Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga bari bakennye cyane bavuga ko batinyaga amafaranga n’iyo babaga bayahawe ku nkunga.
Umuyobozi w’ikigo cy’abana bafite ubumuga (HRD) mu Karere ka Muhanga, Mukamwezi Léoncie, arasaba ubufasha bwo kurera abana 37 bafite ubumuga bari muri icyo kigo.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga barinubira serivisi za mituweli, bavuga ko abifuza guhabwa amakarita bishyuriye bigenda gahoro.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko bugiye guhagurukira ababyeyi b’abana b’inzererezi kuko abenshi mu bana bo mu muhanda babiterwa n’iwabo.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Uwamariya Beatrice arasaba abashakanye kugaruka ku nshingano z’urugo aho kubana nk’abakinnyi ba Karate.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga ntibwemeranya n’urubyiruko rugisaba inkunga ngo rushobore kwiteza imbere binyuze mu makoperative.
Abakene bo mu Kagari ka Remera mu Karere ka Muhanga bagiye kujya bitabwaho n’abishoboye kugira ngo babatangire amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza.
Nyampinga w’Intara y’Amajyepfo, Miss Isimbi Edwige, yahaye Ikigo cy’Urubyiruko cy’Akarere ka Muhanga, ibitabo 400 byo gusoma, nk’uko yari yabihize ubwo yahataniraga ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda wa 2016.
Abagore bo mu Murenge wa Shyogwe mu Karere ka Muhanga bahinze inyanya muri Green house bavuga ko kubera kudahugurwa uko ikoreshwa barumbije bikabateza igihombo.
Club “Imboni zarwo” iratangaza ko batazategereza integanyanyigisho rusange ku mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu mashuri kuko babitangiye.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko hari abamotari bakomeje kugaragaza imyitwarire mibi rimwe na rimwe bakanakora ibyaha bitwaje Polisi.
Abaturage bamwe amateka agaragaza ko bari barasigajwe inyuma bo mu Karere ka Muhanga, barashimira Leta y’Ubumwe yababohoye ingoyi yo kunenwa kandi na bo ari Abanyarwanda.
Ingabo z’u Rwanda zo muri Brigade ya 411 mu turere twa Muhanga na Kamonyi zagabagiye abatishoboye inka n’amazu by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 20FRW.
Bamwe mu baturage bo mu turere twa Kamonyi na Muhanga baravuga ko inzara n’ubukene ari bimwe mu bibuza amahoro mu miryango.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Muhanga binangiraga kwishyura amafaranga y’ubwisungane mu kwivuza (MUSA), baricuza ingaruka zo kwigurishiriza imitungo.
Sibomana Alphonse wararaga izamu mu kigo cy’Umuryango w’abahinzi “Ingabo” mu Karere ka Muhanga yishwe ateraguwe ibyuma n’abantu bataramenyekana.
Abanyeshuri barangije muri za kaminuza zitandukanye muri EAC basaba ko impamyabumenyi zabo zemerwa ku isoko ry’umurimo nta yandi mananiza.
Minisiteri y’Iterambere ry’Umuryango, MIJEPFOF, iratangaza ko imishinga y’abagore ifite ibibazo muri BDF n’amabanki kugira ngo yemerwe kandi ihabwe inguzanyo.
Abagore barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko bagiye kwishakamo ibisubizo by’ibibazo basigiwe na Jenoside, by’umwihariko bagafasha abakecuru b’incike.
Abacuruzi baciriritse bo mu Ntara y’Amajyepfo bavuga ko kunyereza imisoro kwabo guturuka ku bo baranguriraho bo muri Kigali basorera ½ gusa cy’ibyo baranguriweho.
Abaturage baturiye Ibitaro bya Nyabikenke mu Karere ka Muhanga baravuga ko kuba bituzura, bibangamiye ubuzima bwabo kuko badashobora kubona serivise z’ubuvuzi hafi yabo.
Komisiyo y’igihugu yo kurwanya Jenoside (CNLG) yemereye uturere ubufatanye mu kwandika amateka ya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Abatuye Intara y’Amajyepfo biganjemo igitsina gore batararushinga, bahangayikishijwe n’ibyo bakwa mu gihe bagiye gushaka byitwa “Amajyambere”, birimo moto cyangwa igare.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imiturire (RHA) kirasaba abayobozi b’uturere turimo imijyi izunganira Kigali, kwihutisha inyigo zayo kuko abazakerererwa, bazahabwa amafaranga make mu yo kuyitunganya.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga butangaza ko bwizeye ko amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” azafasha mu kuvugurura ikipe y’akarere ya AS Muhanga.
Abahagarariye Umuryango w’Ubumwe bw’Uburayi (EU) basanze hari impinduka zabaye mu magreza y’u Rwanda, kuko uretse kuba ahagororerwa hanakorerwa ibikorwa by’itermbere.
Abubatse Biogaz mu Murenge wa Rongi muri Muhanga, bamaze imyaka hafi imyaka itatu bishyuza ibirarane bya miliyoni 30 frw bambuwe.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (CNDP) irizeza ubuvugizi bw’abakora mu birombe by’amabuye y’agaciro bazwi izina ry’abapaneri bakora badahemberwe imibyizi yabo.
Urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Muhanga rurizeza Abanyarwanda impinduka mu kurwanya no kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Muhanga iratangaza ko abakora bakanacuruza inzoga zidafite ubuziranenge zizwi ku izina ry’ibikwangari, bazakurikiranwa n’amategeko.