Ubuyobozi bw’Umurenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira abiyitirira umwuga wo guhuza abagura n’abagurisha badafite ibyangombwa.
Urugo rwa Hakuzimana Deogratias na Mukamurenzi Laurence rumaze imyaka ibiri rushaka gusenyuka kubera ko Mukamurenzi anywa umutobe agakekwaho ubusambanyi.
Impuzamiryango irwanya ihohoterwa mu Karere k’ibiyaga bigari, COCAFEM GL irasaba abagabo n’abahungu kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa rikorerrwa abakobwa n’abagore.
Ubuyobozi bw’Ikigo Nderabuzima cya Nyabikenke mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga, buramara impungenge abashaka serivisi zo kwikebesha (Kwisiramuza) kuko ubu biri gukorwa ku buntu.
Umushumba wa Diocese ya kabgayi Musenyeri Smalagde Mbonyintege arasaba inteko nshya y’abadepite kuzafasha kurwanya ihuzagurika mu nzego za Politiki by’umwihariko mu burezi n’iterambere.
Minisiteri y’Imari n’igenamigambi (MINECOFIN) iravuga ko Abanyarwanda bakomeje guteza imbere urwego rw’abikorera, mu gihe kitari kire kire igihugu cyakwihaza 100% by’ingengo y’imari gikoresha.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga barasaba ishyaka riharanira ukwishyira ukizana PL gukemura ikibazo cy’abana bo mu muhanda kugira ngo hazaboneke abayobozi b’ejo hazaza h’igihugu.
Ishyirahamwe ry’uturere n’umujyi wa Kigali (RALGA) ivuga ko hakwiye gukorwa ibishushanyo mbonera by’Imijyi yunganira uwa Kigali bijyanye n’ubushobozi bw’abaturage.
Mu ijoro ku wa kabiri tariki ya 10 Nyakanga abantu bataramenyekana bivugwa ko babarirwa mu 10 bitwaje intwaro gakondo, batemye abantu bane mu Murenge wa Shyogwe mu Kagari ka Ruri mu Mudugudu wa Murambi, barabakomeretsa bidakabije.
Imibare y’inzu ikigo cy’Igihugu gishinzwe imiturire (RHA) cyatanze ku nzu zirimo kubakwa mu Karere ka Muhanga, bigaragara ko ntaho ihuriye n’iyo akarere ubwako kemera.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko bugiye guhagurukira ikibazo cy’amasoko atangwa mu Karere bivugwa ko yiharirwa n’abakozi bako mu buryo bw’ibanga.
Ihuriro ry’abadepite bagize Inteko ishinga amategeko rirwanya Jenoside ndetse rikanarwanya ihakana n’ipfobya rya Jenoside yakorewe Abatutsi, riravuga ko urubyiruko rufite uruhare runini mu kurwanya ingenga bitekerezo ya Jenoside.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buravuga ko n’ubwo gufasha abatishoboye na bo bakwiye kwigomwa bike bakizigamira kugira ngi birwaneho igihe inkunga zibuze.
Bisanzwe bizwi ko mu mashuri y’abihayimana mu Rwanda, batihanganira na busa umunyeshuri w’umukobwa watewe inda kuko ahita yirukanwa burundu.
Yankurije Collette yicuza ubuzima bwose yabayeho atazi gusoma no kwandika, akavuga ko iyo aza kuba yarize ubuzima bwe butari kuba bwaramukomereye nk’uko byagenze.
Uwihanganye Jumaine atanga ubuhamya bw’ukuntu yatemaguye Mukamuyango Xaverine mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi akamusiga aziko yapfuye, ariko ubu akaba ari umwe mu nshuti ze magara.
Uwizeyimana Bonaventure ukinira ikipe ya Benediction Club yegukanye isiganwa ry’amagare ryiswe ”Farmers Circuit.”
Abafatanyabikorwa mu burezi bw’amashuri abanza baravuga ko ikibazo cy’ibitabo bidahagije mu cyiciro cya mbere cy’amashuri abanza kibangamiye umuco wo gusoma.
Irushanwa ry’ubwiza rya Miss w’Umurenge wa Mushishiro ribaye bwa mbere ryegukanywe na Umuhoza Delice w’imyaka 19 y’amavuko.
Abakobwa batanu bo mu tugari dutandatu tugize Umurenge wa Mushishiro wo mu Karere ka Muhanga nibo bari guhatanira ikamba rya Nyampinga wa Mushishiro.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo Mureshyankwano Marie Rose arasaba abahinzi gushyira imbaraga mu guhinga no gutera imbuto, kugira ngo badacikanwa n’igihembwe 2018 A.
Imfungwa n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga bizihije umuganura basabana n’imiryango yabo kandi bizihiza intsinzi ya Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Polisi mu Karere ka Muhanga yataye muri yombi umugore witwa Nyirahabimana Marie Goreti, nyuma yo gutahura imifuka itatu y’urumogi mu rugo rwabo.
Amakipe ya MAGIC FC yo mu Karere ka Muhanga yihariye ibihembo bikuru mu marushanwa yo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi, Paul Kagame.
Iyo winjiye mu Mujyi wa Muhanga, waba uva i Kigali cyangwa ugana yo, utungurwa n’ubwiza bw’inyubako nshya ya Gare ya Muhanga, ibura amezi abiri ngo itahwe ku mugaragaro.
Mu rwego rwo kwitegura yubile y’imyaka 100 y’Ubusaseridoti mu Rwanda, abapadiri bo mu Rwanda bakoze amarushanwa mu mikino itandukanye batangaza abayikurikiye.
Ubushinjacyaha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye Dr. Leopold Munyakazi igifungo cya burundu y’umwihariko kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bumukurikiranyeho.
Munyanshoza Dieudonné ahamya ko kurokora Abatutsi bari bahungiye i Kabgayi byabasabye iminsi ine, bataruhuka, barwana na Ex FAR.
Miss Rwanda, Elsa Iradukunda yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi anasura incike za Jenoside yakorewe Abatutsi zituye mu mu Karere ka Muhanga.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Muhanga baravuga ko babangamiwe no gukurwa ku nkunga ya FARG bagashyirwa mu byiciro by’ubudehe.