Abantu bataramenyekana binjiye muri Santarali Gakenke ya Paruwasi ya Kiziguro mu Karere ka Gatsibo, mu ijoro ryo ku itariki ya 2 Ugushyingo 2022, batwara ibikoresho by’umuziki ndetse n’ibikoreshwa mu gutura igitambo cy’Ukarisitiya, basiga banafunguye Taberenakuro (Tabernacle).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko mu myaka itatu uhereye ubu, hagiye guterwa ibiti by’imbuto ahantu hatandukanye ku buryo bizagabanya imirire mibi, muri gahunda bise Gatsibo igwije imbuto.
Polisi y’u Rwanda, ishami rishinzwe umutekano wo mu mazi (Marine Unit) kuri uyu wa Mbere, tariki ya 24 Ukwakira, ryafashe uwitwa Nizigiyimana Francois, ufite imyaka 24 y’amavuko, wari utwaye magendu y’ibiro 18 by’amabuye y’agaciro ya Wolfram, anyuze mu kiyaga cya Muhazi.
Aborozi bagemura amata ku ikusanyirizo ryayo rya Rwimbogo mu Karere ka Gatsibo, barishimira ko amata yabo atazongera kwangirika kubera ko babonye imashini zikoresha imirasire y’izuba mu kuyakonjesha.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko muri Kamena 2023, hazatangira kubakwa inyubako nshya y’Ibitaro bya Ngarama ifite agaciro ka Miliyari esheshatu z’amafaranga y’u Rwanda, ikazasimbura inyubako zari zisanzwe kuko ngo zishaje kandi zikaba nta n’ubushobozi bwakira abarwayi bose bari mu ifasi y’ibi (…)
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza, Mukamana Marceline, avuga ko kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina ndetse n’amakimbirane mu miryango, bikwiye gushingira ku miryango kuko ariho hari umuzi w’ikibazo.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, arasaba abakuze gukomeza kurangwa n’imyitwarire myiza no gutoza abakiri bato umuco n’imyitwarire myiza, kugira ngo bazabarage Igihugu cyiza.
Bamwe mu bayobozi b’amakoperative mu Karere ka Gatsibo, biyemeje gukemura bimwe mu bibazo bibangamiye abaturage, birimo kwishyurira abanyamuryango Ejo Heza n’ubwisungane mu kwivuza.
Abahinzi mu Karere ka Gatsibo barasabwa gukorera mu makoperative no gushaka ubwishingizi bw’ubuhinzi bwabo, kugira ngo nibahura n’ibiza bagobokwe.
Umuyobozi mukuru w’Akazi Kanoze Access, Busingye Antony, yemeza ko gutsinda urugamba rwo gutwita utabiteguye ndetse no kwirinda ibiyobyabwenge biva mu kuba ufite icyo ukora bityo bikakurinda gusabiriza no gushukwa n’utuntu duto.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko uburere ababyeyi baha abana babo butarimo inyigisho z’ubuzima bw’imyororokere, ntacyo bwaba bumaze kuko bidasigana.
Umuhuzabikorwa w’Inama y’Igihugu y’Abagore (CNF) mu Karere ka Gatsibo, Bishyika Oliva, avuga ko uyu mwaka bihaye umuhigo wo kurandura amakimbirane binyuze muri gahunda ya ‘Ndakumva shenge’, ingo zibanye neza zibyara muri Batisimu izikiri mu makimbirane.
Mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’urubyiruko, mu Ntara y’Iburasirazuba bakoze umuganda wo gusana no kubakira abatishoboye amazu yo kubamo ndetse banataha ikigo kizafashirizwamo abana b’abakobwa basambanyijwe bagaterwa inda.
Abanyamuryango ba Koperative y’abahinzi b’umuceri ‘COPRORIZ Ntende’ bageze mu zabukuru barenga 360, batangiye guhabwa amafaranga y’izabukuru abafasha mu mibereho, ikaba iyaha abageze ku myaka 65.
Umuyobozi w’Inama Njyanama y’Akarere ka Gatsibo, Sibomana Said, avuga ko hagiye kuba impinduka mu mijyi igize aka Karere haba mu mitangire ya serivisi, imiturire n’uburyo ubucuruzi bukorwa, hagamijwe gukurura abashoramari ariko n’ubwiza bwayo.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko ubuyobozi budashobora kwihanganira ikintu cyose gishobora gukoma mu nkokora iterambere, ndetse n’icyateza amacakubiri mu Banyarwanda.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko gusura ibigize amateka y’urugamba rwo kubohora Igihugu bibubakamo indangagaciro yo kumvira, ubwitange no kwihangana ndetse no gushingira kuri bike bagakora byinshi biganisha umuturage ku iterambere.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba Emmanuel K. Gasana yasabye abayobozi gukora ibishoboka byose ubutaka butabyazwa umusaruro bugakoreshwa hagamijwe kuwongera.
Imiryango 124 kuri 140 yo mu Murenge wa Nyagihanga yasabwe kuzamura amazu igahabwa isakaro, yatangiye kurihabwa nyuma y’igihe kitari gito bari bamaze baritegereje.
Umuyobozi mukuru ushinzwe Ibikorwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Iyohereza mu Mahanga ry’Ibikomoka ku buhinzi (NAEB), Sandrine Urujeni, avuga ko 24% by’ibiti bya kawa bikeneye gusazurwa kuko bitagitanga umusaruro ukwiye.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard, asaba urubyiruko kumva ko kwizigamira bitareba abakuru cyangwa abafite umushahara gusa, ahubwo n’umwana yabikora kandi akiteza imbere.
Ku wa Gatatu tariki ya 06 Nyakanga 2022, mu Karere ka Gatsibo hatangijwe ikigo kizajya gifasha mu by’amategeko no kwigisha imyuga abana b’abangavu basambanyijwe bagaterwa inda, mu rwego rwo kubafasha kubona ubutabera no kwita ku bana babo.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gatsibo yafashe uwitwa Nkotanyi David, ukurikiranyweho kwiyitirira kuba umukozi w’Ikigo gishinzwe ingufu (REG), akambura amafaranga abaturage abizeza kuzabarahurira umuriro w’amashanyarazi, akawugeza mu ngo zabo.
Umwaka w’ingengo y’imari 2021/2022 ugiye gusiga abaturage bakuze 3,438 bigishijwe gusoma, kubara no kwandika hagamijwe ko mu mwaka wa 2024 abaturage bose guhera ku myaka 10 kuzamura bazaba bazi gusoma, kubara no kwandika.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 03 Kanama 2022, Banki ya Kigali (BK) yashyikirije abaturage mu Murenge wa Kabarore batishoboye, imbabura zirondereza ibicanwa 300 ndetse n’ibigega bifata amazi imiryango 20, mu rwego rwo kubafasha kubona amazi hafi yabo no kubafasha kudakomeza kwagiza ibidukikije bashaka ibicanwa.
Abagize Inama Njyanama y’Akarere ka Gatsibo biyemeje kubakira abatishoboye, mu rwego rwo gufasha imiryango idafite amacumbi ariko no kuba bandebereho nk’abagiriwe ikizere n’abaturage. Akarere ka Gatsibo kagizwe n’imirenge 14 n’abajyanama mu Nama Njyama y’Akarere 17.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera, Ambasaderi Nyirahabimana Soline, arasaba abatarahigwaga kugaragaza aho imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside iri, kugira ngo ishyingurwe mu cyubahiro.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko hatangiye gukorwa inyigo ku hazandikwa amateka, ahazashyirwa ibimenyetso n’ibizashyirwamo bigaragaza amateka y’ubukana bwa Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 muri Komini zahujwe zikabyara Akarere ka Gatsibo.
Abatuye santere ya Gasange mu Murenge wa Gasange muri Gatsibo, barishimira ko guhabwa umuriro w’amashanyarazi, amazi meza na kaburimbo byatumye santere yabo iba umujyi, nyamara mbere haritwaga ku Ishyamba.
Bamwe mu bakobwa biga mu mashuri y’imyuga n’ubumenyingiro, bavuga ko hari ababaca intege bababwira ko batazabona akazi, ariko ikirushijeho bakabwirwa ko batazabona abagabo, nyamara atari byo.