Ku Cyumweru tariki ya 01 Werurwe 2026 ni bwo irushanwa ryo gusiganwa ku magare rimenyerewe nka Tour du Rwanda rimaze iminsi rikinirwa mu Rwanda rizasozwa, Umujyi wa Kigali ukaba wateguye ibirori bikomeye bizabera aho rizasorezwa, ku mbuga ya Kigali Convention Center (KCC).
Ubundi iyo abanyabirori bumvishe weekend y’umuganda bayihuza na weekend y’ibirori bidasanzwe. Mu gihe iyi weekend turimo gusoza yahuye n’impera z’ukwezi kwa Gashyantare n’itangira rya Werurwe, hari gahunda nyinshi ziteganjijwe zirimo ibitaramo by’abahanzi, imurikagurisha ry’ibiribwa, imikino, ingendo zo gusura za pariki (…)
Umuhanzikazi Bwiza Emerance akomeje imyiteguro yo kwerekeza ku mugabane w’u Burayi, aho ategerejwe mu gitaramo kizabera i Stockholm muri Sweden, mu rwego rwo kwizihiza Umunsi Mpuzamahanga w’Abagore.
Umuhanzi Mani Martin agiye kongera gutaramira mu gihugu cy’u Buyapani mu bitaramo bizenguruka imijyi itandukanye, agamije kumenyekanisha Album ye ya karindwi aherutse gushyira hanze yise ’Rebirth’.
Urubanza rw’ubujurire Claude Muhayimana ashinjwamo ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi birimo ubufatanyacyaha mu byaha bya Jenoside n’ibyaha byibasiye inyokomuntu, ku wa 24 Gashyantare 2026 yatangiye kwisobanura, urukiko rumushinja kunyuranya mu mvugo.
Abahinga mu gishanga cya Rugeramigozi ya kabiri mu Murenge wa Shyogwe, batangiye guhinga Soya ku buso busaga hegitari 40, mu rwego rwo kongera umusaruro w’ibinyamisogwe mu byanya bigega by’ibiribwa (FOBASI) mu Karere ka Muhanga.
Kuri uyu wa Kane, Umudage Zemke Jermaine w’myaka 20 y’amavuko ukinira ikipe ya Rembe Rad-Net yegukanye Agace ka Gatanu ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 82 kakinwe hazengurukwa Umujyi wa Rubavu abasiganwa bagezemo ku wa 25 Gashyantare 2026 hakina agace ka kane katurutse mu Karere ka Karongi.
Mu mategeko y’u Rwanda, umwana ufite imyaka 16 yemerewe gukora akazi, ariko hari imirimo aba atemerewe gukora, ku buryo n’uyimukoresheje aba akoze icyaha gihanwa n’amategeko.
Mu rubanza rw’ubujurire rwa Jean Claude Muhayimana rubera mu Rukiko rwa Rubanda i Paris ku byaha bifitanye isano na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, umutangabuhamya yavuze ko yiboneye imodoka y’uregwa mu bikorwa by’urugomo n’ubugome byabereye mu Karere ka Karongi.
U Rwanda rwakiriye irindi tsinda ry’impunzi n’abasaba ubuhungiro 164 baturutse muri Libya. Bageze mu Rwanda mu ijoro rishyira kuri uyu wa Kane tariki 26 Gashyantare 2026. Barimo abakomoka muri Eritrea 19, Sudani 143 ndetse n’uwo muri Ethiopia umwe (1). Bakaba bahise boherezwa mu Nkambi y’agateganyo ya Gashora iherereye mu (…)
Ambasaderi Festus Bizimana yashyikirije Perezida José Maria Neves wa Cabo Verde, impapuro zimuhesha uburenganzira bwo guhagararira u Rwanda muri icyo gihugu akaba afite icyicaro i Dakar muri Sénégal.
Ikipe ya Rayon Sports yanganyije na Al Hilal SC mu mukino w’ikirarane cy’umunsi wa 19 wa Rwanda Premier League yongera gutanga ikizere cyo kuzanzamuka.
Abadepite bagaragaje impungenge ku idindira ry’umushinga w’ubwato bwa Nkombo (Nkombo Boat II), bwagombaga kujya bukora ingendo hagati ya Rusizi na Rubavu butwaye abagenzi, nyuma y’uko bigaragaye ko hakenewe asaga Miliyari 8.2 Frw kugira ngo busanwe kandi burangire.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yakiriye mu biro bye intumwa 25 zigizwe n’abayobozi bo ku rwego mpuzamahanga bagize itsinda rya Dialog Group.
Ubuyobozi bw’Umuryango FPR Inkotanyi mu Karere ka Muhanga, buributsa abafite za Resitora kwita ku isuku y’aho bategurira n’aho bakirira amafunguro, kugira ngo batangiza ubuzima bw’abo bakira.
Banki ya Kigali (BK) igiye gutanga inguzanyo igera kuri Miliyari imwe y’amafaranga y’u Rwanda (1,000,000,000Frw) ku bahanzi Nyarwanda. Ni gahunda yatangijwe ku mugaragaro n’ubuyobozi bwa BK, ku bufatanye na Minisiteri y’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi (MoYA), ku mugoroba wo ku wa 24 Gashyantare 2026, hagamijwe kugira ngo (…)
Kuri uyu wa Gatatu, De Clercq Matthijs ukinira ikipe Soudal Quick Step yegukanye agace ka kane ka Tour du Rwanda 2026 kangana n’ibilometero 127.2 kahagurukiye mu Karere Karongi kagasorezwa rwagati mu Mujyi wa Rubavu.
Ubuhamya n’ibiganiro bitangwa n’Urwego rw’ubugenzacyaha (RIB) ku cyaha cy’icuruzwa ry’abantu no gushakira inyungu ku bandi, bigaragaza ko impamvu zikururira abantu gucuruzwa harimo kwizezwa inyungu z’amafaranga n’uburangare bw’ababyeyi ku bana babo bagiye gushaka akazi.
Hashize igihe kinini havugwa ikibazo cy’abivuriza kuri Mituweli ku bigo nderabuzima, ariko imiti bandikiwe ntibayihabwe cyangwa bakabona mike, bikaba ngombwa ko bajya kuyigurira kuri farumasi, abatabishoboye bagatahira aho.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga mu Itumanaho na Inovasiyo (MINICT), Ingabire Paula, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2026 yasobanuriye Inteko, Umutwe wa Sena aho gukoresha indangamuntu nkorabuhanga bigeze.
Isuzuma ry’imikorere y’Inama Njyanama z’Imirenge 15 igize Akarere ka Bugesera mu mwaka ushize, ryashyize Inama Njyanama y’Umurenge wa Nyamata ku mwanya wa mbere mu gukora neza, n’amanota 98% mu mirenge 15. Inama Njyanama y’Umurenge wa Ruhuha yaje ku mwanya wa kabiri n‘amanota 97%. Imirenge ya Juru na Ngeruka yaje ku mwanya (…)
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Minisitiri Wungirije w’Ububanyi n’Amahanga w’Ubwami bwa Arabie Saoudite, Waleed bin Abdulkarim El-Khereiji, bagirana ibiganiro byibanze ku kurushaho gushimangira umubano mwiza usanzwe hagati y’u Rwanda na Arabie Saoudite, by’umwihariko mu nzego (…)
Nubwo ururimi ari imwe mu nkingi ikomeye mu zigize umuco n’amateka by’Igihugu, urubyiruko rw’Abanyarwanda ruba mu mahanga runenga bamwe mu babyeyi kutagira ubushake bwo kwigisha abana babo Ikinyarwanda.
U Rwanda na Give Directly uyu munsi basinyanye amasezerano y’imyaka itanu agamije kwihutisha gahunda zo kurwanya ubukene (Poverty Acceleration Co-Financing Basket Fund Framework Agreement).
Kuri uyu wa Kabiri, hakinwe agace ka gatatu ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye mu Karere ka Huye kagasorezwa I Rusizi ku bilometero 145.3 kegukanwe na Jurgen Zomermaand ukinira ikipe ya Development Team Picnic PostNL mu gihe Umunyarwanda waje hafi yabaye uwa 11.
Ibihangange mu mukino w’iteramakofe, Floyd Mayweather na Manny Pacquiao bagiye kongera guhurira mu mukino wa mbere w’iteramakofe w’ababigize umwuga uzabera muri Sphere i Las Vegas.
Ubusesenguzi bwimbitse bwakorewe mu bigo ngororamuco mu Rwanda, bwerekanye ko 74% by’ababijyanwamo batarangije amashuri abanza, ndetse ko 17% muri bo batazi gusoma no kwandika, bivuze ko batigeze bagera mu ishuri.
Imitangire y’umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza umenyerewe nka Mituweli yajemo impinduka, haba mu mafaranga yishyurwa, ndetse n’inkomoko y’amafaranga.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi bw’Ibanze (REB), kiratangaza ko amashuri yose ari mu nshingano zacyo, azaba yagejejweho ibikoresho by’ikoranabuhanga ndetse na murandasi (Internet) bitarenze uyu mwaka wa 2026.
Ubutabera nsanasano cyangwa Plea Bargaining mu ndimi z’amahanga, ni ubukorwa hakurikijwe amasezerano y’ubwumvikane hagati y’Ubushinjacyaha n’uwakoze icyaha, cyangwa ku kwemera icyaha ku bushake ndetse n’uwagikorewe, bityo bikoroshya inzira y’ubutabera, kandi impande zombi zikabyungukiramo.
Urubyiruko rw’abahungu n’abakobwa 20 rwaturutse mu turere dutandukanye tw’u Rwanda rwashoje rwiyongereye ku rutonde rw’abahindura ubumenyi mu ikoranabuhanga mo ibisubizo bifatika mu Rwanda.
