Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aratangaza ko abakinnyi b’ikipe ya AS Muhanga bakwiye kwigenga aho kwitwara nk’abakozi b’akarere bagasaba byose.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Sierra Leone, Maya Moiwo Kaikai aratangaza ko intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge y’Abanyarwanda ari urugero rwiza rw’ibihugu ku isi.
Umuturage witwa Niyitegeka Emmanuel wo mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere ka Muhanga arashinja umukuru w’umudugudu kumutwarira televiziyo yahaweho impano.
Abanyeshuri biga ubumenyi ngiro ku kigo cy’amashuri cyitiriwe Viyeko mu Karere ka Muhanga, bavuga ko ibyo biga babibyaza umusaruro mu biruhuko.
Abantu batandukanye bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira batangaza ko banejejejwe no kuba barubakiwe ikiraro kibafasha kugera kuri uwo musozi.
Bamwe mu bavuye Iwawa bo mu karere ka Muhanga ntibarabasha kubyaza umusaruro inkunga bagenerwa n’Akarere ngo bihangire imirimo ibateza imbere.
Bamwe mu bagororwa ba Gereza ya Muhanga, baravuga ko bafite ikibazo cyo kudasurwa, kuko bafungiye kure y’imiryango yabo, bagasaba kuyegerezwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, avuga ko uturere n’imirenge bigomba gufata iyambere, mu gushyira ingufu mu guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda.
Gahunda yiswe “Inka y’ubwiyunge” imaze kugeza ku bwiyunge imiryango 202 y’abacitse ku icumu rya Jenoside n’ababiciye, mu karere ka Muhanga.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) iratangaza ko kugira ubumuga bitavuze kugira ubukene, kuko hari bamwe mu bafite ubumuga bibeshejeho neza.
Ikigo cy’igihugu cy’indege za Gisivire cyasabye abatuye mu Karere ka Muhanga kutagira impungenge igihe bazabona utudege tutagira abapilote mu kirere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga barakangurira abaturage bako kwihutira kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kuko ngo abatinda kubwishura baritesha amahirwe yo kuvurwa ku gihe.
Bamwe mu banyonzi bakorera mu Mujyi wa Muhanga baratungwa agatoki ko biba imitwaro y’abagenzi baba batwaje.
Bamwe mu baturage bakenera serivisi z’ibiro by’ubutaka muri Muhanga, barinubira gusiragizwa bashaka ibya ngombwa bya burundu by’ubutaka umwaka ugashira undi ugataha.
Polisi ikorera mu Karere ka Muhanga iragaya urubyiruko ruhatuye rutitabira ibikorwa byo kubungabunga umutekano.
Bamwe mu bagore bizigama mu bimina bivuguruye bavuga ko byabongereye umutuzo n’abo bashakanye kuko batakibategaho buri kimwe.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga bari bakennye cyane bavuga ko batinyaga amafaranga n’iyo babaga bayahawe ku nkunga.
Umuyobozi w’ikigo cy’abana bafite ubumuga (HRD) mu Karere ka Muhanga, Mukamwezi Léoncie, arasaba ubufasha bwo kurera abana 37 bafite ubumuga bari muri icyo kigo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga barinubira serivisi za mituweli, bavuga ko abifuza guhabwa amakarita bishyuriye bigenda gahoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye guhagurukira ababyeyi b’abana b’inzererezi kuko abenshi mu bana bo mu muhanda babiterwa n’iwabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice arasaba abashakanye kugaruka ku nshingano z’urugo aho kubana nk’abakinnyi ba Karate.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga ntibwemeranya n’urubyiruko rugisaba inkunga ngo rushobore kwiteza imbere binyuze mu makoperative.
Abakene bo mu Kagari ka Remera mu Karere ka Muhanga bagiye kujya bitabwaho n’abishoboye kugira ngo babatangire amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Nyampinga w’Intara y’Amajyepfo, Miss Isimbi Edwige, yahaye Ikigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Muhanga, ibitabo 400 byo gusoma, nk’uko yari yabihize ubwo yahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016.
Abagore bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bahinze inyanya muri Green house bavuga ko kubera kudahugurwa uko ikoreshwa barumbije bikabateza igihombo.
Club “Imboni zarwo” iratangaza ko batazategereza integanyanyigisho rusange ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu mashuri kuko babitangiye.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko hari abamotari bakomeje kugaragaza imyitwarire mibi rimwe na rimwe bakanakora ibyaha bitwaje Polisi.
Abaturage bamwe amateka agaragaza ko bari barasigajwe inyuma bo mu Karere ka Muhanga, barashimira Leta y’Ubumwe yababohoye ingoyi yo kunenwa kandi na bo ari Abanyarwanda.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ya 411 mu turere twa Muhanga na Kamonyi zagabagiye abatishoboye inka n’amazu by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 20FRW.
Bamwe mu baturage bo mu turere twa Kamonyi na Muhanga baravuga ko inzara n’ubukene ari bimwe mu bibuza amahoro mu miryango.