Abaririmbyi The Ben, King James na Rider Man bagiye gutaramira Abanyehuye n’Abanyarubavu mu kwamamaza serivise nshya ya Airtel yitwa “Tera Stori”.
Salma Rhadia Mukansanga yamaze gutoranywa mu basifuzi bazakurwamo abazasifura igikombe cy’isi cy’abagore cy’umupira w’amaguru kizabera mu Bufaransa muri 2019
Umuririmbyikazi Oda Paccy amaze iminsi muri Tanzaniya aho ari gukorera imishinga ye ya muzika mu nzu itunganya umuziki yitwa Wasafi Records y’umuririmbyi Diamond Platinumz.
Banki y’Abaturage y’u Rwanda (BPR) yatangiye igikorwa cyo gukangurira abakiriya bayo kwitabira gukoresha amakarita y’ikoranabuhanga (Smart cash Card), abarinda kugendana amafaranga menshi.
Abahinzi b’icyayi bo mu mirenge itandukanye mu karere ka Nyamasheke bavuga ko bagiye gukira igihombo cy’icyayi bagiraga kubera kukigemura kure kigapfa.
Nigeria ivuga ko u Rwanda rwayitambutseho mu itumanaho n’ikoranabuhanga, bityo ibihugu byombi bikaba byiyemeje gukomeza umubano wabyo bita cyane mu iterambere.
Sosiyete y’itumanaho Airtel yatangaje igabanuka ry’ibiciro byo guhamagara ku bakiriya bayo, kandi yemeza ko atari iby’igihe gito ngo bihite byongera bihagarare.
Leta y’u Rwanda ikeneye miliyari 5FRW yo gusana ibyangijwe n’imvura iherutse kwibasira uturere dutanu igasenyera amagana y’abantu.
Akarere ka Kicukiro gashobora kuzakurura abashoramari benshi mu minsi iri imbere, kubera ibikorwaremezo bitandukanye birimo kuhubakwa, bizatuma haba amarembo y’Umujyi wa Kigali mu minsi iri imbere
Gacamumakuba Francois w’i Matimba muri Nyagatare arasaba ubufasha nyuma yuko umugore we amutanye abana umunani akisangira undi mugabo, agasiga anatwaye imyaka yose bari bejeje.
Umuryango uteza imbere ubusizi “Trans-Poesis”, ugiye gukoresha irushanwa wise “Kigali Itatswe n’Ubusizi” ku nshuro ya gatandatu, rikazaba tariki 28 Mutarama 2017.
Leta y’ U Rwanda irimo gushakisha imiryango irenga 1000 yifuza kwakira abana bamaze imyaka ine mu bigo by’impfubyi barabuze imiryango ibakira ngo ibarere.
Abaturage batandukanye bivuriza ku Kigo nderabuzima cya Mukarange kiri muri Kayonza barinubira serivisi mbi bahabwa n’iryo vuriro.
Abaturage 420 bo mu murenge wa Matyazo muri Ngororero bakora muri VUP bavuga ko kudahemberwa igihe byatumye bamwe batohereza abana ku ishuri
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sam Rugege, avuga ko hagikenewe guhugurwa abunzi, bakaba ab’umwuga, bakazafasha gukemura ibibazo binyuranye bityo ibijya mu nkiko bikagabanuka.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) itangaza ko mu rwego rwo guca ruswa, Leta y’u Rwanda iri gukora ibishoboka ngo serivisi zishoboka zose zitangirwe kuri interineti.
Abagore bo mu Karere ka Karongi bavuga ko abenshi mu bagabo badakozwa ibyo kubaherekeza mu gihe bagiye gupimisha inda batwite.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ryatangiye gushakisha umutoza w’ikipe y’igihugu nkuru uzasimbura McKinstry wirukanwe umwaka ushize
Abanyamuryango ba Koperative y’abafite ubumuga yitwa Twishakemo Imbaraga Kagano, ikorera ubudozi mu Murenge wa Kagano mu Karere ka Nyamasheke, bavuga ko guca akato mu bamugaye byabafashije kuva mu bwigunye bakiteza imbere.
Ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball mu Rwanda ryatangaje ko amakipe 11 yo mu Rwanda ari yo yamaze kwemera kuzitabira irushanwa ry’intwari
Bamwe mu bagore bo mu Murenge wa Mimuli muri Nyagatare bavuga ko bafata inguzanyo ari bacye kubera gufuha kw’abagabo babo.
Nkurunziza Gustave abona kuba Rayon Sports yaravuye muri SHampiona ari imwe mu mpamvu zatumye abafana batakitabira imikino ya Shampiona cyane
Girubuntu Jeanne D’arc atangaza ko imvune yagize mu mwaka wa 2016 yamubabaje bitewe n’uko atabashije kwegukana irushanwa ry’amagare (Rwanda Cycling Cup 2016)
Urwego rushinzwe uburezi mu Karere ka Ngoma rutangaza ko muri ako karere hakigaragaramo ubucucike bw’abanyeshuri mu mashuri bigatuma badakurikira neza amasomo.
Polisi y’u Rwanda yashyikirije Uganda imodoka ebyiri na moto imwe byibwe mu bihugu bitandukanye, bikaza guhabwa ibyangombwa muri icyo gihugu.
Bwa mbere mu Rwanda ihuriro ry’abafundi, ababaji n’abanyabukorikori ryitwa STECOMA rirateganya gutanga impamyabushobozi ku bafundi, bashingiye ku bunararibonye bafite mu kazi kabo ka buri munsi.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Karere ka Rusizi mu murenge wa Muganza yasenye inzu 41 mu tugari twa Gakoni na Shara isiga imiryango 22 hanze.
UAE Exchange ikigo mpuzamahanga gitanga serivise zo kohereza amafaranga hanze y’igihugu ndetse no kuvunja, cyiyemeje no kugira uruhare mu iterambere, no mu mibereho myiza y’abaturage giha serivise.
Muri iki gihe abantu batandukanye biganjemo ibyamamare bakunze kwambara amadarubindi arinda izuba (sunglasses/fumées) ariko hari bamwe batazi inkomoko yayo.
Mu karere ka Ngororero abana 572 baracyafite indwara ziterwa n’imirire mibi, ababyeyi bakagawa kutita ku mirire y’abana kandi batabuze ubushobozi.
Urwego rushinzwe ubuziranenge (RSB), hamwe n’urushinzwe Iterambere (RDB), zabwiye aborozi n’abacuruzi b’inyama ko amasoko akomeye atabagirira icyizere, kubera kutuzuza ubuziranenge.
Ibiro by’abinjira n’abasohoka mu Rwanda byahaye ikaze Padiri Nahimana Thomas, ushaka kuza kwiyamamaza ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.
Mu gihe yari ategerejwe i Kigali aje kwiyamamariza kuyobora u Rwanda, abantu batunguwe no kubona umunyapolitiki Padiri Nahimana i Buruseli mu gihe yagombaga guhagurukira i Amsterdam mu Buholandi.
Perezida Kagame yagaragaje ko umwaka wa 2017 uzaba umwaka w’ubuyobozi bwimakaza demokarasi, ubutwererane n’iterambere bizatuma Abanyarwanda barushaho guhabwa serivisi zinoze.
Ikipe ya Kiyovu yari isanzwe izwiho kugira abafana benshi hirya no hino mu Rwanda isigaye ijya gukina, abafana bayo ari mbarwa ku kibuga.
Mu gihe banki ya Kigali yizihiza imyaka 50 ishinzwe, bamwe mu bayigana baratangaza ko banyurwa n’uburyo bakirwa ndetse no koroherezwa kubona inguzanyo.
Abanyeshuri baba mu Nkambi ya Kigeme i Nyamagabe bahamya ko imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri bahawe izabafasha kurushaho kwiga bashyizeho umwete.
Babiri bakekwaho gusiga amazirantoki ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu Mudugudu w’Akamabuye, Akagari ka Nyakibanda mu Murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye,bari mu maboko y’abashinzwe umutekano.
Polisi y’u Rwanda yerekanye Abarundi 12 yafatiye ku mupaka uhuza u Rwanda n’Uburundi ku Kanyaru bikekwa ko bari bagiye gucuruzwa muri Aziya.
Abatuye akarere ka Bugesera, barasaba kwegerezwa ingemwe z’ibiti byeraho imbuto ziribwa kuko zikiri nke kandi kuzibona bikaba bitoroshye.
Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bishimiye ko Akarere katangiye kubaka urwibutso ruzashyingurwamo ababo.
Amabanki akomeje gusaba amafaranga abifuza ko konti zabo zifungwa, n’ubwo Banki Nkuru y’u Rwanda n’abakiriya batabyemera.
Imbangukiragutabara yahawe ikigo nderabuzima cya Rususa mu Karere ka Ngororero imaze imyaka irindwi idakoreshwa kuko basanze idashoboye kugenda mu misozi yaho.