Yasifuye umukino atwite inda y’amezi atanu

Umusifuzikazi Adeline Djonreba ukomoka muri Cameroon yatangaje abantu kubera gusifura umukino atwite inda y’amezi atanu.

Adeline Djonreba yasifuye umukino atwite inda y'amezi atanu
Adeline Djonreba yasifuye umukino atwite inda y’amezi atanu

Ibi byabereye mu mukino w’injojora rya gatatu ryo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026 cy’abagore Uganda yanganyirijemo iwayo na Zambia igitego 1-1 ku wa Gatandatu tariki 7 Gashyantare 2026. Adeline yari umusifuzi w’igitambaro muri uyu mukino wabereye kuri FUFA Stadium Kadiba i Kampala.

Adeline Djonreba uheruka guhembwa nk’umusifuzi mwiza wo ku ruhande muri Cameroon mu 2025, binyuze mu bihembo bitangwa muri shampiyona y’Icyiciro mbere mu bagore, yasifuye uyu mukino ubanza muri iki cyiciro atwite inda y’amezi atanu byatumye aba ikimenyabose ku mbugankoranyambaga.

Uretse gusifura imikino y’abagore kandi Adeline Djonerba anasifura imikino ya Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere mu bagabo iwabo muri Cameroon, aho aheruka kuvuga ko ashimira umugabo we umwemerera gukora aka kazi.

Adeline Djonerba (Ubanza iburyo) yasifuye umukino wahuje Uganda U20 na Zambian 20 mu bagore, atwite inda y'amezi atanu
Adeline Djonerba (Ubanza iburyo) yasifuye umukino wahuje Uganda U20 na Zambian 20 mu bagore, atwite inda y’amezi atanu
Adeline Djonerba aheruka guhembwa nk'umusifuzi mwiza wo ku ruhande muri Shampiyona y'Icyiciro cya Mbere muri Cameroon
Adeline Djonerba aheruka guhembwa nk’umusifuzi mwiza wo ku ruhande muri Shampiyona y’Icyiciro cya Mbere muri Cameroon

National Football League

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka