Isiraheli mu ibanga amasezerano yo kwakira abimukira iki gihugu kidashaka ku butaka bwacyo.
Gahemba Jean Marie Vianney, umubyeyi wa Areruya Joseph, yifuza kumubona mu isiganwa rya “Tour de France” rifatwa nk’irya mbere ku isi muri uyu mukino.
Kuba ubu abagabo n’abasore cyane cyane ibyamamare bambara amaherena ku gutwi ntabwo ari ibya vuba.
U Buyapani bwateye inkunga y’asaga miliyoni 70Frw ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro rya St Joseph Nzuki ryo muri Ruhango azarifasha kubaka amacumbi y’abana 400.
Komite Olempike yakoresheje amahugurwa abahagarariye Siporo mu tureretwose tw’u Rwanda, ibasaba gushyira imbaraga no mu mikino idasaba ingengo y’imari iri hejuru
Ibigo by’ubwishingizi byahisemo kuzamura ibiciro by’ubwishingizi bw’ibinyabiziga kuva kuri 40% kugera kuri 60% aho kuba 73% nk’uko byari byatangajwe tariki 01/1/2018.
Abagize urwego rw’abacungagereza (RCS) nabo bahawe uburenganzira bwo kujya bahahira mu isoko ryashyiriweho ingabo z’igihugu, nyuma yo kugaragaza ko byabafasha kugira ubuzima bwiza.
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rwarekuye abafungwa batanu bari barakatiwe igihano cya burundu, nyuma yo kwitwara neza no kurangwa n’ikinyabupfura.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahagaritse icuruzwa n’ikoreshwa ry’ibiribwa by’abana birimo amata bikorwa n’Uruganda rwa Lactalis rwo mu Bufaransa, kubera ikibazo cy’ubuziranenge.
Mu isiganwa ryari rimaze iminsi ribera muri Gabon, Umunyarwanda Areruya Joseph akoze amateka yo kwegukana iri siganwa rya mbere rikomeye muri Afurika
Igikombe cy’intwari cyatangiye guhatanirwa kuri uyu wa Gatandatu, Police Fc niyo yonyine yabashije kwegukana amanota atatu ku munsi wa mbere
Umwana Nkunda Amahoro wamamaye cyane ku makaye yo mu mashuri abanza, amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko ubu yabaye umusore utagira uko asa.
Guverinoma y’u Rwanda yeguriye uruganda rwa Enviroserve uburenganzira bwo kugenzura igice cyo mu Bugesera cyahariwe kubyaza umusaruro ibikoresho by’ikoranabuhanga bishaje kizwi nka "Bugesera E-Waste management facility."
U Rwanda na Tanzania byamaze kwemeza bidasubirwaho imirimo yo kubaka umuhanda wa Gari ya moshi uzava Isaka ukagera i Kigali izatangira mu Kwakira 2018.
Abayobozi 38 b’ibigo bikomeye ku isi batangaje ko bafite gahunda yo kuzana ishoramari mu Rwanda kuko hari amahirwe menshi atarabyazwa umusaruro.
Mu majonora y’ibanze ya Miss Rwanda abera mu karere ka Huye, umuriro wakomye mu nkokora imirimo y’akanama nkemurampaka, unadindiza abandi biyamamazaga.
Mu gace kabanziriza aka nyuma mu isiganwa la Tropicale Amissa Bongo, Areruya Joseph aje ku mwanya wa gatatu, ahita yongera ibihe arusha umukurikiye
Umuhanzi Diamond Platinumz uri mu Rwanda yatangaje ko ibyo abantu bumva mu bitangazamakuru ko akunda gusambana ari ibinyoma ko afite abana batatu gusa, akaba nta mugore arashaka.
Harerimana Fatou, Visi Perezida w’inteko ishinga amategeko umutwe wa Sena, arasaba abagore kudakoresha uburenganiza bwabo mu guhohotera abagabo.
Perezida Kagame yahaye imbabazi abana 18 bari bafungiye muri Gereza y’abana ya Nyagatare, nyuma yo kwitwara neza mu bizami bya Leta biheruka.
Mu mukino wa kabiri wo mu itsinda rya gatatu rya CHAN 2018, Amavubi atsinze Guinea Equatorial igitego 1-0 gitsinzwe na Manzi Thierry