Ishyirahamwe ry’Imikino olimpiki mu Rwanda rivuga ko ikibazo cy’imiyoborere y’amashyirahamwe y’imikino mu Rwanda, ari yo ntandaro y’umusaruro muke muri aya mashyirahamwe.
Minisitiri w’Ubuzima Dr Diane Gashumba avuga ko atazagirira na rimwe imbabazi umuntu wakira nabi umurwayi kuko ngo aba akinisha ubuzima bw’abantu.
94.3% by’abakora muri Leta bemeza ko batswe ruswa ishingiye ku gitsina cyangwa izindi nshimishamubri zerekeye kuri ibyo.
Kuri iki cyumweru mu karere ka Rwamagana haraza kubera isiganwa ku maguru rizwi nka "Rwamagana Challenge" rigamije kurwanya ibiyobyabwenge mu rubyiruko
Minisitiri wa Siporo w’u Bufaransa, Laura Flessel, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda yanenze amahanga yarebereye Jenoside yakorewe Abatutsi ntagire icyo akora ngo ihagarikwe, kandi byari mu bushobozi bwayo.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda ntibahwemye kugaragaza ko inguzanyo ya 25000Frw ya buruse bahabwaga na Leta mu gihe cy’imyaka hafi 10 ishize, itari ikijyanye n’ ibiciro byo ku isoko.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari mu Mujyi wa Munich mu Budage, aho yagiye kwitabira inama ya 54 yiga ku mutekano, izwi nka ‘Munich Security Conference’.
Abamotari baremeza ko icyifuzo cyabo cyasubijwe nyuma yo guhabwa uburenganzira bwo kujya bishakira icyangombwa cyo gutwara abagenzi bikava mu makoperative, aho kubona ibyo byangombwa byajyaga bitinda bikabateza igihombo bacibwa amande.
Abakunzi b’umukino w’amagare baje kureba Shampiona y’Afurika yo gusiganwa ku magare bari gutaramirwa n’umuhanzi Kitoko, ariko bakahava bafunguje konti muri Cogebanque
Abatuye mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Gakenke barishimira ibitaro by’icyitegererezo bari kubakirwa, bakavuga ko bagiye gutura umutwaro wari ubaremereye nabi w’ibirometero bisaga 60 bakoraga bajya kwivuriza i Nemba.
Mu rukerera rwo ku wa 13 Gashyantare 2018, ingabo za Congo, FARDC, zagabye igitero ku Ngabo za RDF zifite ibirindiro mu Kagali ka Mugali, Umurenge wa Shingiro, Umudugudu wa Terambere wo mu Karere ka Musanze.
Abarimu bo mu Karere ka Nyagatare barashinja ubuyobozi bw’Akarere kubahatira kwegura ku kazi, babakangisha gufungwa no kugirirwa nabi mu gihe banze gushyira mu bikorwa icyifuzo cy’akarere.
Nyuma yo kubona imashini kabuhariwe zigezweho mu gupima indwara zitandukanye, Minisiteri y’ubuzima yatangaje ko ibizamini byose by’indwara ubu bishobora gupimirwa mu Rwanda.
Abakozi ba Ministeri y’Uburezi(MINEDUC) basuye akarere ka Kayonza muri gahunda yo kunoza ireme ry’uburezi, bavuga ko batangazwa n’imyifatire mibi isa n’uburaya yagaragaye mu ishuri ry’imyuga ryitiriwe Mutagatifu Therese, riherereye muri aka Karere.
Abana 71 biga mu Rwunge rw’amashuri rwa Muko mu Karere ka Musanze, baguwe nabi n’ifunguro rya saa sita fatiye ku ishuri kuri uyu wa Gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018.
Ku munsi wa kabiri wa Shampiona y’Afurika, Areruya Joseph yegukanye umudari wa Zahabu mu batarengeje imyaka 23, aba n’u wa gatatu mu bakuru. .
Mu ijoro ryo kuri uyu wa gatatu tariki ya 14 Gashyantare 2018 ubwo benshi mu bakundana bizihizaga umunsi w’abakundanye uzwi nka Saint Valantin, Umusore witwa Gasore Felix yibwe umutsima yari yahishiye umukunzi we, bimuviramo guterwa indobo ku munsi w’abakundanye.
Ubuke bw’ibyumba by’ishuri n’intebe mu karere ka Kayonza bwateye amwe mu mashuri kugaragaramo ubucucike bw’abana, bituma bamwe babura aho bicara.
Muri Shampiona y’Afurika y’umukino w’amagare iri kubera mu Rwanda, Cogebanque umwe mu baterankunga b’iri rushanwa ikomeje gusabana n’abakunzi b’uyu mukino aho irushanwa riri kubera
Intumwa za Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) zahwituye bamwe mu bayobozi b’ibigo by’amashuri yisumbuye bifite ibikoresho bihenze, ariko bikaba bitagirira akamaro abanyeshuri babyigamo.
Ku munsi wa mbere w’irushanwa Nyafurika ry’amagare riri kubera mu Rwanda, u Rwanda rwegukanye imidari ine uwa zahabu, iya Argent ibiri ndetse n’uwa Bronze ku byiciro byarushanyijwe uyu munsi.
Urugaga rw’Abikorera mu Karere ka Muhanga PSF rwiyemeje guhangana n’imyumvire y’abikorera badindiza iterambere ry’akarere.
Bamwe mu baturiye umupaka w’u Rwanda na Congo mu Karere ka Rubavu bavuga ko bagira ikibazo cyo kubona udukingirizo mu ijoro kuko abaducuruza bahita baduhenda.
Somi, Umunyarwandakazi wamamaye mu njyana ya Jazz ku isi, yakoreye igitaramo muri Marriott, cyitabiriwe n’abantu benshi barimo na Madamu Jeannette Kagame.
kuri uyu wa Gatatu tariki 14 Gashyantare 2018, ni Ku nshuro ya kabiri umunsi w’abakundana uzwi nka Saint Valentin ugiye guhurirana n’usanzwe wizihizwa n’Abagatolika wo gusigwa ivu.
Muri Kigali Exhibition Centre hatangijwe ku mugaragaro Shampiona y’Afurika y’amagare igiye kubera mu Rwanda kuva kuri uyu wa gatatu tariki 13 kugera 18/02/2018
Ku mugoroba wo kuwa 12 Gashyantare 2018 Amazu 36, ibikoni 6 ubwiherero 5 n’urusengero rwa ADEPER Ntoma, byasenywe n’imvura yari yiganjemo umuyaga n’urubura, yaguye mu tugari dutandukanye two mu murenge wa Rwimiyaga ho mu Karere ka Nyagatare.
Perezida wa Gabon Ali Bongo Ondimba yageze mu Rwanda, aho aje mu ruzinduko rw’akazi, ahita yakirwa na Perezida Kagame.
Umwe mu bahanzi bamaze kwandika izina muri Amerika akaba ari n’Umunyarwandakazi ubayo, Laura Kabasomi Kakoma uzwi nka Somi, arataramira abaturarwanda kuri uyu wa kabiri tariki ya 13 Gashyantare muri Marritott Hotel.
Muri weekend umugabo yasohokanye imodoka ye ya Toyota Hilux, amaze guhaga akabyeri arataha ageze mu nzira traffic police iramufata; kubera ko yari atwaye imodoka yasinze kandi kizira kikanaziririzwa.
Abanyarwanda baba muri Canada bandikiye Minisitiri w’Intebe w’iki gihugu Justin Trudeau bamusaba ko guverinoma ye yahindura uko ifata Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Bitarenze tariki 16 Gicurasi 2018, Rwandair iratangiza ingendo nshya zerekeza mu Murwa mukuru wa Zimbabwe, Harare igakomereza i Cape Town muri Afurika y’Epfo.
Bamwe mu bantu bari barabaye imbata y’Inzoga n’ibiyobyabwenge bakagororwa bakabicikaho, babicishije mu ndirimbo baratanga inama yo guhangana n’ibishuko bibiganishaho. Iyumvire iyo nama.
Ikigo giteza imbere Imyuga n’Ubumenyingiro (WDA) cyagiranye amasezerano na Sosiyete y’Abashinwa ’Beijing Forever’, yo kwigisha gutwara no gukanika amamashini akora imihanda.
Radio Amazing Grace yitandukanyije n’ibitekerezo bya Pasiteri Niyibikora Nicolas watutse abagore akabandagaza, ubwo yari mu kiganiro cy’Iyobokamana muri iyi Radiyo.
Urukiko rw’Ikirenga rutangaza ko imanza 117 zirebana na ruswa zizacibwa mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa, cyatangiye none ku ya 12 kikazasozwa ku ya 16 Gashyantare 2018.
Perezida Paul Kagame avuga ko ibigo by’ubwishingizi ku mugabane w’Afurika bikiri inyuma mu mikorere bigatuma abaturage ari bo babigenderamo, akemeza ko binakeneye kuvugurura imikorere.
Umuhuzabikorwa w’ikompanyi Clyn Vybz ikora ibikorwa bifitanye isano na muzika, John Nzabanita, aravuga ko abahanzi babiri bakoranaga bahagaritse imikoranire n’iyi kompanyi mu buryo budasobanutse, abahanzi bo bakavuga ko byakozwe impande zombi zibyumvikanyeho.
Dr Nsigayehe Erneste umukozi w’Akarere ka Gatsibo uyobora ishami ry’ubuhinzi, ubworozi, amashyamba n’umutungo kamere, arahumuriza abaturage bo muri aka Karere kubera ibinyabwoya bimaze iminsi byarabibasiye.
Ikpe ya Lions mu mukino wa Karate, ni imwe mu makipe yitwaye neza mu mpera z’iki cyumweru mu irushanwa ryitwa Ambassador’s Cup
Umutesi Teta Afsa wabaye Miss w’Akarere ka Rusizi mu mwaka wa 2017 aravuga ko adakurikiye amafaranga ku mugabo bagiye gusezerana, akavuga ko ari urukundo rugiye gutuma babana.
Pasitoro Kayumba Fiston wayoboraga itorero Revelation Church Nyamatete ryo mu Karere ka Gatsibo yaburiwe irengero nyuma yo gutera inda umwana w’impfubyi irera barumuna bayo babiri.
Mu mukino ubanza wwa CAF Confederation Cup, APR Fc yo mu Rwanda inyagiye Anse Reunion yo muri Seychelles ibitego 4-0 kuri Stade Amahoro
Imibare ituruka muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’umurimo, igaragaza ko Umujyi wa Kigali uza ku isonga mu gukoresha abana imirimo y’Ingufu, ugereranyije n’izindi Ntara.
Kwiyongera kw’amahoteli n’amaresitora akomeye mu Rwanda byatumye hagaragara ikibazo cy’imboga n’imbuto mu Rwanda, bituma inyinshi mu zikoreshwa mu Rwanda zitumizwa hanze.
Minisitiri wa siporo n’umuco, Uwacu Julienne, yavuze ko siporo rusange ikwiye kugera no ku rwego rw’imidugudu.
Imibare itangwa n’ikigo cy’igihugu gishinzwe Igororamuco, NRS, igaragaza ko hari benshi mu rubyiruko ruvanwa Iwawa kugororwa ariko rukazahagarurwa kubera gusubira kwijandika mu biyobyabwenge.