Polisi yatahuye amayeri akoreshwa n’abaka impushya

Polisi y’u Rwanda itangaza ko mu byumweru bibiri umujyi wa Kigali uri muri Guma mu rugo, yafashe abantu barenga ku mabwiriza bakoresha uburyo butandukanye mu kuyibeshya.

CP John Bosco Kabera, Umuvugizi wa Polisi y'u Rwanda
CP John Bosco Kabera, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, CP John Bosco Kabera, avuga ko mu bantu bafashwe harimo abasaba uruhushya rwo gukoresha imodoka bakaruhabwa aho kuyigendamo bakaruha abandi bayigendamo bo bakagenda mu yindi.

Agira ati, “Abantu banywa inzoga ndetse n’abo dufata mu muhanda barengeje amasaha baba basinze kandi bafite ubutumwa ariko batakoze ibyo basabiye uruhushya ahubwo bajya gusurana, bajya kuzerera kugira ngo babone uko banywa inzoga”.

CP Kabera avuga ko abanyamaguru 117, 630 bafashwe barenze ku mabwiriza yo kwirinda COVID-19 batambaye agapfukamunwa, mu gihe abandi 2,066 bafashwe banywa inzoga cyangwa bazigurisha kandi utubari tutemerewe gukora.

Akomeza avuga ko hafashwe imodoka 2,218, moto 912 ndetse n’amagare 612 byose bitubahirije amabwiriza yo kwirinda icyo cyorezo, mu Mujyi wa Kigali bamwe bakaba bakoresha uburyo butandatu mu kwihisha Polisi burimo gutizanya ubutumwa bugaragaza uruhushya rutangwa na Polisi, abarenga ku masha ya siporo n’ibindi.

CP Kabera avuga ko ayo mayeri bayatahuye kandi uzajya yitwaza ko isaha ya siporo itararangira hazajya harebwa ku isaha y’umupolisi n’abandi bagenzura ko amabwiriza yo kwirinda COVID-19 yubahirizwa.

Avuga kandi ko hari abantu basaba impushya aho gukora icyo bazisabiye ahubwo bakajya gusurana no kuzerera.

Agira ati “Gusaba uruhushya ntibajye aho barusabiye ahubwo ukabeshya ukirirwa uzerera, abantu basaba impushya bagasurana, urugero hari aho abapolisi bafashe umuntu avuga ko yiriwe kwa muganga, umwana aramunyoboza ati oya ntitwagiye kwa muganga ahubwo twiriwe mu mujyi”.

Avuga ko kutubahiriza amasaha nabyo byagaragaye aho abantu bahabwa uruhushya rw’umunsi umwe bakumva ko barukoresha amasaha 24 kandi bitemwe, abahawe uruhushya rw’iminsi 2 bakumva ko barukoresha amasaha 48 kandi bitemewe.

Polisi ivuga ko kubahiriza amabwiriza mu cyumweru cya Guma mu rugo abaturage bagomba kumva ko amakosa akorwa iyazi, kandi ko gutanga uruhushya bikorwa na polisi ndetse ko impushya zitangwa zisuzumwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka