Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 09 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 21 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 18 bakize.
Abatuye mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze bavuga ko ibitero byabagabweho mu ijoro rishyira tariki 5 Ukwakira 2019 bigahitana abaturage 14, byabasigiye isomo ryo kwicungira umutekano, ku buryo ngo uwo babonye wese batamuzi muri ako gace bamusaba ibyangombwa.
Polisi y’u Rwanda iratangaza ko ikigo gisuzuma ubuziranenge bw’ibinyabiziga cyatangiye kwakira ubwoko bwose bw’ibinyabiziga.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG), Dr Bizimana Jean Damascène, aravuga ko kuba Charles Ndereyehe Ntahontuye yarekuwe n’u Buholandi nyuma y’igihe gito cyari gishize atawe muri yombi bidasobanuye ko kumukurikirana byahagaze.
Igisonga cya mbere cya Nyampinga w’u Rwanda 2015 Miss Uwase Raissa Vanessa, yabujijwe kwiyahura na nyina ndetse n’umuvandimwe we, mu gihe yageragezaga kwiyahura nk’uko yabyanditse ku mbuga nkoranyambaga (whatsapp).
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo Rwanda) cyatangaje ko imvura y’umuhindo wa 2020 izaba iri munsi gato y’imvura isanzwe iboneka mu bihe byiza by’umuhindo, mu bice byinshi by’igihugu.
Izindi mpunzi z’Abarundi zisaga 500 zirahaguruka i Mahama mu nkambi, zerekeze iwabo i Burundi kuri uyu wa Kane tariki 10 Nzeri 2020. Ni icyiciro cya kabiri kije gikurikira icya mbere cy’abatashye tariki 27 Kanama 2020.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 09 Nzeri 2020, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ya Paul Rusesabagina, ukekwaho kurema no kuyobora umutwe n’ihuriro ry’imitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare igizwe n’abahezanguni, irimo MRCD na PDR-Ihumure, ikorera mu bice bitandukanye mu karere no mu mahanga.
Abagore bacuruza imbuto mu Mujyi wa Gisenyi bongeye kwibasira imihanda nyuma yo gufungirwa isoko bari bashyiriweho n’ishyirahamwe ‘Femme active’. Abagore babarirwa mu 150 ni bo bari basanzwe bakorera mu isoko ry’imbuto ryashyizweho na ‘Femme active’ mu Mujyi wa Gisenyi ahazwi nko kwa Rujende.
Nyampinga w’u Rwanda 2020 Nishimwe Naomie, yatangije ibikorwa bizamara icyumweru ashishikariza urubyiruko guhangana n’ikibazo cy’inda ziterwa abangavu, mu Karere ka Nyaruguru.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatagiye iperereza ku itsinda ry’abantu biyita ’abamen’ bafatiwe mu bikorwa byo kwambura abantu bakoresheje amayeri menshi mu bihe bitandukanye.
Ku wa Kabiri tariki 8 Nzeri 2020, umunsi w’ibyishimo kuri Musenyeri Antoine Kambanda Arikiyepisikopi wa Kigali na Musenyeri Vincent Harolimana Umushumba wa Diosezi Gatolika ya Ruhengeri, bizihiza isabukuru y’imyaka 30 bamaze bahawe Ubusaseridoti na Papa Yohani Pawulo ll.
Ikipe y’Isonga yandikiye Ferwafa iyisaba kudaha ibyangombwa abakinnyi babiri barimo Iradukunda Axel na Hakizimana Adolphe kuko hari ibyo ibona Rayon Sports itubahirije
Ikipe ya Police FC yatangaje ko yamaze gusinyisha Patrick SIbomana amasezerano y’imyaka ibiri, aba umukinnyi wa karindwi iyi kipe isinyishije
Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku wa mbere tariki ya 7 Nzeri 2020 ryafashe Tuyisenge Jean Baptise w’imyaka 25, wari umucuruzi ukomeye w’ urumogi. We na bagenzi be bafatiwe mu Karere ka Rulindo mu Murenge wa Ntarabana mu Kagari ka Kiyanza, Umudugudu wa Kivubwe.
Amakuru agera kuri Kigali Today aravuga ko u Buholandi bwafashe Umunyarwanda Charles Ndereyehe washakishwaga n’u Rwanda kubera uruhare ashinjwa kugira muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rusizi iratangaza ko mu mpera z’icyumweru gishize yafashe abasore 15 bakurikiranyweho gushuka abaturage biyita abakozi b’ibigo by’itumanaho n’ubundi bwambuzi bushukana bakiba abaturage amafaranga. Bafatiwe mu Murenge wa Nyakarenzo mu tugari twa Murambi na Kanoga.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 30 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 36 bakize.
Umubyeyi wari mu ndege ari kumwe n’abana be ndetse n’umugabo we, yavuze ko yumvise afite icyokere, asohokera ahatemewe ajya gufata akayaga ku ibaba ry’indege. Iyo ndege yari imaze guhagarara (atterrir ) ahitwa i Kiev muri Ukraine. Kuva ubwo ariko yahise ashyirwa ku rutonde rw’abantu batemerewe kuzongera gukoresha indege za (…)
Abagize Inama Njyanama z’Utugari mu Karere ka Huye bavuga ko zarushaho gukora neza zigiye zigenerwa inyoroshyangendo, nk’uko bigenda kuri Njyanama z’Imirenge n’iz’Uturere.
Guhera mu kwezi kwa Nyakanga 2020, ubwo ibikorwa byo kubaka ibyumba by’amashuri bishya yari irimbanyije, abantu benshi bashakaga kubaka bakoresheje amatafari ahiye bahuye n’ikibazo kuko barayabuze, hakaba ubwo babona makeya ugereranyije n’ayo bifuzaga, kandi noneho ngo n’igiciro cyayo cyahise kizamuka.
Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), ushinzwe ubushakashatsi mu buhinzi no gusakaza ibyavuye mu bushakashatsi Dr. Bucagu Charles, arasaba abahinzi by’umwihariko abo mu turere tuzabonekamo imvura nke gutera imbuto hakiri kare, kugira ngo izacike imyaka iri hafi kwera.
Igihe Lionel Messi yatangazaga mu cyumweru cya mbere cya Nzeri ko azaguma mu ikipe ya FC Barcelone, ibyishimo byabaye byose muri Espagne.Messi ntabwo ari umukinnyi ubonetse wese.
Ethan Is Supreme, umusore w’imyak 17 wari umaze kwamamara kubera kwerekana ibintu by’ubwiza, yitabye Imana mu mpera z’icyumweru gishize, nyamara na n’ubu urupfu rwe rukomeje kwibazwaho.
Urubyiruko rw’abakorerabushake ruri gufatanya n’izindi nzego guhangana n’icyorezo cya COVID-19 ruravuga ko rwizeye kurandura iki cyorezo, kandi ko rugamije kugaragaza isura nziza aho kwishora mu ngeso mbi muri iki gihe benshi mu rubyiruko badafite icyo bakora.
Ibihugu bigize Umuryango ECOWAS byahaye icyumweru kimwe agatsiko k’abasirikare bahiritse ubutegetsi muri Mali, kakaba kashyizeho Perezida na Ministri w’Intebe b’abasivili.
Mu Mujyi wa Kigali mu Karere ka Gasabo mu Murenge wa Gisozi habereye impanuka kuri uyu wa Kabiri tariki 08 Nzeri 2020 ihitana abantu babiri.
Murenzi Abdallah wigeze kuyobora ikipe ya Rayon Sports, yasabye abakunzi ba Rayon Sports gushyira hamwe, anatangaza ko abona imbere hari ibisubizo byiza kuri Rayon Sports.
Abayobozi muri Senegal ku tariki 06 Nzeri 2020 batangije gahunda y’ubutabazi bwihuse hagamijwe guhangana n’ingaruka zasizwe n’imyuzure yatewe n’imvura yaguye ari nyinshi.
Leta yashyizeho ikigega cya Miliyari 100 z’Amafaranga y’u Rwanda yo kugoboka abacuruzi n’abandi banyemari ibikorwa byabo byazahaye kubera Covid-19, hakaba hari ibyo bagomba kuba bujuje kugira ngo bagurizwe kuko iyo nguzanyo idahabwa bose.
Mu gihe hasigaye amezi abiri gusa ngo amatora y’umukuru w’igihugu muri Leta zunze ubumwe za Amerika abe, ibitabo byandikwa kuri Donald Trump bikomeje kwiyongera.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 07 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 35 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 36 bakize.
Ubuyobozi bwa JALI Investment Ltd butangaza ko bugiye kubaka ahahagarara imodoka zitwara abagenzi hazwi nka ‘Gare’ hazaba ari aha mbere mu Rwanda kurenza aho bamaze kubaka.
U Rwanda rwakiriye impano y’ibikoresho byo kwifashisha mu kuvura Covid-19 byatanzwe n’igihugu cya Misiri, bikaba bigizwe n’imyambaro irinda abaganga n’abandi bita ku barwaye icyo cyorezo.
Amakuru y’urupfu rwa Prof. Jean Bosco Gahutu yasakaye ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere tariki 07 Nzeri 2020.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 07 Nzeri 2020 yakiriye mu biro bye abayobozi H.E Hailemariam Desalegn na Dr. Agnes Kalibata b’Umuryango nyafurika uharanira iterambere ry’ubuhinzi (AGRA).
Mu gihe Kigali imaze iminsi irangwa n’imicyo ndetse n’ubushyuhe, kuri uyu wa Mbere ikirere cyahindutse kuva mu gitondo bitewe n’ibicu byagaragaraga ko bishaka gutanga imvura.
Nyuma yo kubisabwa n’inzego ziyikuriye, Polisi y’u Rwanda yatangaje uburyo igiye guca ibikorwa na bamwe mu bapolisi bayihesha isura mbi, barasa mu cyico (gukoresha ingufu z’umurengera) abakurikiranyweho ibyaha.
Leta zunze ubumwe za Amerika zasohoye raporo ivuga ko u Bushinwa buri mu mugambi wo gushyira igisirikare mu bihugu bya Afurika. Umwuka wo kwishishanya hagati y’ibi bihugu bibiri bikomeye, gushingiye ku ntambara y’ubucuruzi ‘trade war’, kongeye kugira imbaraga muri aya mezi ya covid-19.
Mu kiganiro umunyarwenya Nkusi Arthur utegura igitaramo ngaruka kwezi Seka Live yagiranye na KT Radio, yavuze ko nta mafaranga icyo gitaramo kiratangira kumwinjiriza.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, avuga ko abakoze ibyaha byagize ingaruka ku mateka y’Abanyarwanda ndetse n’ibindi byaha ibyo ari byo byose, ubutabera buzabasanga aho bazaba bari hose.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwandikira FERWAFA isaba ko ibihano yahawe na Ferwafa byo kutandikisha abakinnyi byasubikwa
Akanama gashinzwe imyitwarire muri FERWAFA katangaje ko ikipe ya Rayon Sports itemerewe kugira umukinnyi mushya yandikisha, igihe cyose itarishyura umutoza Ivan Minnaert.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri iki Cyumweru tariki 06 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 25 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 36 bakize.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yagiranye ikiganiro n’Ikigo cy’Igihugu cy’itangazamakuru (RBA) kuri iki cyumweru tariki 06 Nzeri 2020, avuga ko nta cyaha cyakozwe mu kuza kwa Rusesabagina mu Rwanda uretse kubeshywa.
Perezida wa Republika Paul Kagame yavuze ko ibibazo biri muri Rayon Sports yabyumvise kandi ko yabishinze Minisitiri wa Siporo Munyangaju Aurore Mimosa, akaba yizeye ko biri mu nzira zo gukemuka.