Abanyarwanda 6 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda harimo utabasha kugenda
Kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Gashyantare 2021 nibwo Abanyarwanda batandatu n’umwana w’umukobwa bagejejwe ku mupaka wa Kagitumba ku ruhande rw’Akarere ka Nyagatare.

Muri abo Banyarwanda bahagejejwe harimo uwamenyekanye ku mazina ya Ngoga Nzamukosha Diane utabashije kuvugisha itangazamakuru kuko atamerewe neza.
Akigera ku mupaka wa Kagitumba akicaye mu modoka yaziyemo kuko atabashaga kugenda, yagaragaje ko yishimiye kugaruka mu gihugu cye kandi ko abonye ubuzima.
Yakuwe mu modoka ateruwe na bagenzi be mu maboko, ikindi yashoboraga ni ukwicara hasi no kuharyama gusa.
Amakuru twabashije kumenya ni uko icyamushavuje cyane ari umwana we yabuze kuko yatandukanye na we agifatwa akaba aje atazi aho aherereye.

Ikindi ngo ni iyicarubozo yakorewe kuko yakubitwaga inkoni zo mu birenge n’ibindi bice by’umubiri kugira ngo yemere ko ari maneko w’u Rwanda.
Muri gereza ya CMI ya Mbuya ngo yari amazemo amezi 3 n’igice akorerwa iyicarubozo.
Ikindi ngo ni ibicuruzwa bye asize ndetse ngo anafatwa akaba yarambuwe Amadolari ya Amerika ibihumbi bitatu, ni ukuvuga abarirwa muri miliyoni ebyiri n’ibihumbi 900.
Ngoga Nzamukosha Diane akaba yari afungiye muri gereza ya Mbuya na Kireka.



Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ohereza igitekerezo
|
"Umwanzi wa Afurika ni umunyafurika" sinzabeshyera umuzungu agira uko agenda nawe se Umunyarwanda n’umugande ntacyo bapfa ariko ndebera uburyo batwicira abacu. Bizacyemuka bigenze gute? ko mbona ubufatanye butazashoboka.Kera umugore yarubahwaga hose none mbwira koko.umugande ymvikanaga numunyarda bagashyingirana, barabyaranye Perezida wa Uganda n’uw’u Rwanda n’imiryango yabo bombi bavuga ikinyarwanda n’ikigande babaye inshuti zikomeye binjirana mu mateka barasuranye baragabirana nyuma birahinduka. none kuki ibi ngibi koko ubu nta muti byabona mbega agahinda?