Ubuyobozi w’ikigo gishinzwe imihanda no gutwara abagenzi i Dubai, bwatangaje ko guhera muri Nyakanga hazatangira gukora taxi zigendera mu kirere nk’indege.
Eng Didier Sagashya wigeze kuba Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’igihugu gishinzwe imyubakire (Rwanda Housing Authority) yatsindiye kuba Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umujyi wa Kigali.
Umujyi wa Rubavu uherereye mu Burengerazuba bw’u Rwanda ni agace abakurikirana ruhago bahaye inyito ya Brazil y’u Rwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari i Munich mu Budage aho yitabiriye inama ngarukamwaka yiga ku mutekano w’isi.
Abakobwa 30 bo muri Musanze batewe inda zitateguwe, bagacikiriza amashuri batangaza ko bagaruye icyizere cy’ubuzima nyuma yo kwigishwa imyuga.
Pascal Nyamurinda ni we watorewe kuyobora Umujyi wa Kigali, atsinze Umuhoza Aurore bari bahanganye kuri uwo mwanya ku majwi 161 kuri 35.
Ikipe ya Police FC yananiwe kwikura imbere y’iya Bugesera, aho mu mukino wa Shampiyona wazihuje ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kane, Umukinnyi wa polisi yahesheje intsinzi ikipe ya Bugesera aho yitsinze igitego kimwe.
Umuryango wita ku bana, Save The Children, watangije gahunda izatwara Miliyari 2.5Frw, yo kongera imbaraga mu bikorerwa umwana hagamijwe gukomeza kubahiriza uburenganzira bwe.
Cathia Uwamahoro, Umunyarwandakazi ukina Cricket yatangiye urugambwa rwo gishyiraho agahigo gashya muri Cricket ku isi
Abahanzi 56 bo mu Rwanda baririmba mu njyana zitandukanye bagiye gukora indirimbo zihamagarira abantu gusigasira ururimi rw’Ikinyarwanda.
Mu bizami bya Leta bisoza amashuri yisumbuye y’umwaka w’amashuri wa 2016, abakobwa bongeye guhiga abahungu nk’uko byagenze mu mwaka wa 2015.
Zanaco FC, ikipe y’umupira w’amaguru yo muri Zambia yageze mu Rwanda aho ije gukina umukino wo kwishyura na APR FC.
Muri Shampiona y’Afurika y’umukino w’amagare iri kubera Luxor muri Egypt, Areruya Joseph yegukanye umudari wa Bronze mu bakinnyi batarengeje imyaka 23, Valens Ndayisenga awegukana mu barengeje imyaka 23
Guverinoma y’u Buhinde yemereye Sosiyete Nyarwanda ikora ingendo zo mu kirere Rwandair, uburenganzira bwo gukorera muri icyo gihugu.
Imvura ivanze n’umuyaga yaguye mu Murenge wa Bugarama mu Karere ka Rusizi, ihitana umukecuru ufite imyaka 83 y’amavuko, isenya n’inzu 26
Uwimana Jean Francois, umupadiri umaze kumenyekana mu kuririmba mu njyana ya Hip Hop, yacurangiye abakundana abahamagarira kugira urukundo rurambye.
Nyirangirinshuti Claudine wo mu Karere ka Gisagara, abantu bataramenyekana bamutekeye umutwe bamutwara asaga Miliyoni 2.5RWf bamusigira amakayi ya musana.
Ikigo cy’itumanaho, MTN Rwanda ku bufatanye na Banki Nyafurika y’Ubucuruzi (CBA), cyatangije uburyo bushya bwo kuguriza abakiriya bacyo amafaranga hifashishijwe telefone.
Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Suwede yakatiwe igihano cya burundu n’ubutabera bw’iki gihugu, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye n’uruhare yagize muri Jenosside yakorewe Abatutsi.
Umuririmbyi Butera Knowless ahamagarira abakundana guhora bereka abakunzi babo urukundo aho kurubereka ku munsi w’abakundana gusa, “Saint Valentin”.
