Rusizi: Abagabo 10 batawe muri yombi bashinjwa gutera inda abangavu

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko rufatanyije n’izindi nzego mu Karere ka Rusizi rwafashe abagabo 10 bakekwaho gusambanya abangavu bakabatera inda.

RIB ibinyujije kuri Twitter yatangaje ko abafashwe ubu bafungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Muganza mu gihe iperereza rikomeje kugira ngo hakorwe amadosiye ashyikirizwa Ubushinjacyaha.

RIB yaboneyeho kongera kwihanangiriza umuntu wese ushora abana n’abangavu mu busambanyi kuko bibagiraho ingaruka mbi ku buzima no kubabuza ejo hazaza heza kandi inibutsa ko ari icyaha gihanisha ibihano bikomeye uwagikoze.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

nukuri izo nyanga Rwanda zangiza abana barwo nizikanirwe uruzikwiye kdi zirahari nyinshi naho ubundi ntaho twaba tugana, iryo terambere tuvuga ryazahera mu nyandiko mu gihe ingengo y’imari yajya irangirira mu kwita kuri abo bana na ba nyina baba badafite imibereho bitewe no kubyara imburagihe

Eric Niyigena yanditse ku itariki ya: 24-10-2020  →  Musubize

Nshimiye inzego zabigizemo uruhare,kandi byaba byiza bikomeje no mugihugu hose.kandi amategeko agakurikizwa nta kujenjeka

nzeyumwami alfred yanditse ku itariki ya: 23-10-2020  →  Musubize

RIB se ibonako bazagera ku ntego ngo nuko bafunze abateye amada?. Ese izo nda ziterwa ku ngufu zose?. Umuti urambye nibigishe abo bangavu kuvuga oya!, Naho gufunga ababateye amada ni ukwiteranya.

Theogene yanditse ku itariki ya: 23-10-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka