Mugabe Aristide yasezeye ku gukina Basketball by’umwuga

Mugabe Aristide wamenyekanye mu mukino wa Basketball mu Rwanda yasezeye ku gukina Basketball nk’uwabigize umwuga.

Mugabe Aristide yasezeye ku gukina Basketball nk'uwabigize umwuga
Mugabe Aristide yasezeye ku gukina Basketball nk’uwabigize umwuga

Abinyujije ku mbuga nkoranya mbaga ze, Mugabe Aristide yatangaje ko asezeye ku gukina umukino wa Basketball nkuwabigize umwuga, imyaka 3 nyuma yo gusezera mu ikipe y’igihugu.

Mu magambo yashyize ku rukuta rwe rwa (X) yagize ati: “Nyuma y’imyaka 18 ntangaje ko nsezeye gukina Basketball. Shimwa Mana, Ndashimira buri wese wagize uruhare muri uru rugendo, Umuryango wa njye n’inshuti, Abatoza bose,abakinnyi twakinanye, abo twari duhanganye, abafana ndetse n’abareberera amakipe”

Mugabe Aristide w’imyaka 37 y’amavuko yakiniye amakipe atandukanye mu Rwanda arimo Rusizi BBC kuva mu 2007 kugeza mu 2009 aho yaje kuyivamo akerekeza muri Espoir BBC yayikiniye kuva mu 2009 akayivamo muri 2015 akerekeza muri Patriots BBC yari ivutse nayo yaje kuvamo muri 2023 yerekeza muri Kepler Basketball Club.

Ikipe ya Patriots BBC yakiniye igihe kirekire yahisemo kubika burundu nomero 88 uyu mukinnyi yambaraga
Ikipe ya Patriots BBC yakiniye igihe kirekire yahisemo kubika burundu nomero 88 uyu mukinnyi yambaraga

Kuva mu 2011 mu gikombe cy’Afurika nibwo yatangiye gukinira ikipe y’igihugu ya Basketball y’abakuru mu marushanwa atandukanye mpuzamahanga. Kuva icyo gihe yari umwe mu bari bafatiye runini ikipe y’igihugu.

Mugabe Aristide yashyize akadomo ku gukinira ikipe y’igihugu muri 2022 aho yatangiye urugendo rwo gukinira ikipe y’igihugu muri 2011 asezera amaze imyaka 11 mu ikipe y’igihugu ya Basketball.

Aristide Mugabe yagiye afatwa nk’inkingi ya mwamba mu mukino wa basketball yaba muri shampiyona imbere mu gihugu mu makipe yose yakiniye ndetse no mu ikipe y’igihugu aho yasezeye ari umukinnyi uyobora abanda (Captain) inshingano yahawe kuva muri 2013 kujyeza muri 2019.
Amwe mu marushanwa mpuzamahanga Mugabe Aristide yakinnye harimo nk’igikombe cy’Afurika (Afrobasket) aho yagaragaye muri iri rushanwa ishuro zirenga eshatu zirimo iryabaye muri 2011, 2013, ndetse na 2017.

Mugabe Aristide ubu arabarizwa muri Kepler BBC
Mugabe Aristide ubu arabarizwa muri Kepler BBC

Irushanwa rye rya nyuma yakinnye mu ikipe y’igihugu ryari amarushanwa yo gushaka itike y’igikombe cy’isi (FIBA World Cup qualifiers) irushanwa ryabereye i Dakar muri Senegal.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka