Kuva tariki 16/01/2021 mu gihugu cya Cameroun hari kubera igikombe cya Afurika gihuza abakinnyi bakina imbere mu bihugu byabo, irushanwa ryashyizweho mu rwego kuzamurwa urwego rw’abakina imbere mu bihugu no gutuma bigaragaza ku rwego mpuzamahanga.
Kuri iyi nshuro, n’ubwo irushanwa ritarasaozwa hari bamwe mu bakinnyi bamaze kubona andi makipe muri shampiyona zitandukanye n’izo bakinagamo, ndetse n’abari kwifuzwa ariko ubu batarabasha gusinyira amakipe abashaka.

Bamwe mu bamaze gihindura amakipe harimo umukinnyi Saidi Kyeyune, ukina mu kibuga mu ikipe ya Uganda ndetse akanakinira URA Fc, ku myaka ye 27 yamaze gusinya mu ikipe ya El Merreikh yo muri Sudan, akaba yarigaragaje atsinda ibitego bibiri by’amashoti ya kure yatsinze Togo na Maroc.
Undi mukinnyi wamaze kubona ikipe, ni myugariro wa Zimbabwe Peter Muduhwa, akaba yaramaze kwerekeza mu ikipe ya Simba SC yo muri Tanzania aho yari avuye mu ikipe ya Highlanders FC yo muri Zimbabwe.

Usibye Muduhwa, ikipe ya Simba kandi yanasinyishije umukinnyi wo hagati wa DR Congo Doxa Gikanji, akaba yari asanzwe akinira ikipe ya Daring Club Motema Pembe.
Myugariro wa Burkina Faso Soumaila Ouattara nawe yavuye mu ikipe y’iwabo ya Rahimo FC yerekeza muri shampiona ya Maroc, aho ku myaka ye 25 yamaze gusinya mu ikipe y’igihangange ya Raja Casablanca.
Ikipe ya Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo, iri gushakisha cyane umukinnyi wa Cameroon Loic Ako Assomo, n’ubwo ibiganiro bigeze kure ariko ntirabasha kumusinyisha.

Amakuru ava muri Cameroun kandi avuga ko abakinnyi b’abanyarwanda barimo nka Mutsinzi Ange, Byiringiro Lague, Omborenga Fitina na Hakizimana Muhadjili, hari amakipe yaba yarabifuje ariko ataramenyekana kugeza ubu.

Andi makuru ari kuvugwa ni uko amakipe yo mu Bufaransa arimo AS Monaco na Nantes yifuza gusinyisha abakinnyi bo muri Guinea barimo Morlaye Sylla ndetse ndetse na Ibrahima Kalil Traoré.
National Football League
Inkuru zijyanye na: CHAN2020
- #CHAN2020: Hagati ya Morocco na Mali haravamo itwara igikombe
- Twabyemeye, ntitwajya kurega VAR-Mashami avuga ku ikarita y’umutuku no gusezererwa
- #CHAN2020: Amavubi asezerewe na Guinea mu mukino wabonetsemo amakarita abiri y’umutuku (AMAFOTO)
- Abashobora kubanzamo n’ibyo wamenya mbere y’umukino w’u Rwanda na Guinea
- #CHAN2020: Mali na Cameroon zageze muri 1/2
- Ni igihugu cy’umupira gifite amakipe ahora muri Champions League ariko tugiye kubitegura-Mashami avuga kuri Guinea
- #CHAN2020: Amavubi yamenye ikipe bazahura muri 1/4
- #CHAN2020: Sugira Ernest yijeje Abanyarwanda kugera ku mukino wa nyuma
- Abayobozi n’abandi batandukanye bashimye Amavubi yahesheje u Rwanda ishema
- #CHAN2020: Amavubi abonye itike ya 1/4 nyuma yo gutsinda TOGO
- Ku mukino wa Uganda twikanze baringa, twari gutsinda - Umutoza Sogonya Kishi
- Iradukunda Bertrand wavunikiye mu myitozo ntagikinnye umukino wa Togo (AMAFOTO)
- #CHAN2020: Congo zombi zakatishije itike ya 1/4
- Amavubi arakomeza cyangwa arasezererwa? Ibyo wamenya ku mukino uhuza Togo n’u Rwanda
- #CHAN2020: Amakipe ya Cameroon na Mali abaye aya mbere akatishije itike ya 1/4
- Amavubi anganyije na Maroc, amahirwe ategerejwe kuri Togo
- Ibyo wamenya mbere y’umukino uhuza Amavubi na Maroc, biteguye gusiba amateka ya 2016
- Ibitego byaje - Sugira nyuma yo kugaruka mu bazakina na Maroc
- Mashami yanyuzwe n’umukino wa mbere, avuga ko hari icyizere mu mikino isigaye
- Amavubi aguye miswi na Uganda, Omborenga atorwa nk’umukinnyi mwiza w’umukino
Ohereza igitekerezo
|
Muhadjiri???? Yitwaye neza are you serious????
Nibyiza ko abitwaye neza babona ababashima, gusa biratangaje ubutyo abandi bose mumenya ayo berekejemi byagera kubakinira amavubi ngo ama équipes ataramenyakana !! 🤔🤔