Abagore bakoresha ibimina bivuguruye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga baravuga ko byabateje imbere bahindura ubuzima mu miryango yabo.
Agace ka gatandatu k’isiganwa rizenguruka igihugu kavaga i Musanze mu Majyaruguru kerekeza i Muhanga mu Majyepfo kegukanywe n’Umunya-Colombia RESTREPO VALENCIA Jhonatan.
Umuyobozi mukuru wa Banki ya Kigali (BK), Dr. Diane Karusisi aratangaza ko serivisi zayo z’ikoranabuhanga zigiye kurushaho kumanurwa zikegera abaturage nyuma y’uko hari benshi bakibika amafaranga mu mifuka.
Urugaga rw’abikorera PSF mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko hakenewe miliyali imwe na miliyoni zisaga 100 z’amafaranga y’u Rwanda, kugira ngo icyiciro cya mbere cy’isoko rya Muhanga cyuzure.
Abakozi 42 baherutse guhagarika akazi ku rwego rw’akarere n’imirenge mu Karere ka Muhanga, basimbujwe by’agateganyo mu rwego rwo kuziba icyuho aho abayobozi batagihari.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abakozi bako 41 ari bo bamaze kugeza amabaruwa yabo ku karere basaba guhagarika akazi mu gihe kitazwi, gusezera ku kazi no gusesa amasezerano y’akazi.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko abakozi benshi basezeye ku mirimo yabo kubera kunanirwa kuzuza inshingano zabo.
Urwego rw’Umuvunyi ruratangaza ko hejuru ya 90% y’ibibazo rwakira biba bidafite ishingiro, kuko nibura 6% ari byo bigaragaza akarengane gusa. 33% y’ibi bizo byakirwa n’Urwego rw’Umuvunyi kandi biba bishingiye ku manza mbonezamubano ku buryo ngo byagakwiye gukemukira mu muryango bitagombye kubasiragiza mu nkiko.
Abafite ubumuga mu Karere ka Muhanga baravuga ko gahunda ya Gerayo Amahoro izagabanya ubumuga buterwa n’impanuka igihe abakoresha umuhanda baramuka bayubahirije.
Inzobere zo mu gihugu cy’Ubwongereza ziratangaza ko imiterere y’amabara no gushaka kuyatandukanya ari bumwe mu buryo bwo korohereza uwabazwe amaso gukira vuba by’umwihariko ku mwana.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ishuri ryigisha imyuga Unique TVET School, ryamaze gufunga imiryango, kandi ko iryitwa Future Gate TVET School riherutse guhamagarira abanyeshuri kurigana ritaremererwa gukora.
Kuri uyu wa kabiri tariki ya 12 Ugushyingo 2019, ubwo hatangizwaga ibizamini bya Leta bisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye, umwaka wa gatandatu w’ayisumbuye ndetse n’ay’imyuga n’ubumenyingiro, abanyeshuri biga mu ishuri ryigisha umuziki rya Nyundo bakoreraga ibizamini kuri site ya Shyogwe mu karere ka Muhanga, (…)
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda iragira inama abikorera bo mu ntara y’Amajyepfo guhuza imbaraga bakabasha kugera ku bikorwa binini aho kwihugiraho.
Urubyiruko rwo mu Idini Gatolika rwibumbiye mu matsinda yo kwiteza imbere ruratangaza ko ubumenyi buke mu micungire n’imiyoborere yayo bwatumaga batiteza imbere uko bikwiye.
Imibiri umunani y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabonetse mu mbago z’urusengero rwa ADEPR Gahogo mu mujyi wa Muhanga ubwo bacukuraga ubwiherero aho Abakirisitu bakoreraga amasengesho mu cyo bita Icyumba.
Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rufashe umwanzuro ko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga Ntezirembo Jean Claude akomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga, Uwamariya Béatrice, yashyikirije ibaruwa isaba kwegura Inama Njyanama y’Akarere.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe kugenzura iyubahirizwa ry’uburinganire n’ubwuzuzanye hagati y’umugore n’umugabo (Gender Monitoring Office - GMO), kiratangaza ko gahunda ya ‘Ndi Umunyarwanda’ ikwiye kujyana no gukemura ibibazo bikunze kugaragara mu miryango.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Muhanga ukurikiranyweho gusambanya umukobwa w’imyaka 19 agamije kumwanduza Sida yafunzwe iminsi 30 y’agateganyo nk’uko byategetswe n’urukiko.
Umuvugabutumwa wo muri Tanzaniya Bishop Noel Uliyo aratangaza ko intambwe imaze guterwa mu bumwe n’ubwiyunge bw’Abanyarwanda ishimishije.
Abakecuru bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagowe cyane no kurera abuzukuru babo ahanini basigirwa n’abakobwa babyarira iwabo.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko serivisi bahabwa ku mavuriro aciriritse zikwiye no kujya zitangwa na nijoro.
Habumuremyi Jean Baptiste bakunze kwita ‘John’ utuye mu Mujyi wa Muhanga mu Murenge wa Nyamabuye akagari ka Gahogo mu Mudugudu wa Ruvumera, asanga ibyamubayeho ari ibitangaza kuko yahinduye gahunda y’urugendo yari afite mu kanya gato imodoka yagombaga kugendamo akumva ko ikoze impanuka ikomeye.
Umupolisi ufite ipeti rya AIP wakoreraga kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga yaraye yitabye Imana mu mpanuka yakoze ava ku kazi kwigisha gahunda ya “Gerayo amahoro”.
Yadufashije Espérance, wo mu muryango w’abo byagaragaye ko basigajwe inyuma n’amateka batuye mu murenge wa Nyamabuye muri Muhanga, akamira abaturanyi be yirengagije ko na we yagurisha amata akikenura.
Imiryango 12 y’Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi yorojwe ihene iragaya abazihabwa bakazigurisha cyangwa bakazirya zitarororoka.
Umuyobozi mukuru w’Ikigo cy’Igihugu cy’Amahugurwa mu by’imicungire y’Abakozi n’Umutungo (RMI) Hon. Sen. Gasamagera Wellars aratangaza ko imbaraga zishyirwa mu kwigisha ubumwe n’ubwiyunge zikwiye kujyana n’amateka y’agace runaka muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Inkongi y’Umuriro yibasiye inyubako y’Uwitwa Simbizi Joseph mu Mujyi wa Muhanga, amaduka atanu yacururizwagamo arakongoka ku buryo nta kintu na kimwe cyabashije kurokoka.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye mu Karere ka Muhanga bihaye igihe kingana n’ukwezi kugira ngo bakosore ibyasuzumwe bitagenda neza mu burezi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) Dr Jean Damascene Bizimana aranenga abana bavuka mu miryango y’abari abayobozi ku Ngoma ya Habyarimana kuba badashaka guhinduka.