Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko udusoko duto dukunze kuremera mu nkengero z’umujyi wa Muhanga dufunze kubera kutubahiriza amabwiriza yo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.
Abacururiza mu mujyi wa Muhanga baravuga ko kuba hari abashyiriweho inyuguti zibasaba gukora kuri 50%, ahandi ntizihashyirwe bagakora buri munsi ari akarengane kandi amabwiriza yo kwirinda Covid-19 akwiye kubahirizwa kuri bose.
Umuyobozi w’ishami rishinzwe uburezi mu karere ka Muhanga Habyarimana Daniel aratangaza ko abanyeshuri batakoze ikizamini gisoza umwaka wa gatandatu w’amashuri abanza ku munsi wa mbere w’ibizamini kubera impamvu zitandukanye bemerewe kuza gukora ibikurikiyeho.
Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga ku itariki ya 09 Nyakanga 2021 rwahamije icyaha umugabo wasambanyije ku gahato umugore amutegeye mu nzira, rumukatira igihano cy’igifungo cy’imyaka 10 n’ihazabu ingana na Miliyoni ebyiri (2.000.000) z’amafaranga y’u Rwanda.
Abanyeshuri basaga 8,200 bo mu Karere ka Muhanga ni bo bakora ibizamini bya Leta by’amashuri abanza. Abanyeshuri batatu muri bo barwaye COVID-19 ariko bakaba na bo batahejwe mu bizamini, kuko bashyiriweho uburyo bwo kubikora.
Urugaga rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko rugiye kwimurira abacuruzi b’imboga mu gice cyo hasi kigiye kubakwa mu rwego rwo gukemura imbogamizi abo bacuruzi bagaragazaga, zirimo kuba aho bashyizwe mu igorofa rya kane y’iryo soko hashyuha cyane.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Muhanga n’abakoze Jenoside baratangaza ko bibohoye urwikekwe n’ubwoba baratinyuka barahura batangira gukora bagamije kwiteza imbere.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga muri sitasiyo ya Kiyumba, ku wa Kane tariki ya 01 Nyakanga 2021 yafashe bamwe mu bagize itsinda ryitwa ‘abanyogosi’ bari bamaze iminsi bavugwaho kwiba amabuye y’agaciro mu kirombe cy’umushoramari. Bafatiwe mu Murenge wa Rongi mu Kagari ka Ruhango mu Mudugudu wa Muyebe ari naho (…)
Ubwiyongere bw’abandura Covid-19 mu Karere ka Muhanga by’umwihariko mu Mirenge ya Nyamabuye na Shyogwe, bwatumye hafatwa ingamba zirimo no kuba insengero n’udusoko duto duto tuzwi nka ‘Ndaburaye’, bifungwa igihe cy’ibyumweru bibiri.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bari bakennye cyane batujwe mu Mudugudu w’ikitegererezo wa Horezo, baratangaza ko batangiye kubona umusaruro mwiza ukomoka ku nka borojwe na Perezida Kagame muri gahunda ya ‘Gira inka Munyarwanda’.
Imibiri 1093 y’Abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yabonetse mu Karere ka Muhanga yashyinguwe mu cyubahiro mu rwibutso rwa Jenoside rwa Kabgayi.
Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye, Nshimiyimana Jean Claude, avuga ko ku mugoroba wo ku wa 23 Kamena 2021 abantu benshi bava mu Mujyi wa Kigali bakiriwe kandi hashyizweho uburyo bwo kubakurikirana kugira ngo uwaba atahanye ubwandu bwa COVID-19 atanduza abo asanze.
Komisiyo y’igihugu y’Ubwume n’Ubwiyunge (NURC) iratangaza ko ntawe ukwiye kwitwaza ko yarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi ngo yishore mu byaha byo kuyipfobya no kiyihakana.
Umunyarwanda, Irene Basil uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA) yiyemeje gushinga uruganda rukora ibikoresho by’isuku mu Rwanda, nyuma y’uko byabaye ingume muri Amerika igihe icyorezo cya Covid-19 cyari cyugarije abatuye icyo gihugu.
Abaturage bo mu Karere ka Muhanga bakoze mu bikorwa byo kubaka imihanda n’ibyumba by’amashuri ntibahembwe, baravuga ko kutabonera amafaranga yabo ku gihe byakomeye mu nkokora imihigo y’ingo bahize.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) iratangaza ko imicungire y’umutungo n’abantu ikozwe kinyamwuga izatuma abanyerezaga bakanakoresha nabi ibya rubanda bakurikiranwa kandi bagacika ku mikorere itanoze.
Abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 barokoye i Kabgayi mu Karere ka Muhanga, bahamya ko igitondo cy’agasusuruko cy’uwa 02 Kamena 1994 babonye Mesiya mu ishusho y’Inkotanyi zari zije kubarokora.
Ishami rivura amaso ry’ibitaro bya Kabgayi ku bufatanye n’Ikigo cyita ku bafite ubumuga (CBM), ryatangije umushinga w’ubuvuzi bw’amaso budaheza, uzibanda ahanini ku bafite intege nke.
Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside mu Karere ka Muhanga urifuza ko abakozi b’ibitaro bya Kabgayi batanga amakuru ku mibiri y’abazize Jenoside ikomeje kuboneka muri ibyo bitaro.
Urwego rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko muri Kamena 2021 isoko rishya rijyanye n’igihe rizatangira gukorererwamo, kandi rikazagabanya akajagari mu bucuruzi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Muhanga buravuga ko bwiteguye gukina shampiyona ya 2020/2021 n’ubwo yagaragayemo abagera kuri 12 banduye Covid-19.
Kaminuza Gatolika ya Kabgayi (ICK) yatangaje ubushakashatsi yakoze kuva mu mwaka ushize wa 2020, buvuga ko umwanana w’igitoki ari ikiribwa kiryoshye kandi gifite intungamubiri nk’iz’inyama cyangwa ibihumyo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko guhemba abakozi amafaranga menshi buri kwezi bidindiza iterambere ry’ibitaro, icyifuzo kikaba ari uko abakozi bagengwa n’amasezerano bujuje ibisabwa bashyirwa mu myanya y’akazi bagahembwa na Leta.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Mushishiro, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere w’iki cyumweru, ku bufatanye n’izindi nzego bafatiye mu kabari ka Gashirabake Christophe w’imyaka 44 abantu 22 barimo banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bikaba byakozwe mu rwego rwo gukomeza kugenzura (…)
Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu bihe bitandukanye, Polisi y’u Rwanda yafashe bamwe mu bacyekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buvugwa mu Mirenge ya Shyogwe na Nyamabuye yo mu Karere ka Muhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko kuva icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangira hagaragaye ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bine birimo kurandura imyaka y’uwacitse ku icumu, gutema insina, gutoteza uwacitse ku icumu no gushaka gutwikira uwarokotse Jenoside.
Abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Gasagara mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba bahawe, agiye gutuma banoza serivisi zirimo no kubyaza.
Umuturage wo mu Karere ka Muhanga witwa Ndayisaba Jean Marie Vianney, arasaba inzego zibishinzwe kumurenganura nyuma y’uko umutungo we wa Miliyoni 45 z’Amafaranga y’u Rwanda ugurishijwe kuri Miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda muri cyamunara.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA mu Karere ka Muhanga uravuga ko hakekwa ko hari imibiri yaba yarimuriwe ahantu hatazwi ku rusengero rwa ADEPR Gahogo.
Mu gikorwa cyo gushakisha imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi cyari kigeze ku munsi wa kabiri ku wa Kabiri tariki 23 Werurwe 2021, kuri ADEPR Gahogo mu Karere ka Muhanga habonetse indi mibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.