Kurikirana ikiganiro KT Radio yagiranye na Hakizimana Sabiti Maitre, umukinnyi w’icyamamare wakinnye umupira w’amaguru mu bihe byo hambere ari myugariro udasimburwa mu ikipe y’igihugu, Amavubi.
Kuri uyu wa gatatu tariki 15 Gashyantare 2017, mu Karere ka Ngororero ku bitaro bya Muhororo haratangizwa ibikorwa bya "Army Week."
Abatuye ku Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko bakiri mu ubwigunge bwo kudakoresha itumanaho rya Telefoni kubera kutagira iminara.
Abaharanira iterambere ry’abahanzi mu Rwanda bavuga ko ntaho byabaye ko umuhanzi agomba guha amafaranga Radio ngo ibone gucuranga ibihangano bye.
Itsinda ry’abantu 16 baturutse muri Ireland ndetse n’Ubwongereza risanzwe rikorana n’umuryango witwa Tear Fund ryakusanyije Milioni zirenga 40 mu gihe cy’iminsi itatu gusa
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 14 Gashyantare 2017, Ishyirahame ry’umupira w’amaguru (FERWAFA), ryashyize hanze urutonde rw’abatoza umunani bazatoranywamo umwe ugomba gutoza ikipe y’igihugu Amavubi.
Abiga muri Christian University of Rwanda (CHUR) bavuga ko bakurikije gahunda ifite, bizeye kuyirangizamo baramaze kwihangira imirimo.
Ikipe y’igihugu y’umukino w’amagare yegukanye umwanya wa gatatu muri Shampiona y’Afurika ibera mu Misiri (Egypt)
Iyumvire uko Orchestre Impala yahawe ikiraka kubera inkuru y’umusore wambuwe umukunzi na mugenzi we witwa Kaberuka, agahitamo kubishyira mu ndirimbo.
Bamwe mu bakorera amaradiyo atandukanye mu Rwanda biyemeje kuvugurura ibiganiro batanga, kuko basanga ibyo bari basanzwe bakora bitagirira umumaro abaturage.
U Rwanda rwifatanyije na Isiraheli kwibuka Jenoside yakorewe Abayahudi, umuhango wabereye ku rwibutso rwa Gisozi, kuri uyu wa kabiri tariki 14 Gashyantare 2017.
Nyuma y’igihe kinini abaturage bo mu mirenge itandukanye y’Akarere ka Gatsibo bataka kutagira amazi meza, ubu barishimira ko begerejwe amavomero.
Abakurikirana iby’ubuzima bavuga ko icyorezo cya SIDA kigihari, bagakangurira urubyiruko n’abandi bantu gukomeza gukoresha agakingirizo ngo bayirinde banakumire ubwandu bushya.
Mukundiyukuri Jean De Dieu, umukozi wa Komite Olempike y’u Rwanda (CNOSR) ari mu maboko ya Polisi y’igihugu akurikiranweho icyaha cya Ruswa.
Abanyeshuri 10 b’abakobwa bo ku kigo cy’amashuri cya GS Mpanga, muri Kirehe, bari kwa muganga nyuma yo gufatwa n’indwara itaramenyekana.
Ibihugu bya Afurika birategura uko hajyaho isoko ribihuza kugira ngo ubucuruzi bwabyo bworohe bityo n’u Rwanda rubyungukiremo.
Nyuma y’amezi yarasinyiye Rayon Sports akaza kugenda atayikiniye, Rwatubyaye Abdul yakoranye imyitozo bwa mbere n’ikipe ya Rayon Sports
Impuguke mu itangazamakuru mu Rwanda zemeza ko bitazorohera ibindi bikoresho bitangaza amakuru kuyageza ku baturage nk’uko radiyo ibikora kuko ikundwa na benshi.
Abaririmbyi b’ibyamamare mu Rwanda, The Ben, King James na Riderman bataramiye Abanye-Huye ku bufatanye na Sosiyete y’itumanaho, Airtel.
Perezida Kagame yasabye Abanyarwanda kwibutsa abayobozi inshingano zabo mu gihe baba bibagiwe cyangwa bazirengagije, kuko ari ko kazi bashinzwe.