Babiri bakekwaho gusiga amazirantoki ku Rwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi ruherereye mu Mudugudu w’Akamabuye, Akagari ka Nyakibanda mu Murenge wa Gishamvu mu karere ka Huye,bari mu maboko y’abashinzwe umutekano.
Polisi y’u Rwanda yerekanye Abarundi 12 yafatiye ku mupaka uhuza u Rwanda n’Uburundi ku Kanyaru bikekwa ko bari bagiye gucuruzwa muri Aziya.
Abatuye akarere ka Bugesera, barasaba kwegerezwa ingemwe z’ibiti byeraho imbuto ziribwa kuko zikiri nke kandi kuzibona bikaba bitoroshye.
Abarokotse jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Murenge wa Bushenge mu Karere ka Nyamasheke, bishimiye ko Akarere katangiye kubaka urwibutso ruzashyingurwamo ababo.
Amabanki akomeje gusaba amafaranga abifuza ko konti zabo zifungwa, n’ubwo Banki Nkuru y’u Rwanda n’abakiriya batabyemera.
Imbangukiragutabara yahawe ikigo nderabuzima cya Rususa mu Karere ka Ngororero imaze imyaka irindwi idakoreshwa kuko basanze idashoboye kugenda mu misozi yaho.
Kuri cyumweru tariki ya 22 Mutarama 2017, ikipe ya Marine yahagaritse umuvuduko wa Kiyovu iyitsinda igitego 1-0, cyatsinzwe na Jimmy Mbaraga Ku munota wa 13 w’igice cya mbere.
Mu gihe cy’itangira ry’amashuri, muri Gare ya Nyabugogo haba hari urujya n’uruza rw’abanyeshuri bashaka imodoka zibajyana aho biga mu ntara zitandukanye.
Imvura ivanze n’umuyaga yasenye inzu 58 zo mu Murenge wa Runda, mu Karere ka Kamonyi, inangiza imyaka irimo ibigori n’insina.
Natete Liliane watorewe kuba Nyampinga wa INES Ruhengeri muri 2016 avuga ko manda ye igiye kurangira adashoboye guhigura umwe mu mihigo yari yarahize.
Ikipe ya APR Fc yatsinze Rayon Sports mu mukino wabereye kuri Stade Amahoro, ihita inayikura ku mwanya wa mbere yari imazeho iminsi
Ikamyo ebyiri zagonganiye ahitwa "Mu Rwabashyashya" mu Karere ka Kamonyi zifatwa n’inkongi y’umuriro zirakongoka.
Bwa mbere Jimmy Mulisa nk’umutoza ahura na Rayon Sports, abashije kuyitsinda igitego 1-0, ndetse APR ihita inafata umwanya wa mbere muri Shampiona
Gasore Hategeka ni we wegukanye isiganwa ry’amagare rizenguruka u Rwanda rizwi nka Rwanda Cycling cup 2016, isiganwa ryasojwe kuri uyu wa Gatandatu
Nyuma yo gutozwa,intore zikora muri serivisi z’ubuvuzi mu turere twa Huye na Gisagara zivuga ko ntawe uzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga.
Mutokambari Moise utoza ikipe y’igihugu ya Basket Ball, atangaza ko kuba bataritabiriye imikino Nyafurika (Afro-Basket) ya 2015, byabasigiye isomo rikomeye rizabafasha kutazongera kuyisiba.
Abana babiri bo mu Karere ka Bugesera barwariye mu bitaro bya Nyamata nyuma yo gutwikwa ibiganza na ba se bababyara.
Abakirisito b’Itorero rya Pentekote mu Rwanda (ADEPR) batavuga rumwe n’ubuyobozi buriho, bashyizeho Komisiyo “Nzahuratorero” igamije gusubiza ku murongo ibikorwa bita ko “ibigayitse.”
Ubushakashatsi bwa Loni bwagaragaje ko amahirwe y’Abanyarwanda yo kubaho igihe kirekire akomeje kwiyongera ku buryo muri 2030, Abanyarwanda bazaba bashobora kubaho imyaka 70.
Taliki ya 20 Mutarama 2016-Taliki 20 Mutarama 2017, umwaka urashize u Rwanda rutsinze Gabon rukora amateka yo kubona itike ya 1/4 mu gikombe cy’Afurika cy’abakuru mu mupira w’amaguru
Umukobwa ufite imyaka 33, wo mu Karere ka Bugesera yarohamye mu kiyaga cya Cyohoha ya ruguru ubwo yaragiye kuvoma amazi,ahita apfa.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko byababereye nk’igitangaza kubona imodoka ndende yo mu bwoko bwa Hummer ya Limousine (Hummer Limousine) igera mu karere kabo.
Umutoza Masudi Juma aratangaza ko APR iramutse imutsinze kabiri byaba ari agasuzuguro, atangaza ko Abouba Sibomana adakinnye hari izindi ngamba
Mu muhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba tariki ya 1 Gashyantare za buri mwaka, muri uyu mwaka uzabera mu midugudu hashimirwa abarinzi b’igihango.
Ibishishwa by’umuceri biva mu Ruganda rutonora umuceri rwa Mukunguri (MRPC) muri Kamonyi ntibigipfa ubusa kuko bisigaye bikorwamo amakara ya kijyambere (Briquettes).
Ikigo cy’igihugu gishinzwe gukwirakwiza amashanyarazi UECL ishami rya Gicumbi, cyatangije gahunda yo gusanga abaturage mu ngo kikabaha umuriro.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yagaragarije isi ko iterambere u Rwanda rugezeho rurikesha gahunda rwihaye yo gushyira ikoranabuhanga muri serivisi zitangirwa mu gihugu.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi bwongeye umunsi ku wari usanzwe isoko ry’akarere ryaremeragaho, bitewe n’abarirema barino n’abaturutse muri Congo biyongereye.
Dr Niyibizi Clet ufite umushinga w’ubuhinzi bw’imbuto, soya n’urutoki mu Karere ka Kamonyi, yeretse abahinzi ko guhangana n’imihindagurikire y’ikirere bishoboka.
Izabayo Marie Grace ni we wegukanye ikamba rya Nyampinga w’Akagari ka Rukaragata 2017, mu Murenge wa Mushishiro, mu Karere ka Muhanga.
Abatuye Akarere ka Nyamagabe bemeza ko gahunda ya “Girinka” idafasha mu kubakura mu bukene gusa ahubwo yabaye na gahuzamiryango.
Umujyi wa Kigali watangiye guhana abazunguzayi(ababunza ibicuruzwa ku mihanda) ndetse n’umuntu wese ufashwe abigura.
Urukiko rw’Ibanze rwa Lilolongwe muri Malawi rwongeye gusubika urubanza rwo kohereza mu Rwanda Vincent Murekezi ushinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ingabo za Loni ziri mu butumwa bw’amahoro muri Congo (MONUSCO) zihakana zivuye inyuma ko nta murwanyi wa M23 n’umwe uri ku butaka bwa Congo (DRC).
Abatuye Akarere ka Kamonyi bavuga ko gucibwa amahoro ku musaruro w’ubuhinzi n’ubworozi bajyanye ku isoko, bibadindiza, aho basanga ntacyo bageraho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rwamagana bwongeye gutegura isiganwa ku maguru rizaba muri Gashyantare 2017, rigahuza abakinnyi bose babyifuza
Madame Jeannette Kagame afatanyije na Della Tamari, umuyobozi wungirije w’umuryango “Tamari Foundation” batangije imirimo yo kubaka irerero ry’icyitegererezo rizuzura ritwaye arenga miliyoni 80RWf.
Uwahoze ari kapiteni w’Amavubi mu mwaka wa 1983-1987 Myandagaro Charles atangaza ko kuba atarakiniye amakipe akomeye nka Rayon Sport cyangwa Panthere Noir ahora abyibazaho.
Abaturage bo mu Kagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagiye kongera gutora Miss w’Akagari kabo.
Ikipe ya Rayon Sports iratangaza ko uyu munsi ishobora kurara ibonye ibyangombwa bya Abouba SIbomana, mu gihe Ferwafa nayo itangaza ko itaramenya neza igihe bizabonekera
Ikigo cy’igihugu gishinzwe imiyoborere (RGB) kigaragaza ko imitangire ya serivisi muri Musanze ikiri hasi kuburyo iri ku kigero cya 69.3% gusa.
Perezida wa Repubulika witabiriye inama yiga ku bukungu bw’isi iteraniye mu Mujyi wa Davos mu Busuwisi, asanga nta gikorwa ngo ubucuruzi hagati y’Abanyafurika butangire bukorwe, nubwo byagiye byifuzwa kuva kera.