Umuyobozi w’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buhinzi n’Ubworozi (RAB) Sitasiyo ya Nyagatare, John Kayumba, avuga ko mu Karere ka Gatsibo nta nka irwaye uburenge igihari, ku buryo bateganya gusaba ko ibikomera byasubitswe byasubukurwa.
Umukobwa twahaye izina Uwimana Beatrice yatewe inda ku myaka 13 y’amavuko yiga mu mwaka wa gatanu w’amashuri abanza (P.5), ababyeyi baramwirukana abona umugiraneza umwitaho badahuje isano ndetse udaturanye n’iwabo babana imyaka ibiri yose.
Abakozi babiri b’ishuri ryisumbuye rya Ryarubamba riherereye mu Murenge wa Kiziguro, Akarere ka Gatsibo, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kiramuruzi bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri.
Mu ntangiriro z’Ukwakira 2023, mu Karere ka Gatsibo mu Murenge wa Kiziguro, hazatangira kubakwa icyanya ndangamwimerere, kizahurizwamo byinshi bigaragaza umwihariko w’Akarere ukaba n’igisubizo cy’isoko ku bahinzi b’ibihahingwa cyane.
Ku gicamunsi cyo ku Cyumweru tariki 17 Nzeri 2023 mu Karere ka Gatsibo haguye imvura nyinshi ivanze n’umuyaga, isenya inzu 27 mu Kagari ka Kigabiro mu Murenge wa Remera, yangiza na hegitari 25 z’urutoki muri ako Kagari.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, arasaba abacuruzi guhindura imyumvire y’uko bishyura amafaranga y’isuku, bityo ubuyobozi akaba ari bwo buzajya buza gutoragura imyanda aho bayinyanyagije bakorera, ko ahubwo bagomba kuyishyira ahabugenewe ubuyobozi bukayihakura buyitwara mu kimoteri rusange.
Ubuyobozi mu Ntara y’Iburasirazuba bwatangaje ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe bumaze kwangiza imiyoboro y’amazi ifite agaciro kabarirwa muri miliyari imwe na miliyoni 800Rwf mu Karere ka Gatsibo honyine. Ubuyobozi buvuga ko bwafashe ingamba zo guhangana n’iki kibazo mu turere twose tw’iyi Ntara.
Abantu 20 mu biyise imparata bacukura amabuye y’agaciro mu buryo bunyuranyije n’amategeko, nibo bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kwangiza ibidukikije n’ibikorwa remezo.
Ku wa Gatandatu tariki ya 29 Nyakanga 2023, Abakuru b’Imidugudu 602 batangiye guhabwa amagare azabafasha mu kunoza akazi kabo no kurushaho kwegera abaturage, basabwa kutayagurisha.
Umuyobozi wa Kiziguro Dairy Cooperative ifite ikusanyirizo ry’amata ahitwa Ndatemwa, Murara Michel, avuga ko imicungire mibi y’umutungo yatumye Koperative ihomba amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni enye, bituma aborozi bahagemuraga amata bamburwa.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko iyo umuganda wakorewe igenamigambi kandi rishingiye ku byifuzo by’abaturage, bawugiramo uruhare rufatika ku buryo bitagora ubuyobozi kubashishikariza kuwukora.
Ihuriro ry’abafana b’ikipe ya Manchester United mu Rwanda, bavuga ko atari abafana b’abavuzanduru gusa ahubwo buri mwaka bashaka igikorwa bafashamo Abanyarwanda, cyane cyane abatishoboye hagamijwe kububaka mu bushobozi no mu mibereho myiza.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Rugengamanzi Steven, avuga ko umutekano ari nk’umwuka abantu bahumeka, iyo wabuze bapfa, bityo kuwubungabunga ari inshingano ya buri wese.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko mu mpera za 2023, abaturage bangana 80% bazaba bafite umuriro w’amashanyarazi kubera umushinga munini watangiye gukorera mu Mirenge yose n’Utugari 48.
Abahinzi b’urutoki mu Kagari ka Mbogo Umurenge wa Kiziguro bavuga ko kubona ifumbire ikomoka ku matungo (inka), bisaba umugabo bigasiba undi kuko imodoka igeze ku mafaranga y’u Rwanda 130,000 kandi bakaba badashobora kubona umusaruro batakoresheje ifumbire y’imborera.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe iterambere ry’Ubukungu, Sekanyange Jean Leonard, avuga ko kubera igihe gito bari bamaranye n’umushinga wa RDDP, aborozi batangiye kumenya ibyiza by’ibikorwa byayo irimo isoza.
