Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa Nyakabwende muri Rusizi bavuga ko bamaze imyaka ibiri barahawe mudasobwa ariko ntibazi impamvu batazikoresha.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 22 Werurwe 2017, Madame Jeannette Kagame yatangije mu Rwanda ihuriro mpuzamahanga ryiswe "SheTrades" ry’abagore bakora ubucuruzi hirya no hino ku isi.
Bamwe mu bakinnyi bakinnye igikombe cya Afurika muri 2004 baratangaza ko batashimishijwe n’amagambo yatangajwe na Perezida wa Ferwafa Nzamwita Vincent De Gaulle.
Umuririmbyi Uwayezu Jean Thierry uba muri Afurika y’epfo atangaza ko abaririmbyi b’Abanyarwanda baba mu mahanga bagorwa no kumenyekanisha indirimbo zabo mu Rwanda.
Minisiteri y’iterambere ry’umuryango MIGEPROF ntivuga rumwe n’abaturage ku gisobanuro cy’ijambo “Uburinganire” n’ubwuzuzanye bw’umugabo n’umugore.
Alice Nyiramajyambere uboha imyenda, ibishora, amasogisi n’ibyo kwiyorosa akoresheje ubudodo, yabitangiye afite imyaka itandatu none abanyamahanga basigaye bamugana akabambika.
Minisiteri y’Umutungo kamere (MINIRENA) irakangurira Abanyarwanda kugabanya gukoresha ibicanwa bikomoka ku biti bagakoresha ibibisimbura kuko biboneka.
Umunyarwenya Arthur Nkusi uzwi nka Rutura, yateguye igitaramo yise “Seka Live” akaba ateganya ko kizaba iserukiramuco ry’urwenya mu myaka itaha.
Ku wa 21 Werurwe 2017 nibwo ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ryerekanye Antoine Hey umutoza mushya w’ikipe y’igihugu Amavubi
Nyuma y’ibitaramo bitandukanye bakoreye mu gihugu cy’Ububiligi, igihugu cy’Ubufaransa, ndetse n’Ubusuwisi, Charly na Nina bamaze kugaruka i Kigali.
Perezida wa Banki y’isi Jim Yong Kim atangaza ko ikoranabuhanga ryo gutwara amaraso hifashishijwe indege ntoya za “Drones” ari ntagereranywa kuko nta handi arabibona ku isi.
Imirenge SACCO igiye guhuzwa ishyirwemo umurongo wa interineti kuburyo umunyamuryango wazo azajya abasha gukoresha konti ye aho ari hose mu Rwanda.
Amagambo "Indangagaciro na Made in Rwanda" ni amagambo yagarutsweho cyane na ba nyampinga, mu irushanwa rya Miss Rwanda 2017.
Uwimana Ziada wari umugore wa Sheikh Musa Fazil Harerimana wahoze ari Minisitiri w’Umutekano mu gihugu yitabye Imana azize uburwayi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buhamya ko mu igenzura bakoze basanze hari imiryango ibarirwa mu bihumbi 11 itagira ubwiherero bigatuma abayigize biherera mu bisambu.
Muri Tombola yabereye i Cairo ku cyicaro cya CAF, ikipe ya Rayon Sports yatomboye Rivers United mu guhatanira itike yo kwerekeza mu matsinda
Abahanga mu buvuzi bw’amenyo n’izindi ndwara zo mu kanwa bakangurira abantu kwisuzumisha amenyo nibura rimwe mu mwaka kuko akenshi aba afite ibibazo.
Minisiteri y’Uburezi yongeye gushimangira ko amashuri makuru na za kaminuza zahagaritswe n’izahagarikiwe zimwe muri progaramme zitarenganijwe.
Nkurunziza Gustave wari watorewe kongera kuyobora ishyirahamwe ry’umukino w’intoki Volley Ball yamaze kwandika asezera ku mirimo ye.
Ba ofisiye 30 mu ngabo z’u Rwanda batangiye amahugurwa yo kubongerera ubumenyi mu gukumira iyinjizwa n’ikoreshwa ry’abana mu gisirikare.
Kuri uyu wa mbere mu cyumba cy’inama cya FERWAFA abatoza 12 bahawe impamyabushobozi zo ku rwego rwa mbere muri CAF (Licence A CAF), ari na bwo bwa mbere zitanzwe mu Rwanda
Umuririmbyi Christopher yasabye abategura irushanwa rya Primus Guma Guma Super Star guhindura abagize akanama nkemurampaka ariko barabyanga.
Papa Francis yabwiye Perezida Kagame ko ababajwe n’uruhare rwa bamwe mu bihaye Imana muri Kiriziya Gatolika, bijanditse muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu (MINALOC), Francis Kaboneka aributsa abayobozi b’inzego z’ibanze ko ari indorerwamo y’imiyoborere myiza bityo bakaba bagomba guhora bayisukura.
Imbuto Foundation yateguye agatabo gakubiyemo inyigisho ku buzima bw’imyororokere, kazafasha ababyeyi kuganiriza abana hagamijwe guhashya ikibazo cy’inda zitateganyijwe.
Mu mikino y’umunsi wa 21 wa Shampiona y’icyiciro cya mbere, APR yatakaje amanota kuri Pépiniére, Kiyovu itsindwa na Kirehe, mu gihe Mukura yatsinze.
Mu mukino wo kwishyura wa CAF Champions league wabereye i Kinshasa, Sugira Ernest yafashije AS Vita Club guseserera ikipe yo muri Gambia
Perezida Paul Kagame yageze i Vatican aho biteganyijwe ko ahura n’umushumba mukuru wa Kiliziya Gatolika ku isi Papa Fransisiko kuri uyu wa 20 Werurwe 2017, bakaganira ku mubano w’u Rwanda na Kiriziya Gatolika.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahaye ibikoresho binyuranye abajyana b’ubuzima, inabashimira umurimo mwiza bakora wo kwita ku baturage aho batuye,ikavuga ko kubashima bikwiye kuba umuco.
Ministeri y’Ubuzima(MINISANTE) iravuga ko ikeneye abafatanyabikorwa bayifasha kugabanya umuvuduko w’ubwiyongere bw’agakoko gatera SIDA, cyane cyane mu rubyiruko.
Abanyamuryango b’ikipe y’umukino w’amagare mu Karere ka Huye (CCA) baratangaza ko igiye gutangira kwitabira amarushanwa yo mu Rwanda na mpuzamahanga.
Abagize AERG/GAERG baratangaza ko gusukura imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bituma bongera kumva ko babasubije icyubahiro ndetse bigatuma bazirikana ubumuntu bambuwe.
Abapadiri Bera bahagaritse ubutumwa bwabo muri Diyosezi ya Butare bari bamazemo imyaka 117 kuko bari basigaye ari babiri gusa kandi bashaje.
Mbere yo gusoza uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repulika Paul Kagame yahuye n’abahagarariye Abanyarwanda baba mu Bushinwa barimo abanyeshuri biga muri icyo gihugu.
Ku munsi wa kabiri w’uruzinduko rwe mu Bushinwa, Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Abambasaderi b’ibihugu bitandukanye byo muri Afurika muri icyo gihugu.
Abana babarirwa mu 12.662 bo mu Karere ka Musanze bapimwe muri bo abagera ku 104 bafite ikibazo cy’imirire mibi.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 17 Werurwe 2017, imfura z’ishuri rya Muzika riherereye mu Murenge wa Nyundo Akarere ka Rubavu zahawe impamyabushobozi, nyuma yo gusoza amasomo ya muzika zari zimazemo imyaka itatu.
Mu mukino wa shampiyona y’umunsi wa 21 wahuzaga ikipe ya Police Fc na Musanze urangiye amakipe yombi anganya ibitego 2-2.
Umuhanzi Miss Jojo yasezeranye imbere y’amategeko n’umukunzi we kuri uyu wa gatanu tariki ya 17 Werurwe 2017.
Ambasaderi James Kimonyo yatangaje ko u Rwanda rwuguruye amarembo ku Banyakenya bifuza kuza gukorera mu Rwanda kandi ko hari amahirwe menshi yo kutirengagizwa.
Bizimana Abdu azwi nka Bekeni ubu ni umutoza Mukuru w’ikipe ya Virunga FC yo muri Congo (DRC) muri shampiyona ya Linafoot.