#COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 61, abakize ni 33

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 23 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu 61 bashya banduye COVID-19, mu gihe abakize ari abantu 33.

Abo barwayi bashya 61 babonetse mu bipimo 2,084 bakaba barimo ababonetse i Kigali: 6, Muhanga: 21, Rubavu 16, Nyabihu: 10, Burera: 6, Musanze: 2.

Kugeza kuri uyu wa Mbere mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,726 muri bo abamaze gukira ni 5197, naho abakivurwa ni 482.

Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 47.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Ntibyoroshye nugushyiraho ingamba zikaze Muhanga kugera Ruhango ntibitabira kwambara udupfukamunwa hali naho ubona baakazi nyura kumuhanda urabibona inyuma yawo nibindi

lg yanditse ku itariki ya: 24-11-2020  →  Musubize

Muhanga ko bitoroshye?? Abahatuye dukaze ingamba zo kwirinda duhana intera, twambara agapfukamunwa, Kandi dukaraba intoki kenshi gashoboka.

Jean_Marie yanditse ku itariki ya: 24-11-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka