Umunyarwanda Habamahoro Vincent kuri ubu ukinira ikipe ya Kiyovu Sports, akaba yaragiye muri AFC Leopards n’ubundi ari yo aturutsemo, yatsinze urubanza yarezemo iyi kipe bituma FIFA iyica amafaranga angana na Miliyoni 15.3 Frws

Habamahoro Vincent agomba kwishyurwa asaga Miliyoni 15 Frws
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru ku isi “FIFA” ryahise ritegeka iyi kipe yo muri Kenya guha Habamahoro Vincent ariya mafaranga bitarenze iminsi 45, itabyubahiriza igafatirwa ibindi bihano birimo kumara imyaka itatu itagura umukinnyi n’umwe.
Iyi kipe ya AFC Leopards yaciwe amafaranga nyuma yo kutubahiriza ibyari bikubiye mu masezerano yagiranye n’iyi kipe, ahoy amaze amezi ane itamuhemba bigatuma anatandukana nayo mu Kuboza 2019.
National Football League
Ohereza igitekerezo
|