Ishami rivura amaso ry’ibitaro bya Kabgayi ku bufatanye n’Ikigo cyita ku bafite ubumuga (CBM), ryatangije umushinga w’ubuvuzi bw’amaso budaheza, uzibanda ahanini ku bafite intege nke.
Umuryango Ibuka uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside mu Karere ka Muhanga urifuza ko abakozi b’ibitaro bya Kabgayi batanga amakuru ku mibiri y’abazize Jenoside ikomeje kuboneka muri ibyo bitaro.
Urwego rw’abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko muri Kamena 2021 isoko rishya rijyanye n’igihe rizatangira gukorererwamo, kandi rikazagabanya akajagari mu bucuruzi.
Ubuyobozi bw’ikipe ya AS Muhanga buravuga ko bwiteguye gukina shampiyona ya 2020/2021 n’ubwo yagaragayemo abagera kuri 12 banduye Covid-19.
Kaminuza Gatolika ya Kabgayi (ICK) yatangaje ubushakashatsi yakoze kuva mu mwaka ushize wa 2020, buvuga ko umwanana w’igitoki ari ikiribwa kiryoshye kandi gifite intungamubiri nk’iz’inyama cyangwa ibihumyo.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga buratangaza ko guhemba abakozi amafaranga menshi buri kwezi bidindiza iterambere ry’ibitaro, icyifuzo kikaba ari uko abakozi bagengwa n’amasezerano bujuje ibisabwa bashyirwa mu myanya y’akazi bagahembwa na Leta.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Muhanga mu Murenge wa Mushishiro, ku gicamunsi cyo ku wa Mbere w’iki cyumweru, ku bufatanye n’izindi nzego bafatiye mu kabari ka Gashirabake Christophe w’imyaka 44 abantu 22 barimo banywa inzoga barenze ku mabwiriza yo kwirinda Covid-19, bikaba byakozwe mu rwego rwo gukomeza kugenzura (…)
Ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu bihe bitandukanye, Polisi y’u Rwanda yafashe bamwe mu bacyekwaho ubujura bwari bumaze iminsi buvugwa mu Mirenge ya Shyogwe na Nyamabuye yo mu Karere ka Muhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko kuva icyunamo cyo Kwibuka ku nshuro ya 27 Jenoside yakorewe Abatutsi cyatangira hagaragaye ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bine birimo kurandura imyaka y’uwacitse ku icumu, gutema insina, gutoteza uwacitse ku icumu no gushaka gutwikira uwarokotse Jenoside.
Abakozi b’Ikigo Nderabuzima cya Gasagara mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga baravuga ko amashanyarazi akomoka ku mirasire y’izuba bahawe, agiye gutuma banoza serivisi zirimo no kubyaza.
Umuturage wo mu Karere ka Muhanga witwa Ndayisaba Jean Marie Vianney, arasaba inzego zibishinzwe kumurenganura nyuma y’uko umutungo we wa Miliyoni 45 z’Amafaranga y’u Rwanda ugurishijwe kuri Miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda muri cyamunara.
Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, IBUKA mu Karere ka Muhanga uravuga ko hakekwa ko hari imibiri yaba yarimuriwe ahantu hatazwi ku rusengero rwa ADEPR Gahogo.
Mu gikorwa cyo gushakisha imibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi cyari kigeze ku munsi wa kabiri ku wa Kabiri tariki 23 Werurwe 2021, kuri ADEPR Gahogo mu Karere ka Muhanga habonetse indi mibiri y’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’Intara y’Amajyepfo buratangaza ko hagiye kurebwa uko abakozi bagengwa n’amasezerano bakorera ku bitaro bya Kabagayi bagabanuka nabo bagahabwa akazi ka Leta.
Padiri Charles Ndekwe uzwiho urukundo rutangaje no kwihebera ubusaseridoti akagira n’igitsure, ubujyanama no gukunda umurimo, yasezeweho bwa nyuma ashyingurwa mu irimbi ry’abapadiri rya Kabgayi mu karere ka Muhanga.
Abakobwa n’abagore bahigwaga muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bakaza gushakana n’abagabo babahishe, bavuga ko bahangayitse cyane igihe bari bihishe bakaza gusongwa n’urushako nyuma yo kurokoka bakisanga babana nk’abagore n’abagabo.
Abaturage 19 batuye mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga bari mu bitaro bya Kabgayi kubera kurya inyama z’inka yipfushije. Abo baturage bajyanwe mu bitaro mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Werurwe 2021 nyuma y’uko bafashwe n’uburwayi bwo gucisha hasi kubabara mu nda ndo kuremba bigakekwa ko byaba byatewe n’inyama (…)
Abagore bo mu Karere ka Muhanga baravuga ko biyemeje kubyaza umusaruro uburenganzira Igihugu cyabahaye, binyuze mu mishinga yo kwiteza imbere no kuremerana.
Umusaza Munyandinda Pie w’imyaka 74 utuye mu Murenge wa Kinihira mu Karere ka Ruhango yahoze ari Burigadiye wa Komini Masango, avuga ko yarokoye Abatutsi 18 yifashishije imbunda yakoreshaga ari umupolisi akaza kwirukanwa akayitorokana.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline arasaba abagujije amafaranga muri VUP kwishyura inguzanyo zabo nta mananiza yo kwitwaza Covid-19.
Abaturage b’Umurenge wa Muhanga mu Karere ka Muhanga baratangaza ko ikiraro cyo mu kirere gihuza utugari twa Kanyinya na Nyamirama kije kurokora abagwaga mu masangano ya Nyagako ahahurira imigezi ibiri yuzuraga igaheza bamwe hakurya, abagerageje kwambuka bakagwamo.
Imvura yaraye iguye mu Karere ka Muhanga yangije byinshi birimo ikiraro cyo ku muhanda Cyakabiri- Ndusu-Nyabikenke, ibigori bya Koperative Tuzamurane n’amazu ane y’abaturage bo mu murenge wa Cyeza.
Umubyeyi witwa Amani wo mu Karere ka Muhanga arasaba ababyeyi kujya bibuka kugenzura abana babo bakiri bato kuko bashobora guhura n’impanuka zanabageza ku rupfu, kuko uwe byamubayeho agapfa azize kwizingira mu byo bari bamworoshe.
Urwego rw‘abikorera (PSF) mu Karere ka Muhanga rwabujije abacuruza ibyo kurya muri resitora kugurisha inzoga abafata amafunguro, kuko ngo bigera aho hagahinduka akabare.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruratangaza ko Padiri Habimfura Jean Baptiste afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye akekwaho icyaha cyo gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 17 y’amavuko.
Ubuyobozi bw’Umuryango uharanira inyungu z’abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 (IBUKA) mu karere ka Muhanga, buratangaza ko igikorwa cyo gushakisha imibiri y’abazize Jenoside ku rusengero rwa ADEPR Gahogo, kitagamije gusenya urusengero nubwo hari ibice byarwo byasenywa igihe byaba bigaragaye ko harimo (…)
Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Karere ka Muhanga ruratangaza ko rwakoze nibura amadosiye asaga 100 y’abantu bagaragaweho icyaho cyo gukoresha no gucuruza ibiyobyabwenge mu mezi atandatu ashize.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS), ruratangaza ko Mfitumukiza wari uherutse gutoroka Gereza ya Muhanga yatawe muri yombi, akaba afungiye kuri sitasiyo ya RIB ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko ikibazo cy’imbwa zibangamiye umutekano w’abaturage kigiye kuvugutirwa umuti mushya, wo kwifashisha umutego wo kuzifata izidafite ba nyirazo zikicwa.
Urwego rw’Igihugu rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS), rurasaba Abanyarwanda gutanga amakuru ku wabona uwitwa Mfitumukiza Jovin watorotse gereza ya Muhanga yari afungiyemo.