Urubyiruko rurakangurirwa gukoresha imbaraga rufite mu bumenyi no mu bwenge kugira ngo rubyaze umusaruro amahirwe rufite mu gihugu no hanze yacyo.
Abafite ubumuga bw’uruhu bo mu Ntara y’Amajyaruguru, bavuga ko ibibazo byabo babihariye inama ya 14 y’umushyikirano, kugira ngo ibishakire ibisubizo.
Ikamyo yikoreye amavuta yifashishwa mu gukora umuhanda wa kaburimbo azwi nka “Godoro” (Goudrons) ifashwe n’inkongi y’umuriro ku bw’amahirwe ntihagira icyo yangiza.
Polisi y’igihugu yazanye impinduka mu buryo serivisi zo mu muhanda zatangwaga, aho buri kintu cyose kigiye kujya gikorwa hifashishijwe ikoranabuhanga.
Bamwe mu bakoze mu mirimo yo kubaka ibiro by’akagari k’Akaboti mu murenge wa Kansi ho mu karere ka Gisagara barasaba kwishyurwa.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirasafari Espérance, arasaba abakobwa bize imyuga n’abitegura kuyiga kwigirira icyizere kuko bashoboye.
Habyarimana Jean Damascene niwe watorewe kuyobora Akarere ka Musanze akaba asimbuye Musabyimana Jean Claude wabaye Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru.
Ubuyobozi bw’ikipe y’umupira w’amaguru mu cyiciro cya mbere (Pepiniere Fc) buratangaza ko iyi kipe izongera kwakirira imikino ku kibuga cyayo nyuma yo kugisana.
Urubyiruko rurimo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, abakomoka ku bayikoze, abavutse ku bafashwe ku ngufu muri Jenoside n’abiga mu mahanga, biyemeje kubaho bitwa Abanyarwanda.
Ubwato bwari butwaye abantu 16 bwarohamye mu kiyaga cya Kivu umwe ahasiga ubuzima abandi babiri baburirwa irengero naho 13 bakurwa mu mazi ari bazima.
Ikigo cy’igihugu cy’imirimo imwe n’imwe ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyashyizeho ibiciro bishya by’amazi n’amashanyarazi akoreshwa mu bice by’icyaro.
David Ngororano niryo zina ry’umupolisi w’u Rwanda ukora mu ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, wafotowe ari mu kazi yambutsa umuhanda ufite ubumuga ugendera mu kagare.
Abatuye mu turere twiganjemo icyaro mu Ntara y’Amajyepfo, barifuza ko mu nama ya 14 y’umushyikirano hakwigirwamo uburyo barushaho kwegerezwa ibikorwaremezo.
Minisiteri y’Ubucuruzi y’Inganda n’Umuryango w’Afurika y’Iburasirazuba (MINEACOM) itangaza ko imurikagurisha ry’ibikorerwa mu Rwanda rizaba ari nka anketi yo kureba uko byarushaho kongererwa agaciro.
Ibi byagarutsweho ubwo inkongi y’umuriro yafashe inzu itunganya umuziki igashya igakongoka ngo biturutse ku nsinga z’amashanyarazi zitujuje ubuziranenge.
Mu rwego rwo kwitegura igikombe kizabera muri Uganda guhera taliki ya 16 Ukuboza 2016, ikipe y’igihugu ya Handball y’abatarengeje imyaka 20 ikomeje imyitozo i Huye
Abagize Koperative Kopakaki dutegure ihinga Kawa mu Karere ka Karongi bishimiye kuba batazongera kuratirwa uburyohe bwa Kawa bezaga bakayohereza hanze batazi uko imera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwashyize ifumbire y’imborera n’ishwagara mu materasi amaze imyaka itanu adahingwa, kugira ngo bwunganire abanze kuyahinga bitwaje ko ubutaka bwagundutse.
Ubuyapani bwahaye imfashanyo y’ibiribwa impunzi zo mu nkambi ya Mahama mu rwego rwo kurwanya ikibazo cy’imirire mibi gikomeje kwibasira abana bo muri iyo nkambi.
Ikigo cyo muri Amerika cyitwa National Geographic gifata kikanatunganya amafoto n’amavideo y’urusobe rw’ibinyabuzima binyura ku ma televiziyo atandukanye yo ku isi, kigishije abanyeshuri bo mu Rwanda gufotora no gufata amashusho.
Minisitiri w’urubyiruko n’ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana yemeza ko kugira ingengabitekerezo ya Jenoside ari ugupfa uhagaze kuko nta cyiza cyayo.
Umuryango wita ku bana (Save The Children) uvuga ko ibikorerwa abana byakagombye kuba byubakiye ku bitekerezo n’ibyifuzo byabo bityo bikabagirira akamaro.
Ubuyobozi bwa Chorale de Kigali butangaza ko hari byinshi byiza bari gutegura, bahishiye abazitabira igitaramo cyayo kizaba tariki 18 Ukuboza 2016.
Umuhire Catherine w’i Musanze, wahanze umurimo wo gukora ibyuma bya “Bende feri” avuga ko umaze ku mugeza ku mitungo ya miliyoni 3RWf.
Imurikagurisha ry’ibikoresho bikomoka muri Misiri na Asiya “Egyptian House and Asia Expo” ryongerewe iminsi irindwi, nyuma y’uko abarigana bagaragaje ko bakifuza guhaha.
Urwego rw’umuvunyi ishami rishinzwe gukumira Ruswa, ruvuga ko Ruswa ishingiye ku gitsina mu mashuri igabanya ireme ry’uburezi.
Urubyiruko ruturuka mu bihugu bigize akarere u Rwanda ruherereyemo rwashoje imikino rwakinagamo umukino witwa Football3 ugamije gukemura amakimbirane no kwimakaza uburinganire.
Abaturage bo mu Mirenge ya Rukoma na Gacurabwenge muri Kamonyi bakomerewe n’ikibazo cyo kubura amazi nyuma y’uko uwari ushinze kuyahakwirakwiza abihagaritse.
Abanyeshuri biga mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Amajyepfo barasabwa gukoresha interineti bagahangana n’abayikoresha bapfobya Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.
Perezida Kagame yatangaje ko Padiri Nahimana atari akwiye kubuzwa kwinjira mu gihugu kubera ibyaha akekwaho, ahubwo ko bari kumureka akinjira ubundi akabiryozwa .
Perezida Kagame yibukije abayobozi ko bafite inshingano zo kwita ku baturage mbere y’ibindi byose.
Urugaga rw’abikorera (PSF), rwateguye bwa mbere igikorwa cyo kumurika imideri nyarwanda ( Fashion Night out), kizabera mu imurikagurisha rya ‘Made in Rwanda’ rizaba kuva taliki 14-20 Ukuboza 2016.
Umucuranzi wa Piano wo mu Bubiligi, Jef Neve atangaza ko atatunguwe no kubona igitaramo cye na Kayirebwa Cecile gishimisha abakitabiriye.
Abaturage b’i Nyamagabe basanga iriba ryo “Mu Kunyu” rikwiye kugirwa nyaburanga, hagashyirwa n’inzu y’amateka ba mukerarugendo bakajya bahasura.
Abari abanyamabanga nshingwabikorwa n’Intara y’Amajyepfo, iy’Iburasirazuba n’Amajyaruguru basimbuwe naho uwari uw’Intara y’Iburengerazuba yimurirwa mu Ntara y’Amajyaruguru.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yahaye impamyabumenyi abanyeshuri bangana na 2986 bakangurirwa kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo.
Imibare itangwa na Transparency International Rwanda (TI) yerekana ko abatanga amakuru kuri ruswa bagenda bagabanuka aho kwiyongera ngo ihashywe burundu.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Ukuboza 2016, imodoka yo mu bwoko wa Hiace ifite Puraki RAA 320L, ikoreye impanuka mu muhanda Kigali-Huye ihitana umwana wo mu kigero cy’imyaka 12, ikomeretsa cyane babiri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare bwakanguriye abahinzi kwibumbira mu ma koperative, kuko bizabafasha kurwanya igihombo batezwa n’abitwa Abamamyi.
Abarangije mu ishuri ry’umuziki rya Nyundo batangaza ko biteguye kwerekana ubudasa mu muziki bityo muzika nyarwanda ikagera ku yindi ntera.
Jean de Dieu Byukusenge wo mu Karere ka Huye avuga ko yakuwe mu kigo cy’imfubyi n’umuryango we ngo arerwe, ahubwo akamburwa isambu ye.
Umuhanzi wo mu Rwanda Cecile Kayirebwa na Jef Neve w’Umubiligi biteguye guha abari bwitabire igitaramo cyabo umuziki uyunguruye uhuza imico yombi.
Ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere (RGB) gitangaza ko umunyamakuru afite uburenganzira bwo gutangaza ikitagenda mu gihe ari ukuri kandi yavugishije abo bireba.
Polisi y’igihugu itangaza ko ikomeje urugamba rwo kurandura ruswa ku buryo hari icyizere ko izagabanuka ku buryo bufatika.
Minisiteri y’Ubutabera (MINIJUST) ivuga muri 2015-2016 Leta yahombye miliyoni 99RWf kubera gutsindwa imanza zirimo izo kwirukana abakozi bitubihirije amategeko.
Abatuye akagari k’Akaboti,umurenge wa Kansi mu karere ka Gisagara biyujurije ibiro by’akagari bya miliyoni 23, bafatanyije n’ubuyobozi.