Ibyo ni ibyatangajwe na Dr Sabin Nsanzimana, Umuyobozi Mukuru wa RBC, mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru The New Times, avuga ko u Rwanda rwiteguye kwakira izo nkingo ariko kandi ko runiteguye kuzahita rutangira gukingira.
Inkingo ngo zatumijwe ahantu hatandukanye zikorerwa, igikuru ngo ni uko zizaba zaremejwe n’inzobere z’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS).
Dr Nsanzimana agira ati “Twatumije miliyoni imwe y’inkingo zihutirwa kandi mu gihe icyo ari cyo cyose cya vuba zatugeraho. Twizera ko mu kwezi gutaha kwa Gashyantare cyangwa mbere yaho, icyiciro cya mbere cy’izo nkingo cyaba cyatugezeho”.
U Rwanda rwateganyije gahunda yo gukingira izamara imyaka ibiri, ngo hakazaba hakingiwe abagera kuri 60% by’abaturage bose, Leta ikaba izakenera miliyoni 124 z’Amadolari ya Amerika.
Ayo mafaranga ngo ni ayo kugura inkingo ndetse n’ibindi bikenerwa bigendanye na zo, ikaba ari gahunda y’ikingira ry’icyo cyorezo mu gihe cy’imyaka ibiri, bikaba biteganyijwe ko abantu miliyoni umunani (8) bazaba bakingiwe.
Inkingo zizaza mu Rwanda ahanini ngo ni izikorerwa mu bihugu by’i Burayi nk’uko Dr Nsanzimana abisobanura.
Ati “Turimo gukorana n’ihuriro ry’ibihugu rya Covax ribifasha kuzabona inkingo mu buryo bwihuse. Iyo unyuze muri iryo huriro, mu gihe urukingo ubundi ruboneka ku Madolari ya Amerika 19, ho ushobora kurubona no munsi y’igice cy’ayo”.
Biciye muri Covax, ibihugu byose hatitawe ku bukungu bwabyo, bifite uburenganzira bungana bwo kubona inkingo mu gihe zizaba zabonetse, intego ikaba ari uko mbere y’uko uyu mwaka wa 2021 urangira haba habonetse miliyari ebyiri z’inkingo, iyo ngo ikaba ari na yo nzira u Rwanda ruzanyuramo nk’uko Dr Nsanzimana abivuga.
Ati “Ni muri iyo nzira duteganya kubonamo miliyoni imwe y’inkingo za Pfizer, tukaba turimo kureba n’abandi bazikora ariko bari muri Covax. Inkingo zizaza mu byiciro, icyiciro cya mbere kikazaba kigizwe n’izo zingana na miliyoni imwe”.
Ku bijyanye n’ubwikorezi ndetse no kubika izo nkingo, Dr Nsanzimana avuga ko uko byamera kose u Rwanda rwiteguye, cyane ko ruherutse kubona ibyuma bitanu byo kuzibika bikonjesha bihagije kandi hategerejwe ibindi.
Ati “Turiteguye bihagije kuko muri buri Ntara hariyo icyuma gikonjesha mu rwego rwo hejuru kandi hari n’ibindi bikoresho byo kugeza inkingo mu turere zikonje uko bikwiye”.
Avuga kandi ko inkingo zizatangwa mu byiciro, icyiciro cya mbere kikazahabwa abari mu nzego z’ubuvuzi, abafite imyaka iri hejuru 65 n’abafite ubudahangarwa bw’umubiri buri hasi nk’abarwaye kanseri, diyabete, SIDA n’izindi ndwara zidakira.
Uwo muyobozi avuga kandi ko abazakora ikingira rya Covid-19 bamaze gutegurwa, kuko bamaze iminsi bahabwa amahugurwa yo kwiyibutsa gukingira, bityo bakaba biteguye gutangira ako kazi mu gihe cya vuba gishoboka.
Inkuru zijyanye na: Coronavirus
- Inkingo za Covid-19 zatangiye kugezwa mu turere
- Abakwirakwiza ibihuha ku nkingo za Covid-19 bagamije kuzitesha agaciro - Dr Ngamije
- Ni inkuru nziza kubona inkingo za COVID-19 zigeze muri Afurika – Perezida Kagame
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 87, ntawapfuye
- Icyiciro cya kabiri cy’inkingo zo muri Covax kigeze i Kigali
- Imyiteguro yo gukingira abantu Covid-19 irarimbanyije – MINISANTE
- Video: U Rwanda ruzakoresha asaga miliyari 49Frw mu kugura inkingo za Covid-19
- Mu Rwanda umuntu umwe yishwe na #COVID19, abakize ni 150
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na #COVID19, abakize ni icyenda
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 60, abarembye ni 8
- Mu Rwanda abantu batatu bishwe na COVID-19, abarembye ni 11
- Abanyeshuri bose bazajya mu biruhuko tariki 02 Mata 2021
- RBC na Kaminuza y’u Rwanda bagiye gukusanya amakuru azafasha mu kumenya icyerekezo cya Covid-19
- #COVID19: Mu Rwanda habonetse abanduye bashya 136, abakize ni 23
- U Bushinwa buhakana ibyo gupima Covid-19 Abanyamerika mu kibuno
- Dore uko uturere duhagaze mu kugira abanduye Covid-19
- Mu Rwanda abantu bane bishwe na #COVID19
- #COVID19: Habonetse abanduye bashya 118, abakirwaye bose hamwe ni 925
- Ghana ibaye Igihugu cya mbere gihawe inkingo muri gahunda y’inkunga ya COVAX
- Hari ibigo byanze kwimura abana b’incuke, ntibyashimisha ababyeyi
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Bjr KToday
Umutwe w’inkuru ntusobanuye neza.
U Rwanda ntago rwatumije inkong miliyoni ni doze miliyon y’urukingo rwa covid19 ubanza umwanditsi yibeshyemo gake munkuru.