Amakuru yageze kuri Kigali Today aravuga ko Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rugiye guteza cyamunara Umubano Hotel, yarimaze imyaka itatu icungwa n’ikigo cy’amahoteli kitwa Marasa.
Umugabo w’imyaka 61 wo mu Kagari ka Karambo mu Murenge wa Kibirizi mu Karere ka Nyamagabe, yafashwe asambanya umukobwa w’imyaka 42 ufite ubumuga bwo mu mutwe.
Guverineri wa Leta ya Kaduna muri Nigeria Nasir El Rufai, yamaze gusinya itegeko riteganya igihano cyo gushahura (guca igitsina) abagabo bahamijwe icyaha cyo gusambanya abana bato.
Ikipe ya Rayon Sports yasabwe kwishyura umukinnyi Kakule Mugheni Fabrice wari warayireze muri Ferwafa, bigakorwa bitarenze iminsi itanu
Abagabo babiri bo mu Kagari ka Kibatsi mu Murenge wa Rukira mu Karere ka Ngoma, barwariye mu bitaro bya Kibungo, nyuma yo guturikanwa n’ingunguru ubwo bari batetse kanyanga, bibaviramo gukomereka mu buryo bukomeye.
Abaturage bo mu Karere ka Burera bakomeje gushyingura abahitanwa n’ibiyobyabwenge, aho mu mezi umunani ashize abantu 28 muri ako karere bishwe n’ibiyobyabwenge.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB), cyongereye igihe cyo gupiganira imyanya yo kuyobora amashuri yisumbuye, kugeza tariki ya 21 Nzeri 2020, kandi cyemerera abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza gupiganira kuyobora amashuri yisumbuye.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe kugenzura imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC), yihanangirije Inama Nkuru Uburezi (HEC) iyisaba gukosora amakosa y’imicungire y’umutungo yagiye agaragazwa n’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta mu bihe bitandukanye.
Ikipe ya Rayon Sports yamaze kwemeza ko igiye kujyana ikirego cyayo muri CAF, nyuma yaho FERWAFA ibahaye umwanzuro batishimiye.
Ku mugoroba wa tariki ya 15 Nzeri 2020, ni bwo Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Katabagemu mu Kagari ka Rugoma, yasanze abantu 27 bicaye mu kabari banywa inzoga z’inkorano.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF) ryamaganye icyemezo cy’urukiko rugendera ku matwara ya kisilamu cyo kuba rwakatiye umwana w’imyaka 13 igifungo cy’imyaka 10 kubera kurenga ku mategeko akomeye y’idini ya Isilamu.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) iravuga ko kuba igiciro cy’ibirayi gikomeje kuzamuka bidakwiye guca igikuba kuko ngo bisanzwe ko mu gihembwe cy’ihinga C umusaruro uba muke ku isoko ibirayi bikazamuka kugera ku mafaranga 500 ku kilo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Gatatu tariki 16 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 10 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 22 bakize.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) ifatanyije n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe kwihutisha Iterambere (RDB) batangaje amabwiriza agenga imikorere ya Resitora, Hoteli n’andi macumbi muri ibi bihe byo kwirinda icyorezo cya COVID-19.
Abatuye mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Gishuro mu Murenge wa Tabagwe bavuga ko gukorera hamwe bizafasha abafite ubumuga, abakecuru n’abasaza batabashije guhinga kubona umusaruro.
Nemeye Platini usigaye akoresha izina ry’ubuhanzi rya Platini P yavuze ku bavuga ko abahanzi b’ubu bakoresha amagambo y’urukozasoni abandi bita ibishegu, asobanura ko na kera byahoze mu Kinyarwanda.
Umuhuzabikorwa w’ishami rishinzwe kurwanya ihohoterwa no kwita ku bahuye na ryo muri Polisi yo muri Ghana, Superintendent George Appiah-Sakyi yaburiye abantu ko, ari cyaha kuba umugabo yakwanga ibiryo yateguriwe n’umugore we, asobanura ko iyo myitwarire ifatwa nk’ihohoterwa rikora ku marangamutima (emotional abuse).