Umuyobozi wa Ibuka mu Karere ka Gatsibo, Sibomana Jean Nepomuscène, avuga ko bamaze gutegura umushinga wo kwandika mu buryo bwa gihanga ubuhamya 100, bwifashishwa mu kwibuka ndetse 30 bukazakoreshwa mu kwibuka ku nshuro ya 30, kugira ngo ababufite batazasaza batabutanze bityo ntibumenyekane, agasaba uwabishobora kubafasha (…)
Abahinzi ba kawa mu Karere ka Gatsibo, bavuga ko kuyigeza ku ruganda bakimara kuyisoroma byongereye ubwiza bwayo, ariko n’umusaruro uriyongera kubera kwishimira isoko.
Abayobozi mu nzego zitandukanye mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe ubufatanye mu kurera no kurinda icyahungabanya abana harimo imirire mibi, kubasambanya, ubuzererezi n’ibindi.
Umukozi w’Akarere ka Gatsibo ushinzwe kurengera umwana, Sebatware Clement, avuga ko mu mezi atandatu gusa, abana 237 bari munsi y’imyaka 18 ari bo bamaze kumenyekana batewe inda.
Ubuyobozi bwa Koperative y’abahinzi b’umuceri, COPRORIZ Ntende, buvuga ko amarerero bazubaka azengurutse igishanga bakoreramo, ariyo azarandura impanuka zakiberagamo.
Abaturage b’Umudugudu wa Gikobwa, Akagari ka Munini, Umurenge wa Rwimbogo, bavuga ko bagorwa no kwivuza kubera ko ivuriro ryabo ry’ibanze ritagikora kubera ko ryasenyutse.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda, barasaba umuryango nyarwanda by’umwihariko abantu bakuru kwishyira mu mwanya wabo, bakabahumuriza kuko ibyababayeho batabyikururiye, kuko kubahoza ku nkeke bibongerera ihungabana.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo wungirije ushinzwe imibereho myiza, Uwimana Marceline, arasaba abayobozi b’ibigo by’amashuri gushyira imirindankuba ku mashuri bayobora, hagamijwe kurinda abanyeshuri impanuka.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gatsibo buvuga ko ku bigomba guhingwa muri iki gihembwe cy’ihinga 2023 B, hejuru ya 90% by’imbuto zamaze kugera mu butaka, kandi n’abataratera bakaba bagomba kubikora bitarenze icyumweru kimwe.
Uwitwa Mageza Esdras utuye mu Karere ka Gatsibo, Umurenge wa Gitoki, Akagari ka Bukomane, Umudugudu wa Gakire, aratabariza umwana we witwa Uwimpuhwe Alice uhora avuzwa indwara idasanzwe yitwa Vitiligo.
Umuyobozi w’Akarere ka Gatsibo, Gasana Richard, avuga ko isambanywa ry’abana ritacika harimo uruhare rwa bamwe mu bayobozi bahishira amakuru, ndetse hakabamo n’abandi bagira uruhare mu guhisha ibimenyetso bihamya ibyaha abahohoteye abana.
Abasenateri bagize Komisiyo ya Politiki n’Imiyoborere muri Sena y’u Rwanda, basabye abayobozi mu Karere ka Gatsibo gushyira imbaraga mu gusobanurira abaturage ishyirwa mu bikorwa ry’ibitekerezo baba batanze, mu gihe cy’igenamigambi ry’ibyo bifuza gukorerwa.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage mu Karere ka Gatsibo, ku wa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2022, yafashe abagabo babiri bakurikiranyweho gutema ibiti mu ishyamba rya Leta bakabitwikamo amakara yo kugurisha.
Bamwe mu bagabo bavuga ko bahitamo kubaho nk’ingaragu mu bukode kubera gutinya kuvuga ihohoterwa bakorerwa mu miryango. Umugabo wo mu Kagari ka Kanyangese, Umurenge wa Rugarama, amaze umwaka ataye urugo rwe, ajya gukodesha ahandi aho abayeho mu buryo bw’ingaragu kandi yarashakanye n’umugore byemewe n’amategeko.