Abahanzi basusurukije abarebye Igitaramo gisingiza Intwari (Amafoto)

Tariki 1 Gashyantare u Rwanda rwizihiza umunsi wi’intwari z’Igihugu. Kuri iyi nshuro hateguwe igitaramo gisingiza Intwari ariko kubera ingamba zo kwirinda Covid-19, abantu bagikurikiye kuri Televiziyo.

Insanganyamatsiko y’uyu mwaka mu kwizihiza intwari z’igihugu iragira iti “Ubutwari mu Banyarwanda, agaciro kacu.”

Abahanzi muri iki gitaramo bagaragaje impano zitandukanye barimo Itorero ry’Igihugu Urukerereza, Peace Jolis, Alyn Sano, King James na Army Jazz Band.

Urukerereza rwakinnye umukino ushima Intwari mu mbyino z’imuco mu ngeri zose guhera ku bami, Imanzi, Imena n’Ingenzi.

Bakurikiranye na Peace Jolis wasubiyemo indirimbo ze ndetse n’iyo yakoranye na DJ Miller witabye Imana yitwa “Belle” amwibuka.

Nyuma ye haje Alyn Sano waririmbye indirimbo yahimbiye uyu munsi w’Intwari yise “Ubutwari” ari kumwe n’itsinda rya Symphony band.

King James yaje gusubiramo indirimbo ze za kera ziganjemo iz’urukundo. Inyinshi yakoze mu gihe cyashize zifite injyana ituje n’izo aherutse gukora ubu.

Abaje gusoza igitaramo ni itsinda rya gisirikare Army Jazz Band mu myenda ya gisirikare, bavuga ubutwari bw’abasirikare, Fred Gisa Rwigema, Kayitare n’abandi baguye ku rugamba rwo kubohora igihugu.

Minisitiri w'urubyiruko n'umuco, Rosemary Mbabazi, kuri uyu munsi yashishikarije Abanyarwanda gukomeza kuzirikana no gusingiza Intwari z'u Rwanda, aho bari mu rugo, barushaho gutoza abato indangagaciro z'ubutwari
Minisitiri w’urubyiruko n’umuco, Rosemary Mbabazi, kuri uyu munsi yashishikarije Abanyarwanda gukomeza kuzirikana no gusingiza Intwari z’u Rwanda, aho bari mu rugo, barushaho gutoza abato indangagaciro z’ubutwari

Amafoto: EAP

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

It was so amazing

habimana odette yanditse ku itariki ya: 2-02-2021  →  Musubize

nukuri byari byiza pe!

habimana odette yanditse ku itariki ya: 2-02-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka