Perezida Kagame anenga abatekerereza Abanyarwanda ku bwisanzure
Perezida Kagame yagaragaje ko atiyumvisha uburyo hari abatekerereza Abanyarwanda kuri demokarasi mu Rwanda, bikagera n’aho bibwira ko Abanyarwanda batisanzuye ariko batabibona.

Yabitangarije mu kiganiro cy’ibibazo n’ibisubizo (Q&A) kibanze ku iterambere ry’u Rwanda n’icyerekezo rufite, yagiranye n’abanyeshuri bo mu Ishuri Havard Kennedy School, kuwa gatanu tariki 10 Werurwe 2017.
Asubiza ikibazo cy’umunyeshuri Sebastian Lee Palmer wiga mu mwaka wa mbere, wanatembereye mu Rwanda, wabazaga uko Perezida Kagame afata abavuga ko u Rwanda rwateye imbere ariko rukabangamira ihame rya demokarasi.
Yamusubije ati “Numva atari imvugo ikwiye kuvuga ngo abantu runaka bashoboye gutera imbere ariko ntibita kuri demokarasi. Ntago wavuga ngo ntushaka demokarasi, kuko kimwe kigira ingaruka ku kindi, biragendana.

Demokarasi ubundi si ikintu umuntu yavuga ko gihamye, rimwe na rimwe biterwa n’ushaka kuyisobanura n’icyo agamije. Ariko muri rusange twese tuzi icyo demokarasi ari cyo.”
Perezida Kagame yatanze urugero rwa bamwe mu bashaka kumenya uko demokarasi ihagaze mu Rwanda, ariko ugasanga uburyo babisobanura bidahuye n’ubuzima bw’Abanyarwanda. Yongeyeho ko hari n’abumva ko ibyo Abanyarwanda ba nyirubwite bavuga atari ukuri.
Ati “Hari n’ubaza umuturage ati wowe wumva ufite ubwisanzure bungana iki? Yamubwiza ukuri undi ati “Hoya ibyo si ukuri ahubwo ushobora kuba ubayeho utyo.”

Imikorere nk’iyo n’imitekerereze nk’iyo ni yo Perezida Kagame asanga idaha Afurika ubwisanzure. Iki gisubizo cyaje gihura n’icyo yari yatanze avuga ku bijyanye n’nkunga zigenerwa ibihugu by’Afurika, aho abaterankunga bazanaga inkunga ariko ugasanga bifuza ko ikoreshwa ku buryo bifuza cyangwa iyo nkunga nayo ikaba ifite ibindi bibazo.
Ati “Turababwira tuti mureke dukorane amasezerano natwe tugireho ijambo. Ikindi bidufashe kugira ngo niba uvuze ko uduha miliyoni ijana zibe ari miliyoni ijana. Niba twemeranyije ko aya mafaranga akoreshwa mu burezi, mu kubaka amashuri cyangwa amavuriro, ntituzasange byarahindutse.”
Ohereza igitekerezo
|
our president ibyo uvuga nibyo kandi natwe abanyarwanda ntituzagutererana komerezaho.
big up nyakubahwa prezida wacu ndabakunda sana
Rwanda yacu, gihugu cyatubyaye, amaboko yacu azagukorera
Banyarwanda dukomeze twese hamwe twese Imihigo twiyubakira Igihugu cyacu cy’u Rwanda
Good to go
Good to go
Nitwa uwineza MBA muri Kenya diaspora natashye iwacu nyuma yimyaka 22 but uko nasanze urwanda nirwiza rurigenga and am so proud of my President Paul Kagame for what he has done for my country thank you Mr president for aall you have done for us dufite ubwigenge numutekano ibibi byakera byararangiye
iyi n ingingo rwose , abanyarwanda twifitiye democracy yacu kandi iratunyura abanyarwanda barishimye utabyemera aziyizire tumuhe ubuhamya kandi nkuko umwe mubanyeshuri yabyivugiye kuko yageze mu Rwanda yabyivugiye ko yakunze u Rwanda, ubwisanzure turi nabwo ndetse bwinshi
ABANYARWANDA TURIHO NEZA TURISHIMYE , UBWISANZURE NIBWOSE , UMUNTU AKO ICYO ASHAKA GUKORA AKAGIKORERA IGIHE ASHAKIYE NDETSE NAHO ASHAKIYE , UBWISANZURE BWO GUTUKANA NO GUSEBA NIBWO ABANYARWANDA BADASHAKA KANDI BADAKENEYE ,
nkunda cyane ibitekerezo by’umukuru w’igihugu cyacu , ni umuhanga pe
Umusaza Paul Kagame yasoma ndakurahiye. Akomeje kwerekana ko ashoboye guteza Abanyarwanda imbere. Dukomeze imihigo.
ukuri ni uko abanyanrwanda turiho neza kandi twishimiye uko tuyobowe , ubwisanzure turi nabwo kuko tuvuga icyo dushaka kandi ibitagenda bigakosoka , tugashima aho biri ngombwa , naho abavuga bo bazahoraho
ibyo President avuga nibyo rwose abanyarwanda turisanzuye abariho bashaka kutumenyera uko tubayeho no kubiturusha nabashaka kutuyobya nabashaka kudatuma twiterera imbere uko tubishaka
abo nyne ni babandi baba bakunda abana kurusha ababyeyi babo, dufite ubuyobozi bwiz kandi twishimira ubwisanzure turi nabwo kandi buhagije