Ministeri y’Uburezi ibinyujije mu kigo cy’Igihugu Gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) yateguye inama nyunguranabitekerezo yahuje abafatanyabikorwa mu burezi mu rwego rwo kubafasha gusobanukirwa neza isuzuma rya Programme for International Students Assements (PISA).
Abagororwa bitegura gusoza ibihano by’ibyaha bahamijwe ku ruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, basabwe gukurikira no kuzirikana inyigisho bateguriwe kuko zizabafasha kurushaho kubana neza n’abo basanze ndetse no kwimakaza Ubumwe n’Ubudaheranwa.
Kuri uyu wa Mbere, Umunya-Espagne Marti Soriano Pau yegukanye agace kabiri ka Tour du Rwanda 2026 kahagurukiye i Nyamata mu karere ka Bugesera kagasorezwa mu Mujyi wa Huye kanganaga n’ibilometero 134 na metero 600 akoresheje amasaha atatu, iminota icumi,amasegonda icumi n’ibyijana 30 akurikirwa n’Umunya-Eritrea Henok (…)
Mugihe shampiyona ya volleyball isa ni gana ku musozo, amakipe amwe yamaze kubona itike ya kamarampaka mugihe abandi bagitegereje umunsi wa nyuma.
Birazwi neza ko muri iki kinyejana ikoranabuhanga ari kimwe mu by’ingenzi bikenerwa mu iterambere rya buri rwego harimo n’urw’uburezi. KT Radio, mu mushinga uterwa inkunga na Mastercard Foundation ndetse n’ishami ry’Ikoranabuhanga ry’Urugaga Nyarwanda rw’Abikorera, kuri uyu wa Mbere iragaragaza uko ikoranabuhanga rishobora (…)
Mu mukino wateje impaka, ikipe ya Rayon Sports itsinze Mukura VS 2-1 mu mukino w’umunsi wa 21 wa Rwanda Premier League, yigira imbere ku rutonde rwa shampiyona.
Impunzi z’Abanyekongo zicumbikiwe mu Rwanda zivuga ko kwihuza n’Abanyarwanda bakibumbira hamwe byabafashije gukira ihungabana, batangira gukora ibikorwa bibaganisha ku iterambere nk’abandi.
Ubuyobozi bw’Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda bwatangaje ko abantu babiri bitabye Imana ubwo barebaga agace ka mbere kakinwe kuri iki Cyumweru kagasorezwa i Rwamagana.
Kuri iki Cyumweru, hatangiye gukinwa Isiganwa ry’Amagare rizenguruka u Rwanda ’ Tour du Rwanda 2026’ hakinwa agace ka mbere mu munani tuzakinwa kegukanwa n’Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira ikipe ya NSN.
Abaturage bo mu Karere ka Gatsibo barishimira ko bubakiwe ibitaro biri ku rwego rwo hejuru, bizatuma nta bibazo bya serivisi z’ubuzima bazongera guhura na byo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kicukiro bwashimiye amakipe y’abagabo n’abagore mu mupira w’amaguru yabonye itike yo kuzahagararira Akarere ku rwego rw’Umujyi wa Kigali mu marushanwa azwi nka ‘Umurenge Kagame Cup 2026’.
Umuhanzi umenyerewe mu muziki Nyarwanda Jules Sentore aratangaza ko agiye gushaka ubushobozi bwo gufasha abana bafite ubumuga bwa Autisme bo mu kigo Oroshya Autisme kiri mu Karere ka Muhanga.
Abanyeshuri 970 bazatangira Kaminuza umwaka utaha mu Karere ka Kamonyi, bahawe impamba y’ubumenyi ngiro mu bigo n’amashuri byigisha imyuga.
Imyambarire bamwe babona ko idahwitse ni ikibazo kidakunze kuvugwaho rumwe, kuko hari abasanga uko umuntu yambaye, cyane cyane ab’igitsina gore bambara imyenda migufi cyangwa ibahambiriye, hari abatabibonamo ikibazo, abandi bakabona ari amahano.
Ikipe ya APR FC yanganyije na Police FC 1-1 mu mukino ufungura umunsi wa 21 wa Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu Rwanda wabereye kuri Kigali Pele Stadium, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 20 Gashyantare 2026.
Iki cyumweru nagitangiriye mu mwanya mwiza cyane, kuko nakoreye akazi mu bantu bandi ku mutima, kuko nkunda gufasha(charity,compassion).
Mu myaka isaga 40 ishize, ababyeyi bo mu Karere ka Rusizi intara y’Uburengerazuba, babyaye umwana wa kane bamwita Niyibizi Consolatrice.
Mu myaka ya za 1990, Consolatrice Niyibizi yize amashuri abanza yose mu Kigo cya Gatagara, ariko arangiza nta mashuri yisumbuye y’Abafite ubumuga bwo kutabona yari ahari, nyamara na gahunda y’uburezi budaheza itarashinga imizi. Ibyo byatumye Niyibizi yicara ategereje ko haboneka ishuri rimwakira mu cyiciro gikurikiraho (…)