Bamwe mu baturage batuye mu mudugudu wa Nyarucyamo ya Kabiri mu murenge wa Nyamabuye, akarere ka Muhanga, baravuga ko ishuri ry’Abadivantiste riri kubaka inyubako nshya muri uwo mudugudu ribabangamiye kuko ribateza isuri n’umwanda.
Mushimiyimana Alexandre na Tuyisenge Primitive batuye mu karere ka Muhanga batangaza ko kuba bamaze imyaka hafi 19 babana nk’umugabo n’umugore nta mwiryane ubaranga ari uko bahujwe n’isengesho bakoze buri wese ashaka undi.
Ubwo umuhanzi Senior Sgt Robert Kabera yataramiraga abatuye akarere ka Muhanga ku munsi wo gusoza icyumweru cyahariwe umuryango kuri uyu wa 08/11/2012, abatari bake barenzwe n’ibyishimo buzura imyuka ku bw’indirimo “Impanda”.
Mu rugendo yagiriye mu karere ka Muhanga tariki 03/11/2012, Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi yatangaje ko yatunguwe no kubona ahantu henshi yaciye hahinze insina zidafite icyo zeraho.
Umugabo w’imyaka 50 wo mu murenge wa Rugendabari ho mu karere ka Muhanga yahitanywe n’inyama tariki 04/11/2012.
Ubwo yatangizaga imirimo yo kubaka umudugudu mu murenge wa Rongi, Minisitiri w’Intebe, Pierre Damien Habumuremyi, yagaragaje ko abaturage bakwiye kumva ko ibyo Leta iri gukora ari ukubarinda ibiza bishobora guterwa n’imiterere y’aho batuye.
Ahitwa kuri Sprite rwagati mu mujyi wa Muhanga hamaze kumenyekana nk’iseta abashaka abafundi n’abahereza babo bajya kubashakiraho. Mu gitondo usanga bakubise buzuye ariko begera umuntu uje bakeka ko akeneye abakozi.
Umugabo witwa Nshimiyimana Alphonse ukomoka mu karere ka Nyagatare yakubitiwe mu karere ka Muhanga n’abantu bataramenyekana mu ijoro rishyira ku wa gatatu tariki 31/10/2012 ubu akaba ari mu bitaro bya Kabgayi.
Minisitiri w’intebe, Dr Habumuremyi Pierre Damien, arasaba abashinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro kubwitaho kuko bimaze kugaragara ko buri henshi kandi bukaba bwagirira abaturage n’igihugu akamaro.
Anastase w’imyaka 20 yatawe muri yombi kubera gufata ku ngufu umwana w’umukobwa w’imyaka 14 y’amavuko wiga mu ishuri ry’abakobwa rya Ruli mu murenge wa Syogwe mu karere ka Muhanga.
Abakora uburaya bazwi ku izina ry’Idaya, bakorera mu ka karere ka Muhanga mu ntara y’Amajyepfo, batangaza ko kuba bagikora uwo mwuga ari ikibazo cy’amikoro kandi ko bibagoye mu gihe batayabona.
Nubwo mu gihe cyashize hari amadini amwe namwe yari atsimbaraye atemera uburyo bwo kuringaniza imbyaro hakoreshejwe uburyo bita ubwa kizungu, ubu ahenshi mu bitaro no mu bigo nderabuzima by’amadini hatangirwa izo serivisi.
Abaturage bo mu kagari ka Mubuga mu murenge wa Shyogwe mu kakarere ka Muhanga bari bamaze igihe barambuwe amazi bari baragenewe bamaze kwemererwa kuyagezwaho kuko abari bayabambuye bemeye kuyasaranganya.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye guhagurukira abakoresha abana bakiri munsi y’imyaka 18 ndetse n’ababyeyi babo, kugirango bajye babihanirwa.
Umuyobozi w’akarere ka Muhanga wungirije ushinzwe ubukungu, imari n’amajyambere, Uhagaze Francois, arihanangiriza abatuye umurenge wa Shyogwe kugabanya kuba isoko y’ibiyobyabenge birangwa muri aka karere.
Mu rwego rwo kwizihiza yubire y’imyaka 25 umuryango FPR-Inkotanyi umaze uvutse, hirya no hino mu Rwanda hateguwe ibikorwa bitandukanye birimo n’imikino.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buragaragaza ko muri aka karere hakigaragara ikibazo cy’abaturage batari bake bakirarana n’amatungo.
Mu nama rusange yahuje abacukuzi ndetse n’ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga, tariki 16/10/2012, hemejwe ko akarere kagiye gutangira gufatira ibihano bikakaye abacukuzi b’ibumba n’imicanga badatanga raporo z’ikikorere yabo.
Abacururiza mu isoko rya Muhanga baratangaza ko bafite ikibazo cy’ibibanza bito bakoreramo kandi bakaba banasoreshwa amafaranga bavuga ko atajyanye n’ingano z’ibyo bibanza.
Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu iterambere mu karere ka muhanga (JADF), rigiye gukora ubushakashatsi bugamije kureba uko gutanga serivisi bihagaze muri aka karere.
Ubwo yasuraga ibitaro bya Kabgayi biherereye mu karere ka Muhanga tariki 03/10/2012, Minisitiri w’ubuzima, Agnes Binagwaho, arasaba ubuyobozi bw’uturere twose ko twakora amalisiti y’abarwayi bo mu mutwe batagira ababakurikirana kugirango babashe kuvuzwa.
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda hagiye kubakwa inzu y’ihuriro ry’imikino (complexe sportif); iyo nzu izubakwa mu karere ka Muhanga; nk’uko byemezwa n’umuyobozi w’inama njyanama y’ako karere, Antoine Sebarinda.
Uzanyinzoga Suzan w’imyaka 53, utuye mu kagari ka Musongati, umurenge wa Nyarusange mu karere ka Muhanga, afite uburwayi ku munwa amaranye imyaka 53 nta buvuzi arabona.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye kugaragariza inzego zibakuriye ikibazo cy’ubukene bw’abatuye aka karere kugirango zibashe kubibafashamo.
Senateri Marie Claire Mukasine wo mu ishyirahamwe ry’abagore bari mu nteko ishingamategeko mu Rwanda (FFRP) aratangaza ko kuba bamwe mu Banyarwanda basigaye batinyuka ibyaha ndengakamere ari ingaruka za Jenoside zigenda zigaragara.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burashinja abayobozi b’inzego z’ibanze mu murenge wa Nyamabuye, ugize umujyi w’aka karere kuba barya ruswa mu myubakire.
Ababyeyi bo mu karere ka Muhanga bagiye gufashwa gushyirirwaho amarerero aciriritse y’abana bato mu rwego rwo kubafasha gukora imirimo yabo ya buri munsi ndetse no guha umutekano abana babo.
Abaturage bo muri imwe mu midugudu yo mu murenge wa Kiyumba mu karere ka Muhanga babashije kwesa imihigo y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) kubera ko bashyize hamwe buri muturage akamenya ibibazo bya mugenzi we.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buramara impungenge abikorera ko badeteze kubasoresha amafaranga menshi kugira ngo gahigure umuhigo kahize wo kuzakuba kabiri imisoro kinjizaga. Ngo bagiye kongera ibikorwa bisora bagurisha imwe mu mitungo ya Leta iri mu mujyi w’aka karere.
Nyabyenda Theophile utuye mu murenge wa Cyeza mu karere ka Muhanga ari mu maboko y’inzego zishinzwe umutekano acyekwaho gufata ku ngufu umukobwa w’imyaka 17 y’amavuko. Nyabyenda abihakana avuga ko byabaye ku bwumvikane.