Umuyobozi w’Ikipe ya Bugesera FC, Gahigi Jean Claude, ari mu maboko y’Ubushinjacyaha, akaba akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato.
Umuaperi Jay Polly arateganya gutaramira i Dubai mu nzu iberamo imyidagaduro yitwa Venom Deira ikunze kwidagaduriramo abantu bo muri Afurika y’Iburasirazuba baba bari i Dubai ku mpamvu z’ubucuruzi cyangwa se bagiye gutembera.
Urukiko Rukuru rwa Gisirikare rukomeje kumva ubwiregure bw’abashinjwa kujya mu mitwe y’iterabwoba yitwara gisirikare cyangwa kurema imitwe nk’iyo itemewe irimo FLN na P5 ikuriwe n’umutwe wa RNC, yose igamije guhungabanya umutekano w’u Rwanda no kugirira nabi ubutegetsi buriho.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’igihugu cy’ubuzima RBC buvuga ko ubuke bw’ibipimo bya coronavirus burimo gufatwa muri iyi minsi burimo guterwa no kuba abantu bahuye n’abanduye covid-19 batangazwa buri munsi ari bake.
Umuraperikazi Cardi B nyuma y’imyaka itatu akoze ubukwe na Offset wo mu itsinda rya Migos, yasabye gatanya anasaba ko yagumana umwana wabo Kulture.
Inteko Ishinga Amategeko y’u Buyapani yatoye Yoshihide Suga nka Minisitiri w’intebe mushya w’iki gihugu, nyuma y’iyegura rya Shinzo Abe wari usanzwe kuri uwo mwanya.
Kuwa kabiri tariki ya 15 Nzeli 2020, ni bwo abo mu muryango wa Taylor Breonna batangaje ko batagikomeje kurega ngo bahabwe ubutabera, bitewe n’ibyo bumvikanye n’Ubuyobozi bw’Umujyi wa Louisville muri Kentucky.
Alex Harlley ukomoka muri Togo, akaba na mwishywa wa Emmanuel Adebayor wari uherutse gusinyira ikipe ya Rayon Sports, yamaze guhindura gahunda zo gusinyira Rayon Sports.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Rubavu mu Murenge wa Gisenyi, yatangaje ko ku wa mbere tariki ya 14 Nzeri yafashe Muhawenimana Claire w’imyaka 26, afatanywe inoti z’ijana 37 z’amadorali ya Amerika y’amahimbano.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yagaragaje ifoto ye ateruye umwuzukuru we, avuga ko yagize ibihe byiza mu mpera z’icyumweru ubwo yari kumwe n’uwo mwana.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 22 bashya banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 31 bakize.
Abatuye mu Murenge wa Ruramba mu Karere ka Nyaruguru bahangayikishijwe n’uko babona igihe cy’ihinga cyageze nyamara bakaba babona nta mvura iri kugwa.
Bamwe mu barwanyi b’umutwe w’iterabwoba wa RNC bongeye kwisobanura imbere y’urukiko rwa Gisirikare i Kigali, 11 muri bo bakaba ari bo bireguye ku cyaha cyo kujya mu mutwe w’iterabwoba witwara gisirikare, aho bose batunze urutoki Maj (Rtd) Habib Mudathiru wari umuyobozi wabo, nk’uwahamya ko bajyanywe muri uwo mutwe ku gahato.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) rirateganya ko mu gihe cy’imvura kigiye kuza (Automne) ubwandu bwa Coronavirus bushobora kwiyongera cyane i Burayi.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 15 Nzeri 2020 nibwo icyiciro cya mbere cy’abahatanira igihembo cya miliyoni 10 kuri buri wese cyatangiye.
Amakuru yatangajwe n’umuryango w’uwahoze ari Perezida wa Mali Général Moussa Traoré aravuga ko yitabye Imana kuri uyu wa kabiri tariki 15 Nzeri 2020.
Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi(MINAGRI) ku bufatanye n’Ikigega Mpuzamahanga giteza imbere Ubuhinzi (IFAD), yatangije umushinga uzamara imyaka itandatu mu Karere ka Kayonza, urwanya amapfa mu mirenge umunani yibasiwe n’izuba.
Polisi ikorera mu Karere ka Nyagatare mu Murenge wa Kiyombe tariki ya 13 Nzeri 2020 yatesheje abantu litiro 87 z’ikiyobyabwenge cya Kanyanga barimo kuyinjiza mu Rwanda. Aba kandi bari banafite ibibabi ibihumbi 28 by’itabi ry’igikamba. Tariki ya 14 Nzeri 2020 undi muturage wo mu Murenge wa Rwempasha witwa Maherezo Eric (…)
Umubyeyi twahaye amazina ya Murekatete Esperance wo mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, avuga ko hashize imyaka ine umugabo amutanye abana batatu babyaranye amuziza ko afite ubumuga.
Ambasade ya Uganda mu Rwanda iratangaza ko kuri uyu wa Kabiri tariki 15 Nzeri 2020, yabashije gucyura Abagande 100 ku barenga 350 bari baraheze mu Rwanda kubera icyorezo cya Covid-19.
Ku bakunda kwambara ibyakozwe na Kompanyi Louis Vuitton (LV) bagiye kujya bagura ibikoresho byo kwirinda mu maso cyane cyane muri iki gihe cya COVID-19 bizwi nka ‘Face Shield’ ku giciro cy’Amadolari ya Amerika 946 (angana n’Amafaranga y’u Rwanda 916,575) guhera tariki 30 Ukwakira 2020.
Igishushanyo mbonera kigaragaza imikoreshereze y’ubutaka ku rwego rw’igihugu mu myaka mirongo itatu iri imbere, giherutse gushyirwa ahagaragara, kigaragaza ko mu Mijyi itatu izaba yunganira Kigali (satellite cities) harimo Umujyi wa Nyamata mu Karere ka Bugesera, Rwamagana ndetse na Muhanga.
Abahinzi b’ibigori mu Karere ka Ggatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, baratangaza ko batangiye guhabwa imbuto.
Mu mvugo y’ubu gushyira hanze indirimbo nshya babyita ‘gukubita hanze cyangwa hasi umuzigo’, Alyn Sano akaba yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Perimana’, nyuma y’indirimbo ‘Amabara’ yari imaze iminsi ashyize hanze.
Umukoloni w’umunyaIsiraheri yakatiwe igifungo cya burundu, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwica umwana w’uruhinja hamwe n’ababyeyi be, abatwikiye mu nzu bari batuyemo muri Nyakanga 2015, mu gace ka Douma kari mu Majyaruguru ya Cisjordanie, Intara ya Palestina iri mu maboko ya Isiraheri kuva mu 1967.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwikorezi (RTDA) kiratangaza ko bitarenze ukwezi kwa Werurwe umwaka utaha wa 2021 kizaba kimaze gusana ibikorwa remezo by’ibiraro n’imihanda byangijwe n’ibiza by’imvura mu Turere twa Ngororero, Gakenke, Nyabihu na Muhanga.
Nyuma y’uko byagaragaye ko umubare w’abanduye indwara ya Coronavirus ugenda wiyongera muri rusange, i Huye hashyizwe santere yo kubavuriramo.
Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda “FERWAFA”, ryamaze gutangaza amabwiriza agomba kubahrizwa n’amakipe mbere y’uko shampiyona itangira.
Ubushakashatsi buheruka bwerekanye ko abana bamara amasaha menshi kuri mudasobwa cyangwa bareba televiziyo, bibangiza ubwonko bikabagabanyiriza n’ubushobozi bwo gufata ibyo biga.
Mugisha Benjamin uzwi nka The Ben ni we muhanzi nyarwanda umwe uri ku rutonde rw’abahatanira ibihembo mpuzamahanga ku rwego rwa Afurika byitwa AFRIMMA 2020. Kuri urwo rutonde kandi hariho umubyinnyi Sherry Silver uba i London mu Bwongereza ufite inkomoko mu Rwanda.
Umuraperi Jay Polly kuri ubu arabarizwa i Dubai aho yajyanye n’itsinda rye gushaka ibikoresho bya studio ye nshya y’amajwi n’amashusho.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 14 Nzeri 2020, mu Rwanda habonetse abantu 11 banduye icyorezo cya COVID-19, mu gihe abandi 180 bakize.