Isura y’ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke byatwaye arenga Miriyari 1RWf

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamasheke butangaza ko mbere y’ukwezi kwa Gicurasi 2017 bazataha ibiro bishya by’ako karere bizabafasha kunoza imikorere.

Ibiro bishya by'Akarere ka Nyamasheke bizatangira gukorerwamo bitarenze Gicurasi
Ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke bizatangira gukorerwamo bitarenze Gicurasi

Ibyo biro bishya bigizwe ni inyubako y’amagorofa atatu, izuzura itwaye abarirwa muri Miriyari imwe n’ibihumbi 600RWf. Kuri ubu bari kuyikoraho imirimo ya nyuma kugira ngo itangire gukorerwamo.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke, Kamali Aime Fabien avuga ibyo biro bishya bizanoza imikorere kuko ubusanzwe abakozi bakoreraga ahantu hane hatandukanye ku buryo byabavunaga gukorera hamwe kubera intera yabaga iri hagati y’ibiro.

Agira ati “Iyi nzu yakoreragamo abakozi bakeya abandi bagakorera ku biro by’akagari. Ntabwo byari byoroshye kubikurikirana ariko icyo dushaka ni ugukorera ahantu heza no gukora abakozi begeranye bityo bigatuma batanga serivisi nziza.”

Akomeza avuga ko nibimuka, izo nyubako bakoreragamo zitazasenywa kuko ngo hazatekerezwa ikindi kintu cyakorerwamo cyangwa izindi serivizi zidafite aho zikorera.

Ibiro bishya by'Akarere ka Nyamasheke bigizwe n'inyubako y'amagorofa atatu
Ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke bigizwe n’inyubako y’amagorofa atatu

Inyubako y’ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke yatangiye kubakwa muri 2014. Yagombaga kuzura muri 2015 ariko ngo idindizwa n’ibibazo bitandukanye birimo guhindura inyigo y’ubutaka. Ikindi cyayidindije ngo ni uko bahinduye ibikoresho byagombaga kuyubaka.

Akarere ka Nyamasheke kugeza ubu kakoreraga mu nyubako amakomini yakoreragamo. Bagendaga bayivugurura kubera gusaza.

Haracyakorwa imirimo ya nyuma kugira ngo ibiro bishya by'Akarere ka Nyamasheke bitangire gukorerwamo.
Haracyakorwa imirimo ya nyuma kugira ngo ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke bitangire gukorerwamo.
Ibiro bishya by'Akarere ka Nyamasheke bizuzura neza bitwaye arenga miliyari 1RWf
Ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke bizuzura neza bitwaye arenga miliyari 1RWf
Imbere mu nyubako y'ibiro bishya by'Akarere ka Nyamasheke
Imbere mu nyubako y’ibiro bishya by’Akarere ka Nyamasheke
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

guhindura inyigo bikorwabitese muvandimwe, iyo uhinduye inyigo se ubona UMURENGE wa REMERA? Ariko uwo murenge ushobora kuba umeze neza pe!

alias yanditse ku itariki ya: 9-03-2017  →  Musubize

kugira imibereho myiza ni ukugira:

 ubuyobozi bwiza bukorera ahantu heza

 Amazi meza

 Imirire myiza

 Isuku n’Isujura

 Mutuel de sante

 Uburyo bw’Itumanaho

 Hamwe n’ ikoranabuhanga.

komeza utere imbere , natwe urubyiruko rwawe turagushyigikiye.

jean paul yanditse ku itariki ya: 8-03-2017  →  Musubize

ibi bintu bavuga byo guhindura inyigo ,...ubwo ntibiba bihishe techniques se buriya?

Gasongo yanditse ku itariki ya: 8-03-2017  →  Musubize

Ahubwo se uyu ubu si umurenge wa Remera?? Hahhahha

Manzi yanditse ku itariki ya: 8-03-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka